Uwahoze ari umudepite wa Kivu y’Amajyepfo, Justin Bitakwira, yatanze umuhamagaro kuri Perezida Félix Tshisekedi na guverinoma ye ku bijyanye n’iki kibazo avuga ko ari “ingorabahizi” mu Mujyi wa Uvira, nyuma y’iminsi itatu yikurikiranye ubuzima bwarahagaze muri uyu mujyi nta gikorwa cy’ubukungu, nta rujya n’uruza, n’amasoko afunze.
Ni nyuma y’imyigaragambyo imaze iminsi muri Uvira yatewe n’inyeshyamba za wazalendo zanze ko Gen. Olivier Gasita wa FARDC, uturuka mu bwoko bw’Abanyamulenge, atangira inshingano ze yahawe na Perezida Tshisekedi, zo kuba Komanda wungirije w’Akarere ka 33 ka gisirikare muri Kivu y’Amajyepfo zimushinja kuba icyitso cya M23.
Bitakwira yinubiye mu butumwa bwa videwo yatangarije i Kinshasa ati: “Nta buzima.” Ku guhagarika ubuzima bigaragaza ihungabana rikomeye ndetse n’ikibazo cy’umutekano gikomeye kugaragara muri uyu mujyi wo ku mupaka, usanzwe umaze imyaka myinshi urangwamo ibikorwa by’urugomo bya hato na hato.

Mu butumwa bwe, Bitakwira ntabwo yigeze arya iminwa. Yabwiye Perezida Tshisekedi adaciye ku ruhande ati: “Ibibera muri Uvira bikwiye kwitabwaho byihariye. Ndamutse ncecetse, naba mbigiramo uruhare kandi mpamwa n’icyaha.” Bitakwira yakomoje ku gutsindwa iteka kw’Ingabo za Congo zatsinzwe na M23 muri Kivu y’Amajyaruguru, aho yibaza ku basirikare bakuru bashinjwaga kuba “barataye” Bunagana, Rutshuru, Masisi, Goma, na Bukavu, ariko bakomeje kuzamurwa mu ntera no gushyirwa mu turere tugeramiwe nka Uvira.
Kuri we, “ntabwo uzamura mu ntera ikipe yatsinzwe.” Uyu wahoze ari umudepite ashimangira akamaro k’uyu mujyi wo muri Kivu y’Amajyepfo. Yashimangiye ko “Uvira izaba bariyeri ibuza ingabo zirwanya leta kwambuka zinjira muri Katanga”, ashimangira ko gutsindwa uko ari ko kose muri Uvira bizafungura inzira yo guhungabanya umutekano mu gihugu mu buryo bwagutse.
Yibukije kandi ko mu mateka ya Congo, “nta ntambara yigeze iva mu majyaruguru ijya mu majyepfo. Intambara zose zatangiriye mu majyepfo zerekeza mu majyaruguru,” bityo bigiraUvira na Fizi izingiro ryo kwihagararaho kw’Abanyekongo. Mu gihe anenga imyitwarire y’abanyapolitiki n’abasirikare, Bitakwira arahamagarira abatuye Uvira kugira ubumwe no kuba maso mu gihe ari umwe mu bantu bakunze no kurangwa n’imvugo zibiba amacakubiri cyane cyane yibasira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge.
Ati: “Ntumugabe igitero ku bwoko ubwo ari bwo bwose, umuryango uwo ari wo wose.”
Mu gihe avuga ko adashyigikiye amakimbirane yose ashingiye ku bwoko ashobora gukomeza ikibazo, anongeraho ko: niba Kinshasa ikomeje, nk’uko abivuga, kugarura abasirikare batsinzwe mu rugamba rwabo rwose,” hari akaga gakomeye ko kubona Uvira na yo yigarurirwa.
Yizera ko abayobozi bamwe b’ingabo bakagombye “kubazwa ibyo bakoze imbere y’inkiko” aho gukomeza gufata imyanya y’ingenzi mu gisirikare.
Bitakwira aravuga ibi mu gihe M23 itangaza ko iri mu misozi yose ikikije Umujyi wa Uvira ndetse isaha iyo ari yo yose nibishaka izafata uyu mujyi ikawongera ku yindi ikomeye imaze kwigarurira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.


