Beni: Islamic State yigambye kwica abasirikare ba FARDC 15 mu gitero ku kigo cya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’iterabwoba wa Islamic State wigambye kwica abasirikare 15 ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo barimo ofisiye mu gitero ku kigo cya gisirikare muri Beni, ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni mu gitero uvuga ko wagabye kuwa Kabiri, itariki 12 Mutarama 2021.

Uyu mutwe w’iterabwoba wigeze guhangayikisha Isi mu myaka yashize ariko ukaba waraciwe intege cyane uravuga ko wanafashe wanafashe intwaro nyinshi n’ibisasu bya bombe ubyambuye FARDC.

Umutwe wa ADF ugizwe n’inyeshyamba z’Abagande ukunze gukorera muri Beni, mu birometero nka 55 uvuye ku mupaka wa Uganda, nawo wiyemeje gukorana na Islamic State.

Islamic State wigambye igitero cya mbere ku ngabo za Leta ya RDC mu 2019, ufata Intara ya Kivu y’Amajyaruguru nk’umurwa mukuru w’ibikorwa byawo muri Afurika yo hagati.

Ubwo ADF yatangazaga bwa mbere ko yatangije imikoranire na Islamic State, byahangayikishije cyane ubutegetsi bwa Uganda, Perezida Museveni yitabaza u Bufaransa bwongere ubushobozi bwa UPDF bwo kurwanira mu misozi kugirango zikaze umutekano mu misozi ya Rwenzori yegereye umupaka wa Uganda na RDC.

Ku rundi ruhande nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Congo, ingabo z’iki gihugu nazo kuwa Kabiri zigambye kwivugana inyeshyamba 516 zikomoka mu mitwe itandukanye mu gikorwa cya gisirikare cyiswe “Zaluba ya Ituri”(Ituri Storm) nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa FARDC, Maj. Gen. Leon Kasonga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *