Barishwe cyangwa se bacyurwa mu Burundi ku ngufu- Impunzi zibaza ku zaburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Bamwe mu mpunzi z’u Burundi zibarizwa mu nkambi muri Tanzania bavuga ko bafite impungenge nyuma y’aho bagenzi babo baburiwe irengero.

Izi mpunzi zivuga ko hashize icyumweru bane muri bo babuze mu nkambi ya Nduta, ubu bakaba bafite impungenge z’uko baba barishwe cyangwa bagacyurwa mu Burundi ku ngufu.

Nk’uko bagiye babitangariza sosmedias/ Burundi, ngo aba bantu babuze mu ijoro ryo ku wa 19 rishyira iryo ku Cyumweru tariki ya 20 Ukwakira 2019.
Ababuze ni Ngendakumana Éric, Bihomora Édouard, Ndayisenga Moïse na Sabushimike Abraham.
Umwe muri izi mpunzi waganiriye n’iki kinyamakuru yagize ati “Baba barishwe cyangwa se bakaba barajyanwe mu Burundi ku ngufu”.
Abo mu muryango bemeza ko bagerageje gushakisha muri gereza zitandukanye baraheba, bakaba bakeka ibi bibiri byo kwicwa cyangwa gushyikirizwa Leta bahunze.
Izi mpunzi zisaba ko zarindirwa umutekano muri iki gihugu zahungiyemo. Kuva uyu mwaka watangira abasaga 30 bakaba bamaze kuburirwa irengero muri iyi nkambi ya Nduta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *