Biden yasobanuye ko USA itazohereza muri Ukraine ibisasu byaraswa mu Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yasobanuye ko igihugu cye kitazohereza muri Ukraine roketi zishobora kuraswa ku butaka bw’u Burusiya.

Ni ibisobanuro binyomoza amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru bikomeye muri USA, CNN na The Washington Post tariki ya 27 Gicurasi 2022.

Ibi binyamakuru byatangaje ko ubutegetsi bwa Biden buri kwiga kuri gahunda yo kohereza misile za MLRS na HIMARS zishobora kugera mu Burusiya, nk’ibigize inkunga buteganyiriza Ukraine.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yasubiraga ku biro bye (White House) kuri uyu wa 30 Gicurasi 2022 nk’uko Reuters ibivuga, Biden yatangaje ati: “Ntabwo tugiye kohereza za roketi muri Ukraine.”

Mu minsi ishize, USA yoherereje Ukraine intwaro zikumira ibitero by’indege, za Javelin zirasa ibifaru n’indege zitagira abapilote.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *