Uwahoze ari Perezida wa Burkina Faso, Blaise Compaoré, yamaze gusubira mu gihugu cye nyuma y’imyaka umunani ari mu buhungiro.
Muri 2014 ni bwo Compaoré yari yarahungiye i Abidjan muri Côte d’Ivoire, nyuma yo kweguzwa n’imyigaragambyo y’abaturage.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ni bwo indege imutwaye yamugejeje ku kibuga cy’indege cya gisirikare i Ouagadougou; mbere yo kwerekeza kuri Perezidansi ya Burkina Faso.
RFI dukesha iyi nkuru yavuze ko Blaise Compaoré yoherejwe mu gihugu cye, nyuma y’ibiganiro byari bimaze igihe bihuza Perezida Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire n’ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Burkina Faso.
Compaoré yatahutse mu gihe yakatiwe igifungo cya burundu n’ubutabera bwa Burkina Faso, nyuma yo guhamywa kugira uruhare mu rupfu rwa Major Thomas Sankara yasimbuye ku butegetsi.
Cyakora cyo amakuru avuga ko ubutegetsi bwa Burkina Faso bwamijeje ko atazigera akora kiriya gifungo.


