Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane rwatangiye kuburanisha abantu 10 barimo ba ofisiye icyenda n’umusivile umwe, bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi.
Mu bagejejwe imbere y’ubutabera harimo Gen. Christian Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (FARDC) hagati ya 2022 na Mutarama 2025.
Abaregwa barimo kandi Gen. John Numbi, wahoze ari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo za FARDC we utitabye urukiko, kuko amaze imyaka ibarirwa muri itanu aba mu buhungiro.
Uyu yavuye muri RDC mu 2021 nyuma yo gukurwa ku mwanya w’Umugenzuzi Mukuru wa FARDC mu mwaka wabanje.
Numbi yari asanzwe akurikiranwe n’ubutabera ku ruhare akekwaho mu iyicwa ry’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu, Floribert Chebeya na Fidèle Bazana.
Abandi baregwa ni Gen Maj Maurice Nyembo, Brig Gen John Ngoy wa Kabila, Brig Gen John Sangwa Muhemedi, Col Guy Mukombozi Zahinda, Col Pathy Sangwa Lumbu, Col Christophe Tshibangu n’umusivile Pascal Nyembo Muyumba.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare bubakurikiranyeho ibyaha birimo umugambi mubisha, gukwirakwiza ibihuha, gushyigikira iterabwoba, kugambanira igihugu igihugu, kutubahiriza amabwiriza y’akazi, guhungira mu mahanga mu buryo butemewe, gutunga intwaro n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse no gushishikariza abasirikare gukora ibikorwa binyuranyije n’inshingano zabo n’imyitwarire ya gisirikare.
Bimwe muri ibi byaha bishobora guhanishwa igihano cy’urupfu nk’uko amategeko ya RDC abiteganya.
Mu mwaka ushize wa 2025, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riyoboye RDC yatangaje ko Tshiwewe yari yatawe muri yombi azira gutegura umugambi wo gushaka guhirika ku butegetsi Tshisekedi.
Gen. Tshiwewe yavuye ku buyobozi bw’ingabo mu ntangiriro za Mutarama 2025, iminsi mike mbere y’uko umutwe wa AFC/M23 ufata Umujyi wa Goma.
Nyuma yaho yagizwe umujyanama wa gisirikare wa Perezida Félix Tshisekedi, ariko aza gutabwa muri yombi muri Nyakanga 2025 ari kumwe n’abandi basirikare bakuru.
Yabanje gufungwa n’inzego z’ubutasi mbere yo koherezwa muri gereza ya gisirikare ya Ndolo i Kinshasa.
Iburanisha ry’uyu munsi ryari irya mbere kandi ryibanze ku kugenzura imyirondoro y’abaregwa no kubasomera ibyaha baregwa.
Biteganyijwe ko mu minsi iri imbere urukiko ruzatangira kumva ibisobanuro by’ubushinjacyaha ndetse n’iby’abaregwa muri uru rubanza rwitezweho gukurikirwa n’abantu benshi.


