Basketball: REG yatunguwe na Patriots iyitwara igikombi kibanziriza shampiyona

Sangiza iyi nkuru

Mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, warangiye ikipe ya Basketball y’ikigo gishinzwe gutanga ingufu, REG itunguwe n’ikipe ya Patriots iyitsinda mu minota ya nyuma; umukino warangiye itsinzwe ku manota 75 kuri 76 ya Patriots.
Nyuma y’aho ikipe ya Basketball ya REG n’ikipe ya Banki ya Kigali, BK zisabiye gukina shampiyona ya Basketball mu Rwanda zikabyemererwa; ikipe ya REG yahise ikora impinduka yaba mu batoza no ku bakinnyi bituma batangira kuyigirira ubwoba n’ubwo yaje gutungurwa.
[ad id=”44145″]
Uyu mukino watangiye Patriots irusha kure REG ariko umukino waje guhindura isura mu gace ka gatatu aho REG yakarangije irusha inota rimwe ikipe ya Ptriots nayo itoroshye.
Abakinnyi batatu ba REG bujuje amakosa atanu bava mu kibuga mu gace ka nyuma bituma ahanini umuvuduko bari bafite ugabanuka ndetse n’ikinyuranyo vy’amanota kivamo.
Habura amasegonda 28 gusa, Kazingufu Ali wavuye muri Patriots akerekeza muri REG ntiyabashije guhuza na bagenzi be barimo Ngandu Bienvenu ngo bagumane ikinyuranyo cy’amanota ane bari bafite maze bakora ikosa Kaje Elie atsinda inota rimwe nyuma hasigaye amasegonda ane gusa, umukinnyi wa Patriots witwa Sagamba wari wenyine ku murongo w’amanota atatu atsinda amanota y’intsinzi umukino urangira gutyo.
[ad id=”44145″]
Mu guhatanira umwanya wa gatatu, ikipe ya Espoir Basketball Club yatsinze uwahoze ari mukeba wayo mu bihe byashize, APR BBC ku manota 71 kuri 58.
Amakipe ya BK na REG yemerewe kuzitabira ku nshuro ya mbere shampiyona ya Basketball mu Rwanda y’uyu mwaka, mu nama y’Inteko rusange y’ishyirahamwe rya Basketball (Ferwaba), yateranye kuri iki cyumweru tariki 23 Ukwakira 2016; nyuma yuko aya makipe yombi yari yanditse asaba kuba abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wa basketball ndetse no gutangira kwitabira shampiyona.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Theogene U @Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *