Trump yaburiye abayobozi ba Iran nyuma ya Venezuela

skynews iran trump 7124830

Ku Cyumweru, itariki 4 Mutarama 2026, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yateye ubwoba Irani, ayiburira avuga ko ubwo butegetsi “buzakubitwa cyane” na Amerika niba abigaragambya bakomeje gupfa. Trump yabwiye abanyamakuru bari mu kirere mu ndege ya Air Force One, ati: “Turabikurikiranira hafi. Niba batangiye kwica abantu nk’uko babigize mu bihe byashize, […]

Umuhanzi Bill Ruzima wafatanwe urumogi, yakijijwe aba umu-ADEPR

1767598148433

Umuhanzi Bill Ruzima wamenyekanye mu muziki nyarwanda, yamaze guhindura ubuzima bwe nyuma yo kwigobotora ibiyobyabwenge, aho ubu yamaze kwakira agakiza agatangira gusengera mu Itorero rya ADEPR. Bill Ruzima yafashwe n’inzego z’umutekano ku wa 15 Ugushyingo 2025, akekwaho kunywa no gutunda urumogi. Icyo gihe, yemeye ko yari asanzwe akoresha iki kiyobyabwenge kuva mu mwaka wa 2022. […]

Perezida Kagame na Tinubu baganiriye ku bibazo bireba Isi

G91 mQtXQAEeAo6

Perezida Bola Ahmed Tinubu wa Nigeria, ku Cyumweru yatangaje ko yahuye na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bakaganira ku bibazo bireba Isi. Tinubu yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Kuri iki gicamunsi, nasangiye ifunguro rya saa sita bwite na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu rwego […]

Igitotsi mu mubano wa Qatar n’u Burundi nyuma y’amagambo ya Minisitiri Bizimana

Edouard Bizimana 1

Ishyamba si ryeru mu mubano hagati y’ibihugu bya Qatar n’u Burundi nyuma y’amagambo atari aya kinyamwuga yatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yibasira Qatar bikaba ngombwa ko Perezida Evariste Ndayishimiye yisegura. Byose byatangiye kuri iki Cyumweru, itariki 3 Mutarama 2026, ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, yagiraga atya akajya ku rubuga nkoranyambaga […]

Ibihuha by’itoroka rya Bunyoni ryatumye asubizwa mu Bitaro bya Gitega ikubagahu

G9vmY07WoAA7UdV

Ibyitwa ibihuha bivugwa ko byakwirakwijwe na General Ndayiziga biherutse gutuma Gen. Alain-Guillaume Bunyoni asubizwa mu Bitaro bya Gitega ikubagahu, nubwo bivugwa ko ubuzima bwe bukimeze nabi. Amakuru akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko General Ndayiziga yatanze amakuru y’ibinyoma avuga ko Bunyoni ateganya gutoroka. Aya makuru yabanje kumenyeshwa umuyobozi mukuru w’ubutasi mu ntara ya Gitega, […]

Ingabo za FARDC zafashwe zibishaka zemerewe gusubira i Kinshasa

G01nOsqWQAARtfr

Umugaba Mukuru w’Ingabo ziharanira Impinduramatwara muri Congo (ARC), General Major Sultani Makenga, kuwa Gatanu yasuye ikigo cya gisirikare cya Rumangabo giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Yahuye n’imfungwa z’intambara kimwe n’abasirikare ba FARDC (Ingabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo) n’inyeshyamba za Wazalendo zishyize mu maboko y’Ingabo za ARC/AFC/M23. Mu ruzinduko rwe, Gen. Sultani […]

Koreya ya Ruguru itangiye umwaka ikanga abaturanyi n’ibisasu bya ballistic

2025 12 29t001904z 1033476665 rc2xpianytie rtrmadp 3 northkorea missiles 1

Kuri iki Cyumweru, Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi za ballistique i yerekeza ku nyanja iri ku nkombe z’iburasirazuba, nk’uko Igisirikare cya Koreya y’Epfo kibitangaza. Uku kurasa misile kwa Koreya ya Ruguru ni ukwa mbere mu mezi abiri, kandi ni ukwa mbere kuva umwaka mushya utangiye. Igerageza ry’ibisasu riheruka ryabaye habura amasaha make ngo Perezida […]

Venezuela izayoborwa na Washington kugeza habonetse uzasimbura Maduro

MADURO AND TRUMP

Ejo hazaza ha politiki ya Venezuela ntiharamenyekana nyuma y’igitero cya Amerika ku murwa mukuru, Caracas, no gufata mpiri Perezida Nicolas Maduro mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki 3 Mutarama 2026. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuga ko Venezuela izayoborwa na Washington kugeza igihe hazabera ihererekanya ry’ubutegetsi ritekanye. Urukiko rwo muri […]

MONUSCO yamaganye igitero cy’indege za FARDC cyahitanye abasivili i Masisi

zE3zQBo0

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) bwamaganye ku wa Gatandatu igitero cy’indege zitagira abapilote z’Ingabo za Congo kuwa Gatanu mu mujyi wa Masisi, cyahitanye nibura abasivili bane. Igitero bivugwa ko cyari kigendereye kwibasira ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 mu gace ka Mont Ngaliema, cyibasiye ingo z’abasivili, cyangiza […]

U Rwanda rwavuze ku bo FARDC yerekanye ibita abasirikare ba RDF

GgYFMpNXQAA6NQa

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye kibita abasirikare ba RDF cyafashe atari bo, igaragaza ko ibyakozwe ari ikinamico. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo FARDC yeretse itangazamakuru abantu yise abarwanyi b’abanyamahanga bafatiwe mu bikorwa bya FARDC. Mu bo yerekanye ivuga ko barimo abasirikare barindwi b’u Rwanda barimo […]

Umuvandimwe wa Baba Levo yakoze impanuka ikomeye

2128abb94999c68c

Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Shilole uzwi kandi nka Zena Yusufu Mohammed, yajyanywe kwa muganga byihutirwa nyuma yo kugirana impanuka ikomeye y’imodoka mu ijoro ryo ku wa 2 Mutarama 2026. Amakuru y’iyi mpanuka yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, atangajwe na Baba Levo, umudepite uhagarariye Umujyi wa Kigoma ndetse akaba n’umuvandimwe wa […]

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yarekuwe

20231104 084220

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamakuru Ndahiro Emmanuel uzwi nka Taikun yamaze gufungurwa nyuma y’uko habayeho ubuhuza hagati ye n’abantu bagizweho ingaruka n’ibyaha yashinjwaga. Taikun, usanzwe ukorera Radio/TV 10, yarekuwe ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yari yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026 akekwaho kugirana amakimbirane n’abashinzwe umutekano mu gitaramo […]

Ingabo za Amerika zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro

2019 06 28t120244z 145914053 rc178e800c80 rtrmadp 3 venezuela military

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo zo mu mutwe udasanzwe z’igihugu cye zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n’umugore we. Trump yemeje ayo makuru mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yavuze ko Maduro yafashwe nyuma y’ibitero ingabo za Amerika zagabye muri Venezuela mu masaha yatambutse. Perezidansi ya […]

Yampano yongeye kuvugwa mu mashusho y’urukozasoni

20260103 100954

Nyuma yo kongera kuvugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho atari meza yagiye hanze, umuhanzi Yampano yongeye kwisanga mu rujijo nyuma y’uko hakwirakwijwe andi mashusho agaragaza ari kumwe n’undi mukobwa mu cyumba cya hoteli bombi bambaye ubusa. Aya mashusho, bivugwa ko yafatiwe muri hoteli, agaragaza Yampano ari kuganira n’umuntu utamenyekanye kuri video […]

FARDC yerekanye ‘abarwanyi b’abanyamahanga’ yafashe

20260103 123906

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyeretse abanyamakuru abo kivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga ingabo zacyo zafatiye mu bikorwa ziheruka gukora. FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.” FARDC ntiyigeze itangaza ibihugu abo barwanyi bakomokamo. Icyakora […]

Amerika yagabye ibitero kuri Venezuela 

c813d610 e87b 11f0 bc7f 29a9366d9201

Mu masaha ya kare yo ku ya 3 Mutarama 2026, humvikanye iturika n’indege ziguruka hafi y’ubutaka mu bice bitandukanye bya Venezuela, harimo n’umurwa mukuru Caracas. Abayobozi b’iki gihugu batangaje ko habaye iturika hafi y’ibikorwaremezo bya gisirikare n’ibindi by’ingenzi, bitera ubwoba n’impungenge mu baturage. Nk’uko abanyamakuru ba CBS News n’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]

U Burundi buhanze amaso avoka nk’umuti w’ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli cyabuzonze

20260103 81843

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riyoboye iki gihugu, bwatangaje ko bwiteze ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kibwugarije kizaba cyamaze gukemuka mu myaka iri hagati y’itatu n’ine iri imbere, biciye mu kugurisha umusaruro wa avoka bwahinze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiraniye n’abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. […]

U Burundi buravuga ko buzafungurira umupaka wa Gatumba hamwe n’iy’u Rwanda

20260102 173849

Leta y’u Burundi yatangaje ko idateze gufungura vuba umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu kwezi gushize ni bwo u Burundi bwafunze uyu mupaka, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Icyakora nyuma y’icyumweru uriya mutwe […]

Gabriel Jesus ashobora guhanwa kubera ubutumwa ‘Ndi uwa Yesu’

575c54279a650eee

Rutahizamu wa Arsenal, Gabriel Jesus, ashobora guhura n’ibihano biturutse ku Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) nyuma y’uko yishimiye igitego yatsinze Aston Villa akerekana ubutumwa bwanditseho “I belong to Jesus” (Ndi uwa Yesu). Uyu mukino wabaye tariki ya 30 Ukuboza, aho Arsenal yatsinze Aston Villa ibitego 4-1. Gabriel Jesus yari amaze igihe adakina kubera imvune […]

The Ben yigaramye ibyo kuririmba Playback

1767313263112

Igitaramo The Nu-Year Groove cyabaye ku nshuro ya kabiri muri BK Arena cyongeye kugaragaza ko The Ben ari umwe mu bahanzi nyarwanda bageze ku rwego rwo gutegura no gutanga ibitaramo byujuje ubunyamwuga. Nubwo igitaramo cyanyuze benshi, hari abafana bagaragaje kutanyurwa, cyane cyane bagendeye ku buryo The Ben yitwaye ku rubyiniro ugereranyije na Bruce Melodie. Nyuma […]

Kwizera Olivier yasubiye muri Rayon Sports

1767364090959IMG 0857

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama, yatangaje umunyezamu Kwizera Oliver nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yemeje Kwizera nk’umukinnyi wayo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Biteganijwe ko uyu munyezamu ufatwa nk’umwe mu beza u Rwanda rwagize mu myaka irenga 10 ishize agomba […]

Drones za FARDC zarashe mu mujyi wa Masisi zica abantu 

DRONE FARDC jpg

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026 zagabye ibitero bya drone mu mujyi wa Masisi, byicirwamo abaturage. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo ibyo bitero byagabwe hakoreshejwe drone z’intambara. Umujyi wa Masisi biriya bitero byagabwemo umaze umwaka urenga ugenzurwa n’inyeshyamba […]

AFC/M23 yasubije Kinshasa yashinje RDF kwicira muri Kivu y’Amajyepfo abarenga 1,500

afc m111 27c9f

Umutwe wa AFC/M23 wateye utwatsi ibirego bya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Ingabo z’u Rwanda gufata mu buryo butemewe uduce two mu burasirazuba bw’icyo gihugu, uvuga ko ibivugwa na Kinshasa ari icengezamatwara rigamije kuyobya abantu. Ku wa Gatatu tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo RDC biciye muri Minisitiri wayo w’Itumanaho akanaba […]

Lubero: Liyetona koloneli na majoro mu basirikare 8 ba FARDC bashinjwa ubwicanyi

lubero centre un lieutenant colonel et un major fardc parmi les poursuivis pour meurtre pht ks 02 janv 2026 png 711 473 1

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 31 Ukuboza 2025, abasirikare umunani mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo umuliyetona koloneli na majoro, bitabye Urukiko rwa Gisirikare rwa Kivu y’Amajyaruguru, muri Lubero-centre bakurikiranweho ubwicanyi. Uru rubanza rufatwa mu rwego rwo kwigisha, rukomoka ku iyicwa ry’undi musirikare wa FARDC. Uyu avugwaho kunyanyagiza amasasu […]

CNDD-FDD yemeje ko u Burundi butavanye ingabo zabwo muri RDC

20260102 114039

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri iki gihugu, bwemeje ko butigeze bucyura ingabo bwohereje kurwana mu ntambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ayo makuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yagize ati: “Dufite amasezerano atwemerera […]

Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko

G3RuDs4WQAEYSQi

Inama Nkuru y’Ubucamanza yirukanye abacamanza babiri n’umwanditsi w’urukiko kubera ibikorwa bijyanye na ruswa. Undi mucamanza yahagaritswe kubera imyitwarire idahwitse y’umwuga, nk’uko bigaragazwa n’imyanzuro yemejwe mu nama njyanama yabaye ku wa Gatatu, itariki 31 Ukuboza, iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa. Iyi nama yirukanye Dalaus Kamanzi, umucamanza mu Rukiko Rukuru, Zozime Hategekimana, Umucamanza mu Rukiko […]

U Busuwisi: Inkongi y’umuriro yahitanye nibura 40 mu kabari ku Bunani

Swiss ski banner

Nibura abantu 40 barapfuye abandi bagera kuri 115 barakomereka, mu gihugu cy’u Busuwisi, ubwo ikongi y’umuriro yibasiraga akabari kari Crans-Montana karimo abantu benshi mu birori byo kwizihiza umwaka mushya. Iyi nkongi y’umuriro yibasiye akabari kaba karimo abantu benshi muri Crans-Montana ahantu hakinirwa umukino wa ski mu rukerera rwo ku wa Kane ubwo abantu bizihizaga umwaka […]

Amsterdam: Iyahoze ari kiliziya yahindutse ahabera ibirori yahiye irakongoka

image 1767252468032

Kiliziya ya Vondel i Amsterdam, yari yarahinduwe ahantu habera ibitaramo, hafi y’imwe muri parike zizwi cyane muri uyu mujyi, yasenyutse igice kinini kubera inkongi y’umuriro yarwibasiye mu gihe ibirori byo kwizihiza umwaka mushya byari birimbanyije, nk’uko ibitangazamakuru byaho byatangaje ku wa Kane. Umunara w’urusengero rwahoze ari urwa Kiliziya Gatolika ufite uburebure bwa metero 164 (metero […]

Kinshasa imaze kwanga kwitabira inama 2 ku ihagarikwa ry’imirwano – Corneille Nangaa

Capture decran 2025 06 30 115412

Ihuriro rya politiki na gisirikare, Alliance Fleuve Congo / M23 rirashinja Guverinoma ya Kinshasa gushyira imbere ibikorwa bya gisirikare nk’igisubizo ku kibazo cy’umutekano gikomeje kuba mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Umuhuzabikorwa wa politiki, Corneille Nangaa, avuga ko iki kibazo ari uko abona ko abayobozi ba Kinshasa badashaka kubahiriza ibyo biyemeje mu rwego […]

Umunyamakuru Taikun Ndahiro arafunzwe

20231104 084220

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyamakuru wa RadioTV10, Ndahiro Emmanuel uzwi ku izina rya Taikun, akekwaho gukorera ibyaha bitandukanye. Ndahiro yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026, nyuma y’uko bivugwa ko yasagariye abashinzwe umutekano mu gitaramo cyari cyateguwe n’Umujyi wa Kigali, cyabereye mu mbuga ya Kigali Convention Centre. Umuvugizi wa […]

Leta ya Gabon yahagaritse ikipe y’Igihugu, Aubameyang ayirukanwamo

Gabon national team e1762487921274

Guverinoma ya Gabon yahagaritse mu gihe kitazwi ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru y’iki gihugu, rutahizamu Pierre Aubameyang ayirukanwamo burundu. Ni icyemezo Leta yafashe yuma y’umusaruro mubi wagaragaye ku kipe y’Igihugu ya Gabon mu irushanwa ry’Igikombe cya Afurika kiri kubera muri Maroc. Ku wa Gatatu, tariki ya 31 Ukuboza 2025, ni bwo hasojwe imikino y’amatsinda mu Gikombe […]

Anthony Joshua yasezerewe mu bitaro 

9e5ddf89a0fb4c148b2aa1286b72841c md

Umukinnyi w’ikirangirire mu mukino w’iteramakofe, Anthony Joshua yasohotse mu bitaro byo muri Nigeria nyuma yo kugira impanuka y’imodoka yahitanye abatoza be babiri. Nk’uko byatangajwe n’inzego za Nigeria, Joshua yasohotse mu bitaro ku mugoroba wo ku wa Gatatu aho azakomeza kwitabwaho ari mu rugo. Abatoza be, Sina Ghami (ushinzwe imbaraga n’imyitozo ngororamubiri) na Latif Ayodele (umutoza […]

Umugabo wa Zari Hassan ari gushakishwa na Polisi

b14a604ef038e7b6

Polisi ya Uganda yahamagaje Shakib Cham Lutaaya, umugabo wa Zari Hassan uzwi cyane mu by’imyidagaduro n’ubucuruzi, ngo afashe mu iperereza ku byaha byo gukubita abantu no kwiba bivugwa ko byabereye muri bar yo muri Kampala. Nk’uko byatangajwe na Luke Owoyesigyire, umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala Metropolitan, ku wa 27 Ukuboza 2025, Shakib n’itsinda ry’abantu […]

Umuhanzi Ebo Noah arafunzwe

1767221715605

Polisi ya Ghana yemeje ko yafashe Evans Eshun, uzwi cyane ku izina rya Ebo Noah, wamenyekanye cyane nyuma yo kubaka inkuge nyinshi avuga ko yazubatse ku mabwiriza y’Imana, ahamya ko isi izarengerwa n’amazi ku munsi wa Noheli. Mu itangazo Polisi yashyize ku rubuga rwayo rwa interineti ku wa Gatatu tariki 31/12/2025, yavuze ko Eshun yafashwe […]

The Ben na Bruce Melodie binjiye mu 2026 basenga Imana

1767252403130theben45

Abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda, The Ben na Bruce Melodie, bahisemo gutangirira umwaka wa 2026 mu nzu y’Imana, mbere yo guhurira mu gitaramo gikomeye cyiswe “The Nu-Year Groove”, giteganyijwe ku wa Kane tariki ya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena. Bruce Melodie yinjiye mu mwaka mushya ari mu rusengero Hope For Jesus, aho yifatanyije n’abandi […]

Perezida Kagame yashimangiye ko adateze kwihanganira icyahungabanya umutekano w’u Rwanda

52193248926 75c83b6134 k

Perezida Paul Kagame yijeje ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington rwasinyanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ateguza ko rutazihanganira na rimwe icyo ari cyo cyose cyashaka kuruhungabanyiriza umutekano. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku Banyarwanda. Ku wa 4 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame […]

Ndayishimiye yasubiriye u Rwanda 

ndayshimm 2

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwibasira u Rwanda mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku baturage b’igihugu cye. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi muri iryo jambo yavuze ko ashimishijwe n’uko igihugu cye kibanye neza n’ibihugu byo mu karere baturanye, usibye u Rwanda yeruye ko bafitanye inzika. Ati: “Ku bireba igihugu cy’u Rwanda, ntitunejejwe […]

Ikosa AFC/M23 yeruriye Amerika ko itakongera gukora 

bisimwa11 2

Umutwe wa AFC/M23 uravuga ko mbere y’uko uvana ingabo zawo mu mujyi wa Uvira, weruriye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko udashobora kongera gukora ikosa ryo kwemerera ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusubira mu gace wavuyemo. Ku wa 17 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yavanye ingabo zawo mu mujyi […]

Killaman ntazakumbura 2025

Killaman 66b9235c43

Umukinnyi wa filime nyarwanda, Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman, yatangaje ko umwaka wa 2025 wamubereye mubi cyane ku buryo atazawukumbura na gato. Killaman yabwiye ISIMBI ko nubwo umwaka wa 2024 wamugiriye akamaro kanini, uwa 2025 wo wamubabaje cyane. Ati: “Apuuu! Uyu mwaka nugire urangire. Sinzawukumbura na busa.” Yakomeje avuga ko mu mwaka wa 2025 atigeze […]

FARDC yasahuye Umujyi wa Makobola mbere yo kuwuhunga

makobola

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi basahuye umujyi wa Makobola wo muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo kuwuhunga. Mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira ku wa 30 Ukuboza ni bwo izo ngabo zakoze ubwo busahuzi. Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta […]

Congo-Brazza: Sassou Nguesso agiye guhatanira indi manda nyuma y’imyaka 41 ari perezida

hq720 2

Muri Congo-Brazzaville, abantu 3.000 bitabiriye kongere ya gatandatu y’Ishyaka ry’Abakozi muri Congo (PCT) riri ku butegetsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, bemeje Perezida Denis Sassou Nguesso, w’imyaka 82, n’imyaka irenga 40 amaze ku butegetsi, nk’umukandida wabo mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Werurwe 2026. Denis Sassou Nguesso yahiswemo, bidatunguranye, […]

RMC yashinje MIGEPROF gutererana umuryango nyarwanda 

IMG 20251231

Ku wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025, abagize Inteko Ishinga Amategeko, abayobozi mu nzego za Leta, sosiyete sivile n’urubyiruko bahuriye mu biganiro bigamije kubaka umuryango utekanye utegura abayobozi b’ejo hazaza. Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC), Mutesi Scovia, yagaragarije abagize Inteko n’inzego zitandukanye zirimo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, ko yatereranye umuryango biciye mu bakoresha […]

U Burundi bwarashe ibisasu 150 muri Kamanyola: Iperereza

1767173281216

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kamanyola uherereye muri Teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, burashinja Ingabo z’u Burundi kurasa muri uriya mujyi ibisasu bibarirwa mu 150 byahitanye ubuzima bw’abaturage b’abasivile, abandi benshi barakomereka. Kamanyola hari mu hantu habereye imirwano ikomeye yahanganishije ingabo za AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zashakaga gufata […]

Mu Budage habaye ubujura bushobora kuba ari bwo bwa mbere bukaze mu mateka

410808784 1767013906 v16 9 1200

Abajura bibye imitungo ibarirwa muri miliyoni mirongo z’amayero yari mu dusanduku tubitse mu mutamenwa wa banki yo mu Budage bacukuye ku wa Mbere mu gihe cy’ikiruhuko nk’uko byatangajwe na polisi. Polisi na banki bavuze ko abakiriya ba banki bagera ku 2700 bagizweho ingaruka n’ubujura bwakozwe mu ishami rya Sparkasse bank riherereye mu Mujyi wa Gelsenkirchen. […]

EU na yo yamaganye amagambo ya Gen. Ekenge

ekengee1 98245 1ccc7

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ku wa Kabiri wamaganye amagambo yibasira Abatutsi aheruka kuvugwa n’umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), usaba Leta ya RDC gukomeza guhangana n’imvugo z’urwango. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Ekenge yavuze amagambo yafashwe nk’ay’urwango ku Batutsi, ubwo yari mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo ya RDC (RTNC). […]

Rutangarwamaboko yijunditse Umugore wa The Ben washyize umukondo hanze

InShot 20251231 093355542

Ifoto yafatiwe mu gitaramo “Spiny and Friends” cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, muri Zaria Court i Kigali, yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. Iyo foto igaragaza Uwicyeza Pamella, umugore w’umuhanzi The Ben, yitabiriye icyo gitaramo yambaye imyambaro yagaragaje igice cy’umubiri we, by’umwihariko umukondo. Nyuma yo gusakazwa kw’iyo foto, abantu batandukanye bagaragaje ibitekerezo […]

USA: Umwuzukuru wa JF Kennedy yapfuye akiri muto azize uburwayi

251230 tatiana schlossberg 2 es

Tatiana Schlossberg, umwuzukuru w’uwahoze ari Perezida wa Amerika, John F Kennedy, yapfuye afite imyaka 35 y’amavuko azize uburwayi. Umuryango we watangaje ko yapfuye ubinyujije mu butumwa ku rubuga nkoranyambaga bwatanzwe na John F Kennedy Library Foundation, yanditse ngo: “Tatiana mwiza wacu yitabye Imana muri iki gitondo. Azahora mu mitima yacu.” Mu Gushyingo, nibwo Schlossberg, umunyamakuru […]

Guinea: Doumbouya yatsinze amatora ya perezida

images 11

Mamadi Doumbouya wari uyoboye  Guinea mu nzibacyuho nyuma yo guhirika ubutegetsi, yatsinze amatora ya perezida ku majwi 86% nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo byashyizwe ahagaragara na komisiyo y’amatora bivuga. Bisobanuye ko igihugu kigiye kuyoborwa mu butegetsi bwa gisivile butanzwe mu nzira y’amatora nyuma y’uko mu 2021, Mamadi Doumbouya ahiritse ubutegetsi bwa Perezida Alpha CondĂ© wari […]

I Kigali byakomeye hagati ya Sheila Gashumba na Tyla

InShot 20251231 090443850

Mu gitaramo cyabereye i Kigali mu Rwanda, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kuvugwa amakimbirane yabaye hagati ya DJ Skyla Tyla, ukomoka mu Bwongereza, na Sheila Gashumba, umunyamakuru n’umunyamideli wo muri Afurika y’Iburasirazuba, nyuma y’ubutumwa bwashyizwe hanze nyuma y’icyo gitaramo. Nyuma yo kuvanga imiziki muri icyo gitaramo, DJ Skyla Tyla yanyujije ubutumwa kuri Snapchat, agaragaza ko atishimiye […]

Kinshasa: Undi muyobozi mu ishyaka PPRD rya Kabila yafunzwe

IMG 0389

Dunia Kilanga Nyembo Christian, umunyamabanga akaba n’umukangurambaga w’ishyaka PPRD, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Kabiri, itariki ya 30 Ukuboza, ahagana mu saa 00h30 za mu gitondo, uvuye mu munsi wo kuwa Mbere, afashwe n’abantu bitwaje imbunda batamenyekanye bamusanze iwe mu karere ka Lemba. Nyuma yajyanywe ahantu hatazwi, nk’uko amakuru ava mu muryango […]

M23 yasubije inyuma FARDC, Wazalendo na FDLR bashakaga kwisubiza Lubaya

3400dd3 sirius fs upload 1 o8kf7fxmr62r 1742807395352 000 36zg4wa

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri wasubije inyuma igitero cy’Ingabo za Leta ya RDC n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo bashakaga kwigarurira agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro ka Lubaya. Amasoko ya BWIZA muri Masisi aravuga ko kuri uyu wa Kabiri impande zombi zaramutse zirwanira mu gace ka Gatugunda munsi ya Bukumbiriri, ku muhanda uhuza […]

Prophet Joshua yafunguwe 

hq720 1

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo Prophet Joshua n’abandi bantu bari bafunganywe na we, bubategeka kujya bitaba Ubushinjacyaha buri cyumweru no kubahiriza andi mabwiriza bahawe. Uku kurekurwa kwabaye kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025, nyuma y’iminsi irindwi dosiye yabo imaze ishyikirijwe Ubushinjacyaha. Aba bantu bari baratawe muri yombi ku wa 19 Ukuboza 2025. […]

Khaleda Zia wabaye minisitiri w’intebe wa mbere w’umugore wa Bangladesh yapfuye ku myaka 80

BNP Chairperson Khaleda Zia Passes Away 1767061554

Khaleda Zia, wabaye minisitiri w’intebe wa mbere w’umugore wa Bangladesh akaba n’umwanzi ukomeye w’umuyobozi uherutse guhirikwa, Sheikh Hasina, yapfuye ku myaka 80 azize indwara yari amaranye igihe kirekire. Muri Gashyantare, Zia yari afite intego yo kwiyamamariza manda ya gatatu ya minisitiri w’intebe, ubwo iki gihugu kizaba gitora ku nshuro ya mbere abayobozi bashya kuva haba […]

Perezida Kagame yahumurije imiryango y’abasirikare bapfuye barwanira igihugu

g9yijlzwmaafhwm 4ecfb

Perezida Paul Kagame yahumurije imiryango ifite abayo batakaje ubuzima barwanira igihugu, ayizeza ko igihugu kiri kumwe na yo. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yaraye avugiye mu birori byo gusoza umwaka wa 2025. Perezida Kagame yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025 u Rwanda rwageze kuri byinshi ndetse rukaba rwiteze kugera ku bindi nka byo mu […]

RDC: Barasaba ko Gen. Ekenge yahanwa by’intangarugero nyuma yo guhagarikwa

jad20251229 ass rdc rwanda sylvain ekenge sanction

Umuryango w’abaturage urwanya imvugo zibiba urwango (ACLDH) wishimiye ihagarikwa rya General Sylvain Ekenge, wari Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ariko usanga bidahagije. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, Umuvugizi w’umuryango, Gloire Manesa, yamaganye amagambo “avangura” yavuzwe n’umuyobozi mukuru mu gisirikare ku itariki ya 27 Ukuboza […]

Harmonize yambitse impeta Kajala

couple ya harmonize na kajala ikunze kuvugisha benshi muri tanzania 5d2cb

Nyuma y’iminsi mike Harmonize na Frida Kajala batangaje ko bongeye gusubirana, inkuru yabo yongeye gufata indi ntera, nyuma y’uko uyu muhanzi yambitse Kajala impeta y’urukundo mu muhango wabaye mu ijoro ryakeye, amusaba kuzamubera umugore. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwihariye kandi bwuje amarangamutima, cyongeye gushimangira ko urukundo rw’aba bombi rwinjiye mu kindi cyiciro. Iyi mpeta […]

U Burusiya burashinja Ukraine kugerageza kurasa ku rugo rwa Putin

b7caa1e 5a650f1c3dbb40ceba9ee3d9ff98b8ec 5a650f1c3dbb40ceba9ee3d9ff98b8ec 0

U Burusiya ku wa Mbere bwashinje Ukraine kugerageza kugaba igitero ku rugo rwa Perezida Vladimir Putin, burahirira kugisubiza. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Putin yamubwiye iby’icyo bitero, mu kiganiro cyo kuri telefoni bagiranye mu gitondo cyo ku wa Mbere, ndetse ko byamurakaje cyane. Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Kugaba ibitero […]

Hamas yemeje urupfu rwa Abu Obeida wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare

2025 08 31T131335Z 2066790942 RC2OHGAPQH4R RTRMADP 3 ISRAEL PALESTINIANS HAMAS GAZA 1024x683 1

Umutwe wa Hamas w’Abanyapalestine wemeje iyicwa ry’Umuvugizi w’ishami ryawo rya gisirikare uzwi ku izina rya ⁠Abu Obeida, na Mohammed Sinwar wahoze ayobora uyu mutwe muri Gaza, bombi baguye mu ntambara yo muri Gaza mu ntangiriro z’uyu mwaka. Mu itangazo rya videwo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, Brigade ya al-Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, ryemeje […]