Green Party igiye kwegera abarwanashyaka bayo mu mirenge

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rikomeje imyiteguro yo kwegera abarwanashyaka baryo mu mirenge aho riteganya gushyiraho komite z’ishyaka. Mu kwezi gushize ni bwo iri shyaka ryatangije amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’uturere, mu rwego rwo kubategura ngo bazajye guhugura bagenzi babo ku rwego rw’imirenge. Iri shyaka mu gihe inzego zaryo […]
Minembwe: Abanyamulenge batabaje amahanga ngo abakize ibitero bya drone zabazengereje

Ku wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026, Abanyamulenge batuye mu Minembwe bazindukiye mu rugendo rw’amahoro basaba amahanga kubarengera, kubera ibitero bya drone z’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kubarasa. Bavuga ko izo drone zikoreshwa n’ingabo zitandukanye zirimo iz’u Burundi, FARDC, FDLR, Wazalendo ndetse n’ingabo za Tanzania zishinjwa kugota abatuye mu […]
Miss Jolly Mutesi yabwiye umunyamakuru wa CNN ko yabajije Kagame ubusa

Miss Jolly Mutesi yagaragaje kutishimira imyitwarire y’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, amwibutsa ko atakabaye akomeza kwibaza ku gisubizo yahawe na Perezida Paul Kagame, kuko ikibazo yabajije cyari kidafite ishingiro. Ibi bije nyuma y’uko Perezida Kagame, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, agarutse ku kiganiro yagiranye na Larry Madowo mu 2025, ubwo yamubazaga niba u Rwanda rufite ingabo […]
Haravugwa akaboko k’ibihugu 2 mu rupfu rw’umuhungu wa Khadafi

Ibihugu by’u Bufaransa n’u Bwongereza, biravugwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Seif al-Islam Kadhafi, umuhungu wa Colonel Mouammar Kadhafi wahoze ari Perezida wa Libye. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Seif yiciwe mu mujyi wa Zintan, mbere yo gushyingurwa mu mujyi wa Bani Walid ku wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026. Kugeza ubu […]
Rwarutabura yibye igikombe cya FERWABA Super Cup nyuma yo kutishyurwa

Igikombe cya FERWABA Super Cup 2026 cyegukanywe na Tigers BBC nyuma yo gutsinda APR BBC cyateje urujijo, nyuma y’amakuru yavuzwe ko cyatwawe n’abafana batishimiye uburyo bafashwe nyuma y’umukino. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026, nyuma y’umukino wabereye muri BK Arena, warangiye Tigers BBC itsinze APR BBC amanota 78-68. […]
Erik Prince wa Blackwater yaba yafashwe na M23

Amakuru akomeje guturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko umutwe wa M23 wataye muri yombi Erik Prince usanzwe ari umuyobozi w’umutwe w’abacanshuro wa Blackwater wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Bivugwa ko uyu mugabo yafatiwe mu mujyi wa Uvira muri iki cyumweru. Ubwo ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta […]
Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka yapfuyeÂ

Maj. Gen. Francis Takirwa wari Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yapfuye nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye. Takirwa yari umusirikare muri UPDF kuva mu 1989, akaba yaragiye ahabwa imyanya itandukanye mu buyobozi bw’ingabo. Ni imyanya irimo kuba Umugaba wungirije w’ingabo zirwanira ku butaka, kuyobora Diviziyo ya kabiri y’Ingabo za Uganda ikorera i […]
Trump yasibye amashusho agaragaza Obama n’umugore we nk’inkende

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasibye ku rubuga rwe rwa Truth Social amashusho yari yashyizweho agaragaza Barack Obama yasimbuye ku butegetsi n’umugore we Michelle Obama bameze nk’inkende. Trump ku wa Gatanu yabwiye abanyamakuru ko nta kosa rijyanye n’ayo mashusho yigeze akora, ko ahubwo yabonye agace k’intangiro yayo mbere y’uko ashyirwa ku […]
M23 yasubije AU yayishinje kugaba ‘igitero cy’iterabwoba’ i Kisangani

Umutwe wa AFC/M23 wasubije Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wawushinje kugaba “igitero cy’iterabwoba” ku kibuga cy’indege cya Kisangani, uvuga ko bibabaje kuba uriya muryango warise gutyo igikorwa cyarokoye ubuzima bw’abaturage. Ku wa Gatandatu tariki ya 31 Mutarama no ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare ni bwo AFC/M23 yarashe ku kibuga cy’indege cya Bangboka giherereye mu […]
Gen. Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na seÂ

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yambitse umudali w’ishimwe umuhungu we akanaba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, mu rwego rwo kumushimira ku bwa misiyo zo kurwanya iterabwoba yagiye akora. Gen. Muhoozi yambikiwe uriya mudali i Kabale, ahijirijwe ku nshuro ya 45 umunsi w’itariki ya 6 Gashyantare (tarehe Sita) ingabo za NRA zari […]
Kagame yasabye abo bireba gukorana ngo imbuga nkoranyambaga zibe ‘Monetized’

Perezida Paul Kagame yasabye inzego bireba gukora ubukangurambaga, kugira ngo abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda bajye babona amafaranga aziturukaho. Mu busanzwe mu Rwanda abakoresha imbuga nkoranyambaga nka Facebook, Instagram, YouTube na TikTok ntacyo binjiza, mu gihe mu bindi bihugu abazikoresha binjiza amafaranga biciye muri ‘publicitĂ©’ zinyuzwa mu bihangano byabo. Icyakora abari mu Rwanda bashobora kwinjiza […]
Umujenerali w’u Burusiya yarasiwe amasasu menshi i Moscow

Umuyobozi mukuru w’ingabo mu Gisirikare cy’u Burusiya yajyanywe mu bitaro nyuma yo kurasirwa inshuro nyinshi mu murwa mukuru, Moscou, nk:uko ibitangazamakuru byaho bivuga. Kuri uyu wa Gatanu, Umuvugizi wa Komite Ishinzwe Iperereza mu Burusiya (ICR), Svetlana Petrenko, yatangaje ko umuntu utazwi witwaje imbunda yagabye igitero kuri Lt. Gen. Vladimir Alekseyev, umuyobozi wungirije w’Ubutasi bwa Gisirikare […]
Minisitiri Nduhungirehe yavuze uko umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko umubano w’u Rwanda n’amahanga uhagaze neza, mu gihe rukomeje kotswa igitutu kubera ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yabibwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20, ku munsi wayo wa kabiri mu kiganiro kigaruka ku ishusho y’umubano w’u Rwanda n’amahanga. Yavuze ko u Rwanda ruhagaze […]
Queen wakundanaga na Captaine Regis aravugwa mu rukundo na Nizzo Kabobs

Amashusho agaragaza Nizzo Kaboss wahoze muri Urban Boys ari kumwe na Queen Ringo uzwi muri sinema yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, atera benshi kwibaza niba aba bombi bari mu rukundo. Aya mashusho yafatiwe mu rugo rw’uyu mukobwa, bombi bagaragara bishimanye banaganira bisanzuye. Nubwo hari abahise babifata nk’ikimenyetso cy’urukundo, ntiharamenyekana neza niba ari byo cyangwa niba hari […]
Mozambique: Ingabo za leta n’intagondwa zirigamba kwicana mu mirwano ikaze

Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri haba ibikorwa by’inyeshyamba bikurikiranye ku birwa byo ku nkombe z’akarere ka MocĂmboa da Praia, inzego z’umutekano za Mozambique zateguye ibikorwa byo gusubiza mu cyumweru gishize, aho bivugwa ko nibura inyeshyamba eshatu zishwe mu mirwano yabaye ku itariki ya 30 Mutarama mu mazi ari hafi ya MocĂmboa da Praia, ubwo abarwanyi bafitanye […]
AU yamaganye igitero cya M23 ku kibuga cy’indege cya Kisangani, iyisaba guhita ihagarika imirwano

Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe watangaje ko wamagana ibitero bya drone umutwe wa AFC/M23 uheruka kugaba ku kibuga cy’indege cya Kisangani, usaba uriya mutwe guhita uhagarika imirwano byihuse. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo ikibuga cy’indege cya Bangboka giherereye mu bilometero 17 uvuye mu mujyi wa Kisangani cyagabweho igitero cya drone. Umutwe wa AFC/M23 wigambye […]
Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

Mu Karere ka Rubavu hafatiwe umugabo w’imyaka 40 witwa Ernest, ukekwaho kwicira mugenzi we, Mbituyimana Ildephonse w’imyaka 30, mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga izonga; agahita atoroka. Ni ubwicanyi bwakorewe mu isantere ya Rucyeri iri mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga kuwa Gatatu, itariki ya 4 […]
Hahishuwe uko u Burundi bwoherereje FDLR abarimu bo guha imyitozo Nyatura

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Col. Bahati Musanga Erasto, yahishuye ko muri 2014 u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abarimu bo gufasha umutwe wa FDLR guha imyitozo abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro ya Nyatura. Yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Conspiracy Tracker Great Lakes. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’umwaka umwe umutwe wa AFC/M23 […]
Ibyabereye mu rubanza rwa Mugisha ukekwaho kugonga akica mugenzi we i Kigali

Mugisha David Gakuba, utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro akurikiranyweho icyaha cyo kugonga Ngabo Eric bikamuviramo urupfu. Mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo ryabaye tariki 5 Gashyantare 2026, yavuze ko ibyabaye bitari ku bushake kandi ko atahise amenya ko yagonze umuntu. Ubushinjacyaha busaba ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, bushingiye […]
Amerika igiye guhurira na Iran mu biganiro muri Oman
Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran biteguye kugirana ibiganiro muri Oman mu gihe hashize ibyumweru byinshi hari amakimbirane ndetse n’ubwoba bwo guhangana bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yagiye mu murwa mukuru wa Oman, Muscat, kugira ngo baganire, mu gihe abajyanama ba Perezida wa Leta Zunze […]
Goma: Abana 4 bo mu muryango umwe bishwe n’inkongi y’umuriro

Abana bane barimo umuhungu, bapfiriye mu nkongi y’umuriro mu gace ka Kasika (Komini Karisimbi) i Goma mu ijoro ryo ku wa Kabiri, itariki ya 3 Gashyantare, rishyira ku wa Gatatu, itariki ya 4 Gashyantare nk’uko amakuru aturuka muri ako gace avuga. Abapfuye n’abakobwa batatu, bafite imyaka 4 (DĂ©lice), 8 (Narcisse), na 16 (Viviane), n’umuhungu imyirondoro […]
Kim Kardashian yavuze uko umubano we na Kanye West uhagaze

Kim Kardashian yatangaje ko nubwo yatandukanye na Kanye West, bakomeje gufatwa nk’umuryango kubera abana babyaranye. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Complex, yavuze ko we na Kanye “bazahora ari umuryango” kandi ko bombi bashyira imbere icyiza cy’abana babo bane: North, Saint, Chicago na Psalm. Yashimangiye ko nubwo batakiri umugabo n’umugore, bakomeje gufatanya kurera abana mu mahoro. Kardashian […]
Abakobwa miliyoni 4.5 bazasiramurwa muri 2026

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) rivuga ko nibura abakobwa miliyoni 4.5 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’isiramurwa mu mwaka wa 2026. UNFPA igaragaza ko ku isi hose abagore n’abakobwa bagera kuri miliyoni 230 bamaze gukorerwa iri hohoterwa, rifatwa nk’ikorwa rinyuranyije n’uburenganzira bwa muntu. Nubwo hari aho bikorwa n’abakozi bo mu rwego rw’ubuvuzi, UNFPA ivuga ko […]
Lisa yashyize hanze Ig Post

Lisaa yatangiye umwaka mushya w’umuziki asohora indirimbo nshya yise “Ig Post”, indirimbo avuga ko yamusabye imbaraga n’igihe kinini kugira ngo ayigeze ku rwego rwiza. Iyi ndirimbo imuranga nk’intangiriro y’icyerekezo gishya, aho yiyemeje gukomeza kuzamura izina rye no guhatanira ku rwego mpuzamahanga. Mu bisobanuro yahaye itangazamakuru, Lisaa yavuze ko “Ig Post” itanga ubutumwa bujyanye n’uko urukundo […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za CAR yakiriwe na General Muhoozi i Entebbe

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrica (FACA), Maj. Gen. ZĂ©pherin Mamadou, yabonanye n’umuyobozi mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ku cyicaro gikuru cy’ingabo zidasanzwe i Entebbe. Mu biganiro byabo, Maj. Gen. Mamadou yagaragaje uruhare rukomeye rw’inkunga ya UPDF mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare akomeje hagati y’ibihugu byombi. Yavuze ko amahugurwa yatanzwe mu […]
Rayon Sports rwakingaga babiri yabonye umufatanyabikorwa wo kuyiha Frw miliyari 5

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’imikoranire afite agaciro k’arenga Frw miliyari 5 n’ikigo cyo muri Tanzania cyitwa Jayrutty Investment East Africa Co. Ltd. Ni amasezerano iyi kipe yemeje ko afite agaciro ka $ miliyoni 3.5 (Frw miliyari 5.109, akazamara imyaka itanu. Ibi bivuze ko buri mwaka kiriya kigo kizajya kishyura Rayon Sports arenga Frw […]
Perezida Kagame yavuze impamvu yigeze kuvuga ko atazi niba RDF iri muri RDC

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kiganiro yigeze guha umunyamakuru wa CNN wamubajije niba ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akamusubiza ko nta byo azi, avuga ko yabikoze abigambiriye mu rwego rwo kwirinda ibibazo. Muri Gashyantare 2025 ni bwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Larry Madowo wa CNN. Icyo gihe Madowo ubwo […]
Perezida Kagame yasobanuye igihuza Tshisekedi na Ndayishimiye

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane, itariki ya 5 Gashyantare 2026, mu ijambo rye atangiza Inama y’Umushyikirano ku nshuro ya 20, yatangaje ikintu cyatumye Abarundi bafatwaga nk’impanga z’Abanyarwanda, bahisemo kurwihakana bagahitamo kujya kuba impanga n’Abanyekongo, agaragaza ko byose bishingiye kuri politiki y’urwango. Mu ijambo rye atangiza iyi nama y’Umushyikirano, Perezida Kagame yatangiye […]
Amerika, u Burundi na RDC mu bihugu 38 byambuye Loni amafaranga y’imisanzu

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyoboye urutonde rw’ibihugu 38 birimo u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze igihe byarananiwe kwishyura ku gihe cyangwa burundu imisanzu bisabwa gutanga mu ngengo y’imari isanzwe y’Umuryango w’Abibumbye. Kutishyura imisanzu cyangwa gutinda kuyishyura, byateje ikibazo gikomeye ku buryo Umunyamabanga Mukuru wa Loni, AntĂłnio Guterres, aherutse kuvuga ko uyu […]
Perezida Kagame yageze ahabera Umushyikirano ku nshuro ya 20

Guhera kuri uyu wa Kane, itariki 5 kugeza kuwa Gatanu, itariki 6 Gashyantare 2026, Abanyarwanda baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu bateraniye muri Kigali Convention Centre, ahabera Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iteranye ku nshuro ya 20. Uretse abahurira muri KCC, hirya no hino mu Gihugu hateguwe aho abandi baza guhurira bagakurikira iyi nama ndetse bagatanga ibitekerezo, ibibazo […]
Armenia: Hasabwe ko hashyirwaho Minisiteri y’Imibonano mpuzabitsina

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Armenia ryateje impaka rikimara gutangaza igitekerezo cyo gushyiraho icyo ryise “Minisiteri y’Imibonano mpuzabitsina”, rivuga ko byafasha gukemura ikibazo cy’igabanuka ry’abana bavuka muri icyo gihugu ndetse n’abagore batanyurwa muri icyo gikorwa. Umuyobozi w’ishyaka Strong Armenia, Sargis Karapetyan yavuze ko iki cyifuzo kigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kurwanya igabanuka rikabije […]
Ikibuga cy’Indege cya Kisangani cyakomeje imirimo nyuma yo kugabwaho igitero

Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kisangani Bangoka, giherereye mu birometero 17 uvuye i Kisangani, umurwa mukuru w’Intara ya Tshopo, ntabwo cyahagaritse ibikorwa byacyo nyuma yo kugabwaho igitero n’umutwe wa AFC/M23 muri weekend nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Ibi bisobanuro byatanzwe kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 4 Gashyantare 2026, na Guverineri Paulin Lendongolia Lebabonga ubwo yasuraga ikibuga. Ku […]
Djugu: Haravugwa imirwano ikaze y’amasaha 6 hagati ya FARDC na CRP

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 4 Gashyantare, havuzwe imirwano ikaze, muri centre y’ubucuruzi ya Bule, muri Teritwari ya Djugu, hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba zo mu mutwe witwaje intwaro witwa Convention pour RĂ©volution Populaire (CRP) uyobowe na Thomas Lubanga. Nyuma y’imirwano yadutse rwagati muri centre ya Bule, abaturage bageragezaga […]
KNC yasabye imbabazi nyuma yo kwandagazwa na APR FCÂ

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles Alias ‘KNC’, yasabye imbabazi abafana b’ikipe ye nyuma yo kwandagazwa na APR FC. Ku wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare ni bwo Gasogi United yanyagiwe na APR FC ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium. Ibitego byo mu gice cya mbere […]
Dubai: U Rwanda rwahawe igihembo cy’igihugu cya mbere ku Isi kubera Irembo

Kuri uyu wa Gatatu, u Rwanda rwahawe igihembo nk’igihugu gifite serivisi nziza za Guverinoma ku Isi mu birori byo gutanga ibihembo bya GovTech Award 2026 kubera serivizi z’Irembo. Igihembo cyakiriwe mu izina rya Guverinona y’u Rwanda, na Amb. John Mirenge na Estelle Kayitesi, Umuyobozi ushinzwe Politiki n’Ubufatanye mu Irembo, mu nama ya za guverinoma z’Isi […]
Tshisekedi yakiriwe muri Amerika, asabwa kurandura FDLR na Wazalendo

Perezida FĂ©lix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asabwa kugaragaza uruhare rufatika mu gukemura ikibazo cy’imitwe ya FDLR na Wazalendo. Tshisekedi ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru, aho yitabiriye amasengesho yo gusabira kiriya gihugu. Ku wa Gatatu tariki ya 4 […]
Bakubiswe kugeza bapfuye nyuma yo gukundana badahuje idini

Abaturage bo muri leta ya Uttar Pradesh mu Buhinde batangajwe kandi bababazwa n’urupfu rw’agahomamunwa rw’umusore n’umukobwa bakundanaga ariko badahuje idini, bishwe bazira urukundo rwabo. Uyu mukobwa witwa Kajal, wari ufite imyaka 19 akaba yari Umuhindu, n’umusore witwa Mohammad Arman w’imyaka 27 wari Umu- Islam, basanzwe bapfuye, imibiri yabo ihambwe hafi y’umugezi uherereye hafi y’umudugudu wa […]
Afunzwe azira gukuraho igisenge cy’umupangayi we wanze kumuvira mu nzu

Polisi ya Leta ya Rivers muri Nigeria yataye muri yombi umuturage wo muri Ghana witwa Samuel Frimpong, ushinjwa gusakambura (gukuraho igisenge) inzu y’uwari umupangayi we Anozie Tochukwu mu gace ka Mgbuoba, mu Karere ka Obio/Akpor. Polisi ivuga ko Frimpong yakuyeho igisenge cy’inzu y’uwari umupangayi we nyuma y’uko yanze kumuvira mu nzu nyuma y’igihe cy’iminsi 14 […]
Minisitiri Bizimana yasabye Juno Kizigenza guhindura izina

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko umuhanzi Juno Kizigenza akwiye guhindura izina azwiho rya “Rutwitsi muzi”, kubera ko rifitanye isano n’amateka ababaje yabaye mu Rwanda. Ibi byakurikiye ijambo Minisitiri Bizimana yatanze imbere ya Sena ku wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026, aho yagarutse ku mikoreshereze y’amagambo amwe n’amwe akunze […]
Bruce Melodie yahuye na Amb Gen. Patrick NyamvumbaÂ

Nyuma yo kumara iminsi muri Tanzania akora ibikorwa byo kwamamaza indirimbo ye nshya Pom Pom, umuhanzi Bruce Melodie yabanje gusura Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu mbere yo gusubira i Kigali. Aho yagiranye ibiganiro n’Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, byibanze ku iterambere ry’umuziki nyarwanda. Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania ibinyujije ku rubuga […]
Nyuma y’ikibuga cy’indege cya Kisangani cyarashweho na M23 haba hatahiwe icya Bujumbura?

Nyuma y’iminsi ibiri ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangboka giherereye mu mujyi wa Kisangani ho mu ntara ya Tshopo kigabweho igitero cya za drone, umutwe wa AFC/M23 wemeje ko ari wo wakirasheho. AFC/M23 yemeje ko yarashe kuri kiriya kibuga ikanasenya ikigo cyayoborerwagamo ibitero bya za drone z’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC), nyuma y’amasaha make Perezida wayo, […]
Nigeria: Abantu bitwaje intwaro bishe nibura abantu 162 mu mudugudu umwe

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 3 Gashyantare, abantu bitwaje imbunda bishe byibuze abantu 162, mu Mudugudu wa Woro, muri Leta ya Kwara, mu burengerazuba bushyira hagati muri Nigeria, nk’uko Croix-Rouge yabitangaje, ndetse byemejwe na polisi na guverineri wa leta. Babaomo Ayodeji, Umunyamabanga w’ishami rya Croix-Rouge ya Nigeria muri Kwara yagize ati: “Nk’uko amakuru aheruka […]
Uganda yaciye ku butaka bwayo Abanyamerika 2

Leta ya Uganda yafashe icyemezo cyo guca burundu abanyamerika, Jeffrey Smith na Robert Amsterdam ku butaka bwayo, ibagaragaza nk’abantu batemerewe gukandagira ku butaka bwa kiriya gihugu cyo mu majyaruguru y’u Rwanda. Smith washinze ikigo Vanguard Africa, na Robert Amsterdam usanzwe ari umunyamategeko ukorera mu Bwongereza akaba n’umuyobozi wa Amsterdam & Partners LLP, Uganda ibafata nk’abakoze […]
Perezida Tshisekedi yerekeje i Washington

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 4 Gashyantare, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yageze i Washington, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye amasengesho yo gusabira igihugu, azwi cyane muri Amerika “National Player Breakfast” aba ku nshuro ya 74. Buri mwaka, iki gikorwa gihuza abayobozi ba politiki, abayobozi […]
Myugariro Mukura VS icyemeza ko ari uwayo yerekanwe na APR FC

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu yerekanye myugariro Ishimwe Abdul, nyuma yo kumutangaza nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yagize iti: “Indi ntare yaje mu kipe. Ikaze mu muryango wa APR. Ishimwe Abdoul ni Intare.” Ni ubutumwa bwari buherekeje amafoto y’uriya myugariro yambaye umwambaro wa APR FC, nyuma yo […]
Bull Dogg ahamya ko nk’umuhanzi mukuru agomba kwisunga abashya

Abakunzi b’injyana ya hip-hop mu Rwanda biteguye neza igitaramo cyiswe Mic Tribe 2026, giteganyijwe ku wa 7 Gashyantare 2026 kuri Mundi Center. Ibi byagarutsweho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye aho igitaramo kizabera, cyahuje abaraperi bazariririmba barimo Bull Dogg, Logan Joe, B-Threy, Fifi Raya na Pro Zed. Mu ijambo rye, Bull Dogg, umwe mu nkingi za mwamba […]
Uganda: Bobi Wine yamaze guhungira muri kimwe mu bihugu bya East Africa

Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, biravugwa ko yavuye mu gihugu kandi hashize icyumweru yinjiye mu gihugu cy’abaturanyi cyo muri Afurika y’Iburasirazuba ahunga nubwo abayobozi muri guverinoma bashimangiye ko inzego z’umutekano za leta ntacyo zimushakaho. Umwe mu bayobozi yagize ati: “Ayo ni yo makuru […]
Umunyarwenya 5K Etienne yambitse impeta

Umunyarwenya uzwi ku izina rya 5K Etienne, amazina ye nyakuri akaba Iryamukuru Etienne, yamaze kwambika impeta umukunzi we mu rwego rwo kwiyemeza ko bitegura kubana nk’umugabo n’umugore. Mu gitondo cyo ku wa 4 Gashyantare 2026, 5K Etienne yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza uwo muhango wo kwambika impeta, avuga ko umukunzi we yamusubije “Yego”, ashimangira […]
Perezida Salva Kiir yirukanye abakozi bo mu biro bye abahora guha imirimo umuntu wapfuye

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, yirukanye abakozi babiri bakomeye bo mu biro bye, abahora kuba baratumye aha inshingano umuntu umaze igihe kirekire yarapfuye. Ku wa Kabiri tariki ya 3 Gashyantare ni bwo Perezida Salva Kiir yirukanye bariya bakozi. Ni nyuma y’uko bafashe umuntu wapfuye mu myaka itanu ishize bakamugira umwe mu bagize Komisiyo y’Igihugu […]
UK: Igipolisi gikurikiranye uwahoze ari minisitiri wahaye Epstein amabanga y’igihugu

Igipolisi cyo mu Mujyi wa London cyatangiye iperereza kuri Peter Mandelson, wahoze ari minisitiri, kubera ibirego by’imyitwarire idakwiye igihe yari mu biro bya Leta. Ibi bibaye nyuma y’uko uwahoze ari minisitiri w’umurimo akaba na Ambasaderi muri Amerika, ashinjwe guha amakuru y’ingenzi ya guverinoma umunyemari w’Umunyamerika wafunzwe ashinjwa ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina akaza gupfira […]
M23 yashenye ikigo FARDC yagabiragamo ibitero bya drone

Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko mu mpera z’icyumweru gishize wagabye igitero ku kibuga cy’indege cya Kisangani, usenya ikigo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryifashishaga mu kugaba ibitero bya za drone. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 31 Mutarama rishyira ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare, ni bwo ikibuga […]
Umusore w’imyaka 23 ari mu rukundo na Nyirakuru wa mugenzi we bigana ufite imyaka 83

Mu Buyapani havutse inkuru y’urukundo idasanzwe yatunguye abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga. Kofu, umusore w’imyaka 23, uri hafi kurangiza kaminuza, yakunze Aiko, nyirakuru w’imyaka 83 wa mugenzi we biganaga, none ubu bamaze amezi arenga icumi bakundana. Uru rukundo rwatangiye igihe Kofu yasuraga iwabo wa mugenzi we, aho yahuriye na Aiko bwa mbere. Bombi bavuga ko […]
Amerika iravuga ko yamaze kohereza itsinda ry’ingabo muri Nigeria

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Ingabo za Amerika zishinzwe igice cya Afurika (AFRICOM), yemeye bwa mbere, nyuma y’igitero cy’indege cyo kuri Noheri, ko Ingabo za Amerika ziri ku butaka bwa Nigeria. Mu Kuboza, Perezida Donald Trump yategetse ibitero by’indege ku bo yavuze ko ari abantu ba Leta ya Kisilamu muri Nigeria […]
Igipolisi cya Congo nacyo cyasubiye muri Uvira

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 3 Gashyantare, Polisi y’Igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasubiye ku mugaragaro mu Mujyi wa Uvira, nyuma y’amezi hafi abiri yarahunze, uyu mujyi uri ku Kiyaga cya Tanganyika ugenzurwa n’inyeshyamba za AFC / M23. Aba bapolisi bari bambutse umupaka berekeza mu Burundi ubwo inyeshyamba zasatiraga Uvira. Abapolisi bagera […]
Umuhungu wa Gaddafi yishwe arashwe

Saif al-Islam Gaddafi, umuhungu wa Col Muammar Gaddafi wahoze ayobora Libya, biravugwa ko yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana. Yari afite imyaka 53. Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakuru muri Libya avuga ko urupfu rwe rwemejwe ku wa kabiri n’umuyobozi w’itsinda rye rya politiki. Umwunganizi mu mategeko wa Gaddafi yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko igitero cyagabwe n’itsinda ry’abantu […]
M23 yateguje ko igiye gutangira gutwikira Sukhoi-25 na drone bya FARDC mu birindiro byabyo

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ugiye gutangira gutwika indege z’intambara na za drone by’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubisanze mu birindiro byabyo, mu gihe byaba bikomeje kwifashishwa mu kugaba ibitero byica abaturage bo mu duce wabohoye. Byatangajwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: […]
Maroc yanze ibihano bya CAF

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF) ryatangaje ko rigiye kujuririra ibihano n’amande ryaciwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), nyuma y’akavuyo kabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wahuje Maroc na SĂ©nĂ©gal mu kwezi gushize. CAF yaciye Maroc amande angana na $315,000 inahanisha abakinnyi babiri guhagarikwa imikino. FRMF yavuze ko izajurira igamije “kurengera uburenganzira […]
Samusure wahungiye muri Mozambique agiye gutaha

Umukinnyi wa filime Kalisa Ernest uzwi nka Samusure yatangaje ko azagaruka i Kigali ku wa 12 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka isaga itatu yari amaze aba muri Mozambique ahunze ibibazo by’amadeni. Yavuze ko amadeni menshi yari afite yamaze kuyakemura, asigaye ari make ashobora kurangizwa mu bwumvikane. Samusure yagaragaje ko intego ye ari ukwisuganya agasubira muri sinema. […]
Gen. Muhoozi yasubije Amerika yavuze ko yamaze kurenga ‘umurongo utukura’Â

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasubije Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko nta bubasha zifite bwo kugena uko Uganda ikwiye kubaho, nyuma y’iminsi mike zivuze ko yamaze kurenga umurongo utukura. Mu cyumweru gishize ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye muri Senateri Jim Risch ukuriye Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga mu nteko ishinga […]
Walikale: Inyeshyamba za AFC/M23 zacakiranye n’iza NDC RĂ©novĂ© i Bukumbirwa

Imirwano ikaze yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 3 Gashyantare, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za NDC-RĂ©novĂ© mu Mudugudu wa Bukumbirwa, muri Gurupoma ya Ikobo, Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo aba barwanyi bagabye igitero ku birindiro bya AFC / […]