Ntimuzabe imbohe z’ibinyoma byabo – Minisitiri Bizimana i Paris

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Gashyantare 2026, i Paris, Minisitiri w’Ubumwe bw’Igihugu n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damasce Bizimana, yasabye Abanyarwanda bo muri diaspora kutazaba imbohe z’ibinyoma by’abarwanya igihugu ahubwo abasaba kurinda ubumwe bwabo kubw’abazabakomokaho. Ibi Minisitiri Bizimana yabitangarije mu Bufaransa, aho u Rwanda rwaganiriye n’urubyiruko rwo muri diaspora mu biganiro ku bumwe bw’igihugu no […]
U Rwanda, Amerika na Israel byahuriye mu nama y’umutekano

U Rwanda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel n’ibindi bihugu bya Afurika, muri iki cyumweru byahuriye mu nama y’umutekano yabereye i Kigali. Iyi nama yabaye ku wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare, yari ifite insanganyamatsiko yiswe iyo “guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel, Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati bushya.” Abayiteguye babwiye The Times of Israel […]
FDLR ni zahabu na coltan – Patrick Muyaya

Abayobozi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo bakomeje kugaragaza ko badafite ubushake bwo kwitandukanya na FDLR no kureka gukorana na yo, mu gihe ari kimwe mu bintu bisabwa mu Masezerano ya Washington bigomba kubanza gushyirwa ku ruhande ngo u Rwanda rukureho ingamba z’ubwirinzi rwafashe. Minisitiri w’itumanaho ndetse akaba Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi […]
Meya wa Dakar yasuye Umujyi wa Kigali mu rugendoshuri

Umuyobozi w’Umujyi wa Dakar, Abbas Fall, yasuye ibice bitandukanye by’iterambere n’ahantu nyaburanga mu Mujyi wa Kigali. Nk’uko byatangajwe n’Umujyi wa Kigali, Umuyobozi w’Umujyi wa Dakar kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Gashyantare, yasuye Umudugudu wa Mpazi [Mpazi Rehousing Model] mu Murenge wa Gitega, Akarere ka Nyarugenge, yerekwa uburyo bugezweho bwo gutuza neza abaturage by’umwihariko abimuwe […]
RDC: Imirwano ikaze yahuje AFC/M23 na Wazalendo i Kavumu

Umutekano wakomeje kwangirika mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Gashyantare, i Kavumu, muri Teritwari ya Kabare, muri Kivu y’Amajyepfo nyuma y’imirwano yahiriwe kuri uyu wa Gatandatu ushize. Ibikorwa byose byahagaritswe kubera imirwano iri kuba hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo mu mujyi wa Kavumu no mu nkengero zawo, kuva […]
Cardi B agiye kwikuzaho amabuno

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko ateganya kugabanya amabuno nyuma yo gusoza urugendo rwe rwa muzika (tour), mu rwego rwo kongera kumva yorohewe n’umubiri we. Uyu muhanzikazi yavuze ko nyuma y’imyaka myinshi akoresheje uburyo bwo kongera imiterere y’ikibuno, ageze igihe yumva hari igice cyabyo kigomba gukurwamo kuko kimutera uburemere no kutoroherwa cyane cyane mu bitaramo. Cardi […]
Ndayishimiye yirukanye burundu Colonel wibye umuceri w’abasirikare

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yirukanye burundu Colonel Gérard Nijimbere muri Polisi ya kiriya gihugu amuhora kwiba umuceri ugenewe abasirikare. Iteka ryirukana burundu Colonel Nijimbere azira “kwiba umuceri ugenewe abasirikare”, ryasohowe na Perezida Evariste Ndayishimiye ku wa 19 Gashyantare 2026. Uyu mupolisi yirukanwe muri Polisi y’u Burundi, nyuma y’iminsi abasirikare b’u Burundi by’umwihariko abo muri […]
Capitaine Ndayishemeze wa FDNB yishwe na M23/Twirwaneho

Capitaine Eraste Ndayishemeze wo mu ngabo z’u Burundi (FDNB), yiciwe mu mirwano yasakiranyije ingabo z’u Burundi n’imitwe ya Twirwaneho na AFC/M23. Uyu ofisiye yishwe ku wa Kane w’iki cyumweru, agwa mu gace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo z’u Burundi zari zagabye igitero. Ni imirwano amakuru […]
Inkumi yapfuye yagiye kwibagisha ngo ibe nziza

Inkumi yari izwi ku mbuga nkoranyambaga wo muri Brazil, Bianca Dias, yapfuye ku wa 19 Gashyantare 2026, nyuma y’igihe gito abazwe nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru People magazine. Bianca Dias yari azwi cyane ku rubuga rwa Instagram aho yakurikirwaga n’abantu hafi ibihumbi 60, asangiza abafana be amafoto n’amashusho ajyanye n’imideli, ubuzima bwa buri munsi ndetse n’ingendo yakoraga […]
M23 yarekuye abasirikare 230 ba FARDC bari bamaze igihe mu maboko yayo

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warekuye abasirikare 230 bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bari bamaze igihe mu maboko yawo, kugira ngo bashyikirizwe imiryango yawo. Ku wa Gatanu tariki ya 30 ni bwo uriya mutwe washyikirije abo basirikare Komiseri w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe kwitegura no gucunga ibiza; ndetse n’uburinganire. Madamu […]
Gereza 10 ziteye ubwoba

Mu bihugu bitandukanye ku isi, imikorere ya gereza iratandukanye cyane bitewe n’amategeko, ubushobozi bw’ibihugu, n’intego za sisitemu y’ubutabera. Hari aho gereza zubakwa zigamije gufasha abagororwa kwisubiraho, ariko ahandi zikavugwaho ubuzima bubi, ihohoterwa rikabije n’ibura ry’ibikoresho by’ibanze. Raporo zitandukanye zerekana ko hari gereza zimwe zamenyekanye kubera ubukana bw’ibihe abagororwa babamo: ubucucike bukabije, indwara, inzara, ihohoterwa n’ikorwa […]
Uyu munsi twarashe Drone zirenga 50: Col. Rugabo wa Twirwaneho

Umutwe wa Twirwaneho uravuga ko ufatanyije na AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare barashe drone zirenga zirenga 30 z’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni nyuma y’imirwano yiriwe isakiranya impande zombi mu bice by’imisozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko kuri uyu wa […]
Ese koko TikTok yabaye Monetize mu Rwanda?

Ku munsi w’ejo hashize ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye hagiye hasakara igipapuro cyigaragaza ko mu Rwanda hatangiye guhembwa abakoresha urubuga rwa TikTok binyuze mu buryo bwa monetize. Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo mu Rwanda (MINICT) yatangaje ko amakuru yavugaga ko urubuga rwa TikTok rwatangiye kwemerera Abanyarwanda kwinjiza amafaranga (monétisation) atari yo, ahubwo ari ibihuha. […]
Turkiya yataye muri yombi umunyamakuru wa Deutsche Welle

Kuri uyu wa Kane, itariki 19 Gashyantare, umunyamakuru wa DW, Alican Uludag, yafatiwe i Ankara muri Turkiya, ajyanwa ku cyicaro gikuru cya polisi mu Ntara ya Istanbul. Uludag, umaze imyaka itari mike akorera DW muri Turkiya, byari biteganijwe ko yitaba umucamanza kuri uyu wa Gatanu. Iyi nkuru dukesha DW ubwayo, ivuga ko abapolisi bagera kuri […]
U Rwanda ntirushyigikiye ko Ndayishimiye yaba umuhuza mu bibazo bya RDC

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko idashyigikiye ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi uheruka guhabwa inshingano zo kuyobora umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yaba umuhuza mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera uruhare igihugu cye gifite mu ntambara iri kuhabera. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro we na Komiseri […]
Rubavu: Abanyarwanda 336 batashye bava muri Congo

Kuri uyu wa Kane, itariki 19 Gashyantare, ku mupaka munini wa La Corniche OSBP, u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 336 batashye bava muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo aho bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere, Prosper Mulindwa, mbere yo kujyanwa mu Kigo cy’agateganyo cya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi. Abandi Banyarwanda benshi baherukaga kwakirwa ku itariki ya 10 Gashyantare, […]
Perezida Kagame yakiriye abarimo urwego bivugwa ko ruyoboye Amerika mu ibanga

Kuri uyu wa Kane, itariki 19 Gashyantare 2026, Perezida wa Reubulika, Paul Kagame yakiriye mu bihe bitandukanye, intumwa zitandukanye zo nzego zo hejuru zirimo n’izavuye muri American Israel Public Affairs Committee (AIPAC), abemera icyo bita “Conspiracy Theories” cyangwa ubugambanyi, bemeza ko ari rwo ruyoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika inyuma y’amarido. Nyuma ya saa sita […]
Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago

Umunyezamu Kimenyi Yves wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yahagaritse gukina umupira w’amaguru. Kimenyi w’imyaka 33 y’amavuko, yemeje ko yafashe kiriya cyemezo biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu. Yagize ati: “Muryango mugari w’Umupira w’Amaguru, mfashe uyu mwanya ngo mbamenyeshe ku mugaragaro ko nsezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.” Kimenyi […]
Ubwicanyi bwa FARDC, FDLR na FDNB ku baturage: AFC/M23 yamaganye guceceka kw’amahanga

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye amahanga akomeje kuruca akarumira ku bwicanyi ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje gukorera abaturage b’abasivile bo muri Kivu y’Amajyepfo. Ni nyuma y’ubwicanyi bushya ririya huriro rigizwe n’ingabo za RDC (FARDC), iz’u Burundi (FDNB), umutwe w’iterabwoba wa FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, bakoreye abantu benshi bo mu bice […]
Gasabo: Urukiko rwapfundikiye urubanza rw’umugore ushinjwa gusambanya umwana

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuwa 17 Gashyantare rwaburanishije urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugore w’imyaka 34 ukekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14 y’amavuko. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025 no ku itariki ya 03 Mutarama 2026 mu Mudugudu Karenge, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali, mu Karere ka Gasabo. Uregwa akurikiranweho kuba kuri ayo […]
Eric Dane yapfuye

Umunyamerika Eric Dane, wamamaye cyane nka Dr. Mark “McSteamy” Sloan muri serial ya Grey’s Anatomy, yapfuye ku wa Kane azize indwara ya ALS (Amyotrophic Lateral Sclerosis). Yari afite imyaka 53. Dane yari yatangaje mu mwaka ushize ko arwaye ALS, indwara ifata uturemangingo tw’imyakura mu bwonko no mu mugongo, igatuma umurwayi agenda atakaza ubushobozi bwo kugenda, […]
Maroc yakatiye abanya-Senegal bateje akavuyo ku mukino wa nyuma wa Afcon

Urukiko rwo mu Murwa Mukuru wa Maroc, Rabat, rwakatiye igifungo abafana 19 ba ruhago bazira urugomo rwabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika (CAN 2025) wahuje Maroc na Sénégal. Aba bafana barimo Abanyasénégal 18 n’Umufaransa umwe, bakurikiranyweho ibyaha birimo kwangiza ibikorwaremezo bya siporo no guteza urugomo mu gihe cy’umukino. Nyuma y’urubanza rwatwaye amasaha arenga […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC muri ‘misiyo y’ibanga’ kwa Ndayishimiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Lt. Gén. Banza Jules Mwirambwe, ku wa Kane tariki ya 19 Gashyantare yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Burundi. Amakuru y’uruzinduko rw’uyu musirikare i Bujumbura, yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru Pero Luwara uzwiho gutangaza amakuru y’ibanga y’imbere mu butegetsi bwa Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko Lt Gen. Banza Jules […]
Uwabaye umujyanama wa Bruce Melody arafunzwe

Mike Habinshuti, wamenyekanye cyane mu myidagaduro nyarwanda nk’umujyanama wa Bruce Melodie, yatawe muri yombi ku wa 18 Gashyantare 2026. Amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, agaragaza ko Habinshuti akurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibiyobyabwenge, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa. Kugeza ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura. Habinshuti yamamaye […]
Col. Sumanyi Charles Sumanyi yarahiye

Kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Gashyantare, Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yayoboye umuhango w’irahira rya Col Charles Sumanyi ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare. Colonel Sumanyi yarahiriye ziriya nshingano, nyuma yo kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 28 Mutarama 2026. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yasabye Col Sumanyi kuzarangwa n’ubunyangamugayo, yirinda gukoresha ububasha […]
Banki yibwe arenga miliyari ijana mu masaha 4

Mu mpera z’icyumweru nyuma ya Noheli, banki imwe iri mu mujyi wa Gelsenkirchen mu Burengerazuba bw’Ubudage yibwe mu buryo butangaje, aho abajura bakekwaho kwiba asaga miliyoni 100 z’amayero (miliyari 173 Frw) mu gihe cy’amasaha make gusa. Bivugwa ko abo bajura bacukuye umwobo mu rukuta rwa banki bakoresheje ibikoresho byo mu nganda, banyura mu cyumba cyari […]
Amerika izaba yiteguye gutera Iran guhera kuwa Gatandatu

Nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru byinshi byo muri Amerika, abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko igisirikare kizaba kiteguye gutera Iran mu minsi mike iri imbere. Nk’uko ibitangazamakuru byinshi byo muri Amerika bibitangaza ngo Ingabo za Amerika zizaba ziteguye kugaba igitero kuri Iran guhera ku wa Gatandatu w’iki cyumweru. Trump ntabwo arafata icyemezo […]
Uvira: Nyuma y’ukwezi AFC/M23 ihavuye umupaka n’u Burundi uracyafunze

Muri Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abaturage n’abacuruzi barasaba ko umupaka n’u Burundi wafungurwa. Ukwezi kumwe nyuma y’uko AFC / M23 ivuye muri uyu mujyi, amasasu yarahagaze, ariko umupaka ukomeza gufungwa. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yongeye gushimangira ko ibisabwa bijyanye n’umutekano bitarahuzwa kugira ngo umupaka ufungurwe. Muri uyu mujyi wa Uvira ariko, abaturage […]
Ubutasi bwa Kenya bwahishuye umubare w’abaturage bayo bari mu ntambara yo muri Ukraine

Ubutasi bwa Kenya bwahishuye ko abaturage 1,000 b’iki gihugu ari bo bari kurwana intambara y’u Burusiya na Ukraine. Bikubiye muri raporo Urwego rushinzwe ubutasi bwa Kenya (NIS) rwagejeje ku nteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu. Iyo raporo ivuga ko abenshi mu banya-Kenya bisanze muri iriya ntambara, nyuma yo gushukwa bakisanga basinye amasezerano ya gisirikare. Amaperereza […]
New York: Col. Mutabazi asanga kurwanya imvugo z’urwango byashyirwa mu ngamba zo kurengera abasivili

Mu nama yo gutangiza imirimo ya Komite ishinzwe by’umwihariko ibikorwa byo kubungabunga amahoro, Umujyanama mu by’Ingabo n’Umutekano uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, i New York, Col Deo Mutabazi, yashimangiye ko inshingano z’ubutumwa bw’amahoro zigomba kujyanishwa n’ubushobozi buhagije kandi burambye, kugira ngo zishyirwe mu bikorwa neza mu buryo bunoze. Yagaragaje ko hakenewe kwita by’umwihariko ku […]
Burundi: Abanyamakuru 3 bari baherekeje Komiseri wa EU batawe muri yombi

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko kuri uyu wa Gatatu ushize, i Bujumbura, abanyamakuru batatu, Umurundi n’abanyamahanga, bari baherekeje Hadja Lahbib, Komiseri w’u Burayi ushinzwe Uburinganire, kwitegura no Guhangana n’ibibazo, batawe muri yombi. Abanyamakuru batatu bafunzwe ubwo bakurikiranaga uruzinduko rwa Komiseri w’u Burayi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Burundi. Bahise bajyanwa mu kigo […]
Uwari Perezida wa Korea y’Epfo yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko rukuru rwa Seoul Central District Court rwahamije icyaha cyo kugambanira igihugu uwahoze ari Perezida wa South Korea, Yoon Suk Yeol, rumukatira igifungo cya burundu nyuma yo gusanga yaragize uruhare mu mugambi wo guhungabanya inzego z’ubutegetsi. Urubanza rwasomwe ku wa Kane, rugaragaza ko icyemezo Yoon yafashe mu Ukuboza 2024 cyo gutangaza ibihe bidasanzwe bya gisirikare […]
RDC: Agahenge kasabwe na Angola hagati ya FARDC na AFC/M23 kaciwe amazi

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 18 Gashyantare 2026, hari hateganijwe ko agahenge hagati ya Guverinoma ya Congo na AFC / M23 gatangira gukurikizwa ku isaha ya saa sita ariko ntibyabaye. Itariki n’isaha byari byatangajwe ku itariki ya 9 Gashyantare i Luanda na Perezida wa Angola, João Lourenço, nyuma y’inama yagiranye na Perezida wa […]
Ingabo za RDF na UPDF zikorera ku mupaka zahuriye mu nama i Musanze

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo za Uganda (UPDF) bateraniye mu nama ya karindwi y’Abayobozi bakorera ku mipaka yabereye i Musanze kuva tariki ya 18 kuzageza ku ya 20 Gashyantare 2026, igamije gusuzuma no gukemura ibibazo by’umutekano n’ubufatanye ku mipaka y’ibihugu byombi. Iyi nama y’iminsi itatu yibanze ku gusuzuma ibibazo by’umutekano bihari, gukomeza ibikorwa byubaka amahoro, […]
Minisitiri Biruta yasuye ikigo ‘special forces’ za Misiri zikoreramo imyitozo

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, ku wa Gatatu yasuye ikigo cy’igihugu cya Misiri gishinzwe gutanga imyitozo ku mitwe y’Ingabo zihariye za kiriya gihugu. Ambasade y’u Rwanda mu Misiri ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko Minisitiri Dr. Biruta n’itsinda bari kumwe, basuye amashami atandukanye y’icyo kigo, atangirwamo amahugurwa agezweho kandi y’umwuga […]
RDC yahaye Amerika ikirombe cyo mu matware ya M23

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye ikirombe gicukurwamo Coltan cya Rubaya ku rutonde rugufi rw’imitungo y’ingenzi iri guha Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rw’ubufatanye mu by’amabuye y’agaciro bw’ibihugu byombi. Ikirombe cya Rubaya cya mbere gicukurwamo Coltan nyinshi ku Isi, kimaze imyaka ibiri kiri mu maboko ya M23. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza bivuga ko […]
Bugesera: Hahishuwe ubwoko bw’uburozi bwari muri kanyanga yishe abantu 17

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol. Abantu bapfuye nyuma yo kunywera kanyanga mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera. Ubushinjacyaha buvuga […]
Uwabaye Visi-Perezida w’u Burundi ntakozwa ibyo gusaba u Rwanda kuvanaho ingamba z’ubwirinzi

Gaston Sindimwo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi, yatangaje ko atumva impamvu u Rwanda rumaze igihe rusabwa gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe, nyamara rugaragaza impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa. Uyu mugabo wabaye Visi-Perezida w’u Burundi hagati ya 2015 na 2020 ku butegetsi bwa Pierre Nkurunziza, yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Chaîne ya YouTube yitwa Africa TV. […]
Addis Ababa: Haravugwa gukozanyaho hagati ya Ruto na Kenyatta

I Addis Abeba muri Ethiopia, muri iyi weekend ishize biravugwa ko habaye ubushyamirane bukomeye hagati ya Perezida William Ruto n’uwamubanjirije, Uhuru Kenyatta, kandi bushobora guhungabanya umuhate w’amahoro mu karere. Biravugwa ko byabaye ngombwa ko Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, aba umusifuzi mu nama yihariye yari igamije guhuza abanyapolitiki bombi b’Abanyakenya, bigaragara ko inzangano […]
Miss Uwicyeza Pamela yapfushije sekuru

Miss Uwicyeza Pamela, umugore w’umuhanzi The Ben, ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura sekuru wamureraga hafi. Ibi yabimenyesheje abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ubwo we n’umugabo we bari bavuye mu gitaramo cya Saint Valentin cyabereye i Kampala bagaruka mu Rwanda. Pamela yasangije abantu amafoto ari kumwe na sekuru, ayaherekeza amagambo agaragaza uko yari amukundira n’uko […]
Juba: Umuyobozi w’ Ingabo za Loni yasuye Batayo ya 3 ya RDF

Umuyobozi w’ Ingabo za Loni muri Sudani y’ Epfo, Akarere ka Juba, Brigadier General Mohammad Iqbal Hossain, kuwa Kabiri yasuye Batayo ya 3 y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS). Yakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda zigize Batayo ya 3 ziri muri ubwo butumwa, Colonel Innocent Rwaka Muhirwe, wamugejejeho inshingano […]
Kenya na yo yatangiye guhiga Umurusiya wifashe amashusho asambana n’abagore baho

Leta ya Kenya yasohoye impapuro zo guta muri yombi umugabo w’Umurusiya, nyuma yo kwifata amashusho asambana n’abagore bo muri kiriya gihugu akayashyira ku karubanda. Uyu mugabo wahawe akabyiniriro ka ‘Balthazar w’Umurusiya’, agenda azenguruka ibihugu bya Afurika aryamana n’abagore n’abakobwa ari na ko abafata amashusho akoresheje amadarubindi ye. Minisiteri y’Uburinganire, Umuco n’Imibereho Myiza y’Abana muri Kenya, […]
U Rwanda rwasinyanye na Misiri amasezerano yo gukomeza ubufatanye mu by’umutekano

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Gashyantare, Minisitiri w’umutekano w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, hamwe n’intumwa ayoboye zo mu rwego rwo hejuru, yakiriwe i Cairo na mugenzi we wa Misiri, Maj. Gen. Mahmoud Tawfik. Mu biganiro bagiranye, abayobozi bombi bashimangiye ubushake bafite bwo kurushaho gukomeza ubufatanye mu by’umutekano no kurushaho kunoza ubufatanye bw’inzego z’umutekano z’ibihugu […]
RDC: Urubanza rwa Lt Gen. Yav ushinjwa gukorana n’u Rwanda rwahinduye isura

Iburanisha mu rubanza ruregwamo Lt. Gen. Philémon Yav Irung ryakomeje kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 17 Gashyantare 2026, imbere y’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, humvwa umutangabuhamya, Lt. Gen. Fall Sikabwe, wahamagajwe n’ubushinjacyaha. Uyu yavuze ko ahubwo Gen. Yav yari mu basirikare bakuru u Rwanda rwifuzaga ko bicwa. Mu buhamya bwe, Lt. Gen. Fall Sikabwe yatangaje […]
Tanzania: Impunzi z’Abarundi zanze gutaha ziri kumeneshwa

Imibereho y’impunzi z’Abarundi ziba muri Tanzania ikomeje kuba mibi, cyane cyane mu nkambi ya Nyarugusu. Amakuru atangwa n’impunzi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu aravuga ko hari ifatwa ry’abapasiteri, iyicarubozo ndetse no gusenywa kw’inzu z’abaturage. Abatangabuhamya bavuga ko bamwe mu bayobozi b’amadini bashinjwa kubuza abayoboke babo gutaha mu Burundi. Umwe mu batanze amakuru yavuze ko pasiteri […]
Gasabo: Bakurikiranweho gukora no gucuruza inzoga imaze guhitana 17

