20260309_110117

Umufana yacomoye televiziyo ya VAR ubwo umusifuzi yari agiye gusuzuma penaliti

Sangiza iyi nkuru

Mu mukino wo mu cyiciro cya kabiri cya shampiyona y’Ubudage wabaye ku Cyumweru, umufana wipfutse mu maso yakoze igikorwa cyatunguye benshi ubwo yacomoraga televiziyo ya VAR yari ku kibuga.

Ibi byabaye mu mukino wahuje Preußen Münster na Hertha BSC, aho umusifuzi Felix Bickel yari ahamagawe ngo asuzume niba hari penaliti yakorewe Hertha Berlin.

Icyakora ageze kuri televiziyo yagombaga kureberaho amashusho, yayisanze idacanye, kuko uwo mufana yari amaze kuyicomora. Amakuru yatangajwe n’iyi kipe agaragaza ko uwo mufana yageze mu gice cy’imbere hafi y’ikibuga maze akuramo amashanyarazi kuri iyo televiziyo ya VAR.

Muri uwo mukino kandi, abafana ba Münster bari bashyizeho igitambaro cyanditseho amagambo agira ati: “kuraho VAR”, bagaragaza ko batishimiye ikoreshwa ry’iyo gahunda mu mupira w’amaguru.

Kubera ko umusifuzi atabashije kureba amashusho, icyemezo cyafashwe n’umusifuzi wa VAR wari mu mujyi wa Cologne, witwa Katrin Rafalski. Yemeje ko habaye ikosa, bituma penaliti itangwa maze Hertha Berlin irayitsinda.

Uyu mukino warangiye Hertha Berlin itsinze ibitego 2–1, nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri mu minota ya nyuma y’umukino.

Ikipe ya Preußen Münster yatangaje ko yicuza ibyabaye kandi yatangiye gushakisha uwo mufana wakoze icyo gikorwa, ndetse ifata ingamba kugira ngo ibintu nk’ibi bitazongera kubaho mu mikino iri imbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *