GwoHMWXWsAA19Hs

Ba Minisitiri Nduhungirehe na Biruta bagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Loni mu Biyaga Bigari

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, kuwa Gatatu bagiranye ibiganiro n’Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Abibumbye mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Amb. Xia Huang.

GwoHMWHW8AAuM0M

Baganiriye ku bimaze iminsi bikorwa bibanda cyane ku mbaraga ziri gushyirwa mu gushakira amahoro u Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

GwnDO1pWgAAqgWr

 

Abinyujije kuri X, Amb. Xia Huang yagize ati: “Ejo, nagiranye ibiganiro bitanga umusaruro na Minisitiri Nduhungirehe na Minisitiri Vincent Biruta i Kigali. Twaganiriye ku masezerano y’amahoro ya DRC n’u Rwanda yagizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Itangazo ry’amahame ryashyizweho umukono i Doha.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *