Batanu nibo baguye mu mpanuka y’indege ya nyiri ‘Leicester City’

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bw’ikipe ya Leicester City bwatangaje ko nyir’iyi ikipe yapfuye ubwo indege ye ya kajugujugu yakoraga impanuka igasandarira hanze y’ikibuga cy’iyi kipe cya King Power. Imibare itangazwa na polisi yo mu Bwongereza igaragaza ko ari abantu batanu bayiguyemo.

Nyiri ikipe, Vichai Srivaddhanaprabha, babiri mu bakozi be, umupilote n’umukunzi we, bapfuye ubwo iyi ndege yakoraga impanuka ku wa Gatandatu ahagana ku isaha ya saa mbiri n’igice z’ijoro ku isaha yo mu Bwongereza.

Ababonye iyi mpanuka iba bavuze ko iyi ndege ikimara gusohoka ku kibuga cy’umupira cya King Power, yahise itangira kudigadiga nuko biyinanira gukomeza gufata ikirere igwa mu muriro.

hakom

Indabo zibarirwa mu bihumbi na za fulari zimaze gushyirwa hanze y’ikibuga cya King Power, hibukwa abaguye muri iyi mpanuka.

Polisi y’i Leicestershire yavuze ko yemeza ko abapfuye ari: Vichai Srivaddhanaprabha, umuherwe w’Umunya-Thailand; Nursara Suknamai na Kaveporn Punpare, bari abakozi be; Umupilote Eric Swaffer wari utwaye iyo ndege, n’umukunzi we Izabela Roza Lechowicz.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Inline Related Posts” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Bwana Swaffer wari utwaye iyo ndege, yari afite ubunararibonye bw’imyaka irenga 20 atwara indege z’abantu ku giti cyabo na za kajugujugu. Umukunzi we, Madamu Lechowicz, na we akaba yari umupilote wabigize umwuga.

Iyi kajugujugu yakoze impanuka hashize hafi nk’isaha imwe harangiye umukino wa Premier League ikipe ya Leicester yakiniraga ku kibuga cyayo cya King Power, ikanganya na West Ham United igitego 1-1.

boss
Umuherwe Vichai Srivaddhanaprabha, ukomoka muri Thailand akaba atunze abarirwa muri za miliyari, yaguze Leicester City amapawundi miliyoni 39 mu mwaka wa 2010

BBC itangaza ko mu gihe cya Bwana Srivaddhanaprabha w’imyaka 61 y’amavuko, ni bwo Leicester City yatwaye igikombe cya Premier League mu mwaka wa 2016.

Muri uwo mwaka w’imikino, yari yatangiye shampiyona ihabwa amahirwe agerwa ku rushyi yo kuba yakwegukana icyo gikombe.

Bwana Srivaddhanaprabha, se w’abana bane,yatangajwe n’ikinyamakuru Forbes Magazine ko aza ku mwanya wa gatanu mu bantu baKize cyane iwabo muri Thailand.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *