Nyuma y’imyaka 57 kuki Samia Suluhu yerekeje i Moscow, ni iki Putin ashaka muri EAC?

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yatangiye uruzinduko rw’amateka mu Burusiya ku butumire bwa Vladimir Putin. Ni uruzinduko rwa mbere rw’umukuru w’igihugu cya Tanzania i Moscow kuva igihe uwashinze Tanzania ya none, Julius Nyerere, yahasuraga mu 1969. Nubwo mu itangazo rya leta ya Tanzaniya yatangaje ko uruzinduko rugamije guteza imbere ubucuruzi, ishoramari n’ubufatanye hagati y’ibihugu […]

Intasi akanaba somambike wa Gen. Omega wa FDLR yashimutiwe muri Rutshuru

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko Maj. Bizubishaka, umwe mu bayobozi bakomeye mu rwego rw’ubutasi rwa FDLR akaba n’umwe mu bantu ba hafi ba Gen. Ntawunguka Pacifique ‘Omega’ ukuriye igisirikare cy’uriya mutwe, yashimuswe mu cyumweru gishize. Amakuru agera kuri BWIZA yemeza ko Bizubishaka yafatiwe mu gace ka Rugari, muri […]

RDC: Lt Gen Rwibasira wayoboraga amashuri ya gisirikare yakuwe ku mirimo ye

Lt. General Rwibasira Ruyumbu Obed w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo yahagaritswe ku mirimo ye yo kuba Komanda w’amashuri ya gisirikare y’Igisirikare cya Congo. Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’Umugaba Mukuru wa FARDC, Lt. Gen. Rwibasira yasimbuwe na General Major Kalonda Famba Kaf. “Nyuma y’inyandiko yerekeye ihagarikwa rya Lt. Gen. Rwibasira Ruyumbu Obed, Komanda w’amashuri […]

Ba Jenerali bashinjwa gushaka guhirika Tshisekedi bagejejwe imbere y’ubutabera

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane rwatangiye kuburanisha abantu 10 barimo ba ofisiye icyenda n’umusivile umwe, bakurikiranyweho ibyaha birimo gushaka guhirika ku butegetsi Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi. Mu bagejejwe imbere y’ubutabera harimo Gen. Christian Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (FARDC) hagati ya 2022 na Mutarama […]

I Mogadishu ibintu byahinduye isura, ibifaru biratwikwa

Amakuru aturuka i Mogadishu muri Somalia aravuga ko uyu murwa mukuru wibasiwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, mu gihe igihugu gikomeje kwinjira mu bibazo bikomeye bya politiki n’umutekano. Iyo mirwano yatangiye mu ijoro ryo ku wa Gatatu ikomeza kuri uyu wa Kane, mbere yo gukwira mu […]

U Rwanda ruzaba rwamaze kuvana ingabo zarwo muri RDC rwagati mu kwezi gutaha: Amerika

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye cyizeye ko ingabo z’u Rwanda bivugwa ko ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zigomba kuba zamaze kuhavanwa bitarenze mu kwezi gutaha kwa Nyakanga. Rubio yabitangaje mu ijambo yagejeje kuri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ishinzwe […]

Minembwe: FARDC ikomeje kwibasira ibice bituwe cyane nyuma yo kuburirwa na AFC/M23

Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinjwa kurara risuka ibisasu mu bice bituwe cyane muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 kuri uyu wa Kane. Iri tangazo rivuga ko “Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 3 kugeza ku ya 4 Kamena 2026, guhera saa […]

Operation Mincemeat: Ibanga rikomeye ry’ubutasi ryaguye Hitler gitumo hakoreshejwe umurambo

Mu mateka y’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose, ibikorwa by’ubutasi byagize uruhare rukomeye mu kugena icyerekezo cy’urugamba. Bike nka ‘Operation Mincemeat’ ni byo byamamaye. Iyi Operasiyo ni umugambi wateguwe n’inzego z’ubutasi z’u Bwongereza mu 1943, wakoresheje umurambo w’umuntu wapfuye kugira ngo uyobye ubutegetsi bw’aba Nazi bwari buyobowe na Adolf Hitler. Umugambi wo kurinda ibanga ry’igitero cya […]

Goma: Umurwayi wa mbere wa Ebola yakize asezererwa mu bitaro

Ihuriro AFC/M23 rigenzura umujyi wa Goma, ryatangaje ko umurwayi wa mbere wari wanduye icyorezo cya Ebola muri uriya mujyi yamaze gukira ndetse agasezererwa mu bitaro. Amakuru y’uko uwo murwayi w’umugore yakoze yemeje na Visi-Perezida wa AFC, Dr. Freddy Kaniki, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Dr. Kaniki mu minsi ishize wagizwe umuhuzabikorwa w’itsinda […]

Ese koko Ndayishimiye azibukwa nk’uwaharaniye amahoro mu burasirazuba bwa Congo?

Perezida wa Repubulika y’u Burundi akaba na Perezida wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, Gen. Evariste Ndayishimiye, yakiriye intumwa ziturutse mu ihuriro East Congo Diaspora mu ngoro ya perezida i Gitega. East Congo Diaspora ivuga ko ari urubuga rw’ingenzi mu gushaka ishoramari no kwagura ubukungu mu burasirazuba bwa Congo rukorera muri Leta Zunze Ubumwe […]

U Rwanda rwasinyanye amasezerano y’imikoranire mu by’ingufu za nucléaire n’igihugu cya 3

U Rwanda na Pakistan ku wa Gatatu byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire mu rwego rw’umutekano wa nuclĂ©aire no kurinda abaturage n’ibidukikije ingaruka z’imirasire, bikomeza urugendo rw’u Rwanda rwo kwagura ubufatanye mpuzamahanga mu rwego rw’ingufu za nuclĂ©aire. Ni amasezerano yashyiriweho umukono mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, hagati y’Urwego Ngenzuramikorere (RURA) n’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura […]

Imikino ya gicuti Amavubi yagombaga gukinira muri Maroc ntikihabereye

Imikino ya gicuti mpuzamahanga ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, yari gukinira i Marrakech muri Maroc muri uku kwezi yasubitswe nk’uko bitangazwa n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA). FERWAFA ivuga ko yagejejweho ubutumwa n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF) buyimenyesha ko “iyo mikino itemewe kubera impamvu z’umutekano”. Amakuru amwe avuga ko FRMF yafashe icyo cyemezo […]

USA: Abadepite biyemeje kugabanya ububasha bwa Trump mu gutangiza intambara

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatoye itegeko rigamije kubuza Perezida Donald Trump kongera gufata izindi ngingo za gisirikare zo gutera igihugu cya Iran. Iryo tegeko ryatowe ku majwi 215 (kuri batayemeje 208), nyuma y’uko abadepite bane bo mu ishyaka ry’Abarepubulikani bifatanyije n’Abademokarate mu kugaragaza ko batemera iyo ntambara yatangiye muri Gashyantare […]

UK: Impanuka ya kajugujugu ya gisirikare yahitanye abari bayirimo

Kuri uyu wa Gatatu ushize,  kajugujugu y’igisirikare cyo mu mazi mu Bwongereza yaguye mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bwongereza ubwo bari mu myitozo ihitana abari bayirimo bose. Indege ya kajugujugu yo mu bwoko bwa Merlin Mk4, yaguye mu murima mbere ya saa kumi za mu gitondo. Ntabwo byahise bisobanuka icyateye iyi mpanuka nk’uko bitangazwa na Deutsche […]