Batandatu mu nyeshyamba za Red Tabara zikomoka i Burundi bishwe na FARDC

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC kiravuga ko cyishe abarwanyi batandatu b’inyeshyamba z’Abarundi za Red Tabara zifite ibirindiro muri Teritware ya Uvira, muri gurupema ya Lemera mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ibi ni nyuma y’iminsi mike ingabo za Congo zitangije urugamba rwo kwirukana imitwe y’itwaje ibirwanisho y’Abarundi ndetse n’abakongomani yari imaze imyaka irenga itatu muri Kivu y’Epfo.

Radiyo Ijwi rya Amerika itangaza ko izo ngabo zahereye ku mutwe w’inyeshyamba wa Red Tabara wari usanganwe ibirindiro ahitwa ku Kiryama.

Jenerali Majoro Padiri Jonas , ushinzwe intambara n’ubutasi mu karere ka gatatu k’igisirikare ahamya ko muri iyi mirwano imaze iminsi ibiri itangiye, igisirikare cya Congo cyishe abarwanyi batandatu ba Red Tabara , hakomeraka abasirikare batatu b’igisirikare cya Congo.

Ibi bitangajwe nyuma y’iminsi mike hatangajwe inkuru ivuga ko abasirikare b’u Burundi n’imbonerakure bari baroherejwe muri Congo guhanganirayo n’izi nyeshyamba zasubiye i Burundi mu gihe ngo zari zifite amakuru avuga ko FARDC iri mu nzira yo kuzigabaho ibitero.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka nibwo inkuru zatangiye kunugwanugwa ko abasirikare b’u Burundi binjiye muri Congo bivanze n’Imbonerakure, bigatangazwa ko bari bahanganye n’imitwe y’inyeshyamba itavuga rumwe na Leta y’u Burundi irimo na Red Tabara, bigatangazwa ko iyo mirwano yaguyemo benshi.

Ubwo VOA yageragezaga kuvugana n’ubuyobozi bw’igisirikare cy’u Burundi, cyumvikanye gihakana ko nta basirikare bacyo boherejwe muri Congo mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *