Bazoum nyuma yo gukorerwa Coup d’état yitabaje inkiko ngo zimufunguze

Sangiza iyi nkuru

Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa Niger, yitabaje urukiko rw’umuryango wa Afurika y’Uburengerazuba (CEDEAO) kugira ngo rumufunguze.

Ku wa 26 Nyakanga ni bwo Bazoum yahiritswe ku butegetsi n’abasirikare bo mu mutwe wari ushinzwe kumurinda bayobowe na Général Abdourahamane Tchiani.

Kuva icyo gihe we n’umugore we ndetse n’umwana we bahise bafungirwa iwabo mu rugo.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo yatanze ikirego mu rukiko rwa CEDEAO rukorera i Abuja muri Nigeria biciye muri Seydou Diagne usanzwe ari umunyamategeko we.

Uyu munya-Sénégal mu kirego yatanze yagaragaje ko Bazoum yatawe muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mbere yo gusaba urukiko gutegeka ubutegetsi bushya bwa Niger “gusubiza Bazoum ubutegetsi ugomba kuyobora kugeza manda ye irangiye.”

Bazoum yiyambaje inkiko mu gihe mu minsi ishize abamuhiritse batangaje ko bafite gahunda yo kumugeza imbere y’ubushinjacyaha.

Ni nyuma yo kumushinja ibyaha birimo “ubugambanyi bwo mu rwego rwo hejuru ndetse no kubangamira umutekano w’imbere mu gihugu no hanze yacyo.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *