Harmonize yambitse impeta Kajala

couple ya harmonize na kajala ikunze kuvugisha benshi muri tanzania 5d2cb

Nyuma y’iminsi mike Harmonize na Frida Kajala batangaje ko bongeye gusubirana, inkuru yabo yongeye gufata indi ntera, nyuma y’uko uyu muhanzi yambitse Kajala impeta y’urukundo mu muhango wabaye mu ijoro ryakeye, amusaba kuzamubera umugore. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwihariye kandi bwuje amarangamutima, cyongeye gushimangira ko urukundo rw’aba bombi rwinjiye mu kindi cyiciro. Iyi mpeta […]

U Burusiya burashinja Ukraine kugerageza kurasa ku rugo rwa Putin

b7caa1e 5a650f1c3dbb40ceba9ee3d9ff98b8ec 5a650f1c3dbb40ceba9ee3d9ff98b8ec 0

U Burusiya ku wa Mbere bwashinje Ukraine kugerageza kugaba igitero ku rugo rwa Perezida Vladimir Putin, burahirira kugisubiza. Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Putin yamubwiye iby’icyo bitero, mu kiganiro cyo kuri telefoni bagiranye mu gitondo cyo ku wa Mbere, ndetse ko byamurakaje cyane. Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Kugaba ibitero […]

Hamas yemeje urupfu rwa Abu Obeida wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare

2025 08 31T131335Z 2066790942 RC2OHGAPQH4R RTRMADP 3 ISRAEL PALESTINIANS HAMAS GAZA 1024x683 1

Umutwe wa Hamas w’Abanyapalestine wemeje iyicwa ry’Umuvugizi w’ishami ryawo rya gisirikare uzwi ku izina rya ⁠Abu Obeida, na Mohammed Sinwar wahoze ayobora uyu mutwe muri Gaza, bombi baguye mu ntambara yo muri Gaza mu ntangiriro z’uyu mwaka. Mu itangazo rya videwo ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, Brigade ya al-Qassam, ishami rya gisirikare rya Hamas, ryemeje […]

Burundi: Amarondo ya nijoro yagizwe itegeko mu bice byegereye u Rwanda

IMG 20251229 WA0025

Muri Komini ya Kirundo, ihana imbibi n’u Rwanda mu Ntara ya Butanyerera, mu majyaruguru y’u Burundi, ingamba z’umutekano zafashwe zateje impungenge zikomeye mu baturage. Ku dusozi twinshi duteganye n’Ikiyaga cya Cyohoha n’Umugezi w’Akanyaru, amarondo yagizwe itegeko, ibintu ngo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mibereho ya buri munsi y’abaturage no guteza ibibazo by’uburenganzira bwa muntu. Nk’uko […]

Iyi ntambara turi hafi kuyitsinda: Gen. Makenga

Screenshot 20251230

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ihuriro AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yasabye abayoboke baryo gukomeza kuba mu mwuka w’intambara, abasezeranya ko intambara barwanamo na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari hafi kuyitsinda. Makenga yatanze iryo sezerano ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza, ubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 bwahuriraga n’abayoboke bayo mu ngoro ndangamurage ya Himbi iherereye […]

Kikwit: Imirwano hagati ya FARDC na Mobondo yaguyemo abagera kuri 20

WhatsApp Image 2022 08 12 at 10.00.07

Nibura abarwanyi 15 ba Mobondo n’abasirikare batanu bo mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) baguye mu mirwano iherutse kubera i Kikwit, mu Ntara ya Kwilu. Kuwa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza, igisirikare cyeretse abanyamakuru intwaro n’inyandiko by’abarwanyi ba Mobondo byafashwe. Nk’uko FARDC ibitangaza, ibintu byafashwe birimo imbunda 29 za calibre 12, imbunda […]

Muri ingabo n’inzego z’umutekano nahoze nifuza kugira: Perezida Kagame

20251230 070258

Perezida Paul Kagame yashimye Ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano ku bw’ubunyamwuga, ikinyabupfura ndetse n’umusanzu wazo mu kurinda umutekano w’igihugu, azigaragaza nk’ingabo yahoze yifuza kugira. Ni mu butumwa busoza umwaka wa 2025 Umukuru w’Igihugu yageneye Ingabo n’izindi nzego z’umutekano, ku wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza. Perezida Kagame yashimiye ba Ofisiye, abagabo n’abagore ba RDF […]

