Bafashwe basaba miliyoni 60 ngo barekure umwana w’imyaka 3 bari barashimuse

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo mu mujyi wa Kampala yataye muri yombi abasore babiri bari barashimuse umwana w’umukobwa w’imyaka itatu, bakaka ababyeyi be miliyoni 60 z’amashilingi ya Uganda ngo babone kumurekura.
Abafashwe ni Eric Nkoyooyo na Musa Sseruwagi, bakaba bari barashimuse umwana witwa Favour Nabukenya. Bafashwe barimo kwaka miliyoni 60 z’amashilingi ya Uganda, zabura bakajyana uyu mwana bari bashimuse kumugurisha muri Congo.
Nabukenya yashimuswe ku wa 28 Mutarama 2018, ubwo bari bakimara kumushimuta basabye ibihumbi 100 by’amashilingi ya Uganda, kugirango bakomeze bite kuri uwo mwana, Polisi itangaza ko bayohererejwe kuri Mobile Money.
Nyuma yo kohereza ayo mafaranga, Polisi yatangiye gukurikirana iyo nimero yayakiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga, iti “Twagerageje gushakisha telefone bakoresheje, bidufasha gufata Kirabo Favor w’imyaka 19, akaba n’umugore wa Sseruwagi, wari ufite umwana mu gace ka Kakajjo”.
Kirabo umugore wa Sseruwagi, yatangarije Polisi ko umugabo we yakomeje kuvuga kuri uwo mwana, nyuma amuzana mu rugo, aho baje kumusanga.

imbwa2 1
Joyce Namugabi, ahabwa umwana we wari warashimuswe

Joyce Namugabi, nyina w’umwana, atangaza ko Eric Nkoyooyo [umwe mu bashimuse umwana] yari asanzwe ari inshuti y’umuryango, ko yababaye abonye na we ari mu bafashwe bashinjwa kumushimutira umwana by’umwihariko ari nawe wafashe iya mbere abafasha kujyana ikirego kuri polisi, anabaha ubujyanama bw’icyo bakora.

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *