Trump yaburiye abayobozi ba Iran nyuma ya Venezuela

Ku Cyumweru, itariki 4 Mutarama 2026, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yateye ubwoba Irani, ayiburira avuga ko ubwo butegetsi “buzakubitwa cyane” na Amerika niba abigaragambya bakomeje gupfa. Trump yabwiye abanyamakuru bari mu kirere mu ndege ya Air Force One, ati: “Turabikurikiranira hafi. Niba batangiye kwica abantu nk’uko babigize mu bihe byashize, […]
Umuhanzi Bill Ruzima wafatanwe urumogi, yakijijwe aba umu-ADEPR

Umuhanzi Bill Ruzima wamenyekanye mu muziki nyarwanda, yamaze guhindura ubuzima bwe nyuma yo kwigobotora ibiyobyabwenge, aho ubu yamaze kwakira agakiza agatangira gusengera mu Itorero rya ADEPR. Bill Ruzima yafashwe nâinzego zâumutekano ku wa 15 Ugushyingo 2025, akekwaho kunywa no gutunda urumogi. Icyo gihe, yemeye ko yari asanzwe akoresha iki kiyobyabwenge kuva mu mwaka wa 2022. […]
Perezida Kagame na Tinubu baganiriye ku bibazo bireba Isi

Perezida Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, ku Cyumweru yatangaje ko yahuye na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bakaganira ku bibazo bireba Isi. Tinubu yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Kuri iki gicamunsi, nasangiye ifunguro rya saa sita bwite na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu rwego […]
Igitotsi mu mubano wa Qatar n’u Burundi nyuma y’amagambo ya Minisitiri Bizimana

Ishyamba si ryeru mu mubano hagati y’ibihugu bya Qatar n’u Burundi nyuma y’amagambo atari aya kinyamwuga yatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yibasira Qatar bikaba ngombwa ko Perezida Evariste Ndayishimiye yisegura. Byose byatangiye kuri iki Cyumweru, itariki 3 Mutarama 2026, ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, yagiraga atya akajya ku rubuga nkoranyambaga […]
Ibihuha by’itoroka rya Bunyoni ryatumye asubizwa mu Bitaro bya Gitega ikubagahu

Ibyitwa ibihuha bivugwa ko byakwirakwijwe na General Ndayiziga biherutse gutuma Gen. Alain-Guillaume Bunyoni asubizwa mu Bitaro bya Gitega ikubagahu, nubwo bivugwa ko ubuzima bwe bukimeze nabi. Amakuru akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko General Ndayiziga yatanze amakuru y’ibinyoma avuga ko Bunyoni ateganya gutoroka. Aya makuru yabanje kumenyeshwa umuyobozi mukuru wâubutasi mu ntara ya Gitega, […]
Ingabo za FARDC zafashwe zibishaka zemerewe gusubira i Kinshasa

Umugaba Mukuru w’Ingabo ziharanira Impinduramatwara muri Congo (ARC), General Major Sultani Makenga, kuwa Gatanu yasuye ikigo cya gisirikare cya Rumangabo giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Yahuye nâimfungwa zâintambara kimwe nâabasirikare ba FARDC (Ingabo zâigihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo) nâinyeshyamba za Wazalendo zishyize mu maboko y’Ingabo za ARC/AFC/M23. Mu ruzinduko rwe, Gen. Sultani […]
Koreya ya Ruguru itangiye umwaka ikanga abaturanyi n’ibisasu bya ballistic

Kuri iki Cyumweru, Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi za ballistique i yerekeza ku nyanja iri ku nkombe zâiburasirazuba, nk’uko Igisirikare cya Koreya y’Epfo kibitangaza. Uku kurasa misile kwa Koreya ya Ruguru ni ukwa mbere mu mezi abiri, kandi ni ukwa mbere kuva umwaka mushya utangiye. Igerageza ry’ibisasu riheruka ryabaye habura amasaha make ngo Perezida […]
Venezuela izayoborwa na Washington kugeza habonetse uzasimbura Maduro

Ejo hazaza ha politiki ya Venezuela ntiharamenyekana nyuma yâigitero cya Amerika ku murwa mukuru, Caracas, no gufata mpiri Perezida Nicolas Maduro mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki 3 Mutarama 2026. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko Venezuela izayoborwa na Washington kugeza igihe hazabera ihererekanya ry’ubutegetsi ritekanye. Urukiko rwo muri […]
MONUSCO yamaganye igitero cy’indege za FARDC cyahitanye abasivili i Masisi

Ubutumwa bwâUmuryango wâAbibumbye bushinzwe kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwamaganye ku wa Gatandatu igitero cyâindege zitagira abapilote zâIngabo za Congo kuwa Gatanu mu mujyi wa Masisi, cyahitanye nibura abasivili bane. Igitero bivugwa ko cyari kigendereye kwibasira ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 mu gace ka Mont Ngaliema, cyibasiye ingo z’abasivili, cyangiza […]
U Rwanda rwavuze ku bo FARDC yerekanye ibita abasirikare ba RDF

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye kibita abasirikare ba RDF cyafashe atari bo, igaragaza ko ibyakozwe ari ikinamico. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo FARDC yeretse itangazamakuru abantu yise abarwanyi b’abanyamahanga bafatiwe mu bikorwa bya FARDC. Mu bo yerekanye ivuga ko barimo abasirikare barindwi b’u Rwanda barimo […]
Umuvandimwe wa Baba Levo yakoze impanuka ikomeye

Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Shilole uzwi kandi nka Zena Yusufu Mohammed, yajyanywe kwa muganga byihutirwa nyuma yo kugirana impanuka ikomeye yâimodoka mu ijoro ryo ku wa 2 Mutarama 2026. Amakuru yâiyi mpanuka yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, atangajwe na Baba Levo, umudepite uhagarariye Umujyi wa Kigoma ndetse akaba nâumuvandimwe wa […]
Umunyamakuru Taikun Ndahiro yarekuwe

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamakuru Ndahiro Emmanuel uzwi nka Taikun yamaze gufungurwa nyuma yâuko habayeho ubuhuza hagati ye nâabantu bagizweho ingaruka nâibyaha yashinjwaga. Taikun, usanzwe ukorera Radio/TV 10, yarekuwe ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yari yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026 akekwaho kugirana amakimbirane nâabashinzwe umutekano mu gitaramo […]
Ingabo za Amerika zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo zo mu mutwe udasanzwe z’igihugu cye zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n’umugore we. Trump yemeje ayo makuru mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yavuze ko Maduro yafashwe nyuma y’ibitero ingabo za Amerika zagabye muri Venezuela mu masaha yatambutse. Perezidansi ya […]
Yampano yongeye kuvugwa mu mashusho y’urukozasoni

Nyuma yo kongera kuvugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho atari meza yagiye hanze, umuhanzi Yampano yongeye kwisanga mu rujijo nyuma yâuko hakwirakwijwe andi mashusho agaragaza ari kumwe nâundi mukobwa mu cyumba cya hoteli bombi bambaye ubusa. Aya mashusho, bivugwa ko yafatiwe muri hoteli, agaragaza Yampano ari kuganira nâumuntu utamenyekanye kuri video […]
FARDC yerekanye ‘abarwanyi b’abanyamahanga’ yafashe

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyeretse abanyamakuru abo kivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga ingabo zacyo zafatiye mu bikorwa ziheruka gukora. FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.” FARDC ntiyigeze itangaza ibihugu abo barwanyi bakomokamo. Icyakora […]
Amerika yagabye ibitero kuri VenezuelaÂ

Mu masaha ya kare yo ku ya 3 Mutarama 2026, humvikanye iturika nâindege ziguruka hafi yâubutaka mu bice bitandukanye bya Venezuela, harimo nâumurwa mukuru Caracas. Abayobozi b’iki gihugu batangaje ko habaye iturika hafi yâibikorwaremezo bya gisirikare nâibindi byâingenzi, bitera ubwoba nâimpungenge mu baturage. Nkâuko abanyamakuru ba CBS News nâabayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
U Burundi buhanze amaso avoka nk’umuti w’ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli cyabuzonze

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riyoboye iki gihugu, bwatangaje ko bwiteze ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kibwugarije kizaba cyamaze gukemuka mu myaka iri hagati y’itatu n’ine iri imbere, biciye mu kugurisha umusaruro wa avoka bwahinze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiraniye n’abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. […]
U Burundi buravuga ko buzafungurira umupaka wa Gatumba hamwe n’iy’u Rwanda

Leta y’u Burundi yatangaje ko idateze gufungura vuba umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kwezi gushize ni bwo u Burundi bwafunze uyu mupaka, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nyuma y’icyumweru uriya mutwe […]
Gabriel Jesus ashobora guhanwa kubera ubutumwa âNdi uwa Yesuâ

Rutahizamu wa Arsenal, Gabriel Jesus, ashobora guhura nâibihano biturutse ku Ishyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru mu Bwongereza (FA) nyuma yâuko yishimiye igitego yatsinze Aston Villa akerekana ubutumwa bwanditseho âI belong to Jesusâ (Ndi uwa Yesu). Uyu mukino wabaye tariki ya 30 Ukuboza, aho Arsenal yatsinze Aston Villa ibitego 4-1. Gabriel Jesus yari amaze igihe adakina kubera imvune […]
The Ben yigaramye ibyo kuririmba Playback

Igitaramo The Nu-Year Groove cyabaye ku nshuro ya kabiri muri BK Arena cyongeye kugaragaza ko The Ben ari umwe mu bahanzi nyarwanda bageze ku rwego rwo gutegura no gutanga ibitaramo byujuje ubunyamwuga. Nubwo igitaramo cyanyuze benshi, hari abafana bagaragaje kutanyurwa, cyane cyane bagendeye ku buryo The Ben yitwaye ku rubyiniro ugereranyije na Bruce Melodie. Nyuma […]
Kwizera Olivier yasubiye muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama, yatangaje umunyezamu Kwizera Oliver nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yemeje Kwizera nk’umukinnyi wayo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Biteganijwe ko uyu munyezamu ufatwa nk’umwe mu beza u Rwanda rwagize mu myaka irenga 10 ishize agomba […]
Drones za FARDC zarashe mu mujyi wa Masisi zica abantuÂ

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026 zagabye ibitero bya drone mu mujyi wa Masisi, byicirwamo abaturage. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo ibyo bitero byagabwe hakoreshejwe drone z’intambara. Umujyi wa Masisi biriya bitero byagabwemo umaze umwaka urenga ugenzurwa n’inyeshyamba […]
AFC/M23 yasubije Kinshasa yashinje RDF kwicira muri Kivu y’Amajyepfo abarenga 1,500

Umutwe wa AFC/M23 wateye utwatsi ibirego bya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Ingabo z’u Rwanda gufata mu buryo butemewe uduce two mu burasirazuba bw’icyo gihugu, uvuga ko ibivugwa na Kinshasa ari icengezamatwara rigamije kuyobya abantu. Ku wa Gatatu tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo RDC biciye muri Minisitiri wayo w’Itumanaho akanaba […]
Rutshuru: Imirwano ikaze irakomeje nyuma y’uko AFC/M23 yinjiye bwa mbere mu ndiri za FDLR i Bukombo

Imirwano ikomeye irimo Kubica hagati ya AFC/M23 nâinyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC-FDP, Â zikorana bya hafi nâinyeshyamba zâAbanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR mu midugudu myinshi ya Gurupoma ya Bukombo, Sheferi ya Bwito, muri Teritwari ya Rutshuru. Amakuru aturuka aha hantu avuga ko iyi mirwano yatangiye ku bunani ku iitariki 1 Mutarama 2026, […]
Lubero: Liyetona koloneli na majoro mu basirikare 8 ba FARDC bashinjwa ubwicanyi

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 31 Ukuboza 2025, abasirikare umunani mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo umuliyetona koloneli na majoro, bitabye Urukiko rwa Gisirikare rwa Kivu y’Amajyaruguru, muri Lubero-centre bakurikiranweho ubwicanyi. Uru rubanza rufatwa mu rwego rwo kwigisha, rukomoka ku iyicwa ry’undi musirikare wa FARDC. Uyu avugwaho kunyanyagiza amasasu […]
CNDD-FDD yemeje ko u Burundi butavanye ingabo zabwo muri RDC

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri iki gihugu, bwemeje ko butigeze bucyura ingabo bwohereje kurwana mu ntambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ayo makuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yagize ati: “Dufite amasezerano atwemerera […]
Inama Nkuru yâUbucamanza yirukanye abacamanza babiri nâumwanditsi wâurukiko

Inama Nkuru yâUbucamanza yirukanye abacamanza babiri nâumwanditsi wâurukiko kubera ibikorwa bijyanye na ruswa. Undi mucamanza yahagaritswe kubera imyitwarire idahwitse yâumwuga, nkâuko bigaragazwa n’imyanzuro yemejwe mu nama njyanama yabaye ku wa Gatatu, itariki 31 Ukuboza, iyobowe na Perezida wâUrukiko rwâIkirenga, Domitilla Mukantaganzwa. Iyi nama yirukanye Dalaus Kamanzi, umucamanza mu Rukiko Rukuru, Zozime Hategekimana, Umucamanza mu Rukiko […]
U Busuwisi: Inkongi y’umuriro yahitanye nibura 40 mu kabari ku Bunani

Nibura abantu 40 barapfuye abandi bagera kuri 115 barakomereka, mu gihugu cy’u Busuwisi, ubwo ikongi y’umuriro yibasiraga akabari kari Crans-Montana karimo abantu benshi mu birori byo kwizihiza umwaka mushya. Iyi nkongi y’umuriro yibasiye akabari kaba karimo abantu benshi muri Crans-Montana ahantu hakinirwa umukino wa ski mu rukerera rwo ku wa Kane ubwo abantu bizihizaga umwaka […]
Amsterdam: Iyahoze ari kiliziya yahindutse ahabera ibirori yahiye irakongoka

Kiliziya ya Vondel i Amsterdam, yari yarahinduwe ahantu habera ibitaramo, hafi y’imwe muri parike zizwi cyane muri uyu mujyi, yasenyutse igice kinini kubera inkongi yâumuriro yarwibasiye mu gihe ibirori byo kwizihiza umwaka mushya byari birimbanyije, nk’uko ibitangazamakuru byaho byatangaje ku wa Kane. Umunara w’urusengero rwahoze ari urwa Kiliziya Gatolika ufite uburebure bwa metero 164 (metero […]
Kinshasa imaze kwanga kwitabira inama 2 ku ihagarikwa ry’imirwano – Corneille Nangaa

Ihuriro rya politiki na gisirikare, Alliance Fleuve Congo / M23 rirashinja Guverinoma ya Kinshasa gushyira imbere ibikorwa bya gisirikare nk’igisubizo ku kibazo cy’umutekano gikomeje kuba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Umuhuzabikorwa wa politiki, Corneille Nangaa, avuga ko iki kibazo ari uko abona ko abayobozi ba Kinshasa badashaka kubahiriza ibyo biyemeje mu rwego […]
Umunyamakuru Taikun Ndahiro arafunzwe

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyamakuru wa RadioTV10, Ndahiro Emmanuel uzwi ku izina rya Taikun, akekwaho gukorera ibyaha bitandukanye. Ndahiro yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026, nyuma yâuko bivugwa ko yasagariye abashinzwe umutekano mu gitaramo cyari cyateguwe nâUmujyi wa Kigali, cyabereye mu mbuga ya Kigali Convention Centre. Umuvugizi wa […]
Leta ya Gabon yahagaritse ikipe y’Igihugu, Aubameyang ayirukanwamo

Guverinoma ya Gabon yahagaritse mu gihe kitazwi ikipe yâIgihugu yâumupira wâamaguru y’iki gihugu, rutahizamu Pierre Aubameyang ayirukanwamo burundu. Ni icyemezo Leta yafashe yuma yâumusaruro mubi wagaragaye ku kipe yâIgihugu ya Gabon mu irushanwa ryâIgikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc. Ku wa Gatatu, tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo hasojwe imikino yâamatsinda mu Gikombe […]
Anthony Joshua yasezerewe mu bitaroÂ

Umukinnyi wâikirangirire mu mukino wâiteramakofe, Anthony Joshua yasohotse mu bitaro byo muri Nigeria nyuma yo kugira impanuka yâimodoka yahitanye abatoza be babiri. Nkâuko byatangajwe nâinzego za Nigeria, Joshua yasohotse mu bitaro ku mugoroba wo ku wa Gatatu aho azakomeza kwitabwaho ari mu rugo. Abatoza be, Sina Ghami (ushinzwe imbaraga nâimyitozo ngororamubiri) na Latif Ayodele (umutoza […]
Umugabo wa Zari Hassan ari gushakishwa na Polisi

Polisi ya Uganda yahamagaje Shakib Cham Lutaaya, umugabo wa Zari Hassan uzwi cyane mu byâimyidagaduro nâubucuruzi, ngo afashe mu iperereza ku byaha byo gukubita abantu no kwiba bivugwa ko byabereye muri bar yo muri Kampala. Nkâuko byatangajwe na Luke Owoyesigyire, umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala Metropolitan, ku wa 27 Ukuboza 2025, Shakib nâitsinda ryâabantu […]
Umuhanzi Ebo Noah arafunzwe

Polisi ya Ghana yemeje ko yafashe Evans Eshun, uzwi cyane ku izina rya Ebo Noah, wamenyekanye cyane nyuma yo kubaka inkuge nyinshi avuga ko yazubatse ku mabwiriza yâImana, ahamya ko isi izarengerwa nâamazi ku munsi wa Noheli. Mu itangazo Polisi yashyize ku rubuga rwayo rwa interineti ku wa Gatatu tariki 31/12/2025, yavuze ko Eshun yafashwe […]
The Ben na Bruce Melodie binjiye mu 2026 basenga Imana

Abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda, The Ben na Bruce Melodie, bahisemo gutangirira umwaka wa 2026 mu nzu yâImana, mbere yo guhurira mu gitaramo gikomeye cyiswe âThe Nu-Year Grooveâ, giteganyijwe ku wa Kane tariki ya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena. Bruce Melodie yinjiye mu mwaka mushya ari mu rusengero Hope For Jesus, aho yifatanyije nâabandi […]
Iyicwa rya Gen. Cirimwami n’ifatwa rya Goma: Twibukiranye zimwe muri Operasiyo karahabutaka za M23 muri 2025

Umwaka twasoje wa 2025 waranzwe n’imirwano karahabutaka hagati y’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isiga inyeshyamba zigaruriye ibice byinshi cyane nyuma yo kubyirukanamo ingabo za Leta ya Kinshasa. 2025 itangira M23 n’ingabo za Leta ya Kinshasa bari bamaze imyaka itatu mu mirwano, […]
Perezida Kagame yashimangiye ko adateze kwihanganira icyahungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida Paul Kagame yijeje ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington rwasinyanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ateguza ko rutazihanganira na rimwe icyo ari cyo cyose cyashaka kuruhungabanyiriza umutekano. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku Banyarwanda. Ku wa 4 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame […]
Ndayishimiye yasubiriye u RwandaÂ

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwibasira u Rwanda mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku baturage b’igihugu cye. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi muri iryo jambo yavuze ko ashimishijwe n’uko igihugu cye kibanye neza n’ibihugu byo mu karere baturanye, usibye u Rwanda yeruye ko bafitanye inzika. Ati: “Ku bireba igihugu cy’u Rwanda, ntitunejejwe […]
Ikosa AFC/M23 yeruriye Amerika ko itakongera gukoraÂ

Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko mbere y’uko uvana ingabo zawo mu mujyi wa Uvira, weruriye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko udashobora kongera gukora ikosa ryo kwemerera ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusubira mu gace wavuyemo. Ku wa 17 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yavanye ingabo zawo mu mujyi […]
Killaman ntazakumbura 2025

Umukinnyi wa filime nyarwanda, Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman, yatangaje ko umwaka wa 2025 wamubereye mubi cyane ku buryo atazawukumbura na gato. Killaman yabwiye ISIMBI ko nubwo umwaka wa 2024 wamugiriye akamaro kanini, uwa 2025 wo wamubabaje cyane. Ati: âApuuu! Uyu mwaka nugire urangire. Sinzawukumbura na busa.â Yakomeje avuga ko mu mwaka wa 2025 atigeze […]
FARDC yasahuye Umujyi wa Makobola mbere yo kuwuhunga

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi basahuye umujyi wa Makobola wo muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo kuwuhunga. Mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira ku wa 30 Ukuboza ni bwo izo ngabo zakoze ubwo busahuzi. Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta […]
Congo-Brazza: Sassou Nguesso agiye guhatanira indi manda nyuma y’imyaka 41 ari perezida

Muri Congo-Brazzaville, abantu 3.000 bitabiriye kongere ya gatandatu yâIshyaka ryâAbakozi muri Congo (PCT) riri ku butegetsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, bemeje Perezida Denis Sassou Nguesso, w’imyaka 82, nâimyaka irenga 40 amaze ku butegetsi, nkâumukandida wabo mu matora yâumukuru wâigihugu ateganijwe muri Werurwe 2026. Denis Sassou Nguesso yahiswemo, bidatunguranye, […]
RMC yashinje MIGEPROF gutererana umuryango nyarwandaÂ

Ku wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025, abagize Inteko Ishinga Amategeko, abayobozi mu nzego za Leta, sosiyete sivile nâurubyiruko bahuriye mu biganiro bigamije kubaka umuryango utekanye utegura abayobozi bâejo hazaza. Umuyobozi Mukuru wâUrwego rwâAbanyamakuru Bigenzura (RMC), Mutesi Scovia, yagaragarije abagize Inteko nâinzego zitandukanye zirimo Minisiteri yâUburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ko yatereranye umuryango biciye mu bakoresha […]
U Burundi bwarashe ibisasu 150 muri Kamanyola: Iperereza

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kamanyola uherereye muri Teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, burashinja Ingabo z’u Burundi kurasa muri uriya mujyi ibisasu bibarirwa mu 150 byahitanye ubuzima bw’abaturage b’abasivile, abandi benshi barakomereka. Kamanyola hari mu hantu habereye imirwano ikomeye yahanganishije ingabo za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zashakaga gufata […]
Mu Budage habaye ubujura bushobora kuba ari bwo bwa mbere bukaze mu mateka

Abajura bibye imitungo ibarirwa muri miliyoni mirongo z’amayero yari mu dusanduku tubitse mu mutamenwa wa banki yo mu Budage bacukuye ku wa Mbere mu gihe cy’ikiruhuko nk’uko byatangajwe na polisi. Polisi na banki bavuze ko abakiriya ba banki bagera ku 2700 bagizweho ingaruka nâubujura bwakozwe mu ishami rya Sparkasse bank riherereye mu Mujyi wa Gelsenkirchen. […]
EU na yo yamaganye amagambo ya Gen. Ekenge

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ku wa Kabiri wamaganye amagambo yibasira Abatutsi aheruka kuvugwa n’umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), usaba Leta ya RDC gukomeza guhangana n’imvugo z’urwango. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Ekenge yavuze amagambo yafashwe nk’ay’urwango ku Batutsi, ubwo yari mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo ya RDC (RTNC). […]
Rutangarwamaboko yijunditse Umugore wa The Ben washyize umukondo hanze

Ifoto yafatiwe mu gitaramo âSpiny and Friendsâ cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, muri Zaria Court i Kigali, yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. Iyo foto igaragaza Uwicyeza Pamella, umugore wâumuhanzi The Ben, yitabiriye icyo gitaramo yambaye imyambaro yagaragaje igice cyâumubiri we, byâumwihariko umukondo. Nyuma yo gusakazwa kwâiyo foto, abantu batandukanye bagaragaje ibitekerezo […]
USA: Umwuzukuru wa JF Kennedy yapfuye akiri muto azize uburwayi

Tatiana Schlossberg, umwuzukuru w’uwahoze ari Perezida wa Amerika, John F Kennedy, yapfuye afite imyaka 35 y’amavuko azize uburwayi. Umuryango we watangaje ko yapfuye ubinyujije mu butumwa ku rubuga nkoranyambaga bwatanzwe na John F Kennedy Library Foundation, yanditse ngo: “Tatiana mwiza wacu yitabye Imana muri iki gitondo. Azahora mu mitima yacu.” Mu Gushyingo, nibwo Schlossberg, umunyamakuru […]
Guinea: Doumbouya yatsinze amatora ya perezida

Mamadi Doumbouya wari uyoboye Guinea mu nzibacyuho nyuma yo guhirika ubutegetsi, yatsinze amatora ya perezida ku majwi 86% nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo byashyizwe ahagaragara na komisiyo y’amatora bivuga. Bisobanuye ko igihugu kigiye kuyoborwa mu butegetsi bwa gisivile butanzwe mu nzira y’amatora nyuma y’uko mu 2021, Mamadi Doumbouya ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Alpha CondĂ© wari […]
I Kigali byakomeye hagati ya Sheila Gashumba na Tyla

Mu gitaramo cyabereye i Kigali mu Rwanda, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kuvugwa amakimbirane yabaye hagati ya DJ Skyla Tyla, ukomoka mu Bwongereza, na Sheila Gashumba, umunyamakuru nâumunyamideli wo muri Afurika yâIburasirazuba, nyuma yâubutumwa bwashyizwe hanze nyuma yâicyo gitaramo. Nyuma yo kuvanga imiziki muri icyo gitaramo, DJ Skyla Tyla yanyujije ubutumwa kuri Snapchat, agaragaza ko atishimiye […]
Kinshasa: Undi muyobozi mu ishyaka PPRD rya Kabila yafunzwe

Dunia Kilanga Nyembo Christian, umunyamabanga akaba nâumukangurambaga wâishyaka PPRD, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, ahagana mu saa 00h30 za mu gitondo, uvuye mu munsi wo kuwa Mbere, afashwe nâabantu bitwaje imbunda batamenyekanye bamusanze iwe mu karere ka Lemba. Nyuma yajyanywe ahantu hatazwi, nk’uko amakuru ava mu muryango […]
M23 yasubije inyuma FARDC, Wazalendo na FDLR bashakaga kwisubiza Lubaya

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wasubije inyuma igitero cy’Ingabo za Leta ya RDC n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bashakaga kwigarurira agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro ka Lubaya. Amasoko ya BWIZA muri Masisi aravuga ko kuri uyu wa Kabiri impande zombi zaramutse zirwanira mu gace ka Gatugunda munsi ya Bukumbiriri, ku muhanda uhuza […]
Prophet Joshua yafunguweÂ

Ubushinjacyaha bwâu Rwanda bwafashe icyemezo cyo kurekura byâagateganyo Prophet Joshua nâabandi bantu bari bafunganywe na we, bubategeka kujya bitaba Ubushinjacyaha buri cyumweru no kubahiriza andi mabwiriza bahawe. Uku kurekurwa kwabaye kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025, nyuma yâiminsi irindwi dosiye yabo imaze ishyikirijwe Ubushinjacyaha. Aba bantu bari baratawe muri yombi ku wa 19 Ukuboza 2025. […]
Khaleda Zia wabaye minisitiri wâintebe wa mbere wâumugore wa Bangladesh yapfuye ku myaka 80

Khaleda Zia, wabaye minisitiri wâintebe wa mbere wâumugore wa Bangladesh akaba nâumwanzi ukomeye wâumuyobozi uherutse guhirikwa, Sheikh Hasina, yapfuye ku myaka 80 azize indwara yari amaranye igihe kirekire. Muri Gashyantare, Zia yari afite intego yo kwiyamamariza manda ya gatatu ya minisitiri wâintebe, ubwo iki gihugu kizaba gitora ku nshuro ya mbere abayobozi bashya kuva haba […]
Perezida Kagame yahumurije imiryango y’abasirikare bapfuye barwanira igihugu

Perezida Paul Kagame yahumurije imiryango ifite abayo batakaje ubuzima barwanira igihugu, ayizeza ko igihugu kiri kumwe na yo. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yaraye avugiye mu birori byo gusoza umwaka wa 2025. Perezida Kagame yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025 u Rwanda rwageze kuri byinshi ndetse rukaba rwiteze kugera ku bindi nka byo mu […]
RDC: Barasaba ko Gen. Ekenge yahanwa by’intangarugero nyuma yo guhagarikwa

Umuryango wâabaturage urwanya imvugo zibiba urwango (ACLDH) wishimiye ihagarikwa rya General Sylvain Ekenge, wari Umuvugizi wâIngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ariko usanga bidahagije. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, Umuvugizi w’umuryango, Gloire Manesa, yamaganye amagambo “avangura” yavuzwe nâumuyobozi mukuru mu gisirikare ku itariki ya 27 Ukuboza […]
Harmonize yambitse impeta Kajala

Nyuma yâiminsi mike Harmonize na Frida Kajala batangaje ko bongeye gusubirana, inkuru yabo yongeye gufata indi ntera, nyuma yâuko uyu muhanzi yambitse Kajala impeta yâurukundo mu muhango wabaye mu ijoro ryakeye, amusaba kuzamubera umugore. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwihariye kandi bwuje amarangamutima, cyongeye gushimangira ko urukundo rwâaba bombi rwinjiye mu kindi cyiciro. Iyi mpeta […]
U Burusiya burashinja Ukraine kugerageza kurasa ku rugo rwa Putin

U Burusiya ku wa Mbere bwashinje Ukraine kugerageza kugaba igitero ku rugo rwa Perezida Vladimir Putin, burahirira kugisubiza. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Putin yamubwiye iby’icyo bitero, mu kiganiro cyo kuri telefoni bagiranye mu gitondo cyo ku wa Mbere, ndetse ko byamurakaje cyane. Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Kugaba ibitero […]
Hamas yemeje urupfu rwa Abu Obeida wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare

Umutwe wa Hamas w’Abanyapalestine wemeje iyicwa ry’Umuvugizi w’ishami ryawo rya gisirikare uzwi ku izina rya â Abu Obeida, na Mohammed Sinwar wahoze ayobora uyu mutwe muri Gaza, bombi baguye mu ntambara yo muri Gaza mu ntangiriro z’uyu mwaka. Mu itangazo rya videwo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, Brigade ya al-Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, ryemeje […]