Bamwe mu bakorera hafi ya Tshisekedi bari mu nzira yo gufatirwa ibihano na USA

Sangiza iyi nkuru

Urwego rwa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) rushinzwe umutungo ruri mu nzira yo gufatira ibihano bamwe mu bayobozi bakorera mu biro bya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ndetse n’abo muri guverinoma y’iki gihugu.

Ikinyamakuru Africa Intelligence gikora inkuru zicukumbuye ku mugabane wa Afurika kuri uyu wa 6 Ukwakira 2022 cyatangaje ko amakuru cyamenye tariki ya 11 Kanama yemeza ko ku isonga ry’abamaze amezi menshi bakorwaho iperereza hari Umuyobozi wungirije w’ibiro bya Perezida Tshisekedi ushinzwe ibibazo by’ubukungu n’imari, André Wameso, kandi ngo umwanzuro uri hafi gufatwa.

Gisobanura ko impamvu USA iri kwiga ku buryo yafatira ibihano Wameso n’abandi bayobozi bo muri RDC ari uko bagize uruhare mu masezerano [ashobora kuba atarakozwe mu buryo buboneye] yo muri Gashyantare 2022 Leta y’iki gihugu yagiranye umushoramari ukomeye ukomoka muri Israel, Dan Gertler usanzwe ari ku rutonde rw’abafatiwe ibihano guhera mu 2017.

Aya masezerano nk’uko ikinyamakuru The Marker kibisobanura, yari agamije gusubiza Leta ya RDC bumwe mu burenganzira ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwari bushingiye ku masezerano yagiranye na yo ku butegetsi bwa Joseph Kabila. Ubu burenganzira bufite agaciro k’amadolari ya Amerika miliyari 2 gusa amakuru arambuye ntiyagiye ku karubanda.

The Marker mu nkuru yashyize hanze muri Gashyantare 2022, yasobanuye ko icyo aya masezerano yari agamije ari ukugira ngo Leta ya RDC iyobowe na FĂ©lix Tshisekedi kuva mu ntangiriro z’umwaka w’2019 imufate nk’umuntu wo kwizerwa nk’uko yari afashwe ku butegetsi bwa Kabila. Ngo nta cyo yari kumufasha ku bihano yafatiwe na USA.

Ikinyamakuru The Bloomberg muri Mata 2022 cyatangaje ko cyagerageje kubaza Wameso amakuru arambuye kuri aya masezerano nk’umwe mu bo cyizeraga ko ayafite yose, ariko arabyanga, asobanura ko ari ibanga riguma mu mpande zombi zayagiranye.

Gertler washinze ikigo cya DGI na Ventura amenyerewe mu bucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC kuva mu myaka irenga 20 ishize. Ni umwe mu bafite imitungo ifite agaciro kabarirwa muri miliyari y’amadolari, akaba inshuti ya bamwe mu banyapolitiki barimo Joseph Kabila.

Africa Intelligence ivuga ko USA ifata Wameso nk’uwayoboye igikorwa cy’isinywa ry’amasezerano ya RDC na Gertler, kandi ngo ubwe yaje guha ibi biro bishobora kumufatira ibihano kopi y’aya masezerano muri Gicurasi 2022 mu gihe byari byaratangiye iperereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *