20260310_082546

Ubusabe bwa EAC ku mirwano ikomeje gusakiranya Kinshasa na M23

Sangiza iyi nkuru

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na wo wasabye impande ziri mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga agahenge, nyuma y’igihe kirekire hatumvikana ijwi ryawo.

Iki cyifuzo cya EAC cyatangajwe nyuma y’inama ya 25 y’abakuru b’ibihugu by’uwo muryango yabereye i Arusha muri Tanzania, ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe.

Kuri ubu imirwano iracyakomeje mu burasirazuba bwa RDC hagati y’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa inyeshyamba zishinja kugaba ibitero mu bice bitandukanye bituwe n’abaturage benshi ndetse no kurenga ku gahenge.

Ku wa Mbere tariki ya 9 Werurwe, M23 biciye muri Lawrence Kanyuka uyivugira yashinje ingabo za Leta kugaba ibitero bya drone muri Centre ya Minembwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Itangazo ry’inama y’abakuru b’inihugu bya EAC rivuga ko iriya nama “yahamagariye impande zose ziri mu makimbirane [yo mu burasirazuba bwa RDC] guhagarika imirwano no kubahiriza agahenge ako kanya, inashimangira ko ishyigikiye ko amakimbirane yabo yakemurwa mu nzira y’amahoro.”

Itangazo ry’inama ya EAC kandi rivuga ko abakuru b’ibihugu bakiriye raporo yerekana aho ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cyari cyafashwe mbere rigeze, kijyanye n’ibiganiro bya Nairobi biyobowe na EAC.

Ni ibiganiro byitwa ko bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abakuru b’ibihugu banashimye “intambwe zimaze guterwa mu kugarura amahoro n’umutekano muri ako gace.”

Ni mu gihe umutekano mu Burasirazuba bwa RDC ukomeje kuba mubi bitewe n’imirwano ikomeye ihuza AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Congo.

Iyi mirwano ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage ndetse no kurushaho kongera ibibazo by’ubutabazi bwihuse.

Kinshasa ku ruhande rwayo yakunze gushimangira ko ingabo zayo zikomeje “kwitwara neza” imbere y’icyo bwita imyitwarire y’intambara y’ihuriro AFC-M23.

Ni imyitwarire Kinshasa ivuga ko igaragarira mu gusahura umutungo kamere w’agaciro kanini mu bice inyeshyamba zigenzura, ndetse no mu kutubahiriza kenshi agahenge binyuze mu bitero bisubirwamo kenshi.

Ku rundi ruhande, umutwe wa AFC/M23 wo ugaragaza ko hakiri ikibazo gikomeye cyo kutavuga rumwe hagati y’impande zombi, n’ubwo zose zivuga ko ziri mu biganiro bigamije amahoro, birimo ibya Doha biyobowe na Leta ya Qatar.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *