Abasirikare bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barangajwe imbere na Gen. Christian Tshiwewe wahoze ari Umugaba Mukuru wazo, bagiye gutangira kuburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare.
Ku wa Kane tariki ya 5 Kamena 2026 ni bwo bariya basirikare bazagezwa imbere y’ubutabera, nyuma y’umwaka abenshi muri bo batawe muri yombi.
Usibye Tshiwewe, abandi ni John Numbi, Maurice Nyembo Kufi, Chinyabooma Kamukinde, John Ngoy wa Kabila ndetse na John Sangwa Muhemedi.
Aba bose bashinjwa ibyaha bikomeye birimo gucura umugambi wo guhungabanya umutekano w’igihugu, gukwirakwiza ibihuha, gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba, kugambanira igihugu, kutubahiriza amabwiriza ya gisirikare, guhunga igihugu mu buryo butemewe, gutunga intwaro n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse no gushishikariza abasirikare kwitandukanya n’inshingano zabo.
Ibi birego bifatwa nk’ibikomeye cyane mu rwego rwa politiki n’umutekano wa RDC, cyane ko abaregwa ari abantu bafite amateka akomeye mu gisirikare no mu nzego z’ubutegetsi.
Urukiko ntiruratangaza gahunda irambuye y’uko urubanza ruzagenda, ariko biteganyijwe ko ruzakurikirwa n’abantu benshi bitewe n’uburemere bw’abaregwa n’ibyaha bashinjwa.