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye abantu bane bakekwaho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga. Mu baturage banyweye kuri iyo kanyanga, abagera kuri 17 bamaze kuhasiga ubuzima naho abandi 25 bakaba barembeye mu bitaro bya ADEPR Nyamata. Ibyaha bakurikiranweho babikoreye mu Mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu […]
Peru: Abadepite birukanye Perezida Jose Jeri ku mirimo ye

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Gashyantare, Inteko Ishinga Amategeko ya Peru yatoye gukura Perezida w’agateganyo, Jose Jeri, ku mirimo ye nyuma y’amezi ane ashyizweho. Iki cyemezo gikurikira amahano yakoze arimo kugirana inama rwihishwa n’abacuruzi b’Abashinwa. Ibi byateye imvururu nshya muri politiki mu gihe kitarenze amezi abiri mbere y’amatora ya Perezida wa Peru […]
Umukinnyi yatandukanye n’umukunzi we ahita amwiba impeta yari yamwambitse

Uwahoze ari umukinnyi w’icyamamare muri shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA), Gilbert Arenas, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gutangaza uburyo yisubije impeta y’agaciro kanini yari yambitse uwahoze ari umukunzi we Laura Govan. Nk’uko yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Arenas yavuze ko yari yambitse Govan impeta y’isezerano ifite agaciro ka hafi ibihumbi 400 by’amadolari y’Amerika ($400,000). […]
Burera: RIB yahishuriye abaturage amayeri yifashishwa n’abacuruza abantu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangiye gukora ubukangurambaga mu baturage bo mu turere twegereye imipaka, mu rwego rwo kubasonurira uruhare rwabo mu kwirinda icyaha cy’ijuruzwa ry’abantu. Ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare ubwo bukangurambaga bwakorewe mu karere ka Burera, mbere y’uko kuri uyu wa Kabiri na none bukomereza muri aka karere ko mu ntara y’amajyaruguru. […]
RDC: Umusirikare wa FARDC wasinze yarashe umugore we mbere yo kwitunga imbunda

Umusirikare wo mu ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bivugwa ko yari yasinze, yarashe umugore we amwegereye mbere yo kwiyahura imbunda mu ijoro ryo ku wa Mbere, itariki ya 17 Gashyantare, mu gace ka Masiani gaherereye muri komini ya Mulekera (Umujyi wa Beni) muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka muri ako gace avuga […]
M23 na Twirwaneho bisubije Point-Zéro

Umutwe wa M23 ufatanyije n’abarwanyi b’umutwe wa Twirwaneho, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 bigaruriye agace ka Point-Zéro ko muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 na Twirwaneho bigaruriye aka gace, nyuma y’ibyumweru bibiri ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryigaruriye kariya kariya gace. AFC/M23 yigaruriye kariya gace nyuma […]
U Bufaransa bwavuze ku basirikare babwo bagaragaye i Kisangani

Leta y’u Bufaransa yasobanuye ko abasirikare bo mu ngabo za kiriya gihugu bagaragaye i Kisangani muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari aboherejwe gutoza ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biciye mu mikoranire isanzwe hagati y’ibihugu byombi. Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amafoto y’abasirikare b’Abafaransa bari mu mujyi wa […]
Internet no guhamagara byagarutse mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Serivisi zo guhamagara kuri telefone na interineti zasubijweho muri Teritwari ya Masisi nyuma y’iminsi myinshi zikuweho bikagira ingaruka no kuri Rutshuru no mu bindi bice byo muri Kivu y’Amajyaruguru na Walikale. Nyuma y’ukwezi izi serivisi zihagaritswe, imiyoboro ya Airtel, Orange, na Africell yasubijweho mu ijoro ryo ku wa Mbere, itariki ya 16 Gashyantare 2026. Biravugwa […]
Igisubizo cy’umujyanama wa Trump ku munyamakuru wamubajije niba Amerika izahana P. Kagame

Umujyanama wa Perezida Donald Trump ku bibazo birebana na Afurika, Massad Boulos, yatangaje ko adashobora kwemeza niba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizafatira ibihano Perezida Paul Kagame, kuko nta makuru abifiteho. Yasubizaga umunyamakuru Marc Pellerman wa Televiziyo ya France 24 wari umubajije niba Washington iteganya gufatira ibihano Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ishinja “kwica mu buryo […]
Nyarugenge: Umugore arashinjwa kwica umwana abereye nyina wabo

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge bukurikiranye umugore w’imyaka 34 wakubise umwana abereye nyina wabo w’imyaka 11 bikamuviramo urupfu amukekaho kuba mu bihe bitandukanye yaramwibye amafaranga. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 23/12/2025 mu Mudugudu wa Gashiha, Akagari ka Kagina, Umurenge wa Kicukiro, mu Karere ka Kicukiro. Mu ibazwa rye, nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha […]
Abanyekongo hafi 100 birukanwe ku butaka bwa Zambia

Umukwabu ukaze wakozwe mu mpera z’icyumweru gishize n’ishami rishinzwe abinjira n’abinjira muri Zambia mu mujyi wa Ndola watumye hafatwa abenegihugu barenga 80 b’Abanyekongo, bamwe muri bo bakaba barirukanywe muri Zambia. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace agera kuri Radio Okapi abitangaza, abo bantu bashinjwa kuba muri Zambia mu buryo butemewe n’amategeko. Abategetsi ba Zambiya bagaragaza […]
RWIBA igiye kwizihiza imyaka 5 itangiza “Male Allyship in Action” Summit 2026

Ku wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026, muri Lemigo Hotel i Kigali, hazabera ibirori byo kwizihiza imyaka itanu ya Rwanda Women in Business Awards (RWIBA), bihujwe n’inama idasanzwe yiswe “Male Allyship in Action”, kuva saa saba z’amanywa kugeza saa tatu z’ijoro. RWIBA ni urubuga ngarukamwaka rushimira abagore bayoboye abandi, abashoramari n’abudushya bagira uruhare mu […]
Perezida Kagame yagaragaye aganira na Prince Harry na Meghan i Los Angeles

Mu mpera z’iki cyumweru i Los Angeles, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa NBA All-Star 2026, wabereye kuri Intuit Dome, aho yagaragaye aganira n’ibyamamare bitandukanye birimo Prince Harry n’umugore we, Meghan. Usibye gukurikirana umukino, Perezida Kagame yahuye n’abayobozi bo muri siporo ndetse n’abacuruzi, barimo Steve Ballmer, nyiri ikipe ya Los Angeles Clippers. Ibiganiro byabo byagaragaje umubano […]
Irimbi rya Rusororo ririmo kuzura

Irimbi rusange rya Rusororo riherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, rikomeje kugenda ryuzura uko iminsi ishira indi igataha. Uko umubare w’abahashyingurwa wiyongera, ni ko n’impungenge ku hazaza h’aho gushyingura mu murwa mukuru zigenda ziyongera. Rusororo ni ryo rimaze imyaka myinshi rikoreshwa nk’iryo gushyinguramo abaturage benshi ba Kigali, cyane cyane nyuma yo gufungwa […]
Kwitaba “Yee” byamwimishije ikamba rya Miss Rwanda 2017

Mu bakunzi b’imyidagaduro hakunze kuvugwa ko mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017, Kalimpinya Queen yari mu bakobwa bari bafite amahirwe menshi yo kwegukana ikamba. Hari n’abavuga ko bamwe mu bari bagize akanama nkemuramaka bamubonagamo ubushobozi bwo kuba Nyampinga w’u Rwanda. Bivugwa ko mbere gato y’uko hatangazwa uwatsinze, umwe mu bagize akanama nkemuramaka, Mike Karangwa, yahamagaye […]