Blaise Compaore uherutse guhirikwa ku butegetsi muri Burkina Faso akanashyirirwaho impapuro zimuta muri yombi yahawe ubwenegihugu bwa Cote d’Ivoire yari yarahungiyemo, ibyo bikaba bishobora gutuma akwepa ubutabera bw’icyo gihugu yabereye Perezida imyaka hafi 27.
Nk’uko RFI ibitangaza, Blaise Compaoré yahawe ubwenegihugu mu Iteka nomero 2014-701 rya Perezida Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire, ryo kuwa 18 Mutarama 2016, gusa ngo bwari bwarasabwe mu 2014.

Ubwo bwenegihugu Blaise Compaoré yabuherewe hamwe na n’umuvandimwe we Franà§ois Compaoré.
Compaoré yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi kubera uruhare akekwaho mu rupfu rwa Thomas Sankara wahoze ayobora Burkina-Faso.
Kuba yabaye umuturage wa Côte d’Ivoire bishobora kugira ingaruka ku itabwa muri yombi rye hakurikijwe izo mpapuro, kuko Cote d’Ivoire idashobora kumufata kandi akaba yanakwitwara nk’umuturage wayo aho agiye hose, mu gihe ku mpapuro zimuta muri yombi handitseho ko ari umunya-Burkina Faso.
Abayobozi ba Côte d’Ivoire banze kugira byinshi batangaza kuri uku guhabwa ubwenegihugu kwa Compaoré.
Bamwe mu bashyigikiye Compaoré bishimiye iki gikorwa ndetse bavuga ko mu gihe ubutegetsi buriho bwiteguye kumuha ubutabera butabogamye nta kizatuma ataza kuburana, mu gihe abatavuga rumwe na we bo bagaragaje ko iki gikorwa giteye isoni ndetse bemeza ko yasabye ubwenegihugu kugira ngo abone uko acika ubutabera kuko azi neza ko Côte d’Ivoire itajya yohereza abaturage bayo kuburanira mu bindi bihugu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com


