132169178_200783455016214_1276329337827214873_n.jpg

Bashyize umutwe we mu isafuriya y’amazi yabize ngo yakubise inka (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umwana utamenyekanye amazina wo mu gace ka Gitanga muri Komini Mutana mu Burundi nyirabuja yashyizwe umutwe we mu mazi ashyushye (amarike) arashya arakongoka amuryoza ko yakubise inka yari aragiye.

Aya makuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu mwana w’umuhungu, agaragara apfutse umutwe wose kubera ubushye bwakomotse ku gutwikwa na nyirabuja wafatanyije n’undi mukozi we kuwa 20 Ukuboza 2020.

Uwatangaje aya makuru, Mariya Butungane yagize ati ” Umwana yakuwe mwishure ajanwa ku kazi ko kuragira inka Niho kumusi w’ejo yataha avuye kuragira inka n’uko Mabuja w’iwe afadikanije n’uwundi mukozi wiwe bafata wa mwana baramucurika umutwe mu marike ashushe azira yakubise inka gusa!!”

Butungane akomeza avuga ko ” Umukozi wagize uruhare mu gutwika uyu mukozi na nyirabuja, barashakishwa.

132169178_200783455016214_1276329337827214873_n.jpg

Umwana wahohotewe/Facebook

Mu Rwanda hashize igihe humvikana ihohoterwa rikorerwa abakozi bo mu ngo. Hari ababakubita, iyicarubozo, amagambo mabi, kutabishyura n’ibindi.

Mu gukoma urushyo n’ingasire, hari n’aho abakozi bagiye bakora ibikorwa by’ubugome nko kwica abana bashinzwe kurera.

Gusa nanone, hari abantu bamwe bagera ku nka bagakabya bigira abazikunda kurusha abandi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *