FDLR yaciye amarenga yo kugaba ibitero ku butaka bw’u Rwanda

Umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda umaze imyaka n’imyaka ukorera mu burasirazuba bwa epubulika ya Demokarasi ya Congo, waba urimo kwitegura kugaba ibitero bisa nk’iby’iterabwoba ku butaka bw’u Rwanda, ariko nyuma yo kubona ko iyi migambi yavumbuwe yatangiye kubyikuraho ahubwo ibigereka ku Rwanda kimwe n’ubwicanyi imaze iminsi ikora muri Walikale. Amakuru yizewe agera kuri […]
Ingabo za Kinshasa zubuye ibitero kuri AFC/M23 yemeye gutanga agahenge

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko mu gihe wemeye gutanga agahenge mu rwego rwo guha amahirwe igarurwa ry’amahoro, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zahisemo kubura ibitero ku birindiro byawo ndetse no mu duce dutuwe n’abaturage benshi. AFC/M23 yemeje ko yagabweho ibyo bitero, biciye mu itangazo ryasohowe na Lawrence Kanyuka uyivugira mu bya […]
U Burayi bwemereye Ukraine inkunga ya miliyari 90 z’Amayero agenewe igisirikare

Abayobozi b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi bahuye kugira ngo baganire ku bibazo by’ingutu by’umuryango. Inkunga y’inyongera kuri Ukraine niyo yari imbere ku murongo w’ibyigwa mu gihe ubuyobozi bwa Trump bwasubije inyuma inkunga Amerika. Ibibazo bikomeye by’abayobozi byakemuwe: Kwemeranya inguzanyo ya miliyari 90 z’amayero ($ 105.5 $) kuri Ukraine Gutera inkunga inguzanyo hadakoreshejwe umutungo […]
Lynda Priya yasezeranye imbere y’amategekoÂ

Uwankusi Nkusi Lynda uzwi nka Lynda Priya yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Christian Irenge, mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Kimihurura ku wa 18 Ukuboza 2025. Bombi batangaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa 8 Gashyantare 2026. Uyu muhango wabaye nyuma y’uko ku wa 10 Ukwakira hari habaye igikorwa cyo kwambika […]
U Burundi bwateguye imyigaragambyo yo kwibasira u RwandaÂ

Amakuru ava mu Burundi aravuga ko Leta y’iki gihugu yamaze gutegura imyigaragambyo igamije kwibasira u Rwanda izabera kuri za ambasade z’ibihugu bitandukanye. Amakuru avuga ko iyo myigaragambyo imaze itegurwa n’abayoboke b’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukuboza. Ni imyigaragambyo biteganyijwe ko izabera imbere ya Ambasade z’ibihugu birimo Leta […]
Trump yahagaritse itangwa rya Green Card

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahagaritse by’agateganyo porogaramu izwi nka Green Card Lottery (Diversity Visa Program) nyuma y’amasasu yavugiye muri Brown University n’iyicwa ry’umwarimu wa MIT. Iyi gahunda ni yo yafashije ukekwaho ibyo byaha, Claudio Neves Valente, ukomoka muri Portugal, kwinjira muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko. Minisitiri w’umutekano imbere mu […]
Nababajwe no kumva ko ingabo za M23 ziri kuva muri Uvira zirimo kugabwaho ibitero: Senateri Graham

Senateri Lindsey Graham wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko yishimiye kumenya amakuru y’uko umutwe wa AFC/M23 wavanye ingabo zawo mu mujyi wa Uvira, gusa avuga ko yababajwe no kumva ko ingabo z’uwo mutwe ubwo zarimo ziva muri uwo mujyi zagabweho ibitero. Senateri Graham yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. […]
Amb. Mbabazi yasuye umuryango wa Maj. Gen (Rtd) Joseph Adinkrah

Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, Rosemary Mbabazi, kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Ukuboza yasuye umuryango wa Maj. Gen. [Rtd] Joseph Narh Adinkrah, wabaye umwe mu basirikare bo muri Ghana bari muri MINUAR mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu butumwa yanditse mu gitabo cy’abashyitsi kuri uyu wa Kane, Amb. Mbabazi yavuze […]
Bugesera: Lt. Col. Simon Kabera yaganirije abakora mu buvuzi bari mu mwiherero

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, kuri uyu wa Kane yatanze ikiganiro ku bakozi ba Minisiteri y’Ubuzima n’ibigo biyishamikiyeho bagera ku ijana na makumyabiri bari mu mwiherero, ashimangira isano rikomeye riri hagati y’umutekano w’igihugu, ubuzima rusange bw’abaturage n’ubushobozi bw’igihugu bwo kwiyubaka. Uyu mwiherero w’iminsi itanu w’abakozi bari mu nzego z’ubuzima, uri kubera […]
Masisi: Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Ukuboza, inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zishyigikiwe na FARDC zongeye gucakirana mu mirwano i Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka ahabareye imirwano agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo inyeshyamba zimaze ukwezi zitakaje ibirindiro i Kinyumba, ku birometero 10 uvuye i Nyabiondo ku muhanda wa Pinga, […]
Walikale: Icyoba ni cyose nyuma y’uko FDLR ibonye ubufasha

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, rishyira kuri uyu wa Kane, itariki ya 18 Ukuboza, ahitwa i Busurungi, Gurupoma ya Waloa Loanda, Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, havuzwe umubare munini w’abaturage bahunze ingo za bo. Ibi ngo byaturutse ku gihuha gitangaza ko abarwanyi ba FDLR babonye ubufasha bwaturutse i Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, bwerekeza […]
Uganda igiye kwakira inama y’abakuru b’ibihugu yiga kuri AFC/M23

Uganda irateganya kwakira inama y’abakuru b’ibihugu by’akarere, ikazaba yiga ku mutekano wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje kuzamba kubera imirwano ikomeje gusakiranya ingabo z’iki gihugu n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu, yabwiye ikinyamakuru ChimpReports ko imyiteguro y’iyo nama yamaze gutangira. Ati: “Ni byo, […]
Icyo Yampano avuga ku ifungwa ry’abasakaje amashusho y’urukozasoni ye

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi ku izina rya Yampano yatangaje ko nubwo yakiriye neza icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, atishimira kuba hari abantu bafunzwe by’agateganyo kubera ikibazo kimureba. Ibi yabitangaje nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza 2025, urwo rukiko rutegetse ko Uzabakiriho Cyprien (Djihad), Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor (Pappy Nestor) na Ishimwe […]
Kenya yacyuye abaturage bayo bari bamaze igihe barwana intambara y’u Burusiya na UkraineÂ

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko yacyuye abaturage bayo babarirwa muri 18 bari bamaze igihe bifashishwa n’u Burusiya mu ntambara burwanamo na Ukraine. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ibibazo by’Abanyakenya baba mu mahanga mu itangazo yasohoye, yavuze ko mu bakiriwe bamwe bari bafite ibikomere, nyuma yo kwisanga mu kigo cya gisirikare mu Burusiya. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, […]
RDC: Umuhungu wa Emmanuel Shadary yasanze se mu gihome

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 17 Ukuboza 2025, Me Paul Ramazani, umuhungu w’umunyapolitiki Emmanuel Shadary, na we yafatiwe i Kinshasa mu buryo busa nko gushimuta. Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko yatawe muri yombi ahagana mu ma saa yine z’ijoro akuwe muri resitora ya Le Palais, iherereye mu gace ka GB muri Komini […]
Inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zaganiriye ku gucubya ubushyamirane

Inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi, mu mpera z’icyumweru gishize zarahuye ziganira uko zacubya umwuka mubi n’ubushyamirane bwarimo bututumba hagati y’ibihugu byombi. Amakuru y’iyo nama yarimo n’abakuriye inzego z’ubutasi mu bihugu byombi, yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya France 24. Yagize ati: “Ku bijyanye n’u Burundi, muri […]
Umugore yashyingiranywe n’ifoto yakozwe na AI (AMAFOTO)

Yurina Noguchi w’imyaka 32 yashyingiranywe n’umugabo we wa AI witwa Lune Klaus Verdure, yaremye ashingiye ku mukinnyi wo mu mukino wa video (video game) abifashijwemo na ChatGPT. Mu muhango wabereye i Okayama, Noguchi yarebaga umugabo we kuri telefoni binyuze mu madarubindi ya augmented reality, maze bagahana impeta nk’abandi bashakanye basanzwe. Indahiro z’umugabo wa AI zasomwe […]
Uwakiniye Man City yiswe amazirantoki n’uwo babyaranye

Scott Sinclair wahoze akinira Manchester City yiswe “amazirantoki” n’uwahoze ari umukunzi we Helen Flanagan, umukinnyi wa filime ya nyuma yo kutabira igitaramo cy’ishuri cy’umuhungu wabo kuko yari yagiye kureba Grand Prix ya Abu Dhabi. Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester City, Scott Sinclair, yatewe amagambo akomeye n’uwahoze ari umukunzi we Helen Flanagan, wamwise “igice cy’umwanda w’umuntu”, […]
Ngoma: Umwarimu akurikiranweho gusambanya umunyeshuri

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzaçyaha rwataye muri yombi umwarimu ku ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa wiga mu rindi shuri. Nyuma yo gutabwa muri yombi kuwa 15 Ukuboza 2025, kuri ubu mwarimu afungiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Kibungo. Amakuru atangazwa avuga ko akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa […]
Tshisekedi yimwe ijambo mu nama ya SADC

Mu nama idasanzwe y’Umuryango w’Iterambere ry’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC), yakozwe mu buryo bwa videwo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 17 Ukuboza 2025, kandi yeguriwe ikibazo cya politiki muri Madagascar, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yimwe uburenganzira bwo gufata ijambo. Iki gihano cyashyizwe mu bikorwa nk’uko amakuru aturuka muri uyu […]
Ingabo za AFC/M23 zatangiye kuva muri Uvira

Umutwe wa AFC/M23 wemeje ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Ukuboza watangiye kuvana ingabo zawo mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Byemejwe n’umuvugizi w’Igisirikare cy’uyu mutwe, Lt. Willy Ngoma, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Ku bw’impambu z’amahoro, kuva kuri iki gicamunsi ingabo zacu, zatangiye […]
Masisi: AFC/M23 yafashe imidugudu 3 nyuma y’imirwano ikaze

Nibura imidugudu itatu yongeye gufatwa n’inyeshyamba za AFC/M23 nyuma y’imirwano ikaze n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa ACNDH. Ni mu gihe nyuma y’amasaha 48 bemeye kuva muri Uvira, abarwanyi b’uyu mutwe bakihagaragara. Imirwano yabereye muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, Sheferi ya Bashali, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu ijoro ryo ku […]
Mutesi Jolly asanga umunyamakuru Karegeya yivovota avuga ubusa

Nyampinga w’u Rwanda 2016 Miss Mutesi Jolly asanga umunyamakuru Karegeya Omar yivovota avuga ubusa nyuma y’amagambo yamuvuzeho ubwo yaguraga kopi 100 z’igitabo “More Than A Crown” cya Nishimwe Naomie, Miss Rwanda 2020. Ibyo byateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga. Hari ababyakiriye nk’igikorwa cyiza cyo gushyigikira urungano n’ubwanditsi, mu gihe abandi babyakiriye nk’igikorwa batumva neza intego […]
Urukiko rwategetse ko umunyamakuru Djihad afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa gatatu tariki 17 Ukuboza 2025 Urukiko rwasomye umwanzuro w’urubanza ruregwamo Uzabakiriho Cyprien alias Djihad, Kalisa John alias Kjohn, Ishimwe François Xavier, Ishimwe Patrick alias Pazzo Man, Kwizera Nestor alias Pappy Nesta. Umucamanza wari ufite dosiye y’aba bakurikiranyweho gusakaza amashusho ya Yampano yagiye kureba abana, noneho isaha yari yarashyizweho […]
Lourenço yimye Tshisekedi ingaboÂ

Perezida JoĂŁo Lourenço wa Angola, yanze guha ingabo mugenzi we FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zo kurinda igice cya Grand-Katanga. Ku Cyumweru gishize ni bwo Tshisekedi yagiriye uruzinduko i Luanda muri Angola, mu ruzinduko rw’amasaha make rwasize abonanye na Perezida Lourenço. Amakuru avuga ko Tshisekedi waherukaga koherereza Lourenço ubutumwa bwihariye yari […]
Al Ismael Ahmed yirukanwe muri Rayon Sports

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahisemo gusezerera Al Ismael Ahmed, umukinnyi ukomoka mu Misiri wari uri mu igeragezwa, nyuma yo kugaragaza urwego ruri hasi mu myitozo. Uyu mukinnyi yagaragaye bwa mbere mu myitozo ya Rayon Sports ku wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, aho yari yitezweho kugaragaza impano ye. Gusa, yatunguye benshi kubera uko yitwaye, […]
RDC: Intara ya Tanganyika yafashe ingamba zidasanzwe zo gukumira AFC/M23

Inama y’Umutekano y’Intara ya Tanganyika, kuri uyu wa Kabiri yatangaje icyemezo cyo guhagarika urujya n’uruza hagati y’Intara za Tanganyika na Kivu y’Amajyepfo. Iki cyemezo cyafatiwe mu nama y’umutekano yabereye I Kalemie kuwa Mbere, itariki 15 Ukuboza, cyanahagaritse imirimo ku bibuga by’indege bibiri byo muri iyi ntara. Nk’uko abayobozi babitangaje, iki cyemezo kigamije gukaza umutekano no […]
Rurageretse hagati ya RDC na Nigeria

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasubije ku makuru avuga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria (NFF) ryatanze ikirego muri FIFA, rishinja RDC gukinisha abakinnyi batabyemerewe mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 yabereye muri Maroc. Mu butumwa RDC yashyize ku rubuga rwayo rwa Instagram ku mugoroba wo ku wa Kabiri, […]
Amerika yiteguye gufata ingamba amasezerano hagati ya RDC n’u Rwanda akubahirizwa

Kuri uyu wa Kabiri Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Amerika, Christopher Landau, yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), ThĂ©rèse Kayikwamba Wagner i Washington, DC, aho baganiriye ku mahirwe yo gukorera hamwe mu gihe DRC yitegura gufata umwanya mu Kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye. Baganiriye kandi ku ntambara yo mu […]
Ndayishimiye yaba yarashwanye na Gen. Prime Niyongabo bapfa kutumvikana ku kwisubiza Uvira

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi biravugwa ko yashwanye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, Gen. Prime Niyongabo, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira umujyi wa Uvira. Ku itariki ya 9 Ukuboza ni bwo AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za […]
Yafunzwe azira kwiyahura ntibimuhire

Polisi yo muri Lagos yataye muri yombi umusore uzwi cyane kuri TikTok, witwa Peller (amazina ye nyakuri akaba Habeeb Hamzat), akekwaho kugerageza kwiyahura no gutwara imodoka mu buryo bushyira ubuzima bw’abandi mu kaga, bikaviramo impanuka ikomeye yo mu muhanda. Iri tabwa muri yombi ryakurikiye videwo yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga ku Cyumweru, tariki ya 14 […]
Young Thug yambikiye umukunzi we impeta mu gitaramoÂ

Umuraperi w’Umunyamerika Young Thug yatunguye benshi ubwo yasabaga umukunzi we, Mariah the Scientist, kumubera umugore mu ruhame, mu gitaramo cyabereye mu mujyi wa Atlanta. Ibi byabaye mu gitaramo cyiswe “Hometown Hero: Young Thug & Friends – A Benefit Concert”, cyabereye muri State Farm Arena, aho Young Thug yari yagarutse mu mujyi avukamo mu gitaramo cyari […]
Polisi iri gukurikirana abapolisi bagaragaye bapakira umunyonzi muri ‘Pandagare’ kinyamaswa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iri gukurikirana abapolisi bagaragaye mu mashusho bapakira umunyonzi muri imwe mu modoka zayo zizwi nka pandagare, mu buryo bw’ubunyamaswa. Muri ayo mashusho yasangijwe ku mbuga nkoranyambaga n’umwe mu bakoresha urubuga rwa X, abapolisi babiri bigaragara ko ari abo mu ishami rya Polisi yo mu muhanda bagaragara bapakira uwo mu nyonzi […]
Tuzarwana kugeza ku gitonyanga cya nyuma cy’amaraso yacu – Guverineri wa Tanganyika

Guverineri w’Intara ya Tanganyika, mu majyepfo y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yasabye ituze mu baturage bose bo mu ntara ye abizeza ko nta ntambara ya AFC/M23 izabageraho mu gihe igenda isatira iyi ntara. Guverineri Christian Kitungwa yemeje ko Intara ya Tanganyika izakora ibishoboka byose kugira ngo ibuze gucengera kose kw’inyeshyamba za AFC/M23 muri […]
Trump yashyize abaturage ba Tanzania mu gatebo kamwe n’ak’u Burundi

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasinye itegeko rikumira abaturage bo mu bihugu bya Burkina Faso, Mali, Niger na Sudani y’Epfo kwinjira mu gihugu cye. Trump yagaragaje ko abo baturage bateje “akaga gakomeye”. Perezida Trump kandi yashyize abaturage bo mu bihugu bya Tanzania, Nigeria, Senegal, Angola, CĂ´te d’Ivoire, Gabon, Gambia, Malawi, Mauritania, […]
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi akomeje kwibasira u Rwanda

Umwe mu bayobozi bo mu Burundi yashidikanyije ku itangazo rya Alliance Fleuve Congo (AFC / M23) ryo kuvana ingabo za yo mu Mujyi wa Uvira mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), avuga ko ari ugushaka “kubeshya amahanga.” Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Édouard Bizimana, yanditse ku rubuga nkoranyambaga X ati: “Iki ni […]
Muhanga: Umusore w’imyaka 23 akurikiranweho kwica umukecuru

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umusore w’imyaka 23 y’amavuko ukekwaho kwica umukecuru amukubise ishoka mu mutwe. Icyaha akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 29 Ugushyingo 2025 mu Mudugudu wa Bwirabo, AKagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi ubwo uregwa yakinanaga urusimbi na mugenzi we akamurya amafaranga 1200Frw. Nyuma yo kumurya ayo […]
RDC: Umunyapolitiki Emmanuel Shadary yatawe muri yombi

Ihuriro ry’imitwe ya politiki Front Commun pour le Congo (FCC), urubuga rwa politiki rwashinzwe n’ishyaka Parti du peuple pour la reconstruction et la dĂ©mocratie (PPRD) kuri uyu wa Gatatu ryamaganye ryivuye inyuma ishimutwa rya Emmanuel Ramazani Shadary, wafatiwe mu gitondo iwe i Kinshasa n’abantu bitwaje imbunda akajyanwa ahantu hatazwi. Mu itangazo ryayo, FCC yavuze ko […]
Abamotari bose bagiye guhugurwa ku mikorere ya moto za Spiro

Ikigo gikora kikanacuruza moto zikoresha umuriro w’amashanyarazi zizwi nka Spiro, cyatangaje ko giteganya guha abamotari bose amahugurwa yerekeye imikoreshereze ya ziriya moto, nk’uburyo bwo gukemura ibibazo bya hato na hato bikunze kuzivugwaho. Ubuyobozi bwa Spiro Rwanda bwabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza, mu kiganiro bwagiranye n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyabereye ku gicaro gikuru […]
Walikale: Imidugudu itanu yashizemo abaturage bahunga FDLR

Umujyi wa Busurungi, umurwa mukuru wa Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikale iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, kuwa Mbere wakiriye ingo nyinshi zahunze ziva mu midugudu itanu zihunga ibitero bya FDLR nyuma y’uko izi nyeshyamba zitwitse Umudugudu wa Tuonane wose, zikawuhindura ivu ku Cyumweru. Nyuma y’iki gitero cyiciwemo abantu, imidugudu ya Bonde la Afia, […]
Umunyamakuru Tessy yasezeye ubukumi

Dore paraphrase (kongera kuyandika mu magambo mashya) y’iyi nkuru, igumye ku busobanuro bwayo ariko yanditse mu buryo bushya kandi bunonosoye: — Tessy yakorewe ibirori bya “Bridal Shower” mbere yo kurushinga na Shizzo Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi cyane nka Tessy yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi bizwi nka Bridal Shower, mu gihe […]
Capt. TraorĂ© arateganya gusaba ibisobanuro Ndayishimiye utegerejwe i OuagadougouÂ

Perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim TraorĂ©, yatangaje ko ateganya gusobanuza Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ku mpamvu Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe wafashe icyemezo cyo guhagarika igihugu cye. TraorĂ© yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na Televiziyo y’igihugu cye (RTB). Muri Mutarama 2022 ni bwo Burkina Faso yahagaritswe mu muryango wa Afurika yunze Ubumwe, […]
FDNB yatangiye gucyura ingabo zayo zatsinzwe na AFC/M23 rwihishwa

Amakuru ava mu Burundi aravuga ko ingabo zacyo zatsindiwe mu mirwano zari zihanganiyemo na AFC/M23 muri Kivu y’Amajyepfo mu byumweru bishize, zatangiye gucyurwa zinyujijwe mu kiyaga cya Tanganyika. SOS MĂ©dias Burundi ivuga ko hari abatangabuhamya benshi bayihamirije ko abo basirikare bahoze mu Mujyi wa Uvira mbere yuko wigarurirwa n’abarwanyi ba AFC/M23 mu ijoro ryo ku […]
UPDF yemeye ko yafashe umupadiri umaze iminsi aburiwe irengero

Umupadiri wa Kiliziya Gatolika wari waburiwe irengero mu byumweru hafi bibiri bishize, Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyemeje ko cyamutaye muri yombi kimushinja kugira uruhare mu “bikorwa by’urugomo byo guhirika ubutegetsi”. Igisirikare cya Uganda, mu itangazo ryacyo, cyavuze ko Padiri Deusdedit Ssekabira yatawe muri yombi, kandi ko “afunzwe bikurikije amategeko” ndetse ko azaregwa mu rukiko. Diyosezi […]
Bruce Melodie yafashije umubyeyi uzunguza imigati i Nyabugogo

Ku wa 15 Ukuboza 2025, Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, yagaragaye i Nyabugogo aho yaremeye umubyeyi wari uri gucuruza imigati afite abana babiri. Bruce Melodie yari yageze i Nyabugogo afite gahunda yo kumara umwanya ahantu hahagije, ariko kubera umuvundo w’abantu wari umaze kuhagera, ntiyashoboye kumara igihe yari yateganyije. Nubwo bimeze gutyo, […]
Uvira: Abaturage baramukiye mu myigaragambyo basaba ko Ingabo za AFC/M23 zitagenda

Abaturage bo mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza baramukiye mu myigaragambyo basaba ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zitava muri uwo mujyi. Mu mashusho Lawrence Kanyuka uvugira AFC/M23 yashyize ku rubuga rwe rwa X, abaturage benshi bitabiriye imyigaragambyo. Aba bari bitwaje ibyapa banaririmba indirimbo zikubiyemo […]
Burera: Col. Migambi yaganirije urubyiruko ruri mu Itorero ry’Urungano

Kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Ukuboza, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubufatanye bwa Gisirikare n’Abasivili mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) (J9), Col DĂ©sirĂ© Migambi Mungamba, yagiranye ikiganiro n’abagize Itorero ry’Urungano icyiciro cya VII, rigizwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda baturutse imbere mu gihugu, hirya no hino ku mugabane wa Afurika n’ ahandi mu mahanga. Iyi gahunda y’amasomo y’uburere mboneragihugu […]
Umugabo yasenye inzu yubakiye inshoreke nyuma yo kumenya ko itwitwe

