Simi yibarutse impanga

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Adekunle Kosoko, uzwi nka Adekunle Gold, yatangaje ko we n’umugore we Simi bibarutse impanga. Iyi nkuru yishimiwe n’abatari bake, yayitangarije ku rubuga rwe rwa Snapchat ku wa kane. Nubwo batatangaje igitsina cy’izo mpanga, abakunzi b’umuziki n’abandi bahanzi bahise bohereza ubutumwa bw’ibyishimo n’ishimwe kuri uyu muryango. Mu kwezi kwa Ukuboza, Simi yari […]
Wizkid agiye kwiyamamariza kuba perezida wa Nigeria

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi nka Wizkid, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho avuga ko ashobora kwiyamamariza kuyobora Nigeria. Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ibijyanye na politiki mu buryo busa n’urwenya ariko bufite amagambo akomeye yatunguye benshi. Mu […]
Gen. Nyakarundi yasuye APR FC yitegura kwesurana na Rayon Sports

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, ku wa Kane yasuye APR FC mu myitozo i Shyorongi, mbere y’uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu yesurana na Rayon Sports mu mukino wo guhatanira Igikombe kiruta ibindi. APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yemeje ko yasuwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, gusa […]
Perezida Lourenco yasabye impande zirebwa n’ikibazo cya Congo kubahiriza ibyo ziyemeje

Ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze icyumweru, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriwe na mugenzi we wa Angola akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), João Lourenço, wasabye abarebwa n’ikibazo cya Congo kubahiriza ibyo biyemeje. Nk’uko Perezidansi ya Angola yabitangaje, ngo uru ruzinduko rwo kuwa Kane, itariki ya […]
Bruce Melodie yasabye Leta gufata abahanzi nk’ingagi

Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yavuze ko umuziki ufite ubushobozi bwo kwinjiriza igihugu amafaranga menshi no gukurura ba mukerarugendo, ashimangira ko wahawe agaciro kangana n’aka Leta iha urwego rw’ubukerarugendo. Ibi yabivugiye mu kiganiro IGIHE Sports Club, aho yagaragaje ko n’ubwo hari ibitekerezo byinshi aba yifuza kugeza ku Muyobozi w’Igihugu, akenshi abiburamo kubera […]
USA: Uwahoze ari minisitiri muri Ghana yatawe muri yombi

Uwahoze ari minisitiri w’imari muri Ghana ubu afungiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma gufatwa n’abashinzwe abinjira n’abasohoka (ICE). Ibi byatangajwe mu ijoro ryo kuwa Gatatu, itariki 7 Mutarama, rishyira kuwa Kane, itariki 8 Mutarama 2026, n’abunganizi ba Kenneth Ofori-Attah. Inkuru dukesha RFI ivuga ko uyu wari umuntu ukomeye mu buyobozi bw’uwahoze ari perezida, […]
FARDC yashyizeho umuvugizi mushya usimbura Gen. Ekenge

Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bwashyizeho Colonel Mak Hazukay Mongba nk’umuyobozi wa serivisi z’itumanaho n’amakuru mu ngabo (SCIFA), ndetse n’umuvugizi wacyo w’agateganyo. Uyu Ofisiye yasimbuye kuri ziriya nshingano Général-Major Sylvain Ekenge uheruka guhagarikwa azira amagambo yibasira Abatutsi yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu ya Congo (RTNC). Hazukay yari asanzwe ari umuyobozi wungirije […]
Tshisekedi yasubiye kwa Lourenço nyuma y’iminsi 3 avuyeyo

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kugirira uruzinduko i Luanda muri Angola nyuma y’iminsi itatu ahavuye. Tshisekedi yaherukaga i Luanda ku wa Mbere tariki ya 5 Ukuboza, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida wa Angola, João Lourenço. Perezidansi ya Congo Kinshasa mu butumwa yanditse ku rubuga rwayo rwa X, yavuze […]
Umunyamakuru Tessy n’umuhanzi Shizzo basezeranye imbere y’amategeko

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Hakizimana Ishimwe, uzwi mu muziki nyarwanda nka Shizzo Afropapi, umuhanzi wamamaye mu njyana ya Hip Hop. Iyi mihango yabaye kuri uyu wa Kane mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhango wari witabiriwe n’inshuti n’abagize imiryango y’impande zombi, aho Tessy na Shizzo […]
RDC: Uwahoze ari minisitiri arashinja inzego z’ubutasi gushimuta abana be

Kuri uyu wa Kane, Marie-Ange Mushobekwa wahoze ari minisitiri akaba n’umwe mu bagize inteko ishinga amategeko, yashinje umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (ANR) ko yategetse ishimutwa n’iyicarubozo ry’abana be babiri bato, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Kinshasa. Nk’uko Mushobekwa abitangaza, ngo ibyo bintu ngo byabereye mu ijoro ryo […]
Nyamata: Sheikh Bahame Hassan yagejejwe imbere y’urukiko

Kuri uyu wa Kane, itariki 8 Gashyantare 2026, Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku itariki 22 Ukuboza 2025 RIB yatangaje ko yafunze Bahame Hassan, akekwaho gukora icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu bwite no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri […]
M23 irimo gushyiraho ubutegetsi bwigenga: Impuguke za Loni

Impuguke za Loni kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ziravuga ko umutwe wa M23 urimo gushinga ubutegetsi bwigenga mu burasirazuba bwa Congo, n’ubwo rwose hari ibiganiro n’imihate y’amahoro ya Doha na Washington. Bikubiye muri raporo izo mpuguke ziheruka gusohora zikanayishyikiriza akanama gashinzwe amahoro n’umutekano muri Loni. Iyo raporo ivuga ko ibintu byarushijeho kumera nabi mu […]
Goma: AFC/M23 yateguye umuhango wo gushyingura abaturage biciwe mu gitero cya drones nyuma y’ubunani

Ihuriro AFC/M23, kuri uyu wa Kane, itariki 7 Mutarama 2026 ryateguye umuhango wo gusezera mu cyubahiro abaturage biciwe mu gitero cya drones za FARDC mu ntangiriro z’uyu mwaka. Ni igitero cy’indege zitagira abaderava cyagabwe n’Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa ku itariki ya 2 Mutarama 2026, muri Masisi-centre. Iyi mibiri y’inzirakarengane yashyizwe […]
RDC: Umunyapolitiki Diongo asanga raporo ya Loni igamije gusa gukomeza intambara

Perezida w’ishyaka Mouvement Lumumbiste Progressiste (MLP), Frank Diongo, yanenze cyane raporo yashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Abibumbye (UN) ku bijyanye n’umutekano n’ubutabazi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Mu butumwa yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, kuri konti ye ya X, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze ko iyi raporo itagamije kwimakaza amahoro, ahubwo […]
Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

Imyinshi muri iyi miryango ni ibigo bishamikiye ku Muryango w’Abibumbye byibanda ku mihindagurikire y’ikirere, umurimo, abimukira na politiki y’imibereho. Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yavuze ko ibigo bikora kuri gahunda zinyuranyije n’inyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Perezida Donald Trump yategetse Amerika kuva mu mashyirahamwe 66 mpuzamahanga, harimo n’inzego zikomeye z’Umuryango w’Abibumbye, mu rwego […]
Yaguye igihumure nyuma yo kwiha kumara amasaha 80 ahobeye igiti

Umugabo wo mu karere ka Murang’a witwa Pasiteri Jimmy (James) Irungu, w’imyaka 30, yaguye igihumure nyuma yo kumara amasaha 79 n’iminota 40 ahobeye igiti, mu gikorwa yari agamije kurenza agahigo ka mbere k’amasaha 72 kari karashyizweho n’umugore witwa Truphena Muthoni. Ibi byabaye ubwo Irungu yari hafi kurangiza iki gikorwa cy’amasaha 80, aho abaturage bari bateraniye […]
Ingabo z’u Rwanda muri Centrafrica zambitswe imidari y’ishimwe ya Loni

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 7 Mutarama 2026, Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Bria, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR), bahawe imidari y’ishimwe ya Loni mu rwego rwo kubashimira ubwitange mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu. Iyi midari yahawe abagize Rwanda Battle Group VII (RWABG VII), Ibitaro by’Ingabo […]
Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico umujura ruharwa

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba yatangaje ko yarashe Dukuzumuremyi Eric, wari wakekwagaho ubujura n’ubwicanyi, nyuma yo kugerageza gutoroka inzego z’umutekano. Byabaye mu gitondo cyo ku wa 7 Mutarama 2026, ubwo Dukuzumuremyi Eric yari ari kumwe n’abapolisi bamujyanye kwerekana aho yari yarahishe bimwe mu bintu yibye mu bihe bitandukanye. Ageze mu nzira, yagerageje kwiruka […]
Impuguke za Loni zirashinja u Rwanda kohereza muri RDC ‘batayo 2’ z’abakomando

Umuryango w’Abibumbye biciye mu mpuguke zawo kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wongeye gushyira u Rwanda mu majwi urushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Izo mpuguke muri raporo yazo zasohoye ku wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama, zivuga ko amakuru akubiye muri iyo raporo zayahawe n’abantu batandukanye barimo abayobozi ba AFC/M23 barimo […]
RDC: Abunganira General Yav barasanga urukiko rudafite ububasha bwo kumuburanisha

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 6 Mutarama 2026, itsinda ry’ubwunganizi bwa Lt. General Yav Irung Philémon, wahoze ayobora akarere ka gatatu ka gisirikare k’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryatanze ikirego mu rukiko rukuru rwa gisirikare, ritanga urukurikirane rw’inzitizi kandi rusaba ko yarekurwa. Muri uru rubanza rwibanze ku gusuzuma ingingo z’ibanze nk’uko tubikesha […]
Ingabo za Amerika zafashe ubwato bw’u Burusiya zari zimaze amasaha menshi zihiga

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Gatatu zemeje ko zamaze gufata ubwato bw’u Burusiya zari zimaze amasaha menshi zihigira mu nyanja ya Atlantique. Ubu bwato buzwi nka Bella 1, bwahoze butwara Peteroli ya Venezuela itaratunganywa. Mu kwezi gushize, ingabo za Amerika zishinzwe kurinda imipaka zagerageje kwinjira muri buriya bwato ubwo bwari […]
Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

Tanzaniya ikomeje politiki yayo yo gusenya inzu z’impunzi z’Abarundi mu nkambi za Nduta na Nyarugusu mu rwego rwo kubahatira gusubira iwabo mu Burundi, aho bahunze baturuka kuva mu 2015. Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 7 Mutarama, abapolisi batangiye gusenya inzu zo muri Zoneya 17 y’Inkambi y’Impunzi ya Nduta. Igikorwa cyatangiriye mu midugudu iri mu […]
Abakozi ba FBI bakoraga iki ku mukino wa RDC na Algeria?
Mu gihe irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya 2025 rikomeje kubera muri Maroc, hamenyekanye ko abakozi b’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe iperereza (FBI) bari mu bitabiriye umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Algeria n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo). Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat, […]
AFC/M23 yabujije abantu kwigarurira imitungo ya Leta ya RDC

Umutwe wa AFC/M23 washyizeho amabwiriza abuza abantu kwigarurira amasambu n’inzu za Leta mu bice ugenzura; muri Teritwari ya Nyiragongo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse no mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu, yasobanuye ko ariya mabwiriza ashingira ku Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryo ku […]
Na M23 ntiyankanze: Alyn Sano

Umuhanzikazi Alyn Sano yatangaje ko adaha agaciro impungenge zo gutinya gusohora ibihangano bye bitewe n’amakuru aba yiganjemo mu itangazamakuru, ashimangira ko nta kintu na kimwe cyamubuza gushyira hanze igihangano cye. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Alyn Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi wibanda ku ndirimbo zo kumvwa mu kanya gato ari byo bituma adahungabanywa n’uko […]
RDC: Umwe mu begereye Tshisekedi yakangishije kwifatanya n’inyeshyamba

Umuntu ukomeye mu ishyaka rya perezida, Mfumu Ntoto, wegereye Perezida Félix Tshisekedi, yatangaje ku mugaragaro ko ababajwe cyane no kudahabwa agaciro mu ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrée de la Nation, nubwo hashizeamaze imyaka ari indahemuka kandi yariyemeje gushyigikira umukuru w’igihugu, akangisha kwiyunga kuri AFC/M23. Mu itangazo ryasaga nk’umuburo ku wa Mbere, itariki ya 5 […]
Trump yashyizeho ingwate ya miliyoni 30 ku Barundi bifuza kujya muri Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashyizeho ikiguzi kiri hagati ya $5,000 na $,15,000, nk’ingwate ya viza ku baturage b’ibihugu birimo u Burundi bifuza kuzerekezamo. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika mu itangazo yasohoye ku wa Kabiri tariki ya 6 Ukuboza, yavuze ko abaturage b’ibihugu birimo u Burundi bifuza viza by’umwihariko izijyanye n’ibikorwa by’ubucuruzi n’ubukerarugendo bagomba kwishyura […]
Somalia: Urugendo rwa minisitiri wa Israel muri Somaliland rwongereye amazi mu mavuta

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar yasuye Somaliland mu rugendo rwamaganwe na Somalia, nyuma y’iminsi 10 Israel yemeye ku mugaragaro ko Somaliland ari igihugu cyigenga kandi gifite ubusugire. Israel nicyo gihugu cyonyine cyemeje ku mugaragaro icyifuzo cya Somaliland cyo kwiyomora kuri Somalia, yasobanuye ko icyemezo cya Israel cyo kwemera Somaliland […]
Urukiko rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya. Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye […]
Butembo: Gen. Kakule Kaputu yiciwe mu mirwano n’undi mutwe wa wazalendo

Uwihaye ipeti rya General witwa Kakule Kaputu, bakunze kwita “Tango Fort” yarasiwe mu mirwano yahuje umutwe w’inyeshyamba za wazalendo ayobora n’inyeshyamba za mugenzi we batavuga rumwe, Fiston Njoli, I Butembo, muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyo mirwano yabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru ku gasozi ka Munzambaye, mu gace ka Congo ya Sika, Komini ya Vulamba, mu […]
Burkina Faso: Uwahoze ari perezida arashinjwa kugerageza guhirika Ibrahim Traore

Guverinoma ya Burkina Faso yagize icyo ivuga ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi giheruka, cyaburijwemo ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Mutarama. Mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu, Minisitiri w’umutekano yasobanuye ko abakoze iki gikorwa bagambiriye guhitana Capt. Ibrahim Traoré hamwe n’abasirikare benshi n’abasivili. Abantu benshi batawe muri yombi bakekwaho uyu mugambi, leta ikaba ivuga […]
Huye: Umugabo w’imyaka 74 akurikiranweho kugerageza kwica umugore we

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 74 utuye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Mukomacara, Umurenge wa Mugombwa, mu Karere ka Gisagara ukekwaho kuba ku itariki ya 19/11/2025 saa munani z’ijoro yarashatse kwica umugore we w’imyaka 57 amukubise umuhoro mu musaya. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko mu ibazwa rye, ukekwa […]
Abanye-Congo barenga 100 bamaze gupfira mu Burundi mu byumweru 2

Abanye-Congo babarirwa mu 105, mu byumweru bibiri bishize baguye mu nkambi z’impunzi zo mu Burundi, aho bari barahungiye. Amakuru y’impfu z’aba bantu yemejwe n’umuryango witwa Organisation citoyenne pour la paix et la cohabitation communautaire (CPCC), mu mibare washyize hanze ku wa Mbere w’iki cyumweru. Umuyobozi wa Komite Nshingwabikorwa wawo, Ahadi Bya Masu, yavuze ko bariya […]
Abasirikare 40 b’u Burundi bishwe na AFC/M23 mu kwezi kumwe

Amakuru ava imbere mu gisirikare cy’u Burundi, aravuga ko iki gihugu cyatakarije abasirikare babarirwa muri 40 mu mirwano yaberereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu kwezi gushize k’Ukuboza. Ni imirwano ingabo z’u Burundi zafashagamo iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zimaze imyaka ine zirwana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Izi nyeshyamba ziyobowe na […]
RDC: Ntibishimiye ihamagazwa ry’umusirikare wagaragaje ko abayobozi bari inyuma y’umutwe wa Mobondo

Abaturage bahuye n’urugomo rw’inyeshyamba za Mobondo bagaragaje umujinya mwinshi nyuma yo guhamagaza i Kinshasa, Capt. Anthony Mwalushayi, Umuvugizi w’Akarere ka 11 ka Gisirikare muri FARDC. Iki cyemezo cyo guhamagazwa kije nyuma gato y’uko uyu muvugizi w’ingabo agaragaje ku mugaragaro ibivugwa ko ari ubufatanyacyaha bw’abanyapolitiki bamwe mu ihungabana ry’umutekano muri Mai-Ndombe, Kwango, na Kwilu. […]
Huye: Arashinjwa kwica mukuru we amuziza ibiceri 250Frw

Umugabo w’imyaka 28 utuye mu Mudugudu wa Rusasa, Akagari ka Nyakibungo, Umurenge wa Gishubi, mu Karere ka Gisagara ushinjwa kwica mukuru we bapfuye ibiceri 250Frw. Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, buvuga ko ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 saa kumi n’imwe z’umugoroba yakubise intebe mu gahanga mukuru we ufite imyaka 40 bikamuviramo gupfa. Mu […]
MININFRA yavuze intandaro y’ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi riri kugaragara

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, MININFRA, yasobanuye ko ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi rimaze iminsi rigaragara mu gihugu rituruka ku miyoboro y’amashanyarazi u Rwanda ruhuriraho n’ibindi bihugu. Byasobanuwe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Ni nyuma y’uko hirya no hino mu gihugu hamaze iminsi hagaragara […]
RDC yasabwe kwihutisha gusenya FDLR

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatunzwe agatoki ishinjwa kudindiza amasezerano ya Washington, nyuma yo kunanirwa gusenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR. Ni nyuma y’amezi atandatu Kinshasa isinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Raporo y’ikigo cyitwa Baromètre des Accords de Paix en Afrique gishinzwe gukurikirana […]
Niba mutanakunda Tshisekedi mukunde Congo – Muyaya

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, arahamagarira abaturage ba Kongo gushyira ku ruhande ibyo batandukaniyeho muri politiki no kwerekana ko bakunda igihugu cyabo mu gihe cy’ibyo yita “ubushotoranyi bw’u Rwanda ndetse n’abaruhagarariye AFC/M23”. Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, akaba n’umuvugizi wa guverinoma yari yakiriwe mu kiganiro “Tubwire ukuri,” kiyobowe na Élysée Odia, agaragaza ko nubwo ubutegetsi […]
Tiwa Savage yiyamye uwihaye kuvuga ku mwana we

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatanze umuburo ukomeye ku mu-influencer wo ku rubuga X (yahoze ari Twitter) witwa Dami Foreign, amusaba guhagarika kwinjiza umwana we Jamil Balogun mu byo amwandikaho ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byabaye nyuma y’uko Dami Foreign ashyizeho ubutumwa abaza impamvu umwana wa Tiwa Savage agaragara asa n’utishimye, ibintu byarakaje […]
Amerika turwaniye na yo ku butaka twayinesha: Museveni

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatangaje ko Uganda ifite ubushobozi bwo gutsinda Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe ingabo z’ibihugu byombi zaba zihuriye mu ntambara yo ku butaka gusa. Museveni yabitangaje ku wa 4 Mutarama 2026, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyabaye nyuma y’amasaha make Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigabye […]
Umugabo wari ugiye kurongora yapfuye ku munsi w’ubukwe

Habaye agahinda gakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umugabo wari ugiye kurushinga, David McCarty w’imyaka 59, apfanye n’abakobwa batatu mu mpanuka ikomeye ya helicopter yabaye ku munsi nyirizina yari ategerejweho ubukwe bwe. Iyo mpanuka yabereye mu gace ka Telegraph Canyon hafi ya Superior muri Leta ya Arizona, aho McCarty yari atwaye helicopter […]
Cardi B yahagurukiye abari guharabika se

Umuraperi w’Umunyamerika Cardi B yatangaje uburakari bukomeye nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru avuga ko se yaba yarigeze gufungwa azira icyaha cyo gufata ku ngufu. Aya makuru yavugaga ko se wa Cardi B yaba yarafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntangiriro z’imyaka ya 1990, agakatirwa igifungo azira kugerageza gusambanya umuntu. Ibi byakwirakwiye […]
Tshisekedi yongeye kujya gutakambira Lourenço

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Mbere yagiriye uruzinduko i Luanda rwasize ahuye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço wa Angola. Uru ruzinduko rurakurikira urwo Tshisekedi yari yagiriye i Luanda mu byumweru bitatu bishize. Perezidansi ya RDC yatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba […]
Ku myaka 56, Jennifer Lopez arifuza umugabo umwitaho

Ku myaka 56, icyamamare mu muziki no muri sinema Jennifer Lopez cyatangaje ko niba hari undi mugabo uzinjira mu buzima bwe, azaba agomba kuba umuntu umwubaha, umwakira uko ari kandi umufata neza mu rukundo. Yavuze ko urukundo rwe atari urwo guhabwa ubuntu, ahubwo ruzahabwa uzarushakira akaruharanira. Yagize ati: “Ushaka urukundo rwanjye agomba kurukorera. Agomba kunshyira […]
Niba Tshisekedi adashaka ibiganiro tuzabitegura adahari – Lamuka

Prince Epenge, Umuvugizi w’ihuriro Lamuka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri RDC, yagaragaje aho ishyaka rye rya politiki rihagaze nyuma y’ibyo yavuze ko ari “amayeri y’ubutegetsi bwa Tshisekedi” bugamije guhagarika imitunganyirize y’ibiganiro hagati y’abanyagihugu kandi birimo abantu bose kugira ngo bakemure ikibazo cy’umutekano kibangamiye uburasirazuba bwa DRC. Ibi Epenge yabitangaje muri videwo yasangijwe ku mbuga nkoranyambaga kuwa […]
Kenya: Yajyanwe mu rukiko azira amashusho ya Perezida Ruto yakozwe na AI

Muri Kenya, umunyamuryango wa sosiyete sivile kuwa Mbere, itariki ya 5 Mutarama 2026, yagejejwe mu rukiko kubera gushyira ahagaragara amashusho ya Perezida William Ruto yakozwe hifashishijwe AI. Harrison Mumia, perezida w’umuryango utemera Imana muri Kenya, arashinjwa gutangaza “amakuru y’ibinyoma.” Uyu wari ufunzwe kuva kuwa Gatanu, itariki ya 2 Mutarama, yarekuwe by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate […]
Ibyo Maduro wagejejwe bwa mbere mu rukiko yavuze ku byaha ashinjwa na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere zagejeje imbere y’ubutabera bwazo Nicolas Maduro zahiritse ku butegetsi muri Venezuela n’umugore we, Cilia Flores; bombi bahakana ibyaha zibashinja. Maduro n’umugore we batawe muri yombi n’ingabo za Amerika zabasanze iwabo mu rugo, mbere yo kugezwa mu rukiko rw’i New York ejo ku wa Mbere. Mu rukiko Maduro […]
CAR: Perezida Touadera yatsindiye indi manda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrica, Faustin Archange Touadera, yatsindiye manda ya gatatu mu matora yo mu kwezi gushize, nk’uko ibyavuye mu matora by’agateganyo bibigaragaza. Ibyavuye mu matora by’agateganyo byashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bushinzwe amatora mu masaha akuze kuri uyu wa Mbere ushize, byerekana ko Touadera yabonye amajwi 76.15%, mu gihe abitabiriye amatora bagera kuri 52%. Abakandida […]
Djihad n’abandi bagumishijwe gereza

Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo gushimangira ifungwa ry’iminsi 30 y’agateganyo kuri Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe François Xavier, Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 5 Mutarama 2026, nyuma yo gusuzuma ubujurire bari batanze basaba gukurirwaho ifungwa ry’agateganyo, ariko urukiko rugaragaza […]
Yago ntakozwa ibyo gusubirana n’umugore we

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukorera umuziki muri Uganda, Nyarwaya Innocent uzwi cyane nka Yago Pon Dat, yagaragaje ko adafite umugambi wo kongera gusubirana n’umugore babyaranye. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Yago yavuze ko yahisemo kubaho ari ingaragu kandi ko atifuza kongera kwinjira mu mubano wihariye n’umuntu uwo ari we wese. Yagaragaje ko yahisemo gushyira imbaraga ze zose […]
Perezida Kagame yashimiye Gen. Doumbouya watsinze amatora

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Guinée-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Umukuru w’Igihugu yamushimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, anamwizeza ko yiteguye gushimangira umubano ukomeye usanzwe hagati y’u Rwanda na Guinée. Yagize ati: “Ndashimira umuvandimwe wanjye, Perezida Mamadi Doumbouya ku bw’itorwa rye nka Perezida wa Repubulika […]
New York: Perezida Maduro yoherejwe mu rukiko

Umuyobozi washimuswe w’igihugu cya Venezuela, Nicolas Maduro n’umugore we kuri uyu wa Mbere baritaba urukiko i New York ku byaha bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, mu gihe Perezida Donald Trump ashimangira ko Amerika ubu ari yo igenzura Venezuela. Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez, arahamagarira umubano “ushyira mu gaciro kandi w’ubwubahane” na Washington mu gihe cy’inzibacyuho. Trump […]
Rayon Sports yaguze abanyamahanga 3 barimo umunye-Congo

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Mutarama yerekanye abakinnyi babiri b’abanyamahanga yamaze gusinyisha, ngo bazayifashe mu gice cya kabiri cya shampiyona. Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yamaze gusinyisha umunya-Bénin Joachim VIGNINOU. Iyi kipe yavuze ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 y’amavuko ari rutahizamu usanzwe akinisha akaguru […]
Uganda: Itangazamakuru ryabujijwe gutangaza live imyigaragambyo mu gihe cy’amatora

Kuri uyu wa Mbere, Guverinoma ya Uganda yavuze ko bibujijwe gutangaza imbonankubone “imyigaragambyo itemewe” n’ibindi bikorwa by’urugomo mbere y’amatora ateganyijwe mu minsi iri imbere, aho Perezida Yoweri Museveni ashaka kuguma ku butegetsi amazeho imyaka isaga 40. Ubutegetsi bwamaze gufunga abantu babarirwa mu magana bashyigikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi mbere y’amatora yo ku itariki ya 15 Mutarama […]
Manchester United yirukanye Rúben Amorim

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yirukanye umunya-Portugal Rúben Amorim wari umutoza wayo mukuru. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo iriya kipe yafashe icyemezo cyo kwirukana uriya mutoza. Amorim yirukanwe mu gihe mu ijoro ryacyeye Manchester United yari yaguye miswi na Leeds United igitego 1-1, ibyatumye umusaruro we ukomeza kuba mubi. […]
AFC/M23 yasabye MONUSCO kureka uburyarya bwayo

Umutwe wa AFC/M23 wasabye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kureka uburyarya, nyuma yo kwigira nyoni nyinshi ku gitero cya drone ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ziheruka kugaba mu mujyi wa Masisi. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo FARDC yagabye icyo gitero ikoresheje drone z’intambara, icyiciramo abaturage […]
Abagaba b’ingabo bo mu karere bagiye guhurira mu nama muri Zambia

Minisiteri y’Ingabo ya Zambia kuwa Gatandatu yatangaje ko iki gihugu kizakira inama y’abaminisitiri y’iminsi itatu izibanda ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Itangazo ryashyizwe ahagaragara rivuga ko iyi nama yasabwe n’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), izaba kuva ku itariki ya 8 kugeza ku ya 10 Mutarama ikabera […]
Rurambikanye hagati y’inyeshyamba za AFc/M23 na FARDC muri Kibati

Amakuru aturuka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko imirwano ikaze ihuje kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 5 Mutarama 2026, inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Leta (FARDC) i Kibati, muri Gurupoma ya Luberike iherereye muri Teritwari ya Walikale. Aya makuru yerekana ko Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, […]
Ukuntu Kalimpinya Queen yashutswe akisanga muri Miss Rwanda

Kalimpinya Queen, wigeze kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda mu 2017 akaza no kuba igisonga cya gatatu, yavuze ko inama yahawe yo kwinjira muri iri rushanwa yamugiriye akamaro, ariko anemeza ko kuri we byari nko gushukwa. Ibi yabivugiye mu materaniro yateguwe na Apôtre Alice Mignonne Kabera uyobora Women Foundation Ministries, yari yiswe “Girls Impact Ministry – […]