IShowSpeed yarwaye inzoka ari kuri Live (imbonankubone)

Umunyamerika uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube, IShowSpeed, yakomeje kuvugisha benshi mu rugendo rwe muri Afurika, nyuma yo kugera muri Ethiopia avuye muri Kenya, aho yari yarakoze ibikorwa byinshi byishimiwe n’abafana. Ku wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama, IShowSpeed yageze muri Ethiopia, yakirwa n’imbaga y’abantu benshi nk’uko byagenze no muri Kenya. Nk’uko asanzwe […]
Mike Tyson yahaye Trump ibaruwa ya Diddy amusaba imbabazi

Uwahoze ari icyamamare mu mukino w’iteramakofe ku isi, Mike Tyson, bivugwa ko yahaye Donald Trump ibaruwa yanditswe n’intoki na Sean “Diddy” Combs, asaba imbabazi Perezida (pardon). Ibi byatangajwe n’ikinyamakuru The Sun, kivuga ko Tyson yahaye Trump iyo baruwa ubwo yari yasuye White House mu Ugushyingo. Mu cyumweru gishize, Perezida Trump yemeje ko Diddy yamwandikiye amusaba […]
U Burundi bwohereje i Kalemie andi mato yuzuye abasirikare

Igisirikare cy’u Burundi ejo ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama, bwohereje andi mato abiri yuzuye abasirikare mu mujyi wa Kalemie wo mu ntara ya Tanganyika. Mu masaha y’igitondo ni bwo ayo mato yageze ku cyambu cya Kalemie aturutse i Bujumbura, nk’uko umunyamakuru Steve Wembi abivuga. Kuva mu mpera z’ukwezi gushize u Burundi bwongeye kohereza […]
Adel Amrouche ntakiri umutoza w’Amavubi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko umunya-Algérie Adel Amrouche wari umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yahagaritswe kuri izo nshingano. FERWAFA yemeje ko yatandukanye n’uyu mutoza mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Mutarama 2026. Iryo tangazo rivuga ko icyemezo cyo guhagarika uriya mutoza cyafashwe, “nyuma y’isengesura ryimbitse, nyuma haza gusangwa ko […]
Mugemana wabaye umuganga wa Rayon Sports imyaka 30 yapfuye

Muganga Mugemana Charles wabaye umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama 2026. Mugemana usanzwe ari n’umubyeyi w’umuhanzikazi Queen Cha, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu mugabo yabaye muganga wa Rayon Sports mu gihe kingana n’imyaka 30, ndetse mu mwaka ushize wa 2025 yabishimiwe n’abari abayobozi b’iriya kipe.
Prosper Nkomezi yambitse impeta – Amafoto

Umuhanzi Prosper Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yambitse impeta umukunzi we Retina Nkurunziza, mu rwego rwo gutangira urugendo rwo gushinga urugo. Iyi nkuru yayimenyesheje abamukurikira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Yabanje gusangiza ubutumwa agaragara yicaye wenyine yambaye imyenda y’umweru, agaragaza icyizere cy’abiringira Imana, avuga ko abazagera mu ijuru bazicara bakishimira imbuto zaho. […]
Ifoto y’umu-Rayon wiyahuye igiye kumanikwa mu biro by’iyi kipe

Perezida w’Abafana ba Rayon Sports, Muhawenimana Claude, yatangaje ko ifoto ya Nizeyimana Alexandre, umufana w’iyi kipe uherutse kwiyahura nyuma yo gutsindwa na APR FC, igiye kumanikwa mu biro bya Rayon Sports mu rwego rwo kumwibuka no guha agaciro urukundo rudasanzwe yari afitiye iyi kipe. Abafana ba Rayon Sports barimo Perezida wabo Muhawenimana Claude, bifatanyije n’abaturage […]
Perezida Kagame yasezeye kuri Ambasaderi Eric Kneedler

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yakiriye mu biro bye Ambasaderi Eric Kneedler, mu rwego rwo kumusezeraho nyuma yo gusoza urugendo rwe nk’uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda. Umukuru w’Igihugu yasezeye kuri Ambasaderi Kneedler, nyuma ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe. Kneedler yari Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda kuva mu Ukwakira […]
Uganda: Leta yategetse ko Internet ikurwaho mbere y’uko amatora aba

Ikigo gishinzwe itumanaho muri Uganda, cyategetse kompanyi zitanga internet mu gihugu kuyikuraho guhera ku mugoroba wo kuri ri uyu wa Kabiri, kugeza igihe zizabwirirwa kuyisubizaho. Leta yafashe iki cyemezo mu gihe ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama muri Uganda hateganyijwe amatora y’umukuru w’igihugu n’ay’abadepite. Mu ibaruwa yerekanwa n’ibinyamakuru muri Uganda kiriya kigo cya leta […]
Nyamata: Sheikh Bahame Hassan yarekuwe by’agateganyo

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata rwarekuye by’agateganyo Sheikh Bahame Hassan, Umuhuzabikorwa w’ikigo ngororamuco cya Gitagata, rugaragaza ko nta mpamvu zifatika zo gukeka ko yakoze ibyaha aregwa. Bahame yari yatawe muri yombi akekwaho gukoresha nabi ububasha ahabwa n’amategeko ku bw’inyungu ze bwite, ndetse no gusaba cyangwa gushora mu busambanyi abantu bamwe na bamwe bajya kugororerwa muri icyo […]
RDC: Leta yabujije imyigaragambyo ku nteko ishinga amategeko

Abayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo babujije guterana cyangwa imyigaragambyo yose ku ngoro y’inteko (Palais du peuple), guhera ku itariki ya 1 Mutarama 2026. Akurikije amabwiriza ya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Aimé Boji Sangara, umunyamabanga mukuru w’inteko ishinga amategeko yamenyesheje abaturage ati: “guhera ubu, imyigaragambyo no guterana kose birabujijwe mu mbuga […]
Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yasezeweho nyuma yo kuvanwa ku mirimo na Trump

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama yasezeye kuri Eric Kneedler wasoje inshingano ze nka Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda. Eric W. Kneedler yari Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda kuva mu Ukwakira 2023. Mu kwezi gushize ni bwo we n’abandi badipolomate hafi 30 bari […]
Sosiyete yo muri Amerika yajyanye mu nkiko Leta ya Tshisekedi isaba indishyi ya $ miliyari 4

Sosiyete y’Abanyamerika ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga mu by’imari (fintech), yajyanye mu nkiko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iyishinja kunanirwa gushyira mu bikorwa umushinga munini impande zombi zari zihuriyemo wo kwinjiza mu ikoranabuhanga imicungire y’imari ya Leta, no kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga. Sosiyete ya PayServices yajyanye mu nkiko Leta ya Kinshasa, mu gihe Perezida Félix Antoine […]
Abayobozi ba AFC / M23 bongeye gushimangira icyemezo cyabo cyo gukomeza urugamba

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 12 Mutarama 2026, ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, i Goma bwagiranye ibiganiro by’ikimenyetso gikomeye hagati y’abayobozi bakuru bo mu ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC / M23) n’abantu bavuga rikijyana bo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uyu muhango wo kungurana ibitekerezo, waranzwe n’ubusobanuro bukomeye mu bya politiki n’imibereho, wari umwe […]
Ish Kevin yahagaritse kunywa itabi

Umuraperi Semana Kevin uzwi cyane ku izina rya Ish Kevin yatangaje ko yamaze kureka kunywa itabi n’ibindi biyobyabwenge, aho amaze amezi atandatu atabyikoza. Ibi yabihishuriye IGIHE, asobanura ko byaturutse ku cyemezo yafashe ku bushake bwe bwite. Ish Kevin yavuze ko nta muntu n’umwe wigeze amuhatira kureka ibyo biyobyabwenge, nta wamukangishije cyangwa ngo amuhane, ahubwo ko […]
Gen MK Mubarakh yakiriye ku meza abakinnyi n’abatoza ba APR FC

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Mutarama 2026, yakiriye ku meza abakinnyi n’abatoza b’ikipe ya APR FC kuri Mess y’Abofisiye bakuru, Kimihurura. Ni mu rwego rwo gushimira APR FC ku ntsinzi ikomeye yegukanye itsinze Rayon Sports ku mukino w’igikombe cya Super Cup. Mu ijambo rye, Gen […]
Somalia yasheshe amasezerano yose yari ifitanye na UAE

Kuri uyu wa Mbere ushize, Guverinoma ya Somaliya yavuze ko isheshe amasezerano yose yagiranye na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, harimo amasezerano y’icyambu n’ubufatanye mu bya gisirikare, ishinja UAE guhungabanya ubusugire bw’igihugu. Inama y’abaminisitiri muri Somaliya yagize iti: “Iki cyemezo gishingiye kuri raporo zizewe n’ibimenyetso bifatika bijyanye n’ibikorwa by’urwango bibangamira ubusugire bw’igihugu, ubumwe bw’akarere, n’ubwigenge bwa […]
AFC/M23 yavuze aho Kabila udaheruka kugaragara mu ruhame aherereye

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko Joseph Kabila akiri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe uyu mugabo wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze amezi menshi atagaragara mu ruhame. Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa ubwo ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama yari ayoboye inama yahuje ubuyobozi bukuru bwa […]
Umupfumu wahawe miliyoni 47 Frw asezeranya Mali gutwara AFCON 2025 yatawe muri yombi

Umupfumu wo muri Mali yatawe muri yombi nyuma yo gushuka abakunzi b’umupira w’amaguru abizeza ko ikipe y’igihugu ya Mali izatwara Igikombe cya Afurika (AFCON 2025) kizabera muri Maroc. Uyu mugabo yakusanyije amafaranga arenga miliyoni 47 Frw avuye ku bafana, abizeza ko Mali izatwara AFCON. Uyu mupfumu uzwi ku izina rya Karamogo Sinayogo, yafatiwe mu murwa […]
Trump agiye guhura na Machado wamutwaye Prix Nobel

Nyuma yo gutsindira Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel, Perezida Trump yashakaga, hanyuma agashyirwa ku ruhande mu bantu basimbura Maduro, ubu Machado yiteguye kubonana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatumiye uyu muyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela […]
Ababyeyi bagabye igitero ku ishuri maze birukana abarimu ndetse banafunga ikigo

Ababyeyi n’abaturage bo mu Karere ka Kisii muri Kenya bateye ishuri rya St Thomas Raganga Secondary School nyuma y’uko abanyeshuri baryo bose batsinze nabi mu bizamini bya Leta bya KCSE 2025. Ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, ababyeyi binjiye mu kigo, birukana abarimu barimo n’umuyobozi w’ishuri, banakinga inyubako y’ubuyobozi. Ababyeyi bavuze ko bababajwe […]
Rutshuru: Imidugudu myinshi ya Bukombo yabaye isibaniro hagati ya AFC/M23 na wazalendo

Imirwano ikaze yabaye mu gitondo cyose cyo kuwa Mbere, itariki ya 12 Mutarama, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Bukombo muri Teritwari ya Rutshuru (Kivu y’Amajyaruguru). Nta mibare y’abiciwe muri iyi mirwano yatangajwe. Amakuru aturuka muri ako gace agera […]
Mahama: Impunzi zakanguriwe kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Mutarama 2026, mu nkambi y’impunzi ya Mahama, ituwe n’abanyamahanga basaga 72,184 baturuka mu bihugu 14 bitandukanye, iherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, hakomereje ubukangurambaga bugamije gukangurira abatuye inkambi gukumira no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Muri ubu bukangurambaga, abaturage basobanuriwe igisobanuro cy’ibiyobyabwenge nk’uko biteganywa n’amategeko, […]
Brig. Gen Rusanganwa wa APR FC yemeje ko yahawe izindi nshingano muri RDF

Brig. Gen Deo Rusanganwa yatangaje ko akiri umuyobozi mukuru w’Ikipe ya APR FC, ariko yemeza ko amaze igihe afite inshingano zo kuyobora Diviziyo ya kabiri y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu ntara y’Amajyaruguru. Brig. Gen Rusanganwa yemeje aya makuru, mu kiganiro yagiranye n’umuyoboro wa YouTube wa APR FC, nyuma y’uko ubuyobozi bw’iyi kipe bwari bumaze kwakira […]
Abasirikare barenga 500 ba FDNB bamaze gutoroka nyuma yo kuva muri RDC

Abasirikare b’u Burundi babarirwa muri 500, bamaze gutoroka Igisirikare cy’iki gihugu nyuma yo kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari baroherejwe kurwanya inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Amakuru y’iri toroka yemejwe n’umwe muri ba Ofisiye ba FDNB, mu kiganiro n’impirimbanyi Pacifique Nininahazwe. Uyu yavuze ko ubwo u Burundi bwacyuraga abasirikare babwo mu […]
Drone za FARDC zongeye kugaba ibitero mu Minembwe

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Mutarama zagabye ibitero bya drone z’intambara mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’ibi bitero yemejwe n’ihuriro AFC/M23, biciye muri Lawrence Kanyuka urivugira. Kanyuka mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko biriya bitero byagabwe […]
U Rwanda rwatanze Mushikiwabo ngo ayobore OIF muri manda ya 3

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yamaze gutanga Louise Mushikiwabo, kugira ngo ayobore Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) muri manda ya gatatu. U Rwanda rwemeje aya makuru biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko icyemezo cyo kongera gutanga Mushikiwabo cyafashwe, nyuma […]
Cibitoke: Abasirikare barashe umuturage wari ugiye mu murima we

Umuhinzi w’imyaka 53 yarashwe n’abasirikare b’Abarundi ubwo yajyaga mu murima we w’umuceri uri ku ruzi rwa Rusizi, rutandukanya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Burundi, muri Komini ya Cibitoke, Intara ya Bujumbura, mu burengerazuba bw’u Burundi. Aya mahano yabaye ku wa Gatandatu, itariki 10 Mutarama, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nyuma […]
Tshisekedi ategerejwe kwa Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, ategerejwe i Lomé muri Togo aho kuri uyu wa Mbere ari bugirire uruzinduko. Ni uruzinduko rukurikira ebyiri Tshisekedi yagiriye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço muri iki gihe uyoboye umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU). Byitezwe […]
Uganda: Inzego z’umutekano ziryamiye amajanja mbere y’amatora

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi. Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo […]
U Burundi bwohereje ingabo zabwo zatsindiwe muri Uvira kurinda Kalemie

Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi aremeza ko hagati y’itariki ya 29 Ukuboza 2025 n’iya 4 Mutarama 2026 iki gihugu cyohereje bundi bushya abasirikare bacyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko abo basirikare boherejwe gufasha ku rugamba ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zirwana na AFC/M23 no gukaza umutekano mu duce dufatwa […]
Yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru ari gukora ibikomeye

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Mansa ho muri Zambia yarokowe ari muzima nyuma y’uko ubwiherero bwa gakondo bumuguyeho ubwo yari arimo akora ibikomeye. Ibi byabaye ku wa Gatandatu ahagana saa saba z’amanywa n’iminota 53, mu Mudugudu wa Chitakwa. Uwo mugabo witwa Paul Kunda, bivugwa ko yaguye mu mwobo w’ubwiherero wapimaga metero 1.5 kuri […]
Sonia Rolland asanga RDC yari kuba ikize ku isi iyo yemera gukorana n’u Rwanda

Sonia Rolland, umukinnyi wa filime wanabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000, yavuze ko iyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorana n’u Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, uyu munsi iba ari cyo gihugu gikize kurusha ibindi muri Afurika. Yabitangaje mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube ya Les Funérailles des Tabous, aho yasobanuye ko imwe mu mpamvu […]
Gitega: Igaraje ibagirwamo inkoko zipfushije ihangayikishije rubanda

I Kigali haravugwa igaraje iri inyuma y’isoko rizwi nko kwa Kamali mu Murenge wa Gitega, bivugwa ko ribagirwamo inkoko zapfuye kandi rikaberamo n’icuruzwa ry’inyama zishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga. Abaturage n’abacuruzi bakorera mu Kagari ka Akabahizi, mu Murenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, bavuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’ibikorwa bikomeje kuvugwa muri iri igaraje rizwi […]
RDC: Abantu 8 biciwe mu mirwano ya FARDC n’abaharanira ubwigenge bwa Katanga

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, abantu umunani bapfuye abandi benshi barakomereka mu mirwano, hagati y’abarwanyi bo mu mutwe wa Bakata Katanga n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Bukama, Intara ya Haut-Lomami. Nk’uko umuyobozi w’agateganyo wa teritwari abitangaza, ngo abakomerekejwe n’amasasu basaba kwimurirwa mu bigo nderabuzima bifite ibikoresho bihagije kugira ngo […]
Sudani: Guverinoma yasubiye i Khartoum nyuma y’imyaka ibiri

Mu gihe muri iyi week end ishize Sudani yarengeje ikigereranyo cy’iminsi 1.000 y’intambara y’abenegihugu, Minisitiri w’intebe yatangaje ku Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ko guverinoma yasubiye ku mugaragaro mu murwa mukuru Khartoum. Muri Mata 2023, ingabo za leta zari zarirukanwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Rapid Support Forces nk’uko bitangazwa na RFI. Ingabo za leta […]
AFC/M23 yasabye Ndayishimiye gufungura umupaka wo mu Gatumba

Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryasabye Leta y’u Burundi gufungura umupaka wo mu Gatumba uhuza u Burundi na Congo Kinshasa, kugira ngo impunzi z’abanye-Congo zifuza gutaha zibone uko zisubira iwabo. AFC/M23 yatanze ubwo busabe biciye mu muhuzabikorwa wayo, Corneille Nangaa, nyuma y’uko impunzi z’abanye-Congo zahungiye mu Burundi zibayeho mu […]
U Rwanda rwasinyanye amasezerano mu nzego zitandukanye na Oman

I Muscat, intumwa z’abayobozi b’u Rwanda zasinyanye amasezerano ane (4) na bagenzi babo bo muri Oman mu rwego rwo kurushaho kunoza ubufatanye bw’u Rwanda na Oman mu bijyanye na: Serivise z’ibikoresho, harimo guteza imbere ibyambu byo ku butaka n’ibikorwa, hamwe na serivisi zijyanye n’ibikoresho no gutanga amasoko; Ubwikorezi, gukora ingendo z’indege hagati ya Muscat na […]
CAF yabujije Stade de Martyrs kwakira imikino mpuzamahanga

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryahagaritse, guhera muri Mutarama 2026, kwemerera Stade des Martyrs i Kinshasa kwakira imikino mpuzamahanga. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 9 Mutarama, mu ibaruwa yandikiwe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Congo (FECOFA). Raporo ya tekiniki yohererejwe FECOFA, ivuga ko hagaragaye amakosa menshi mu igenzura riheruka, arimo: – […]
Masisi: FARDC/Wazalendo zabyukiye mu bitero ku birindiro bya AFC/M23

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama 2026, habaye imirwano, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na FARDC/Wazalendo i Kazinga, mu Murenge wa Osso Banyungue, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka mu bayobozi gakondo abitangaza, inyeshyamba za Wazalendo zikorana bya hafi n’Ingabo za FARDC, zateye ibirindiro by’inyeshyamba guhera saa […]
FARDC iravuga ko yasubije inyuma igitero cya AFC/M23 i Katongo

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kiravuga ko cyaburijemo igitero cyagabwe n’inyeshyamba za AFC/M23 mu Mudugudu wa Katongo, Teritwari ya Uvira, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bw’igihugu, nk’uko amakuru agera ku Biro Ntaramakuru by’Abanyekongo (ACP) ava mu gisirikare avuga. “Igitero cyaburijwemo na FARDC mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, itariki ya 10 […]
Umuryango w’Abibumbye uremeza ko Abanyekongo 53 bamaze gupfira mu Burundi

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi ryatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko impunzi zirenga 50 zahunze imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo zimaze gupfira mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi. Iri shami kuwa Gatanu ryavuze ko mu bantu 53 bapfuye banditswe, abagera kuri 25 bapfuye bazize icyorezo cya kolera, mu gihe abandi batandatu bapfuye […]
Zambia: Minisitiri Marizamunda mu bitabiriye inama ya ICGLR ku kibazo cya Congo

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Mutarama 2026, Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, yitabiriye Inama idasanzwe y’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) yabereye i Livingstone, muri Zambia. Iyi nama yibanze ku kibazo cy’umutekano n’ubutabazi byiganje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’ingaruka zabyo mu karere. Iyi nama y’abaminisitiri yabanjirijwe n’inama ya komite […]
Tessy yarongowe

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy n’umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe (Shizzo) basezeranye imbere y’Imana mu birori byabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo, ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026. Uyu muhango wabaye nyuma yo gusaba no gukwa, ukaba warakurikiwe n’ibirori byo kwiyakira byitabiriwe n’inshuti, imiryango n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro no mu itangazamakuru. Bombi […]
IShowSpeed yashimishije imbaga y’abafana muri Stade Amahoro

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku izina rya IShowSpeed, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ibyishimo byinshi ubwo yasuraga Stade Amahoro, aho yasusurukije abafana mu gihe gito yahagaze aho. Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, ni bwo uyu munyabugeni w’icyamamare yageze muri stade yari irimo kubera umukino wahuje […]
Ku busabe bwa Tshisekedi, M23 yatumiwe kwa Lourenço

Perezida João Lourenço wa Angola, yatumiye i Luanda umutwe wa AFC/M23, nyuma yo kubisabwa na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Tshisekedi yasabye Lourenço gutumira AFC/M23, muri iki cyumweru ubwo yagiriraga ingendo ebyiri i Luanda zasize abonanye akanaganira na Perezida wa Angola. Amakuru avuga ko Perezida wa RDC yitabaje Lourenço, ngo […]
Ubusabe bwa Papa Léon XIV ku makimbirane yugarije akarere k’Ibiyaga Bigari
Papa Léon XIV, ku wa Gatanu tariki ya 10 Mutarama yatangaje ko afite impungenge zikomeye kubera ibibazo bikomeje kwibasira ibice bitandukanye bya Afurika, agaruka ku ntambara z’urugomo, ihohoterwa rishingiye ku myemerere ndetse no kwimurwa ku gahato kw’abaturage. Umushumba wa Kiliziya Gatolika mu Isi yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bagize urwego rwa dipolomasi bemewe n’Intebe Ntagatifu. […]
APR FC yamuritse bisi y’akataraboneka yaguze (Amafoto)

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Ukuboza, yamuritse Bisi y’akataraboneka iheruka kugura. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yamuritse iriya modoka ibinyujije mu mafoto yayo yashyize ku rubuga rwayo rwa X. Iyi Bisi nshya izajya itwara ikipe ya APR FC, uhereye kuri uyu wa Gatandatu ubwo iyi kipe iza kuba yesurana na […]
Icyoba mu Barundi baturiye umupaka w’u Rwanda kubera abasirikare benshi ba FDNB bahoherejwe

Guhera ku wa 7 Ukuboza, koherezwa ku bwinshi kw’ingabo z’u Burundi n’ibikoresho bya gisirikare biremereye ku mipaka ya Kibira no hafi y’uruzi rwa Ruhwa byateye impungenge zikomeye abaturage bo mu bice byegereye umupaka, bagirwaho ingaruka z’ihohoterwa rishingiye ku ntwaro n’ingamba zibabuza kugenda uko babyifuza. FDNB (Ingabo z’Igihugu z’u Burundi) yongereye umubare w’abasirikare ku mupaka uhana […]
IShowSpeed yageze mu Rwanda

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka IShowSpeed, yaraye ageze mu Rwanda aho yakomereje urugendo amaze iminsi agirira muri Afurika. Amakuru avuga ko uyu musore yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza, mbere yo guhita yerekeza mu karere ka Musanze. Byitezwe ko IShowSpeed wageze mu Rwanda […]
Dr. Claude yabitswe ari muzima

Dr. Claude yatangaje ko amaze iminsi yakira ubutumwa bwinshi bw’abantu bamubika, avuga ko abo bantu ari abo yise “Contre Succès”, bamwifuriza ikibi. Yabibwiye itangazamakuru ko amakuru yavugaga ko yapfuye atari yo, kandi ko ayo makuru yatangiye gukwirakwira cyane cyane avuye i Burundi. Yagize ati nubwo abantu benshi bamuhamagara bava mu Burayi, muri Amerika n’ahandi, ari […]
Igisubizo cya M23 ku barota ‘guhindura ubusa’ ibyo imaze kubaka

Umutwe wa AFC/M23 wakuriye inzira ku murima abarota guhindura ubusa ibikorwa umaze gukora mu bice wabohoye, usaba abatekereza ko bazabigeraho kuva mu nzozi barimo. Uyu mutwe watanze ubu butumwa ku wa Gatatu tariki ya 9 Mutarama, biciye muri Perezida wawo akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro AFC, Bertrand Bisimwa. Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Abifuza […]
Huye: Batatu bakurikiranweho gufata ku ngufu umugore w’imyaka 47

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye abasore babiri n’umugabo umwe bakekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47. Icyaha bakurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 26 Ukuboza 2025, ahagana saa tatu z’ijoro mu Mudugudu wa Giseke, Akagari ka Cyamukuza, Umurenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, ubwo bahuriraga n’uyu mugore mu nzira atashye. Ubwo […]
Trump yashimangiye ko yashyize iherezo ‘ku ntambara y’u Rwanda na Congo yari imaze imyaka 30’

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimangiye ko yashyize iherezo ku ntambara avuga ko yari imaze imyaka 30 hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Trump yashimangiye ko yashyize iherezo kuri iyo ntambara mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana na Televiziyo ya Fox News. Muri iki kiganiro, Perezida wa Amerika yabwiwe […]
Tanzania: Umunyarwandakazi yapfiriye muri kasho

Umunyarwandakazi witwa Uwumuhoza Violette, yapfiriye muri kasho yo mu mujyi wa Arusha muri Tanzania yari amaze igihe afungiyemo. Inkuru y’urupfu rwa nyakwigendera wapfuye ku wa Gatatu tariki ya 7 Mutarama, yemejwe na Polisi ya Tanzania mu itangazo iheruka gusohora. Yavuze ko urupfu rwa Uwumuhoza rwabaye nk’amayobera, kuko hataramenyekana icyaruteye. Itangazo ry’iyi Polisi rivuga ko hakomeje […]
Abarimo ba Jenerali 11 bashinjwa gushaka kwivugana Tshisekedi boherejwe i Ndolo

Abasirikare bakomeye bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinjwa kugerageza guhungabanya inzego z’igihugu, boherejwe muri gereza ya gisirikare ya Ndolo y’i Kinshasa. Mu mezi menshi ashize ni bwo abo basirikare batawe muri yombi bakekwaho umugambi wo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Aba basirikare biteganyijwe ko bazagezwa imbere y’ubutabera mu […]
Abafana ba Manchester United bateguye imyigaragambyo

Itsinda ry’abafana b’ikipe ya Manchester United rizwi nka The 1958, ryateguye imyigaragambyo igamije kwamagana uko iriya kipe iyobowe. Iyi myigaragambyo iteganyijwe kuba mbere y’umukino wa shampiyona y’Abongereza Manchester United izakiramo Fulham, tariki ya 1 Gashyantare. Mu byo bariya bafana bifuza, harimo ko itsinda rizwi nka Glazer Family rifite iriya kipe na Sir Jim Ratcliffe uyiyoboye […]
Ingabo za Danemark zemerewe kurasa zitabajije Amerika nishaka gufata Greenland

Ibitangazamakuru byo muri Danemark byatangaje ko ingabo z’iki gihugu zigomba kurasa, nubwo zaba zitabiherewe uburenganzira, mu gihe Ingabo za Amerika zaba zigerageje gufata Greenland zikoresheje imbaraga, nk’uko amabwiriza yo mu 1952 Minisiteri y’Ingabo ya Danemark yemeje ko akiriho, abiteganya. Aya mabwiriza avuga ko abasirikare b’iki gihugu bagomba kurasa badategereje amabwiriza mu gihe hari ugerageje […]
Umuhanzikazi Fille Mutoni arembeye mu bitaro

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Fille Mutoni yajyanywe mu bitaro, nyuma yo kongera kwisanga mu kibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko umukunzi we MC Kats yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza Fille ari mu bitaro. Ku mafoto yashyizwe hanze, Fille agaragara aryamye, asa n’uwasinziriye cyangwa waciwe intege n’imiti ndetse yanahawe uburyo bwo kumufasha guhumeka. MC […]
Diez Dola ntakiri umuhanzi ukizamuka

Umuraperi w’Umunyarwanda Diez Dola yatangaje ko umwaka wa 2026 uzaba intambwe nshya mu rugendo rwe rwa muzika, aho avuye ku kugerageza byinshi atarangije agana ku gushyira mu bikorwa bihamye, gutegura neza no gukora mu murongo uhoraho. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Diez Dola yavuze ko mu myaka ibiri ishize yamaze igihe kinini yiga, agerageza amajwi atandukanye […]