Abantu umunani bishwe n’abantu bitwaje intwaro mu Mudugudu wa Kasaka muri Sheferi ya Bashu muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuwa Mbere, itariki 03 Mutarama 2022.
Umuyobozi w’igiturage cya Kyaviyonge, Kidumu Makoma, ku murongo wa telephone avugana na 7sur7.cd, yahishuye ko izo nyeshyamba zaturutse muri Pariki ya Virunga.
Ati “ bamaze kwica abantu 8 I Kasaka. Iperereza rya mbere ry’inzego zibifitiye ububasha, rivuga ko inyeshyamba zishe abasivili zitwaje ko babiri muri zo biciwe mu cyumweru gishize mu karere mu kwihanira kw’abaturage. Bavuze ko batishimiye uko kwihanira kw’abaturage.”
Sosiyete Sivile ya Kavasewa yemeje aya makuru, yavuze ko kuri uyu wa Mbere mu giturage cya Kasaka hiriwe umwuka utari mwiza.
Yibukije kandi ko mu ijoro ryo kuwa Kane rishyira kuwa gatanu mu cyumweru gishize, abasore babiri bitiranyijwe n’abajura bishwe n’abaturage bo muri Kasaka, muri Teritwari ya Beni.


