Umunsi nzaba ndi ku rugamba nta muntu uzemererwa guhunga – Gen. Kapend

G82a2QzXQAA5inw

Umuyobozi w’Akarere ka 22 ka Gisirikare k’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), Gen. Eddy Kapend, yatangaje ko yazamuye urwego rwo kuba maso ku mitwe ye yose yo mu ntara za Haut-Katanga, Lualaba, Tanganyika, na Haut-Lomami, mu rwego rwo guhangana n’ibitero bishoboka by’inyeshyamba za AFC / M23, ashimangira ko igihe azaba ari ku rugamba […]

Moscow: Abapolisi 2 baturikanwe n’igisasu hafi y’aho Gen. Sarvarov yiciwe

f2cd8ea0 df2f 11f0 a8dc 93c15fe68710

Abashinzwe iperereza baravuga ko aba bapolisi bombi begereye umuntu wari uteye amakenga i Moscow igihe igisasu cyaturikaga. Iri turika bivugwa ko ryabereye hafi y’aho igisasu cyari giteze mu modoka cyahitaniye undi mujenerali w’u Burusiya muri iki cyumweru.   Kuri uyu wa Gatatu, Komite ishinzwe Ubugenzacyaha mu Burusiya yatangaje ko abapolisi babiri n’undi muntu umwe baguye […]

Amerika ntabwo yemera ko AFC/M23 yavuye muri Uvira uko bikwiye

Umuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko ubuyobozi bwa Trump n’uko inyeshyamba za AFC/M23 zavuye mu mujyi w’ingenzi mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe kuwa Kabiri habaye imirwano hafi yaho nk’uko abaturage babitangaje. M23 yigaruriye umujyi wa Uvira, hafi y’umupaka n’u Burundi, ku itariki ya 10 Ukuboza, nyuma y’iminsi […]

Walikale: Wazalendo yasabye buri mudugudu ihene bazarya mu minsi mikuru

milice 0 0

Abatuye mu midugudu ya Baruko, Mukondoli, Banamatumo, na Banankoyo muri Gurupoma ya Kisimba (Teritwari ya Walikale) iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, barimo gutabaza bamagana ihohoterwa bari gukorerwa n’inyeshyamba za wazalendo zo mu mutwe wa NDC-RĂ©novĂ©. Nk’uko aba baturage babitangaza, mu cyumweru gishize, basabwe gutanga umusanzu wihariye wo kugura ihene kuri buri mudugudu, zizahabwa NDC-RĂ©novĂ© mu minsi […]

Cabo Delgado: Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yasuye ingabo n’abapolisi b’u Rwanda

G83NUSzWsAAvShb

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambike, Margarida Adamugi Talapa, kuwa Kabiri yasuye Abashinzwe umutekano b’u Rwanda (RSF) boherejwe i MocĂ­mboa da Praia, Intara ya Cabo Delgado. Yari aherekejwe n’intumwa zo mu rwego rwo hejuru zirimo Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado, Valige Tauabo, hamwe n’umuyobozi w’ingabo za Mozambike (FADM), Maj. Gen. AndrĂ© Rafael Mahunguane. […]

The Ben ni umuhanzi w’ikirangirire udakwiye kugereranywa n’undi wese: Nduhungirehe 

52268659985 8d4dbaf16f b

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje Mugisha Benjami uzwi mu muziki nyarwanda nka The Ben nk’umuhanzi w’ikirangirire udakwiye kugereranywa n’undi wese. Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, asubiza abakomeje guhanganisha The Ben na Itahiwacu Bruce uzwi mu muziki nka Bruce Melodie. Uyu muyobozi uheruka gushyira indirimbo ‘Police’ ya Bruce […]

RCS na ADEPR baganiriye ku bimaze kugerwaho mu bufatanye hagati y’impande zombi

DSC0670 1 768x500 1

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2025, Komiseri mukuru wa RCS CG Evariste Murenzi yakiriye Umushumba Mukuru w’Itorero ADEPR Rev. Ndayizeye Isaie ku Cyicaro Gikuru cya RCS, bagarira ku Ntambwe imaze guterwa ku masezerano y’ubufatanye bagiranye mu mwaka wa 2023 ajyanye n’ivugabutumwa mu Magororero, iterambere n’imibereho myiza y’abagororwa no guteza imbere uburezi n’ikoranabuhanga […]

Umuyobozi w’Ingabo za Libya yapfiriye mu mpanuka y’indege muri Turkiya

libyan chief of staff general mohammed al haddad attends a graduation ceremony of libyan cadets at the war academy in tripoli libya sunday jan 23 2022ap photoyousef murad 2MCB3BJ

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Intebe wa Libya, Abdul-Hamid Dbeibah, yemeje urupfu rw’Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Libya, Gen. Mohammed al-Haddad, hamwe n’abandi bane bazize impanuka y’indege yabereye muri Turkiya. Minisitiri w’umutekano mu gihugu wa Turkiya Ali Yerlikaya yavuze ko abashinzwe umutekano mu kirere batakaje kuvugana n’indege ya ‘private jet’ ya Falcon 50 yari itwaye Umuyobozi […]

Abasirikare ba FDNB baramagana umugambi wo kongera kubambika impuzankano ya FARDC

GA5PtOTWkAAmnCV

Abasirikare b’u Burundi bakiri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramagana umugambi uhari wo kongera kubohereza ku rugamba bambaye impuzankano y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Umwe mu basirikare b’u Burundi yabwiye impirimbanyi Pacifique Nininahazwe ko mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Burundi, Gen. Prime Niyongabo aheruka kuvuga ko iki gihugu cyamaze gucyura […]

U Bushinwa busanga MONUSCO idakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki

202208243703f46bb91c45a294a60d0fd8284536 754c0f5d 87a5 4dcc 830d bce76db09f7d

Manda nshya y’umwaka umwe y’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga Umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) izemerera gukora ibikorwa byo kugenzura ibijyanye n’ihagarikwa ry’imirwano rishobora kuba mu burasirazuba bwa DRC, ariko u Bushinwa busanga izi ngabo zidakwiye gukoreshwa mu nyungu za politiki. Mu gihe byari biteganijwe ko izarangira kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki […]

Ibitaravuzwe ku biganiro byahuje intasi z’u Rwanda n’u Burundi nyuma y’ifatwa rya Uvira

20251218 095513 1

Nyuma gato y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira ku wa 9 Ukuboza 2025, abahagarariye ubutasi bw’u Rwanda n’u Burundi bahuriye mu nama yari igamije gucubya umwuka mubi warimo ututumba hagati y’ibihugu byombi. Amakuru y’iyo nama yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro aheruka guha Televiziyo […]

Senateri Dr. Habineza yatorewe kuyobora amashyaka arengera ibidukikije ku Isi

HF Better

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Senateri Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba umuyobozi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi (Global Greens). Itorwa rya Senateri Dr. Habineza ryemejwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’amashyaka ya Global Greens, izo nshingano akaba agomba kuzifatanya n’umunya-SuĂ©de, Bodil Valero wongeye gutorwa. Global Greens isobanura Senateri Dr. Frank Habineza nk’umuntu ufite “ubumenyi […]

Perezida Tshisekedi yakiriye umuhuza Gnassingbé i Kinshasa

G8zP8dEWkAAMlyM

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, Perezida Felix Tshisekedi, yakiriye umuhuza Faure GnassingbĂ©, Perezida wa Togo, wari mu ruzinduko rwe rw’akazi i Kinshasa.     Perezida w’Inama Njyanama ya Togo akaba n’umuhuza mu bibazo bya Congo wagenwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Faure GnassingbĂ©, yagiranye ibiganiro na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya […]

Dani Alves agiye kuba umukinnyi w’ikipe ye aherutse kugura

r1592257 1296x864 3 2

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya BrĂ©sil na FC Barcelona, Dani Alves, yamaze kugura ikipe yo muri Portugal yitwa Sporting Clube de SĂŁo JoĂŁo de Ver, aho anatekereza kuyisinyira amasezerano yo kuyikinira mu gihe cy’amezi atandatu. Nk’uko byatangajwe na ESPN, Dani Alves w’imyaka 42 y’amavuko, arifuza gusubira mu kibuga nyuma y’igihe kinini atagikina umupira w’amaguru. […]

RDC: AFC/M23 yatangiye gukoresha ingabo zirwanira mu mazi

post 1765309830

Imirwano yarakomeje umunsi wa kabiri wikurikiranya ku wa Mbere i Makobola no mu karere byegeranye. Ni nyuma y’uko Wazalendo iteye inyeshyamba za AFC/M23, bivugwa ko zitabaje n’imitwe irwanira mu mazi, ariko ntiyabasha kubirukana. Nk’uko amakuru aturuka aho agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza ngo inyeshyamba zohereje umutwe w’ingabo zirwanira mu mazi mu Kiyaga cya Tanganyika, kandi zigira […]

IGP Namuhoranye yasabye ba ofisiye basoje amahugurwa gukora kinyamwuga

WhatsApp Image 2025 12 23 at 07.09.47

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza, mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi (PTS) i Gishari mu Karere ka Rwamagana, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa ya ba ofisiye bato 145 ajyanye n’ubunyamwuga n’ubuyobozi.   Ni amahugurwa yitabiriwe n’abaturutse mu nzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zitandukanye mu Rwanda, mu gihe kingana n’amezi ane (4) barimo abapolisi 132 […]

Fatakumavuta yemeje ko yagororotse

WhatsApp Image 2025 12 22 at 22.14.09

Sengabo Jean Bosco uzwi ku izina rya Fatakumavuta, wakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, asigaje amezi ane ngo arangize igihano cye, yatangaje ko azava mu igororero yahindutse mu buryo bugaragara, ku buryo n’abataramwishimiraga mbere bazatangira kumwumva no kumwishimira. Uyu munyamakuru yatawe muri yombi mu Kwakira 2024, akurikiranyweho ibyaha birimo gukangisha gusebanya no gukwirakwiza amakuru y’ibihuha. […]

Jenerali w’u Burusiya yaturikiye mu modoka 

1766471740701

Umujenerali w’ingabo z’u Burusiya yapfiriye mu gitero cya bombe cyatezwe imodoka ye mu murwa mukuru Moscow, nk’uko byemejwe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu. Komite y’Ubugenzacyaha y’u Burusiya yatangaje ko Lt Gen Fanil Sarvarov, wari ufite imyaka 56, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Mbere nyuma y’uko igisasu giturika cyari cyatezwe munsi y’imodoka ye gituritse. Sarvarov yari […]

Trump yavanye ku mirimo ba Ambasaderi barimo uwa Amerika mu Rwanda n’i Burundi

n3 1

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatangiye guhamagaza abadipolomate basanzwe ari ba Ambasaderi n’abandi bafite imyanya ikomeye muri za Ambasade, mu gihe bwatangiye guhindura imiterere ya dipolomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mahanga. Ni muri gahunda ubu butegetsi bwise “America First” yasize hahamagajwe abadipolomate bagera kuri 30. Ibiro Ntaramakuru The Associated Press by’Abanyamerika, byatangaje […]

Ghana yirukanye indaya 42 zo muri Nigeria 

US to deport 201 Nigerians

Leta ya Ghana yatangaje ko yirukanye ku butaka bwayo Abanya-Nigeria 42 nyuma y’ibyemezo by’inkiko byabashinjaga ibyaha bitandukanye birimo uburaya, ubwambuzi n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi. Aya makuru yemejwe ku wa Kane na Minisitiri w’Intara ya Ashanti, Frank Amoakohene, abinyujije ku rubuga rwa Facebook. Yavuze ko abo bantu birukanywe nyuma y’imanza zitandukanye zaburanishijwe mu nkiko, aho […]

Brigade y’abasirikare ba RDF yasoje imyitozo ityaye (Amafoto)

2025 12 22 20 23

Brigade y’Abasirikare bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), igizwe na ofisiye ndetse n’ abasirikare ku zindi nzego, kuri uyu wa Mbere basoje neza amahugurwa y’amezi ane yo ku rwego rwo hejuru arushaho kubatyaza mu bumenyi mu bya gisirikare. Ni amahugurwa yabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Nasho giherereye mu Karere ka Kirehe. Ibirori byo gusoza […]

RIB yataye muri yombi umuyobozi w’Ikigo cya Gitagata

rib vraie

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, rwatangaje ko rwataye muri yombi uyobora Ikigo Ngororamuco cya Gitagata. Rubinyujije kuri X, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwagize ruti: “RIB yafunze Bahame Hassan, Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata ukekwaho gukora icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu bwite no gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri […]

Fizi: FARDC na Wazalendo bagabye ibitero kuri M23, ibakubita iz’akabwana

20251222 144606

Amakuru ava muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye ibitero kuri AFC/M23, birangira rikubiswe n’inyeshyamba rirahunga. Amakuru avuga ko FARDC na Wazalendo baramutse bagaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 biherereye mu midugudu ya […]

U Rwanda rwungutse abapolisi bashya barenga 1900

Abapolisi 1903 bagize icyiciro cya 21 cya Polisi y’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza basoje amahugurwa bari bamaze igihe bakorera mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi riherereye i Gishari mu karere ka Rwamagana. Uyu muhango witabiriwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG […]

RDC: Amasasu ari kuvuza ubuhuha mu misozi yitegeye Uvira

MSB222195

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, mu Mujyi wa Uvira, humvikanye urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwaturukaga mu bice bya Kalundu, Mulongwe kugera Kasenga. Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, inyeshyamba za Wazalendo zirimo kugerageza kuburizamo imyigaragambyo y’abaturage bashyigikiye AFC/M23, mu gihe andi avuga ko bateye ibirindirobya M23 bikiri mu bice byegereye Uvira. […]

The Ben yahigitse Bruce Melody

InShot 20251222 001554362

Abahanzi n’abafite aho bahuriye n’umuziki nyarwanda bahuriye mu birori bya Isango na Muzika Awards 2025 (IMA) byabaye ku nshuro ya gatandatu, byabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali), ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025. Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi Mukuru wa Isango Star, Mugabo Agatesi Laetitia, yashimiye abafatanyabikorwa bose bagize uruhare mu gutegura […]

Uganda: Umunyapolitiki Kiiza Besigye na mugenzi we Lutale basubiye mu rukiko

home06pix data

Kuri uyu wa Mbere, itariki 22 Ukuboza 2025, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Kizza Besigye na mugenzi we bareganwa, umunyapolitiki Obed (Obeid) Lutale, biteganijwe ko bongera kwitaba urukiko. Ni ku nshuro ya kane baba bitaba urukiko baburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, ibyongera impaka zerekeye ifungwa ry’igihe kirekire n’uburenganzira bw’abafunzwe bageze mu zabukuru muri gahunda […]

Abandi barimu b’abanya-Zimbabwe baje kuzahura iremere ry’uburezi mu Rwanda

20251222 114836

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza, rwakiriye icyiciro cya kabiri cy’abarimu bo muri Zimbabwe 143, baje muri gahunda yo kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda. Aba barimu baje basanga abandi 157 bagize icyiciro cya mbere. Mu Kuboza 2022 ni bwo u Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano yerekeye guhana abakozi b’inzobere mu nzego […]

Bwa mbere Masamba Intore yahawe Igihembo nyuma y’imyaka 40 amaze mu muzika

1766386640861thelink 25

Umuhanzi Massamba Intore, umaze imyaka irenga 40 atanga umusanzu ukomeye mu muziki n’umuco nyarwanda, yishimiye kwegukana igihembo cy’icyubahiro cya Lifetime Achievement Award, ari na cyo gihembo cya mbere ahawe mu Rwanda kuva yatangira urugendo rwe rw’ubuhanzi. Iki gihembo yagishyikirijwe mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025, mu birori bya Isango na Muzika […]

Ab’i Goma baramukiye mu myigaragambyo 

20251222 112202

Abaturage bo mu mujyi wa Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza baramukiye mu myigaragambyo. Ni imyigaragambyo yateguwe na Sosiyete Sivile n’urubyiruko rwo mu bice bigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23, ikaba igamije kwamagana kuba ingabo z’uriya mutwe ziheruka kuva mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. […]

Moscow: U Burusiya burashinja ubutasi bwa Ukraine kwica undi mujenerali wabwo

1385744 011141 updates

Kuri uyu wa Mbere, Komite ishinzwe Ubugenzacyaha mu Burusiya yatangaje ko yatangiye iperereza ku “iyicwa” rya Lt. General Fanil Sarvarov, wari ukuriye ishami rishinzwe amahugurwa mu bakozi bakuru. Abashinzwe iperereza baravuga ko igisasu cyari giteze mu modoka cyahitanye umujenerali mukuru w’u Burusiya mu majyepfo ya Moscow. Abashinzwe iperereza bashinzwe gusuzuma ibyaha bikomeye, bavuze ko uyu […]

Nigeria: Abandi bana 130 mu baherutse gushimutwa babohojwe

rescued Niger State schoolchildren

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 21 Ukuboza, abategetsi ba Nigeria batangaje irekurwa ry’abanyeshuri 130 mu bari barashimuswe ku itariki ya 21 Ugushyingo. Ni bamwe mu bana n’abakozi 315 bo mu ishuri ry’Abagatolika rya St Mary bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda muri Leta ya Niger, hagati mu majyaruguru y’igihugu. Mu ntangiriro z’Ukuboza, abandi banyeshuri bagera ku 100 […]

U Budage bumaze kwinjirirwa na drones zisaga 1000

251003 TMB Drones over Munich

Umuyobozi w’ikigo cya polisi gishinzwe ubugizi bwa nabi (BKA) mu Budage yatangarije ku Cyumweru ikinyamakuru Bild cyo mu Budage ko kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2025 bamaze kubarura drones zisaga 1000 zinjiye mu kirere cy’igihugu mu buryo butemewe. Umuyobozi wa BKA, Holger MĂŒnch, yavuze ko kugaragara kw’indege zitagira abapilote byerekana ko uko ibintu bimeze […]

Tshisekedi aravuga ko FARDC na FDNB bemereye M23 gufata Uvira nk’amayeri

thumbs b c fbd5cbb888090032e3b6e7316b312c4b

Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryemereye inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 kwigarurira umujyi wa Uvira, nyuma yo gufata icyemezo cyo gusubira inyuma mu buryo bw’amayeri y’intambara. Tshisekedi yabitangaje ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza, mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye inama […]

Sudani: Igitero cya drone mu isoko cyahitanye nibura abantu 10

Sudan 87706 MAIN

Abantu byibuze icumi baguye mu gitero cy’indege itagira umupilote, kuwa Gatandatu, ku isoko riherereye mu gace ka Malha muri Darfur y’Amajyaruguru nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi baho. Malha, iherereye nko mu birometero 210 mu majyaruguru y’umurwa mukuru wa leta, El Fasher, hafi y’umupaka na Libya, kuva muri Werurwe, iyobowe n’inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF). Uyu […]

Museveni yakiriye intumwa z’u Rwanda na Congo

G8sAP9NXoAANUIw

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yakiriye intumwa z’u Rwanda na Congo mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Izi ntumwa z’ u Rwanda, ziyobowe na Minisitiri w’Umutekano, Dr Vincent Biruta, ndetse n’iza Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ziyobowe na Minisitiri ushinzwe kwishyira hamwe kw’akarere, Floribert Anzuluni, zakiriwe i […]

FARDC ntabwo yemera ko abarwanyi ba AFC/M23 bavuye muri Uvira

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250110080623383228 Ekenge

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, kirashinja umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 kubeshya ko wavuye mu mujyi wa Uvira, nyuma yo gutangaza ko bitarenze kuwa Kane abarwanyi ba wo bazaba bamaze kuva muri uyu mujyi bari bamaze icyumweru kirenga bafashe. Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Ukuboza, kuri Televiziyo y’Igihugu (RTNC), Umuvugizi wa FARDC, […]

Kalemie: Abasirikare n’abapolisi 124 bakurikiranweho guhunga umwanzi mu ifatwa rya Uvira

G8qz911WMAEnHNW

Abasirikare n’abapolisi 124 baburanishijwe i Kalemie kubera guta akazi igihe cy’ifatwa rya Uvira. Abo abantu 124 bo mu gisirikare n’igipolisi, barimo abasirikare 68 n’abapolisi 56, kuwa gatanu, itariki 19 Ukuboza, bitabye urukiko rwa gisirikare bashinjwa guhunga umwanzi. Iburanisha rya mbere, ryahariwe kumenya abaregwa, aho byafashije kumenya imyirondoro y’abantu 66 mu baregwa, inzira izakomeza mu iburanisha […]

DJ Toxxyk yafunzwe nyuma yo kugonga umupolisi agapfa

1766306465643

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi DJ Toxxyk nyuma yo kugonga umupolisi wari mu kazi, agahita apfa. Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku wa 20 Ukuboza 2025, DJ Toxxyk ahita acika, ariko aza gufatirwa mu Karere ka Karongi. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko Dj Toxxyk yafashwe ku gicamunsi cyo ku […]

Ambasade ya Pologne i Buruseli yagabweho igitero n’abagizi ba nabi

polish consulate in brussels doused with paint vulgar v0 FpIzDb6wXRbapFW6lwBSsTGthKEyv7GvTO5G t5l0A

Mu gihugu cy’u Bubiligi muri iki Cyumweru dusoza haherutse kuba igikorwa cyo kwangiza cyabereye ku gice gishinzwe abaturage n’abanyamahanga bashaka viza cya Ambasade ya Pologne i Buruseli. Inyubako ya Ambasade ya yasizwe irangi ritukura, kandi handikwa amagambo ya politiki ateye isoni. Ibi byabaye ku wa Kane ahagana mu ma saa cyenda za mu gitondo, aho […]

Gutunga nimero ya telephone ya Kabarebe bishobora kuzicisha Gen. Philemon Yav

Lt Gen Philemon Yva yatawe muri yombi Foto Internet

Gutunga nimero ya telephone ya Gen. (Rtd) James Kabarebe, kwa Lt. Gen. Yav Philemon wa FARDC, bishobora kuzamucisha umutwe cyangwa bikamufungisha ubuzima bwe bwose nyuma y’uko urubanza rwe rutangiye ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu ushize nyuma y’imyaka isaga 3 muri gereza. Ku wa Gatanu, itariki ya 19 Ukuboza 2025, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwatangiye […]

Abantu 9 bishwe barashwe n’abantu bitwaje imbunda hafi ya Johannesburg

2025 04 16T122540Z 868222595 RC2ZYDADI99M RTRMADP 3 SAFRICA CRIME 1766295398

Kuri iki Cyumweru, byibuze abantu icyenda biciwe mu irasa ryabereye mu mujyi uri hafi ya Johannesburg, muri Afurika y’Epfo ubwo abantu bitwaje imbunda barasaga nk’uko byatangajwe na polisi. Polisi yagize iti: “Bamwe mu bahohotewe barasiwe bitunguranye mu muhanda n’abantu bitwaje imbunda.” Abayobozi babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko icyateye kurasa kugeza ubu kitaramenyekana. Polisi yabanje […]

BĂ©nin: Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo afunzwe akekwaho kugira uruhare muri Coup d’État yapfubye

1766245305424

Mu gihugu cya BĂ©nin, uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo ndetse n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi, Candide Azannai, yashyizwe muri gereza by’agateganyo mu rwego rw’iperereza ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi cyaburijwemo mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukuboza. Nk’uko byatangajwe na AFP, Azannai akurikiranyweho ibyaha birimo gucura umugambi wo guhungabanya Leta no gushishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, nyuma […]

Bruce Melody yakwennye The Ben wihaye ibyo kurapa

InShot 20251220 170944212

Bruce Melodie yemeje ko yumvise ubutumwa The Ben yamugeneye binyuze mu ndirimbo ye nshya ‘Indabo zanjye’, ariko ntiyazuyaje kumusubiza amunnyega, amwibutsa ko “abaraperi bari aba cyera.” Ibi yabivuze agaragaza ko yumvise neza ubutumwa The Ben yamwoherereje, ariko akabigira mu mvugo irimo kunenga uburyo yaririmbye. Aba bahanzi bombi bakomeje guterana amagambo mu ndirimbo no mu magambo […]

Maj. Gen Gatama yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za FADM i Mocimboa da Praia

2025 12 20 16 57 39 0

Umuyobozi mukuru w’Inzego z’ Umutekano z’ u Rwanda (RSF) mu Ntara ya Cabo Delgado, Maj. Gen. Vincent Gatama, kuri uyu wa Gatandatu yakiriye Brig Gen TomĂĄs Francisco JoĂŁo Mponha, Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za Mozambique (FADM), i Mocimboa da Praia. Uru ruzinduko rwari rugamije gusuzumira hamwe uko umutekano uhagaze mu Ntara ya Cabo Delgado, no […]

AFC/M23 yamaganye u Burundi bwafashe bugwate impunzi z’Abanye-Congo

20251220 115752

Umutwe wa AFC/M23 washinje Leta y’u Burundi gufata bugwate impunzi z’Abanye-Congo zahungiye muri icyo gihugu, ku mpamvu uvuga ko zishingiye kuri Politiki. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yashimangiye ko amasezerano mpuzamahanga yemerera impunzi gutahuka mu gihugu cyazo nta komyi, ndetse u Burundi bukomeje kwizirikaho iz’abanye-Congo bukaba buri mu bihugu […]

U Rwanda n’u Burusiya byaganiriye ku kwagura ubufatanye

20251220 102416

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, ku wa Gatanu tariki ya 19 Ukuboza yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov. Abakuru ba dipolomasi y’ibihugu byombi bahuriye i Cairo mu Misiri, aho bari bitabiriye inama ya kabiri ya ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga yigaga ku bufatanye hagati ya Afurika n’u Burusiya. Minisitiri Olivier […]

Bamporiki yijeje Perezida Kagame ko atazongera kwakira indonke

kagame bamporiki

Bamporiki Edouard wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda, yabwiye Perezida Paul Kagame ko yamubabaje ubwo yakiraga indonke, ariko amwizeza ko ibyo yakoze bitazongera. Ni mu butumwa uyu mugabo wigeze kuba Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yageneye Umukuru w’Igihugu akanaba Chairman wa FPR Inkotanyi, ubwo ku wa Gatanu tariki ya 19 uyu muryango […]

The Ben yasubije Bruce Melodie

shema innocent 0780 329 329 30 3f0bf

Mu ndirimbo ye nshya yitwa Indabo zanjye, The Ben yashubije Bruce Melodie wari umaze iminsi umwibasira binyuze mu ndirimbo Munyakazi. Iyi ndirimbo nshya igaragaramo amagambo yuzuyemo kwirata, kwigamba no kwishongora byeruye bigenewe uwo bahanganye mu muziki. The Ben atangira yerekana ko yifata nk’umuhanzi uri ku rwego rwo hejuru, akibutsa Bruce Melodie amagambo ajya avuga mu […]

Ndayishimiye yongeye kuvuga amagambo gashozantambara ku Rwanda

20251220 082732

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kuvuga amagambo y’ubushotoranyi ku Rwanda yashinje kuba rutabaniye neza igihugu cye. Uyu mugabo yavuze ayo magambo ku wa Gatanu tariki ya 19 Ukuboza, nyuma y’ibirori yari amaze kwakirwamo n’abagize inzego z’umutekano z’u Burundi byari bigamije kumwifuriza we n’umuryango we umwaka mushya wa 2026. Ni ibirori byabereye mu kigo gikoreramo […]

Amerika yavuze ibilometero yifuza ko M23 yerekezamo uvuye i Uvira

20251220 75531

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zifuza ko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zerekeza byibura mu bilometero 75 uvuye mu mujyi wa Uvira. Amerika yabisabye biciye muri Ambasaderi wayo wungirije muri Loni ushinzwe ibibazo bya Politiki byihariye, Jennifer Locetta. Uyu mu ijambo yagejeje ku kanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi, yavuze […]

RDC: U Bubiligi bwamaganye itabwa muri yombi rya Shadary

maxime prevot a kinshasa rdc en avril dernier

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime PrĂ©vot, yamaganye itabwa muri yombi, kuwa Kabiri, rya Emmanuel Ramazani Shadary, Umunyamabanga uhoraho w’ishyaka PPRD rya Joseph Kabila. Minisitiri Prevot yizera ko iki gikorwa cya Kinshasa kidashyigikira umuhate w’imbere mu gihugu w’amahoro ikeneye kurusha ibindi. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Ukuboza, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi yagaragaje […]

Hon. Bazivamo Christophe mu bayobozi bashya ba FPR-Inkotanyi

20251219 141433

Ishyaka FPR-Inkotanyi kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Ukuboza ryemeje abayobozi baryo bashya, barimo Hon. Bazivamo Christophe wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma nka Minisitiri ndetse na Ambasaderi. Bazivamo na bagenzi be bemerejwe mu nama nkuru ya 17 ya FPR yabereye ku cyicaro gikuru cy’iri shyaka i Rusororo. Ni inama yayobowe na Perezida Paul Kagame, […]

Prophet Joshua arafunzwe

1766146036437

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB yatangaje ko rwafunze abantu batanu barimo na Prophet Joshua bacyekwaho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Abafashwe uko ari batanu bafashwe ku wa 17 na 18 Ukuboza 2025 nk’uko byemejwe na RIB. Abafunzwe barimo uwitwa Mbabazi Winny, Niyigena Deborah, Murekatete Alice, Umutesi Salima Linda na Heradi Sefu Josue wiyita Prophet Joshua. […]

RDC: Hatangijwe urubanza rwa Gen. Yav Philemon ushinjwa ibyaha birimo ubugambanyi

IMG 20220920 082413

Urukiko rukuru rwa gisirikare muri Congo rwatangaje ko hafunguwe, kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 19 Ukuboza 2025, urubanza rwa Lt. Gen. PhilĂ©mon Yav wahoze ayobora akarere ka gatatu ka gisirikare afite icyicaro muri Haut-Katanga, mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ibirego, Lt. Gen. Yav akurikiranweho ibyaha muri […]

Beni: Abasirikare hafi 200 ba FARDC basoje imyitozo yo kurwanira mu ishyamba

formation fardc2 2

Abasirikare ijana na mirongo inani (180) mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 18 Ukuboza, basoje ku mugaragaro imyitozo y’intambara yo mu mashyamba yaberaga mu Ntara ya Ituri. Abasirikare bo mu mutwe wa ‘Tigre’ na Batayo ya ‘Reconaissance’ bakoze aya mahugurwa kuva ku itariki ya 24 […]

FDLR yaciye amarenga yo kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda

nord kivu fdlr us un eu

Umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda umaze imyaka n’imyaka ukorera mu burasirazuba bwa epubulika ya Demokarasi ya Congo, waba urimo kwitegura kugaba ibitero bisa nk’iby’iterabwoba ku butaka bw’u Rwanda, ariko nyuma yo kubona ko iyi migambi yavumbuwe yatangiye kubyikuraho ahubwo ibigereka ku Rwanda kimwe n’ubwicanyi imaze iminsi ikora muri Walikale. Amakuru yizewe agera kuri […]

Ingabo za Kinshasa zubuye ibitero kuri AFC/M23 yemeye gutanga agahenge

general atomics reaper

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko mu gihe wemeye gutanga agahenge mu rwego rwo guha amahirwe igarurwa ry’amahoro, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zahisemo kubura ibitero ku birindiro byawo ndetse no mu duce dutuwe n’abaturage benshi. AFC/M23 yemeje ko yagabweho ibyo bitero, biciye mu itangazo ryasohowe na Lawrence Kanyuka uyivugira mu bya […]

U Burayi bwemereye Ukraine inkunga ya miliyari 90 z’Amayero agenewe igisirikare

eu agrees 90bn loan to ukraine after frozen russian asset v0 UpO3MMkV1riHQWVnSzwgZokee0Ae0WdtgdhVuAVVtU4

Abayobozi b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi bahuye kugira ngo baganire ku bibazo by’ingutu by’umuryango. Inkunga y’inyongera kuri Ukraine niyo yari imbere ku murongo w’ibyigwa mu gihe ubuyobozi bwa Trump bwasubije inyuma inkunga Amerika. Ibibazo bikomeye by’abayobozi byakemuwe: Kwemeranya inguzanyo ya miliyari 90 z’amayero ($ 105.5 $) kuri Ukraine Gutera inkunga inguzanyo hadakoreshejwe umutungo […]