Ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa rirashinjwa kurara risuka ibisasu mu bice bituwe cyane muri Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 kuri uyu wa Kane.
Iri tangazo rivuga ko “Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 3 kugeza ku ya 4 Kamena 2026, guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi n’imwe za mugitondo, ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zakajije umurego mu gusuka ibisasu mu bice bituwe cyane bya Gakenke, Bidegu, na Mikenke muri Minembwe, bakoresheje drone za kamikaze na KT-6”.
AFC / M23 ikomeza yibutsa ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bwaburiwe ku mugaragaro ingaruka zikomeye z’ibi bitero byagiye bikomeza kubiba impfu, gusenya imitungo y’abaturage, ndetse no kwimura ku gahato ibihumbi by’abaturage bacu”.
Bavuga kandi ko Abanyekongo kimwe n’Umuryango Mpuzamahanga bamenyeshejwe neza iyi miburo bahaye ubutegetsi.
Itangazo rya AFC/M23 rirangira gutyo, ariko iri huriro ryari riherutse kuburira ubutegetsi bwa Kinshasa ko ritazakomeza kurebera ibyo bitero ahubwo ko ingabo zaryo zitazongera kurinda ibice rigenzura gusa, ahubwo rizafata ingamba zose zikenewe zigasunika izi ngabo za leta kugeza kure y’ibirindiro byazo.


