2014368533533549_8

Rutshuru: Inyeshyamba za Wazalendo na FDLR zikomeje kujujubya abatuye Buramba

Sangiza iyi nkuru

Abatuye mu Mudugudu wa Buramba, muri Gurupoma ya Binza, Sheferi ya Bwisha, muri Teritwari ya Rutshuru, bakomeje gutaka bivovotera umutekano mucye uterwa n’inyeshyamba za wazalendo na FDLR zikomeje kubahohotera.

Biravugwa ko abahohoterwa kenshi bashinjwa gukorana na AFC/M23. Amakuru amwe avuga ko imitwe y’inyeshyamba ibarizwa mu bihuru byegereye Buramba, ari yo ihungabanya umutekano. Inyeshyamba za wazalendo na FDLR ni zo zitungwa intoki.

Hejuru yo gucengera mu baturage mu masaha y’ijoro nk’uko tubikesha Kivu Morning Post, izi nyeshyamba zitwaje intwaro zinatera abakoresha umuhanda Kiwanja-Ishasha, nk’ahitwa Katoro, hafi ya Katwiguru, ndetse n’ahitwa Cabafu, aho igitero giheruka cyabaye ku Cyumweru, itariki 8 Werurwe 2026.

Umwe mu baturage utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Hano iwacu, byabaye akamenyero, by’umwihariko gusahura no gushimuta bikorwa n’abantu bitwaje intwaro ba wazalendo na FDLR. Baracyari hafi y’umudugudu.”

Biravugwa ko ibi bikorwa bikorerwa mu bice bigenzurwa na AFC/M23 kandi bikomeje guteza impungenge mu baturage baho. Ibikorwa by’ubuhinzi byarahagaze mu gice cy’amajyaruguru y’uyu mudugudu, aho abaturage batinya kwicwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *