Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yemera ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu “arimo kubabaza Israel kuruta gufasha Israel” binyuze mu buryo arimo gukoresha mu ntambara yo muri Gaza.
Mu kiganiro Biden yagiranye na MSNBC, ubwo yabazwaga niba hari umurongo utukura kuri Israel, yagize ati: “Sinzigera mva kuri Israel. Kurinda Israel bikiri ikibazo”.
Yongeyeho ati: “Kubw’ibyo nta murongo utukura [aho] ngiye gucamo intwaro zose kugira ngo batagira Iron Dome zo kubarinda”.
Biden yagize ati: “Ariko hariho imirongo itukura iyo uramutse uyirenze”, mbere yo guhindura yongeraho ati: “Ntushobora guhitana abandi Banyapalestine 30.000 biturutse ku gukurikira [Hamas.] Hariho ubundi buryo bwo guhangana n’ihungabana ryatewe na Hamas. ”
Hamas ifatwa nk’umutwe w’iterabwoba n’ibihugu byinshi birimo Amerika, Israel n’u Budage.
Perezida wa Amerika yavuze ko Netanyahu, “agomba kurushaho kwita ku buzima bw’inzirakarengane bwabuze bitewe n’ibikorwa byakozwe.”
Biden yavuze ko abapfuye muri Gaza bageze ku 30.960 nk’uko minisiteri y’ubuzima iyoborwa na Hamas ibivuga, “bitandukanye n’uko Israel ibyemera.”
Yakomeje aburira ko Israel ishobora gutera Umujyi wa Rafah wo muri Gaza, aho Abanyapalestine barenga miliyoni 1.3 bahungiye, bakaba barahunze bava mu tundi turere mu mezi atanu ashize.
Abajijwe niba guhagarika imirwano bishobora kugerwaho mbere y’ukwezi gutagatifu kw’Abayisilamu kwa Ramadhan, biteganyijwe ko gutangira ku mugoroba wo kuri uyu wa 10 Werurwe, Biden yagize ati: “Ntekereza ko bigishoboka. Ntabwo ndabivaho.”


