Abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bataye muri yombi abantu babiri bakurikiranweho kwica abakozi babiri b’Umuryango w’Abibumbye ariko umwe muri bo ahita acika nk’uko byatangajwe n’umushinjacyaha mukuru.
Itangazo ry’uko aba bantu bafashwe ryari ryabaye ikimenyetso k’intambwe imaze guterwa mu iperereza kuri ubu bwicanyi bwakorewe Umunyamerika, Micheal Sharp n’Umunyasuwedikazi, Zaido Catalan, bari bashinzwe kugenzuro uko ibihano byafatiwe abantu bamwe n’imitwe yitwaje ibirwanisho bishyirwa mu bikorwa.
Imibiri yabo yabonetse mu mpera za Werurwe, nyuma y’ibyumweru bibiri baburiye ahantu hatuwe mu buryo butatanye muri Kasai yo Hagati.
Abakongomani 4 barimo uwari ushinzwe kubasemurira ndetse n’abamotari batatu bari bari kumwe bo kugeza ubu ntibaraboneka nk’uko byemezwa n’Umuryango w’Abibumbye.
Gen. Joseph Ponde, umwe mu bashinjacyaha bakuru ba gisirikare, ntiyigeze atangaza igihe abo babiri bakekwaho ubu bwicanyi bafatiwe, gusa yavuze ko undi usigaye yoherejwe muri gereza kuwa 04 Mata. Bisobanuye ko itabwa muri yombi rimaze icyumweru kirenga ribaye nk’uko Al Jazeera dukesha iyi nkuru ivuga.
Gen. Ponde yavuze ko uyu uri mu maboko y’ubutabera ukekwaho urupfu rw’abo bazungu ari uwitwa Daniel Mbayi Kabasele.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abapolisi bane bari bashinzwe kurinda aba bantu nabo bahise batabwa muri yombi nyuma y’uko umwe muri bo abashije gucika nk’uko uyu mushinjacyaha yakomeje abitangariza itangazamakuru.
Muri iki gihugu cya Congo hamaze gupfa ibihumbi by’abantu mu gihe abasaga miliyoni bavanwe mu byabo kuva muri Kanama umwaka ushize mu ntaraya kasai bitewe n’imirwano ya hato na hato ihuriramo inyeshyamba n’ingabo za leta. Loni kugeza ubu ikaba imaze kuvumbura muri Kasai ibyobo 23 byashyinguwemo abantu benshi icyarimwe.
Iburirwa irengero ry’aba bakozi babiri ba Loni baje no kwicwa nyuma ngo niryo rya mbere ryari rikorewe impuguke za Loni muri Congo nk’uko byemezwa na Human Rights Watch.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