Umunsi Ndayishimiye yerura ko nta mubano yifuza kugirana n’u Rwanda 

65a59a260cbfa1c774ec6f91 Kagame Ndayishimiye

Mu myaka ibiri ishize Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yagezaga ijambo risoza umwaka wa 2023 ku Burundi, yashinje u Rwanda kugira uruhare mu gitero u Burundi buvuga ko umutwe wa RED-Tabara wagabye mu Gatumba, biba n’intandaro yatumye bufunga imipaka yose yo ku butaka ihuza ibihugu byombi. Gufunga iyi mipaka byakurikiwe n’amagambo asa n’agamije gushotora u Rwanda […]

Kinshasa: Haravugwa itabwa muri yombi rya Col. Makoko wo mu barinda perezida

G9Vh8ZkX0AAVz9X

Kuri uyu wa Mbere, undi musirikare mukuru wa FARDC, Colonel Serge Makoko Bwanamoya, wo muri Batayo y’Ingabo zirinda Perezida, yoherejwe muri Gereza ya Ndolo, kandi dosiye ye yamaze gushyikirizwa umushinjacyaha mukuru.   Amakuru amaze kujya ahagaragara agera kuri Bwiza avuga ko akurikiranweho ibyaha byinshi bikomeye birimo: kugirana ibiganiro kuri telefone n’umwe mu bagize AFC / […]

FARDC yitandukanyije n’ibyatangajwe n’Umuvugizi wa yo

image editor output image1806833594 1757880183150

Ubuyobozi bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo buravuga ko bwamaganye imvugo yo kwibasira Abatutsi y’Umuvugizi w’Ingabo, Maj. Gen. Sylvain Ekenge, kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC) kuwa Gatandatu, itariki 27 Ukuboza, kubw’ibyo hakaba hafashwe icyemezo cyo kumukura ku mirimo ye y’Umuvugizi wa FARDC. Itangazo rya FARDC ryashyizweho umukono n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Lt. Gen. Banza Mwilambwe […]

Turkiya: Abapolisi 3 biciwe mu mirwano na Islamic State abandi barakomereka

turkish police injured

Abapolisi batatu bishwe abandi icyenda bakomeretswa n’amasasu mu gikorwa cyo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Yalova, nyuma y’uko Turkiya itaye muri yombi abantu barenga 100 bakekwaho kuba bateguraga ibitero mu biruhuko. Ubuyobozi bwavuze ko abapolisi batatu ba Turkiya bishwe abandi icyenda barakomereka ubwo barasanaga n’abakekwaho kuba mu mutwe wa Leta ya Kisilamu (IS) mu gikorwa […]

Bunia: Umunyamakuru wa RTNC yishwe n’abantu bataramenyekana

IMG 20250821 WA0017

Umunyamakuru Thierry Banga Lole, ukorera ishami rya Radio na Televiziyo by’Igihugu ( RTNC ) muri Bunia, yapfuye azize ibikomere bikomeye nyuma yo kuraswa n’abantu bitwaje intwaro bamusanze iwe mu rugo mu Mujyi wa Bunia. Nk’uko amakuru atandukanye ava muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, abantu bitwaje imbunda batamenyekanye binjiye iwe nijoro, ahagana mu ma […]

Abantu ba hafi ya Tshisekedi ni bo bari inyuma y’umutwe wa Mobondo: FARDC

anthony mwalu 19 aout adf tues

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashinje abantu ba hafi ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi kuba ari bo bari inyuma y’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo. Mobondo ni umutwe byatangiye uteza amakimbirane ashingiye ku butaka muri Teritwari ya Kwamouth mu ntara ya Mai-Ndombe, gusa kuri ubu wamaze guhinduka umutwe w’inyeshyamba ndetse wagura ibikorwa byawo, […]

Senderi arifuza ko Kirehe iba igicumbi cy’umuziki

IMG 20251229 WA0008

Umuhanzi Senderi International Hit yatangaje ko afite icyifuzo cyo kubona Akarere ka Kirehe kaba igicumbi cy’umuziki nyarwanda, nyuma yo gutegura igitaramo yise “Kirehe Twataramye” cyabereye ku ivuko rye, kigahuriza hamwe imbaga y’abaturage ku nshuro ya mbere. Iki gitaramo cyabereye mu Murenge wa Nyarubuye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza 2025, cyitabirwa n’abahanzi bakomeye barimo […]

Imirwano iri kubica hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Katogo kugeza Kambiba

602311587 842326958788881 3902893368463987065 n

Imirwano hagati y’abarwanyi ba AFC-M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, zishyigikiwe na Wazalendo, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Ukuboza 2025, yabereye mu midugudu ya Katogo, Kigogo, Kambiba, no mu turere tuyikikije. Iyi mirwano nk’uko amakuru atarasobanuka neza abivuga, iri kubera muri Gurupoma ya Kalungwe, Sheferi ya Bavira, Teritwari ya Uvira, mu […]

Centrafrica: Perezida Touadera aritegura kuyobora manda ya 3 nyuma y’amatora

000 89687ZB

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Ukuboza 2025, muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) habaye amatora atarigeze abaho. Miliyoni hafi 2.4 z’abaturage ba Centrafrica babyukiye gutora Perezida wa Repubulika, abadepite, abajyanama b’amakomine, n’abahagarariye uturere. Amatora yagenze neza nta kibazo gikomeye cyabaye. Ku biro by’itora No 6 ku ishuri rya Lakouanga, mu murwa mukuru wa Repubulika ya […]

U Bushinwa bwagose Taiwan mu myitozo yiswe “Just Mission 2025”

3d178790 0f83 11f0 9d28 c5001aaa1699

Taiwan irashinja u Bushinwa iterabwoba rya gisirikare nyuma y’uko Beijing itangaje imyitozo ikoreshwamo amasasu ya nyayo. Bije nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani avuze ko Tokyo ishobora kugira icyo ikora kugira ngo irengere ikirwa cyigenga. Kuri uyu wa Mbere, u Bushinwa bwatangaje imyitozo ya gisirikare “ikomeye” izenguruka Taiwan mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera n’u […]

U Rwanda rwafashe uruhande mu bibazo bya Somalia na Israel 

GgYFMpNXQAA6NQa 1

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye umugambi umaze iminsi wo kwitandukanya kwa Somalia n’Intara ya Somaliland, ishimangira ko icy’ingenzi ari ugushyira imbaraga mu nzira y’amahoro n’iterambere hubahirijwe amategeko mpuzamahanga. Guverinoma mu itangazo yaraye isohoye, yavuze ko iri ku ruhande rw’ibyatangajwe n’imiryango irimo uwa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika Yunze Ubumwe ku birebana n’ikibazo cya Somalia. […]

Tshisekedi yahagaritse Gen. Ekenge nyuma yo kuvuga amagambo yuzuye urwango ku Batutsi 

ekengee1 98245 1ccc7

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse Général-Major Sylvain Ekenge wari umuvugizi w’Ingabo z’icyo gihugu, nyuma yo kuvuga amagambo yibasira Abatutsi. Amakuru y’ihagarikwa rya Ekenge yemejwe n’Ibiro ntaramakuru bya Congo (ACP). ACP isubiramo umusirikare mukuru ayimenyesha ko Ekenge yahagaritswe amenyeshejwe n’Ibiro bikuru bya gisirikare. Uyu mugabo yahagaritswe nyuma y’uko ku wa […]

Amafaranga yatumye Mbonyi atenguha ab’i Rubavu

img 20251228 wa0037 5da9e

Rubavu yari yariteguye kwakira umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, mu gitaramo gikomeye cyari giteganyijwe ku wa 1 Mutarama 2026 kuri Sitade Umuganda. Ariko ibyari ibyishimo byahindutse intimba, nyuma y’uko iki gitaramo gisubitswe habura iminsi itatu gusa ngo kibe. Amakuru yemejwe n’abari mu itegurwa ry’iki gitaramo avuga ko icyemezo cyo […]

U Bubiligi buravuga ko bwashenguwe n’imvugo yibasira Abatutsi ya Gen. Ekenge

20250428 222540

Guverinoma y’u Bubiligi yatangaje ko yababajwe cyane n’imvugo yibasira Abatutsi y’umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Sylvain Ekenge. Uyu Ekenge akomeje kwamaganwa no kunengwa n’abantu batandukanye, nyuma y’amagambo arimo ivangura n’urwango aheruka gutangaza ku bantu bo mu bwoko bw’Abatutsi. Uyu mugabo ubwo yari kuri Televiziyo y’Igihugu ya RDC, RTNC, yabwiye abantu […]

Green Party yasoje ibikorwa bigenewe abarwanashyaka byari bimaze amezi 10

IMG 20251228

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Democratic Green Party of Rwanda, kuri iki cyumweru tariki ya 28 Ukuboza ryasoje ibikorwa birimo inama n’amahugurwa ryari rimaze igihe rikorera hirya no hino mu gihugu. Ni ibikorwa byasorejwe mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo ubuyobozi bwa ririya shyaka bwatangiriye […]

Nduhungirehe yamaganye imvugo y’Umuvugizi wa FARDC yibasira Abatutsi

nduhungirehe 4 2

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yamaganye imvugo y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Major. Sylvain Ekenge, watangarije kuri Radio na televiziyo by’igihugu kuwa Gatandatu ko gushakana n’Umututsi ari ukwitonda. Nk’uko Gen. Sylvain Ekenge yabitangaje: “Iyo ushyingiranywe n’umugore w’umututsi, ugomba kwitonda. Iyo uri mu mwanya w’ubutegetsi, nk’umutware gakondo wo mu rwego rwo […]

Burundi: Gen. Bunyoni mu bindi bitaro mu ibanga rikomeye

Bunyoni 3800x2138 c 1840x1035 1

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko uwahoze ari minisitiri w’intebe, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wari mu Bitaro bya Gitega kuva mu Kwakira 2025, yimuriwe ku itariki ya 27 Ukuboza 2025, mu bitaro byigenga bya Kira i Bujumbura. Iyimurwa ryakozwe mu ibanga no mu mutekano bihambaye, ryongeye gutera kwibaza ku buzima bwe ndetse n’uko […]

Abajenerali bafunzwe ni abakoreshejwe n’u Rwanda – Gen. Ekenge

ekengee1 98245 1ccc7

Umuvugizi w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Sylvain Ekenge, yashinje u Rwanda icyo yise umugambi wo gukomeza guhungabanya Congo n’nzego zayo, aho yemeza ko abasirikare bakuru bafunzwe bazira gukoreshwa n’u Rwanda. Abasirikare bakuru barenga 20 barimo Gen. Christian Tshiwewe, wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, ubu barafunzwe. Abo basirikare bakuru hafi ya bose […]

Madagascar: Uwahoze ari perezida wa sena yatawe muri yombi

images 10

Muri Madagascar, ubutabera bwataye muri yombi uwahoze ari Perezida wa Sena, Richard Ravalomanana. Uyu wari isura y’ubutegetsi bwa Rajoelina, wamaganwe n’abigaragambyaga mu gihe cy’imyigaragambyo ya Gen Z iherutse, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 27 Ukuboza, akuwe iwe i Antananarivo. Mu minsi yashize yari yanze kwitaba ihamagazwa rya Gendarmerie. Abashinzwe iperereza […]

MONUSCO yafashije FARDC kuva mu gace kafashwe n’inyeshyamba za Lubanga

G8YC6UsWwAAaYum

Nyuma y’ifatwa rya centre ya Bule yafashwe n’inyeshyamba za CRP, kuri uyu wa Gatandatu ushize, MONUSCO, ku bufatanye n’Ingabo za Uganda, bavanye Abasirikare ba FARDC bafashwe mu nkambi y’inyeshyamba i Rhoo, iherereye mu birometero bitanu uvuye i Bule. Aba basirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bari bafashwe cyangwa bagoswe n’inyeshyamba baherekejwe kugera mu […]

Drones zongeye guhungabanya akazi ku Kibuga cy’Indege cya Hannover

hannover aiport

Ingendo zo mu kirere zahungabanijwe i Hanover muri Leta ya Lower Saxony mu majyaruguru y’u Budage nyuma y’uko indege zitagira abadereva zitamenyekanyekanye zigaragaye ku Kibuga cy’Indege cya Hannover nk’uko byatangajwe kuwa Gatandatu. Biravugwa ko gufunga Ikibuga cy’Indege cya Hannover byatangiye saa 9h45 z’ijoro ku isaha yaho (20:47 UTC) kuwa Gatanu bigeza saa 12:16 z’amanywa kuwa […]

Walikale: Habaye imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo kuri AFC/M23

