Pariki y’Akagera: Intare 5 zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza imbyaro

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwatangaje ko intare eshanu z’ingore zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza imbyaro hagamijwe gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kugenzura neza ubwiyongere bw’izi nyamaswa. Ibi byamenyekanye binyuze ku butumwa pariki yashyize ku mbuga nkoranyambaga, igaragaza ko iki gikorwa kiri muri gahunda rusange yo gucunga umubare w’intare kugira ngo zidahindura uburinganire bw’ibinyabuzima. Mu kwezi […]
Telefoni yaturutse i Kigali yaburijemo ibihano bya Amerika ku Rwanda

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika byahagaritse gahunda yo gufatira u Rwanda ibihano, nyuma y’ubuvugizi bwakozwe na Senateri Lindsey Graham w’umunyamerika. The Wall Street Journal yanditse ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yahamagaye Senateri Graham amusaba ubufasha bwo guhagarika umugambi wa White House wo gufatira u Rwanda ibihano. […]
RDC: Umukobwa wa Lumumba agiye guhatana na Mushikiwabo

Julianna Lumumba, umukobwa wa Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Congo, Patrice-Emery Lumumba, yatoranyijwe kuri uyu wa Gatanu nk’umukandida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie (OIF) nk’uko byatangajwe na minisiteri y’itangazamakuru n’itumanaho. Umwe mu bayobozi ba Congo yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abanyekongo (ACP) ati: “Uburemere bw’amarangamutima n’akamaro k’izina, ubushobozi […]
Gen. Nyakarundi yasuye Ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Major General Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Kane, itariki 26 Gashyantare 2026, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. We n’itsinda ayoboye ubwo bari mu mujyi wa Pemba, bagiranye inama n’Umugaba w’Ingabo za Mozambique (FADM) zirwanira ku butaka, Major General André Rafael Mahunguane. Ibiganiro bagiranye […]
Abimukira hafi 8000 barabuze cyangwa barapfa mu 2025

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IOM) riravuga ko mu 2025 byibuze abantu 7,667 baburiwe irengero cyangwa bapfiriye mu nzira bimukira mu bindi bihugu hirya no hino ku Isi. IOM yasabye ko hajyaho inkunga y’amafaranga y’imiryango itabara imbabare, ndetse no gusenya imiyoboro itwara abantu magendu ishyira ubuzima mu kaga. IOM ivuga ko uyu mubare uri […]
Umurundi wishe ababikira banze kuvura abasirikare bari muri Congo yafatiwe mu Butaliyani

Ubutaliyani bwatangaje ko bwafashe umugabo w’Umurundi w’imyaka 50 ukekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’ababikira batatu b’Abataliyani bishwe mu 2014 mu mujyi wa Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi. Ubushinjacyaha bwo mu mujyi wa Parma buvuga ko uwo mugabo witwa Guillaume Harushimana akekwaho gutegura, gufasha no gutanga ibikoresho byakoreshejwe muri ubwo bwicanyi bwabaye ku matariki ya […]
Amerika ifunze uwahoze ari umusirikare wayo azira kwigisha Abashinwa gutwara indege z’intambara

Uwahoze ari umusirikare w’ingabo zirwanira mu kirere za Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba n’umupilote, Gerald Eddie Brown Jr., yatawe muri yombi azira gukorana n’ingabo z’u Bushinwa. Brown w’imyaka 65 y’amavuko wamenyekanye mu kazi ke nka “Runner,” yafatiwe muri Leta ya Indiana. Uyu mugabo aregwa gutanga serivisi za gisirikare ku bapilote b’ingabo z’u Bushinwa atabifitiye […]
Ibice 9 by’Umubiri Utagomba Gukoraho

Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko hari ibice by’umubiri dukoraho kenshi ariko bitagomba gukorwaho n’amaboko yacu, cyane cyane iyo adasukuye neza. Amaboko ni yo akunze kuba yanduye kurusha ibindi bice by’umubiri, kuko akora kuri telefoni, ku miryango, kuri mudasobwa n’ahandi henshi. Iyo duhise tuyashyira ku bice by’umubiri byoroshye, tworohereza mikorobi kwinjira mu mubiri. Dore ibice […]
Hillary Clinton yahamagajwe n’akanama gakora iperereza ku byaha byakozwe na Epstein

Kuri uyu wa Kane, Hillary Clinton, umugore wa Bill Clinton wahoze ari Perezida wa Amerika, aritaba itsinda ry’abadepite rishinzwe iperereza ku byaha byakozwe na Jeffrey Epstein. Uwahoze ari umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi n’amahanga ndetse wabaye n’umukandida ku mwanya wa perezida aherutse kwemeranya, n’umugabo we, Bill Clinton wahoze ari Perezida, gutanga ubuhamya imbere ya […]
RDC kuba yishe Lt. Col Willy Ngoma yishe mu buryo bukomeye amategeko y’intambara: Gen. Sejusa

Gen. (Rtd) David Sejusa Tinyefuza wahoze mu ngabo za Uganda, yagaragaje ko igikorwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze cyo kwica Lt. Col Willy Ngoma wa AFC/M23, kigize kwica mu buryo bukomeye amategeko y’intambara. Ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo Willy Ngoma wari umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe wa AFC/M23 n’abandi bantu bari kumwe na we, […]
Hamuritswe Inyoborabiganiro ivuguruye ya Ndi Umunyarwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Umunyamabanga Uhoraho wa MINUBUMWE, Eric Mahoro, yayoboye igikorwa cyo kumurika Inyoborabiganiro ivuguruye ya NDI UMUNYARWANDA, cyahuje MINUBUMWE n’abafatanyabikorwa bayo. Iyi Nyoborabiganiro yateguwe ku bufatanye bwa MINUBUMWE na Unity Club Intwararumuri. Mu ijambo rye, Mahoro Eric yagaragaje ko kuvugurura iyi Nyoborabiganiro bizatuma ihame rya NDI UMUNYARWANDA rikomeza kwimakazwa mu […]
Andi makuru ku gitero cya drone cyahitanye Lt. Col Willy Ngoma na bagenzi be

Amakuru mashya aravuga ko abantu 18 ari bo bapfanye na Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi w’igisirikare cy’umutwe wa AFC/M23, nyuma yo kugabwaho igitero cya drone n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatatu Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza byari byatangaje ko byahawe amakuru y’uko abantu icyenda ari bo baguye muri […]
Ibiciro bya tungsten u Rwanda rukungahayeho bikomeje gutumbagira

Nubwo bwagabanyije umusaruro uva mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, u Bushinwa buracyafite uruhare runini mu gutanga tungsten ikenerwa ku Isi, ibarirwa hagati ya 75 na 80%, nk’uko amakuru atandukanye abitangaza. Ibiciro byayo rero biravugwa ko byazamutse mu mezi ashize nyuma yo kugabanya umusaruro woherezwaga mu mahanga. Nk’uko bitangazwa n’urubuga Project Blue, ibiciro bya tungsten byikubye inshuro […]
Gen. Dagvin Anderson wa Amerika kwa Tshisekedi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Gashyantare byitezwe ko ahura akanagirana ibiganiro na Gen. Dagvin Anderson wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gen. Dagvin asanzwe ari umuyobozi w’ingabo za Amerika zikorera muri Afurika (AFRICOM). Amakuru avuga ko mu byo ari buganireho na Tshisekedi, […]
U Rwanda rwakiriye abasaba ubuhunzi 164 baturutse muri Libya

Iri joro ryakeye, ku bufatanye n’Ishami rya Loni rishinzwe Impunzi, U Rwanda rwakiriye irindi tsinda ry’abasaba ubuhunzi 164 baturutse muri Libya bakomoka muri Eritrea (19), Sudani (143), Ethiopia (1), Sudani y’Epfo (1) binyuze mu buryo bwihutirwa bwo gutambuka. Kuva mu 2019, abantu 2.760 bimuwe; abarenga 2500 bimuwe mu bihugu bya gatatu.
M23 yisubije uduce 5 yari yambuwe muri Masisi

Umutwe wa AFC/M23 wisubije uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC ryaherukaga kutwigarurira. Amakuru atandukanye aremeza ko uduce AFC/M23 yisubije turimo Kasenyi, Luke, Katobotobo, Kaniro na Kazinga. Ku wa Gatatu bwo AFC/M23 yari yisubije agace ka Kasenyi. Utu […]
TTC Tumba: Basabwe kwigira ku butwari bwaranze Ingabo za RPA

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubufatanye bw’ingabo n’abaturage (J9) mu Ngabo z’u Rwanda, Col Désiré Migambi Mungamba, yatanze ikiganiro ku banyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry’ imyuga n’ ubumenyingiro rya Tumba abashishikariza gukoresha ubumenyi bwabo mu ikoranabuhanga mu guteza imbere igihugu. Iki kiganiro cyateguwe mu rwego rw’ibikorwa byo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu wizihijwe ku ya 1 Gashyantare […]
AFC/M23 yunamiye Lt. Col Willy Ngoma

Umutwe wa AFC/M23 biciye muri Benjamin Mbonimpa usanzwe ari umunyamabanga uhoraho wawo, wunamiye Lt. Col Willy Ngoma wahoze ari umuvugizi w’igisirikare cyawo, umugaragaza nk’umusirikare w’intwari uzahora azirikanwa. Mbonimpa abinyujije ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Intwari ntizigera zipfa. Ni abakundwa bacu. Wari Ofisiye w’intwari ndetse n’umunyarugwiro, tuzakomeza kukuzirikana mu mitima yacu. Udusuhurize intwari zacu […]
Masisi: Rurambikanye hagati ya AFC/M23 mu gace ka Luke

Nyuma y’iyicwa ry’Umuvugizi wa M23, LT Col. Will Ngoma, ibintu byakomeje guhindura isura ku rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC n’abayiri inyuma, aho imirwano irimo kuvugwa i Masisi. Amakuru atangazwa na Kivu Morning Post, aravuga ko imirwano yubuye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 mu Mujyi wa Luke muri Teritwari ya Masisi. Ni nyuma y’uko abarwanyi ba […]
Burundi: Abanyeshuri birukanwe maze banga gutaha bahita babafungirana mu ishuri

Abanyeshuri birukanwe ku ishuri rya Lycée Don Divin de Mweya banze gutaha, biba ngombwa ko bafungiranwa mu ishuri ndetse banacungiwe umutekano. Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, ku ishuri rya Lycée Don Divin de Mweya riherereye mu Ntara ya Gitega, habaye igisa n’imvururu nyuma y’uko hari abanyeshuri birukanwe kubera imyitwarire mibi, bakanga gutaha iwabo bagahitamo […]
Papa Leon XIV agiye gusura ibihugu 4 muri Afurika

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Leon XIV arateganya gusura ibihugu bine bya Afurika hagati y’itariki 13 na 23 Mata 2026 nk’uko byatangajwe na Vatican kuri uyu wa Gatatu ushize. Ni rwo ruzinduko rwe rwa mbere hakurya y’inyanja agiye gukora muri uyu mwaka, ku mugabane aho Kiliziya Gatolika ikura kurusha ahandi hose ku Isi. Muri urwo […]
Zimbabwe yanze inkunga ya Frw miliyari 477 ya Amerika

Amasezerano y’inkunga mu by’ubuzima angana na $ miliyoni 367 (Frw miliyari 477,1) yagombaga gusinywa hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Zimbabwe, yanze kwemerwa na guverinoma ya kiriya gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika. Ni nyuma y’uko Perezida Emmerson Mnangagwa asanze ayo masezerano abangamira ubusugire bw’igihugu cye. Ayo masezerano yari yatanzwe na Leta Zunze […]
Drone yarashe Lt. Col Willy Ngoma yishe abantu 9, Gen. Makenga ararusimbuka

Abantu icyenda (9) ni bo byamenyekanye ko baguye mu gitero cya drone cyishe uwari umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma; gusa Umugaba Mukuru w’Ingabo z’uriya mutwe, Gen. Sultani Makenga yashoboye kukirokoka. Ni amakuru Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza dukesha iyi nkuru byahawe n’amasoko ane. Mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki ya 24 […]
Ukuntu Samusure yinjije Sekaganda muri sinema

Hari impano zimurika kare, ariko nyirazo akazibona bitinze. Hari n’igihe umuntu umwe abona kure kurusha abandi, akamenya agaciro k’iyo mpano mbere y’uko iyifite abyiyumvamo. Ibi ni byo byaranze urugendo rwa Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava na Seburikoko, winjiye muri sinema atabishaka, ariko nyuma akaza kuba umwe mu bayigize inkingi ikomeye. Mu kiganiro Karisa Erneste […]
Macron na Tshisekedi baneguye u Rwanda

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa kuri uyu wa Gatatu yakiriye mu biro bye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bagirana ibiganiro byagarutse ku Rwanda. Perezidansi ya Congo Kinshasa ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X rwahoze rwitwa Twitter, yatangaje ko ibiganiro bya Macron na Tshisekedi “byongeye gushimangira ubushake bw’u Bufaransa bwo kubahiriza ubusugire bw’imbibi […]
Uganda: Umukobwa wa Ruto yasuye Gen. Muhoozi

Charlene Ruto, umukobwa wa Perezida wa Kenya, William Ruto, yasuye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba. Bahuriye kuri uyu wa Gatatu, ku cyicaro gikuru cy’ingabo zidasanzwe (SFC) i Entebbe. Uru ruzinduko ruje rukurikira itangazo riherutse gutangazwa na Gen Kainerugaba ku rukuta rwe rwa X, aho yatangaje ko yifuza gusura Perezida wa Kenya, […]
Nyuma y’urupfu rwa Lt. Col Willy Ngoma, AFC/M23 yikomye amahanga

Umutwe wa AFC/M23 wikomye amahanga akomeje kutagira ikintu na kimwe ku bitero bikomeye ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kuwugabaho, mu gihe wo iyo ufashe icyemezo cyo kwirwanaho birangira wamaganiwe kure. Uyu mutwe wanenze guceceka k’umuryango mpuzamahanga biciye muri Perezida wayo akanaba umuhuzabikorwa wungirije w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Bertrand Bisimwa. Yanditse […]
Cira birarura – Willy Ndahiro kuri Bad Rama

Umukinnyi wa filime akaba n’umuyobozi wazo, Willy Ndahiro, yanyomoje amakuru yavuzwe na Mupenda Ramadhan uzwi nka Bad Rama, amushinja kumuhimbira ubutumwa agamije kumugaragaza nk’ushyigikiye ibitekerezo bye byo kunenga u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo. Ibi byatangiye nyuma y’uko Bad Rama, uherutse kugaragara mu bavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, ashyize hanze ubutumwa agaragaza ko Willy Ndahiro amushyigikiye. Ndahiro […]
Sudani: Loni yafatiye ibihano abayobozi ba RSF barimo murumuna wa Gen. Dagalo

Kuri uyu wa Kabiri, komite ishinzwe ibihano y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano muri Sudani yongeye abayobozi bane bakuru b’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) ku rutonde rw’abafatiwe ibihano, nyuma y’icyifuzo cyatanzwe na Amerika, u Bwongereza n’u Bufaransa. Iki cyifuzo cyatanzwe ku itariki ya 17 Gashyantare, cyashatse kongeraho ba komanda bane ba RSF mu bafatiwe ibihano […]
Barafinda na bagenzi be boherejwe i Mageragere

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare, rwakatiye abarimo Barafinda Sekikubo Fred, Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na bagenzi babo gufungirwa muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere mu gihe cy’iminsi 30 y’agateganyo. Mu cyumweru gishize ni bwo Barafinda na bagenzi be bari baburanye ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, ku byaha […]
Perezida Isaac Herzog yatangiye uruzinduko rw’iminsi 2 muri Ethiopia

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 25 Gashyantare 2026, Perezida wa Israel, Isaac Herzog yageze i Addis Abeba, aho yatangiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Ethiopia. Ku kibuga cy’indege, Perezida wa Israel yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia kandi biteganijwe ko aza guhura na Perezida wa Ethiopia, Taye Atske Salassie na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed ku […]
Mozambique: Abasirikare 3 ba RDF baba biciwe mu mirwano ikaze i Macomia

Amakuru aturuka mu gihugu cya Mozambique ataremezwa n’ubuyobozi bw’u Rwanda, aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, habaye imirwano ikaze yari irimo Ingabo z’u Rwanda, Ingabo za Mozambique ndetse n’abagize umutwe uzwi nka Local Defense, ugerageza kwirukana Leta ya Kisilamu mu midugudu ikikije umuhanda w’igihugu nimero 380 (N380), ahagabwe igitero, ku Cyumweru, ku […]
Trump yongeye kuvuga ko yahagaritse intambara yo muri RDC mu gihe ibintu byahinduye isura

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Mbere yongeye gutangaza ko yahagaritse intambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe imirwano ingabo z’iki gihugu zirwanamo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 yahinduye isura. Trump mu ijambo rizwi nka ‘state of the union’ yagejeje ku Banyamerika, yavuze ko mu gihe […]
CAR: Ingabo z’u Rwanda zatanze ubuvuzi mu Igororero rya Bria

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, zikorera i Bria, zatanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu mu Igororero rya Bria, mu rwego rwo gutabara abasivili no gufasha mu mibereho myiza. Iki gikorwa cyakozwe n’Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (Rwanda Battle Group 8) ku bufatanye n’itsinda ry’Ibitaro byo ku rwego […]
Uganda: Museveni yayoboye inama ya 1 y’ubuyobozi bukuru bwa UPDF

Perezida Yoweri Museveni, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, yayoboye inama ya mbere y’ubuyobozi bukuru bwa UPDF kuva yatsindira manda ya karindwi mu matora aheruka kuba muri uyu mwaka. Nkuko bisanzwe, iyi nama yabereye mu ngoro ya perezida, i Entebbe, yasuzumye uko umutekano uhagaze mu gihugu ndetse n’imikorere ya UPDF mu karere. Iyi nama yitabiriwe […]
Masisi: AFC/M23 yaba yambuwe ibirindiro mu Mudugudu wa Mahanga

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Gashyantare, biravugwa ko imirwano ikaze yabaye hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za FARDC, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo, i Mahanga, umudugudu wo mu gace ka Butsike ( Gurupoma ya Nyamaboko I), muri Teritwari ya Masisi iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho […]
RIB yafunze wa mugabo wakubise umugore ukubura ku muhanda

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umugabo w’imyaka 58 y’amavuko ukekwaho gukubita umugore ukora akazi ko gusukura umuhanda mu Karere ka Bugesera. Uwo mugabo witwa Jean Bosco Rutikanga akurikiranyweho icyaha bivugwa ko yakoze ku wa 22 Gashyantare 2026, mu Mudugudu wa Kayenzi, Akagari ka Cyugaro, Umurenge wa Ntarama. Amakuru atangwa na Polisi […]
Inyota y’amafaranga no kutamenya amakuru mu bisunikira abana gucuruzwa

Ubuhamya n’ibiganiro bitangwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi, bigaragaza ko impamvu zikururira abantu gucuruzwa harimo kwizezwa inyungu z’amafaranga n’uburangare bw’ababyeyi ku bana babo bagiye gushaka akazi. Byagarutsweho mu bukangurambaga buri gukorerwa mu mirenge igize akarere ka Nyagatare ikora ku mipaka. Mu gusobanura icyaha cy’icuruzwa ry’abantu, hagaragajwe ko hari bamwe […]
Uganda: Abagore bafunzwe bazira gusomanira mu ruhame

Polisi yo mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Uganda yatangaje ko yafashe abagore babiri bari mu kigero cy’imyaka 20, nyuma y’uko abaturanyi babo babareze bavuga ko bababonye basomana mu ruhame. Aba bombi bafunzwe kuva ku wa 18 Gashyantare, kandi bivugwa ko badafite ubunganizi mu mategeko, hashingiwe ku itegeko rya 2023 rikumira ubutinganyi rizwi nka Anti-Homosexuality Act, […]
Angola yaba yamaze kohereza ingabo na za Sukhoi muri RDC

Leta ya Angola biravugwa ko yamaze kohereza mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare n’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi, mu rwego rwo gufasha ingabo za kiriya gihugu mu ntambara zirwanamo n’umutwe wa AFC/M23. The Great Lakes Observer ivuga ko ku wa 18 Gashyantare 2026, ari bwo Angola yohereje abasirikare bagera kuri […]
Lt. Col Willy Ngoma wa M23 yishwe

Lieutenant-Colonel Willy Ngoma wari umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa AFC/M23, yishwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Lt. Col Willy Ngoma yiciwe mu gitero cya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa zagabye ku modoka zari zitwaye intumwa za AFC/M23, mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya […]
U Bubiligi bwisobanuye ku ruzinduko rwa Hadja Lahbib i Goma rwarikoroje mu Banyaburayi

Guverinoma y’u Bubiligi yasobanuye ko uruzinduko rwa Madamu Hadja Lahbib mu mujyi wa Goma rutari rugamije kwemeza umutwe wa AFC/M23 uwugenzura nk’uwemewe n’amategeko. U Bubiligi bwatanze ibi bisobanuro, nyuma yo kotswa igitutu n’abanyaburayi. Mu cyumweru gishize ni bwo Hadja Lahbib usanzwe ari Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi yagiriye uruzinduko mu mujyi […]
Umusanzu wa Mituweli watumbagiye

teka rya Minisitiri w’Intebe rishyiraho ingano n’uburyo bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza ryasohotse ku wa 16 Gashyantare 2026, rigaragaza ko umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza uzwi nka ‘Mituelle de Santé’ wiyongereye. Iri teka ryerekana ko umusanzu ku bantu bari mu rwego rwa mbere rw’imibereho wageze kuri 4,000 Frw, na ho amafaranga menshi azatangwa akaba Frw […]
Perezida wa UCI yihanganishije imiryango y’abaguye mu mpanuka muri Tour du Rwanda i Gatsibo

Perezida w’Impuzamashyirahamwe Mpuzamahanga y’Umukino w’Amagare (UCI), David Lappartient, yihanganishije imiryango y’abantu babiri bahitanywe n’impanuka y’imodoka ya karavani yabaye mu irushanwa rya Tour du Rwanda, inakomerekeramo abandi batandatu. Iyi mpanuka yabaye ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, mu Murenge wa Rwimbogo, Akarere ka Gatsibo, ubwo imodoka ya karavani yamamazaga irushanwa yataga umuhanda bitewe n’imvura nyinshi, […]
Tshisekedi kwa Macron ‘gutakamba ngo u Rwanda rufatirwe ibihano’

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ategerejwe i Paris mu Bufaransa aho agomba kujyanwa na gahunda zirimo gutakambira mugenzi we Emmanuel Macron kugira ngo amufashe gufatira u Rwanda ibihano. Tshisekedi ari i Burayi kuva mu mpera z’icyumweru gishize, aho ku wa Gatandatu yagiye mu Bubiligi mu ibanga, mu rwego rwo kwivuza […]
Drone za FARDC zaramutse zirasa imvura y’amabombe mu Rubaya

Umutwe wa AFC/M23 urashinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugaba ibitero bya drone muri Rubaya, agace ko muri Teritwari ya Masisi gakungahaye ku mabuye y’agaciro. Kuva ku wa Mbere tariki ya 23 ibice bikikije Rubaya byabaye isibaniro ry’imirwano ikomeye, nyuma yo kugabwamo ibitero by’ingabo za Leta ya RDC zifatanyije n’abarwanyi b’imutwe ya Wazalendo […]
Imyenda yacu yuzuyemo inda, dushobora kurwara ‘typhus’: Abasirikare ba FDNB bari muri RDC

Abasirikare u Burundi bwohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bafite ubwoba bwo kurwara indwara ya ‘Typhus’ ikomoka ku nda, kubera kutitabwaho. Mu Ukuboza umwaka ushize u Burundi bwacyuye zimwe mu ngabo bwari bufite mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu rwego rw’ibyo bwise “kubahiriza amasezerano ya Washington”, ariko buza gusiga mu mujyi wa […]
I Karongi hagiye kubakwa ishuri rya mbere ryigisha gutegura ‘Cuisine Française’ muri EAC

Umushoramari Pasteur Kayumba Jean Baptiste usanzwe aba ku mugabane w’u Burayi, yatangaje ko agiye kubaka mu karere ka Karongi ishuri mpuzamahanga rizajya ryigisha gutegura indyo y’Abafaransa izwi nka ‘Cuisine Française’. Pasteur Kayumba yatangaje iyi gahunda ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare, ubwo mu karere ka Karongi haberaga inama yiga ku ishoramari n’ubukerarugendo. Ni inama yitabiriwe […]
Umunya-Espagne Pau Marti yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2026

Umukinnyi w’Umunya-Espagne Pau Marti ukinira ikipe ya NSN Development Team ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2026, akoresheje amasaha 3, iminota 10 n’amasegonda 10 ku ntera ya kilometero 134,6. Iri siganwa ryabaye ku wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026, abasiganwa bahagurukira i Nyamata basoreza i Huye. Mu ntangiriro, abakinnyi bagendeye […]
Uvira: U Burundi bwongeye gufungura umupaka

U Burundi kuri uyu wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare, bwongeye gufungura umupaka wa Gatumba-Kavimvira, nyuma y’amezi abiri bwarawufunze. Leta y’u Burundi yari yarafunze uyu mupaka mu Ukuboza 2025, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira wa kabiri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuyobozi wa serivisi z’abinjira n’abasohoka […]
Lague wa Police FC yatawe muri yombi na Polisi

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira ikipe ya Police FC, amaze iminsi afunzwe nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Mu ijoro ryo Ku wa Kane w’icyumwe gishize ni bwo uyu mukinnyi yafashwe n’ishami rya Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Amakuru avuga ko ubwo abapolisi bamufataga yabanje kubasagararira yitwaje kuba ari umukinnyi […]
Tshisekedi mu myiteguro yo kwakira abarimo Kayumba Nyamwasa i Kinshasa

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko ari mu myiteguro yo kwakira i Kinshasa abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Iby’uyu mugambi byatangajwe n’umunye-Congo Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bw’i Kinshasa. Uyu mugabo usanzwe aba mu […]
Abafana bitwikiyeho Sitade nyuma y’uko ikipe yabo itsinzwe 3-0

Umukino ukomeye wahuzaga amakipe abiri akomeye yo muri Serbia, Red Star Belgrade na Partizan Belgrade, waranzwe n’imvururu zikomeye nyuma y’uko abafana b’ikipe yasuye batwitse igice cya stade, bituma umukino uhagarikwa by’agateganyo. Ibi byabereye kuri stade ya Rajko Mitić Stadium mu mukino uzwi nka “Eternal Derby,” umwe mu mikino irangwa n’ishyaka rikomeye muri Serbia. Abafana ba […]
Kyra Nkezabera ntiyahiriwe muri Miss Belgique 2026

Mu mpera z’icyumweru gishize mu Bubiligi habaye irushanwa rya Miss Belgique 2026, ryitabiriwe n’abakobwa 32 bageze mu cyiciro cya nyuma. Ikamba ryegukanywe na Olga Lombard w’imyaka 22, usanzwe ari umunyeshuri wiga ibijyanye na Pharmacie muri Kaminuza ya Louvain. Muri aba bakobwa bahatanaga harimo na Kyra Nkezabera w’imyaka 21, ufite inkomoko mu Rwanda kuko se ari […]
Mukura VS irashinja umusifuzi Uwikunda Samuel kwibira Rayon Sports

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs biciye mu mutoza wayo, Nshimiyimana Canisius, yatangaje ko yatsinzwe na Rayon Sports kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi Uwikunda Samuel. Ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 21 wa shampiyona y’icyiciro cya […]
CSP Richard Kamanzi yishwe n’inkangu

Umupolisi mukuru wari mu kiruhuko cy’izabukuru, Chief Superintendent of Police (CSP) Richard Kamanzi w’imyaka 57, yapfuye ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, nyuma y’uko urukuta rugwiriye inzu ye nyuma y’imvura nyinshi. Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, ahagana saa saba z’amanywa. Amakuru atangwa na Polisi y’u […]
Me Nyarugabo yahase ibibazo abarimo Amerika, Qatar na Ndayishimiye

Me Nyarugabo Moïse wigeze kuba umusenateri na Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabajije abahuza mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo impamvu bakomeje kuruca bakarumira ku mabi ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera mu misozi miremire. Ni nyuma y’uko izo ngabo […]
Perezida na Madamu Kagame bifatanyije n’Abanyakigali muri Car Free Day

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki 22 Gashyantare, Perezida na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye siporo iba buri kwezi kabiri muri Car Free Day, bakorana imyitozo n’ibihumbi by’abaturage batuye Umujyi wa Kigali mu gushigikira kugira ubuzima buzira umuze, ubufatanye n’imibereho myiza. Ibihumbi by’abatuye hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bitabiriye n’umubare uri hejuru uyu […]
Ntimuzabe imbohe z’ibinyoma byabo – Minisitiri Bizimana i Paris

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Gashyantare 2026, i Paris, Minisitiri w’Ubumwe bw’Igihugu n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damasce Bizimana, yasabye Abanyarwanda bo muri diaspora kutazaba imbohe z’ibinyoma by’abarwanya igihugu ahubwo abasaba kurinda ubumwe bwabo kubw’abazabakomokaho. Ibi Minisitiri Bizimana yabitangarije mu Bufaransa, aho u Rwanda rwaganiriye n’urubyiruko rwo muri diaspora mu biganiro ku bumwe bw’igihugu no […]
U Rwanda, Amerika na Israel byahuriye mu nama y’umutekano

U Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel n’ibindi bihugu bya Afurika, muri iki cyumweru byahuriye mu nama y’umutekano yabereye i Kigali. Iyi nama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare, yari ifite insanganyamatsiko yiswe iyo “guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel, Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati bushya.” Abayiteguye babwiye The Times of Israel […]