2023-11-08T125132Z_2088149456_RC2094AL2V5U_RTRMADP_3_FRANCE-POLITICS-SARKOZY-TRIAL-1-1736159037

France: Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Sarkozy ku bihano yahawe

Sangiza iyi nkuru

Urukiko mu Bufaransa kuri uyu wa Mbere ushize, itariki ya 9 Werurwe, rwemeje ko uwahoze ari perezida, Nicolas Sarkozy, agomba kurangiza igihano yahawe nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha amafaranga atanyuze mu mucyo mu gihe cyo kwiyamamaza, nk’uko amakuru aturuka mu begereye iyi dosiye avuga, nyuma y’uko umwunganizi we agerageje guhuza ibihano ku byaha bibiri bitandukanye yahamijwe.

Iki cyemezo gishobora gusaba uwahoze ari perezida, wakoze manda imwe kuva 2007 kugeza 2012 kandi akaba yarahuye n’ibibazo byinshi by’amategeko kuva avuye ku butegetsi, kongera kwambara igikomo cya elegitoroniki kigaragaza aho aherereye hose. Icyemezo cyavuzweho bwa mbere n’ikinyamakuru Le Figaro.

Umwaka ushize, Sarkozy yabaye uwahoze ari perezida wa mbere w’u Bufaransa woherejwe muri gereza, akora iminsi 20 mu rubanza rujyanye n’inkunga yahawe na Libya mu gihe cyo kwiyamamaza kwe mu 2007. Sarkozy yatanze ubujurire.

Uyu mugabo w’imyaka 71 yakatiwe kabiri. Mu Kuboza 2024, yarangije inzira zose z’amategeko yari asigaranye mu rubanza rwiswe “Bismuth” azira kugerageza gushaka gushyira umucamanza ku ruhande rwe, maze ahanishwa kwambara igikomo cya elegitoroniki ku kaguru yakuweho muri Gicurasi umwaka ushize nyuma y’amezi menshi, kubera imyaka ye.

Mu Gushyingo umwaka ushize, yakatiwe bwa kabiri mu rubanza ruzwi ku izina rya “Bygmalion” kubera gutera inkunga kwiyamamaza kwe mu buryo butemewe n’amategeko mu matora yatsinzwe mu 2012. Urukiko Rukuru rw’u Bufaransa rwemeje igihano cy’amezi atandatu, ashobora no gukomeza gukorera mu rugo yambaye igikomo cya elegitoroniki.

Mu iburanisha ryasojwe mu mpera za Gashyantare, uwahoze ari umukuru w’igihugu yasabye ko igihano cy’amezi atandatu mu rubanza rwa Bygmalion cyafatwa nk’icyakozwe ubwo yambaraga igikomo cya elegitoroniki umwaka ushize gifitanye isano n’urubanza rwa Bismuth.

Umwunganizi we, Vincent Desry, yanze kugira icyo atangaza nyuma y’iburanisha ariko yari yabwiye AFP ko icyifuzo cyo guhuza ibihano “cyari ibintu bisanzwe.” Ubusabe bushoboka gusa mu gihe hujujwe ibipimo bitandukanye, harimo ko ibihano byatanzwe mu manza zitandukanye bifite imiterere imwe kandi kubijuririra byarangiye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *