Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira, ari i Gaborone mu gihugu cya Botswana aho yatangiye uruzinduko rw’akazi.
Ni uruzinduko kumara iminsi itatu nk’uko Minisiteri y’Ingabo z’rugombau Rwanda yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter.
RDF yavuze ko muri uru ruzinduko Gen Murasira yasinyiyemo amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, hagati yayo ndetse n’Igisirikare cya Botswana.
Muri uru ruzinduko, Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda yaherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Botswana, Musoni James cyo kimwe na Brig Gen Patrick Karuretwa usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe imikoranire mpuzamahanga mu Ngabo z’u Rwanda.






