Perezida Paul Kagame akunze kugaragara ashyigikira ikipe ya Golden State Warriors ikinamo ibyamamare nka Stephen Curry,Kevin Durant,Klay Thompson,Draymond Green muri NBA. Gusa ntiyabashije kwikura imbere ya Toronto Raptors kuko mu ijoro ryo kuwa 13 Kamena 2019 Golden State Warriors yatsinzwe na Toronto Raptors amanota 114 kuri 110 wari umukino wa gatandatu wahuza amakipe yombi.
Toronto itwaye igikombe nyuma yo gutsinda imikino 4 kuri 2 ya Worriors mu mikino ya nyuma 7.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu , nibwo amakipe yombi yakinaga umukino wa gatandatu mu mikino irindwi ya nyuma yagombaga gukinwa kugira ngo haboneke uwegukana igikombe. Toronto Raptors yagiye gukina uyu mukino iri imbere kuko yari yaratsinze imikino 3 kuri 2 ya Worriors.
Ikipe ya Raptors yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo yegukane igikombe cyayo cya mbere mu mateka ya NBA, mu gihe Worriors yo yasabwaga gutsinda uyu mukino kugirango ikomeze isunike inganye na Raptors imikino bityo bazakine umukino wa karindwi wa kamarampaka. Gusa ntabwo byaje kugenda kuko Raptors yaje gutsinda uyu mukino ku manota 114 kuri 110.
Golden State Warriors yagiye igorwa cyane no kubura bamwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba kubera ibibazo by’imvune barimo rurangiranwa Kevin Durant umaze ukwezi adakina. Umukinnyi Klay Thompson nawe yaje kuvunika muri uyu mukino bituma Worriers icika intege.
Aba Raptors bitwaye neza harimo Kyle Lowry watsinze amanota 26, Pascal Siakam atsinda 26, mu gihe ku ruhande rwa Worriors uwatsinze amanota menshi ari Klay Thompson watsinze amanota 30 nubwo yaje kuvunika ntarangize umukino.
Golgen State Worriors yakinaga imikino ya nyuma ya NBA ku nshuro ya gatatu y’ikurikiranya aho imaze kweguka ibikombe 3 mu myaka itanu ishize.
Umukinnyi Kahwi Leonard wa Toronto Raptors akaba yatowe nk’umukinnyi witwaye neza mu mikino ya nyuma ( NBA Finals). Ibi bije nyuma yo gutsinda byibura amanota 28 kuri buri mukino mu mikino 6 yakinnye na Worriors.
Nkurunziza Viateur @ bwiza.com