Carte Walikale2

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 27 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo muri Ihula, muri Gurupoma ya Kisimba iherereye muri Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri Gurupoma ya Kisimba abitangaza, ngo inyeshyamba za Wazalendo zateye ibirindiro by’inyeshyamba za AFC/M23 ahagana mu ma […]

Umunyamakuru Keddy yarongoye (Amafoto)

IMG 20251227 WA0006

Manirakiza Mapendo wamenyekanye mu itangazamakuru nka ‘Keddy’, yakoze ubukwe n’umukunzi we Uwamahoro Sarah uzwi nka Salama. Ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza ni bwo aba bombi bakoze ubukwe, mu birori byabereye mu karere ka Rubavu. Ni ibirori byatangiye saa yine z’igitondo aho Keddy yasabye akanakwera Sarah mu busitani bwa Candida buherereye mu murenge wa […]

Imirwano ya AFC/M23 na FARDC mu misozi ya Uvira yafashe indi ntera

20251222 144606 1

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, urusaku rw’amasasu menshi n’iturika ry’ibisasu byumvikanye mu misozi ihanamiye uduce twa Katongo na Kigongo two muri teritwari ya Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Amakuru aturuka hafi y’aho imirwano ibera agaragaza ko abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 bari mu mirwano yeruye n’inyeshyamba za Wazalendo bafatanyije ku rugamba n’Ingabo […]

Abafana ba Element Eleeeh barwaniye mu Budage

1766825859153

Kutagaragara kwa Element EleeeH mu gitaramo yari ateganyijwe gukorana na Sat B i Hannover mu Budage mu ijoro ryo ku wa 25 Ukuboza 2025 byabyaye imvururu n’imirwano ikomeye. Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko hari abantu bakomeretse, nubwo umubare wabo utahise umenyekana. Abateguraga igitaramo batangajwe no kubona, amasaha abiri gusa mbere y’uko gitangira, ubutumwa […]

Nyina wa Fik Fameica yapfuye

WhatsApp Image 2025 12 27 at 10.03.01 AMsdw

Umuraperi w’ikirangirire muri Uganda, Fik Fameica, ari mu bihe bikomeye by’akababaro nyuma y’uko nyina yitabye Imana. Nyakwigendera yari amaze igihe arwaye indwara zitandukanye, aho mu mezi ashize yakunze kujya kwivuriza mu bitaro kenshi. Hashize iminsi mike, yararembye cyane ajyanwa byihuse mu bitaro bya Kibuli Muslim Hospital, aho yari ari kwitabwaho n’abaganga. Mu gihe ubuzima bwe […]

Kigali: Polisi yafashe umugabo wagaragaye amenagura ibirahure by’imodoka z’abantu

Screen Shot 2025 12 27 at 05.04.14

Polisi y’Igihugu yemeje ko umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse yafashwe. Polisi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko iperereza rigaragaza ko uwo mugabo afite uburwayi bwo mu mutwe, akaba yahise anoherezwa mu bitaro by’abafite ubu burwayi. Amashusho aheruka gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uwo […]

Umumotari yagonze umupolisi wari mu kazi aramwica

WhatsApp Image 2025 12 26 at

Umupolisi wari mu kazi mu karere ka Kayonza, mu ijoro ryo kuri Noheli yagonzwe n’umumotari birangira atakaje ubuzima. Byabereye mu muhanda w’igitaka wa Buhabwa, uherereye mu Murenge wa Murundi, Akarere ka Kayonza ahagana saa saba z’ijoro. Umuryango wa nyakwigendera PC Habugusenga John, uvuga ko we na mugenzi we bari mu kazi ko kubungabunga umutekano, umumotari […]

M23 yahanuye Sukhoi-25 ya FARDC

Screenshot 20251226 173043 1

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza, yahanuye indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Iyi ndege yahanuriwe mu gace ka Kigongo muri Teritwari ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko iriya ndege yarashwe mu gihe yari yiriwe igaba ibitero […]

Umunyarwanda ayoboye indorerezi za AU mu matora yo muri Centrafrique

20251226 145300

Right. Hon. Bernard Makuza wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ayoboye indorerezi umuryango wa Afurika yunze Ubumwe wohereje gukurikirana amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Repubulika ya Centrafrique. Ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza ni bwo Amb. Valentine Rugwabiza uyoboye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) yahuye na Makuza. Ku Cyumweru tariki […]

Perezida Kagame yahaye impano y’imipira abana bitabiriye FIFA Football Festival

1766746436082IMG 0480

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, afatanyije na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, batangije ku mugaragaro gahunda ya FIFA Football Festival yabereye muri Stade Amahoro ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2025. Iyi gahunda igamije guhuriza hamwe abana bato, ibafasha kwidagadura no gusabana binyuze mu gukina umupira w’amaguru, ikanabashishikariza […]

FARDC yarashe ubwato 2 bwa M23

Screenshot 20251226 112237 1

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza, zarashe amato abiri y’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Ubwo bwato bwarasiwe ku cyambu cya Kulundu giherereye ku kiyaga cya Tanganyika, mu gace ka Makobola ko muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Drone ya FARDC ni yo […]

Indwara yo gushaka kwemeza abagore mu gitanda iri kwica abagabo imburagihe

Mu bihe bya vuba, haravugwa inkuru nyinshi z’abagabo bapfa cyangwa bagira ibibazo bikomeye by’ubuzima, bishingiye ku guhatana gushaka kugaragara nk’abagabo bafite imbaraga zidasanzwe mu mibonano mpuzabitsina. Ibi byiyongereye cyane nyuma yo kumenyekana kw’imiti yongera ubushobozi bwo guhagarara kw’igitsina gabo, buzwi nka blue pill. Mu by’ukuri, iyi miti yari yarateguriwe abafite indwara z’umutima, ariko nyuma byaje […]

Amerika yagabye ibitero muri Nigeria

382eb510 e20e 11f0 86ca d5a596a95198.png

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zagabye ibitero byinshi byica ku nyeshyamba zo mu mutwe wa Islamic State, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria. Trump mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yijeje ko Amerika izagaba ibitero bishya kuri izo nyeshyamba mu gihe zaba zikomeje […]

Rutshuru: Wazalendo iravugwaho guteka igico M23 igatwika imodoka yayo

20251226 081430

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 bari ku burinzi ku muhanda Goma-Rutshuru muri Parike y’Igihugu ya Virunga, biravugwa ko zaguye mu gico zari zatezwe n’abarwanyi ba Wazalendo ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza 2025. Ni igico bivugwa ko izo ngabo zategewe hafi y’agace ka Rumangabo muri Teritwari ya Rutshuru. Amakuru avuga ko ubwo byabaga impande zombi […]

Ubuhanuzi bwa Ebo Noah y’uko isi yari kurangira kuri Noheli bwapfubye

WhatsApp Image 2025 12 25 at 10.09.47 PM

Umugabo wo muri Ghana witwa Ebo Noah, wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye kubera kubaka inkuge nini imeze nk’ubwato (ark) no guhanura umwuzure wari guhitana isi guhera tariki 25 Ukuboza, yasobanuye impamvu ibwo buhanuzi butasohoye. Ebo Noah yatangiye kuvugwa cyane muri Kanama uyu mwaka, nyuma yo gutangaza ko Imana yamuhaye ubutumwa bumubwira […]

Kindu: Byabaye ngombwa ko basimbuka kugirango basohoke mu ndege kubera kubura ingazi

Capture2 1

Mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Ukuboza 2025, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo habaye agashya ubwo abagenzi benshi bari muri Boeing 737-800 bahatiwe gusohokamo basimbutse metero hafi eshatu uvuye ku muryango w’indege, kubera ko nta ngazi zari zihari. Nyuma yo gutegereza amasaha menshi kandi nta makuru babona ava muri komanyi y’indege, bamwe bahisemo […]

RDC: Gen. Padiri Muhizi wa FARDC yatawe muri yombi

IMG 20250616 WA0650

General Major Padiri Muhizi Jonas, Komanda w’Akarere ka 11 ka Gisirikare ka FARDC, yatawe muri yombi kuwa Kabiri i Kinshasa, nk’uko amakuru atandukanye yizewe aturuka mu nzego z’umutekano abyemeza. Biravugwa ko yahamagajwe n’ubuyobozi bwe, ariko atigeze agaruka ku kazi, ibyateye impuha ku itabwa muri yombi rye. Abamwegereye bavuga ko urwikekwe ari rwose hajuru mu buyobozi […]

Nigeria: Igitero cya bombe mu musigiti cyahitanye batanu

603861048 1470026331159363 1054588755686040919 n

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Ukuboza 2025, byibuze abantu batanu bapfuye abandi 35 barakomereka ubwo igisasu cyaturikiye ku musigiti mu masengesho ya nimugoroba muri Leta ya Borno mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Nigeria, nk’uko Umuvugizi wa Polisi, ASP Nahum Daso Kenneth, yabitangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook. Nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, abayobozi bakeka […]

Impanuka ya kajugujugu ku Musozi wa Kilimanjaro yahitanye abarimo ba mukerarugendo

helicopter crash jpg

Kuri uyu wa Kane, kajugujugu yaguye ku Musozi wa Kilimanjaro muri Tanzaniya, ihitana abantu batanu, nk’uko byatangajwe ibitangazamakuru byaho byavuze ko indege yari mu butumwa bwo gutabara. Iyi kajugujugu yaguye hafi y’inkambi ya Barafu kuri uyu musozi, nkuko byatangajwe n’ikigo cy’indege za gisivili muri Tanzaniya. Ikinyamakuru Mwananchi na East Africa TV , byasubiyemo umuyobozi wa […]

Tanzania: Hateguwe imyigaragambyo ku munsi wa Noheri

900x506 cmsv2 ad1fa1c1 bae0 5eaa 8274 4314ae576110 9533134

Muri Tanzaniya, impirimbanyi zahamagariye abaturage imyigaragambyo kuri uyu wa Kane, itariki 25 Ukuboza, ku munsi wa Noheri. Barashaka kwibuka abazize urugomo rwakurikiye amatora ya perezida yo mu Kwakira. Ariko nyuma y’ubukangurambaga bwananiranye ku itariki ya 9 Ukuboza, ntihazwi urwego iyi myigaragambyo ishobora kwitabirwaho hakurikijwe ukuntu ubutegetsi bumaze iminsi bwarakajije ingamba z’umutekano no gukumira imyigaragambyo yose. […]

Menya amateka ya Gen. Makenga wujuje imyaka 52 kuri iyi Noheli

20251225 93745

Kuri iyi tariki ya 25 Ukuboza 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, Gen. Sultani Emmanuel Makenga, yujuje imyaka 52 amaze avutse. Ubuzima bw’uyu musirikare bwatangiye kuri Noheli ya 1973, ubwo yavukiraga i Nyanzale muri Teritwari ya Masisi nk’uko yagiye abivuga. Makenga yataye ishuri ku myaka 17 ajya mu mutwe w’inyeshyamba wa Rwandan Patriotic Front (RPF […]

Tshisekedi yunamiye FARDC na Wazalendo zaguye ku rugamba

20251225 014806

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yunamiye abasirikare bo mu ngabo z’igihugu cye n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo biciwe mu ntambara ikomeje gusakiranya ubutegetsi bwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Tshisekedi yunamiye abo basirikare n’abarwanyi babafasha ku rugamba, mu ijambo rijyanye n’umunsi mukuru wa Noheli yagejeje ku banye-Congo. Ni ijambo yavuze […]

Ituri: Imirwano ikaze yahuje FARDC n’inyeshyamba za Thomas Lubanga

Des elements du commando deployes en Ituri DR 3800x2138 c scaled 1

Ku wa Gatatu, itariki ya 24 Ukuboza, imirwano ikaze yadutse hagati y’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’inyeshyamba z’umutwe wa Convention pour la Révolution Populaire (CRP), uyobowe na Thomas Lubanga. Iyi mirwano yabereye i Bule, umujyi uherereye mu birometero byinshi uvuye i Bunia, muri Teritwari ya Djugu mu Ntara ya Ituri. Nk’uko amakuru […]

Sebastian Hertner yapfuye

1766583023202

Isi y’umupira w’amaguru, by’umwihariko mu Budage, yibasiwe n’agahinda gakomeye nyuma y’urupfu rubabaje rwa Sebastian Hertner, wahoze ari umukinnyi mpuzamahanga w’Abadage. Hertner w’imyaka 34 y’amavuko yitabye Imana ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukuboza 2025, azize impanuka ikomeye yabereye ku gikoresho cyo kuzamura abantu ku misozi mu kigo cy’imikino ya ski cya Savin Kuk, mu majyaruguru […]

Kitoko muri Rayon Sports

e6b1570c 3b19 447a a961 b3907856a771

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ikipe ya Rayon Sports yakiriye, Umunye-Congo Faustin Likua Kitoko Pizzalo wakiniraga Flambeau du Centre yo mu Burundi, aho aje gushyira umukono ku masezerano. Faustin Likua w’imyaka 23 ukina mu kibuga hagati yugarira ashobora gusinya amasezerano y’imyaka ibiri atanzweho miliyoni 21 z’amafaranga y’u Rwanda. Likau Faustin yavuye muri AC […]

U Rwanda rwavuze kuri Meya wa Kindu waciye imyambaro yanditseho ‘Visit Rwanda’

AFP 20220730 32FP8ZW v1 HighRes FblArsenalSevillaFriendly

Umuyobozi w’Umujyi wa Kindu wo mu ntara ya Maniema muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Augustin Atibu Mulamba, yatangaje ko yamaze kubuza burundu kwambara, kugurisha, gutunga no gukwirakwiza imyambaro cyangwa ibirango byose byanditseho ijambo “Visit Rwanda”. Ni icyemezo yatangaje ku mugaragaro mu mpera z’icyumweru gishize, mu kiganiro yahaye itangazamakuru ryo muri ako gace. Uyu mugabo […]

Lt. Col Manirakiza wari wararashwe na M23 yapfuye

GridArt 20251224 140414386

Lieutenant-Colonel Patrice Manirakiza wayoboraga batayo ya 18 y’ingabo u Burundi bwari bwarohereje kurwana na AFC/M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza 2025. Uyu ofisiye yaguye mu bitaro bya Tanganyika Care Hospital by’i Bujumbura azize ibikomere, aho yari amaze ibyumweru birenga bibiri arwariye. Ku wa 6 Ukuboza […]

Dore ibihugu 10 Noheli ifatwa nk’ikizira

attachment Untitled design 2024 12 11T170841.682

Buri mwaka tariki ya 25 Ukuboza, mu bihugu byinshi byo ku isi by’umwihariko mu Burengerazuba bw’isi, hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli, abakristo bakawufata nk’umunsi wo kwizihiza ivuka rya Yezu/Yesu Kristu, ukaba umwanya wo gusangira, kwishimana, gutanga impano no kwibutsa urukundo n’amahoro. Mu mijyi myinshi ku isi, uyu munsi urangwa n’imirimbo itandukanye, indirimbo za Noheli, amatara […]

Kindu: Umuyobozi w’umujyi yaburiye umuntu wese uzafatwa yambaye Visit Rwanda

000 1VK0DM

Umuyobozi w’Umujyi wa Kindu, Augustin Atibu Mulamba, yatangaje ko bibujijwe kwambara, kugurisha, gutunga, no gukwirakwiza imyenda cyangwa ibindi bintu byanditseho “Visit Rwanda.” Iki cyemezo cyatangajwe ku mugaragaro mu mpera z’icyumweru gishize ubwo umuyobozi w’umujyi yari mu kiganiro n’abanyamakuru baho. Nk’uko Augustin Atibu Mulamba abitangaza, ngo serivisi z’umutekano ziherutse gusenya umuyoboro ugira uruhare mu kugurisha no […]

Minisitiri Bizimana yutse inabi umudipolomate waburiye Ndayishimiye ku bubi bw’intambara y’u Burundi n’u Rwanda akomeje kwifuza

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Edouard Bizimana, yutse inabi umuturage w’u Burundi akanaba umudipolomate uheruka kwandikira Perezida Evariste Ndayishimiye amumenyesha ububi bw’intambara akomeje kwifuza hagati y’igihugu cye n’u Rwanda. Perezida Evariste Ndayishimiye n’abantu ba hafi ye bamaze igihe batangaza amagambo gashozantambara ku Rwanda, nyuma y’uko u Burundi bumaze igihe butakaje abasirikare benshi mu ntambara yo […]

Umunsi nzaba ndi ku rugamba nta muntu uzemererwa guhunga – Gen. Kapend

G82a2QzXQAA5inw

Umuyobozi w’Akarere ka 22 ka Gisirikare k’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Eddy Kapend, yatangaje ko yazamuye urwego rwo kuba maso ku mitwe ye yose yo mu ntara za Haut-Katanga, Lualaba, Tanganyika, na Haut-Lomami, mu rwego rwo guhangana n’ibitero bishoboka by’inyeshyamba za AFC / M23, ashimangira ko igihe azaba ari ku rugamba […]