Residents chant slogans against Congolese President Joseph Kabila as peacekeepers MONUSCO patrol during demonstrations in the streets of the DRC capital Kinshasa

RDC: HRW iravuga ko abantu bakomeje kuburirwa irengero i Kinshasa

Sangiza iyi nkuru

Umuryango Mpuzamahanga uharanira Uburenganzira bwa Muntu (HRW), watangaje ko kuva muri Werurwe 2025, inzego z’umutekano za Congo ziri inyuma y’ibikorwa byinshi byo kurigisa abantu i Kinshasa, mu murwa mukuru wa Reubulika ya Demokarasi ya Congo no mu nkengero zaho.

Human Rights Watch ivuga ko yabaruye dosiye 17 z’abantu banyerejwe ku gahato cyangwa baburiwe irengero mu mwaka ushize kandi wakiriye inkuru zizewe z’andi madosiye menshi. Benshi muri abo bantu baburiwe irengero babonetse, akenshi nyuma y’amezi, bafungiwe mu Kigo cy’igihugu gishinzwe umutekano wo kuri internet (CNC), barafashwe mu buryo butemewe bagafungwa na Polisi y’Igihugu cya Congo ndetse n’abashinzwe umutekano wa perezida wa repubulika.

Umuyobozi wa Human Rights Watch muri Afurika, Lewis Mudge, yagize ati: “Mu mwaka ushize, inzego z’umutekano za Congo zafashe rwihishwa kandi zifunga abantu ku mpamvu z’ibinyoma mu murwa mukuru.” Ati: “Kenshi na kenshi, ifatwa risa naho rishingiye kuri politiki cyangwa rireba abantu bakekwaho gushyigikira umutwe witwaje intwaro wigaruriye uduce twinshi mu burasirazuba bwa DRC.”

Hagati ya Nyakanga 2025 na Werurwe 2026, Human Rights Watch yagiranye ibiganiro n’abantu barenga 34, barimo icyenda bahoze bafunzwe na CNC na 11 bafite bene wabo bafunzwe. Uyu muryango uharanira uburenganzira bwa muntu ntabwo washyize ahagaragara amazina y’ababajijwe kubw’umutekano wabo.

202603afr drc cnclogo

CNC (Conseil national de cyberdĂ©fense) yashinzwe mu 2023 n’iteka rya perezida kugira ngo izajye ikora iperereza ku byaha bikorerwa kuri internet. Nk’uko amakuru yatangajwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga abitangaza, CNC yabonye ikoranabuhanga rigezweho rituma yumviriza abantu ishaka, cyane cyane kuri porogaramu zo kohererezanya ubutumwa. Yaguye ububasha bwayo itangira gufata, guhata ibibazo, no gufunga rwihishwa nta bugenzuzi bw’ubucamanza.

Abahoze bafunzwe basobanuye ko abambari bambaye imyenda y’abasirikare barinda perezida na polisi y’igihugu, ndetse n’abapolisi bambaye imyenda ya gisivili, ari bo bagiye bafata abantu, bamwe bagafatwa mu gicuku. Benshi bavuga ko bafunzwe amaso mu gihe cyo kubajyana cyangwa bavanwa muri zimwe muri kasho za CNC. Bavuze ko bateretswe impapuro zo guta muri yombi kandi bangiwe kubonana n’abanyamategeko.

CNC yabanje kubafunga no kubabariza mu nyubako za sitade y’igihugu, Stade des Martyrs, cyangwa ku biro byayo ku Kigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (ONATRA) i Kinshasa. Nyuma ni bwo bimuriwe ahandi muri Kinshasa, harimo ibyumba byihariye, ndetse rimwe mu byumba bya hotel.

Abahoze bafunzwe bavuze ko ibibazo byabo ntaho bihuriye n’iperereza ku byaha byo kuri internet kandi ko bishingiye ku birego byo gufatanya n’umutwe witwaje intwaro wa M23 ugenzura igice kinini mu burasirazuba bwa DRC, isano bafitanye n’uwahoze ari perezida Joseph Kabila, ushinjwa gushyigikira M23, cyangwa ibijyanye n’umugambi wo guhirika ubutegetsi. Abandi bafunzwe bemezaga ko, bashingiye ku bibazo byabajijwe mu gihe cy’ibazwa, bafashwe bazira ibitekerezo bya politiki nk’abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Umwe mu bafunzwe yerekanye ko igihe yasabaga umwunganizi, abapolisi baramubwiye bati: “Amategeko ntakurikizwa muri ibi byumba.”

Abahoze bafunzwe bavuze ko abandi bashobora kuba bagifungiwe muri kasho z’ibanga batabonana n’imiryango yabo cyangwa abunganizi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *