Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yakiriye ba Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Dr William Ruto wa Kenya.
Biden n’aba bakuru n’ibihugu byombi bahuriye i New York, mu musangiro Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Madamu we bateguriye abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye inteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.
Biden na Madamu we Jil bakiriye Tshisekedi ari kumwe na Madamu we, Denise Nyakeru.
Ni na ko babigenje kuri Perezida William Ruto wari kumwe na madamu we, Rachel Ruto.
Perezida Ruto abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yavuze ko umuhuro we na Biden wasize impande zombi zemeranyije ko “Kenya izakomeza kwagura ubufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu guteza imbere amahoro n’umutekano muri Afurika.”
Hussein Mohamed ushinzwe itumanaho rya Perezida Ruto yatangaje ko Biden yamugaragarije icyifuzo cy’uko bakorana mu rwego rwo gutekanisha abanya-Kenya no guteza imbere ubufatanye hagati ya Amerika na Kenya.