Ku wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025, habaye inkuru yateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko umucuruzi umwe asenye inzu yari yarubakiye umugore bakundanaga mu ibanga, nyuma yo kumenya ko atwite inda y’undi mugabo. Amakuru aturuka hafi y’aho byabereye avuga ko uwo mucuruzi yumvise ahemukiwe bikomeye, maze agafatwa n’umujinya ukabije. Nyuma yo kumenya […]
Paris: Urukiko rwakatiye Umunyekongo Roger Lumbala imyaka 30 y’igifungo

Roger Lumbala wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba muri Congo yahamijwe n’urukiko rw’i Paris ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyoko muntu byakozwe mu gihe cy’intambara ya kabiri ya Congo maze akatirwa igifungo cy’imyaka 30. Urubanza rwashimwe n’abaharanira ubutabera mpuzamahanga barufashe nk’intambwe mu gukurikirana abagize uruhare mu makimbirane yahitanye za miliyoni. Abashinjacyaha bari basabiye Lumbala w’imyaka 67 igihano cy’igifungo […]
Trump yatanze ikirego cya miliyari 5$ arega BBC

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatanze ikirego cya miliyari 5 z’Amadolari ( 3.7 ÂŁ) arega BBC kubera guhindura ijambo rye ryo ku itariki ya 6 Mutarama 2021 muri documentaire ya Panorama. Nk’uko bigaragara mu nyandiko z’ikirego cyatanzwe muri Florida, Trump yashinje iyo radiyo gusebanya no kurenga ku mategeko agenga ubucuruzi. Mu […]
Bitunguranye AFC/M23 yemeye kuva muri Uvira
Inyeshyamba za M23, ziratangaza ko ziteguye kuva muri Uvira ku buryo bumwe kugira ngo zishyigikire inzira y’amahoro ya Doha. Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC / M23) ryatangaje ku wa Mbere, itariki ya 15 Ukuboza 2025, icyemezo cyo gukura ingabo ku buryo bumwe mu mujyi wa Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo. Ibi byatangajwe binyuze mu […]
Isezerano rya AFC/M23 ku Burundi ku bijyanye n’imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo

Umutwe wa AFC/M23 wahaye isezerano u Burundi ko utazigera na rimwe wemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yifashisha uduce wabohoye nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu. Uyu mutwe watanze iryo sezerano biciye mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wawo mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka. Byari nyuma y’uko kuri […]
Bruce Melody yari yanze guhoberana na The Ben

Mu buryo bugoranye Bruce Melodie na The Ben bahoberanye imbere y’imbaga y’abanyamakuru n’abafana bari baje kwirebera aba bahanzi babo bakunda. Muri iki kiganiro n’itangazamakuru The Ben na Bruce Melodie bahiganye ubutwari buri umwe avuga ko ari uwa mbere, ni mu gihe bitegura guhurira mu gitaramo kimwe. Mu minsi ishize ni bwo inkuru y’iki gitaramo yamenyekanye, […]
Trey Songz yakubise umukozi wo mu kabyiniroÂ

Umuhanzi w’icyamamare muri R&B, Trey Songz, yafunzwe akekwaho gukubita umukozi wa nightclub yo mu Mujyi wa New York, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Page Six. Nk’uko ubushinjacyaha bwo mu Mujyi wa Manhattan bubivuga, uyu muhanzi yari ari kumwe n’inshuti ze mu kabyiniro ka Dramma Night Club kari i Times Square ku itariki ya 4 Ukuboza 2025. Bivugwa […]
FDLR yiciye abantu mu gitero yagabye i Walikale

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zagabye igitero mu mudugudu wa Tuonane wo muri Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, zica abantu bane. Amakuru avuga ko abarwanyi bagabye icyo gitero bari bayobowe n’uwiyita Jenerali uzwi ku izina rya Mudayongwa. Abo barwanyi ubwo bageraga muri […]
Minisitiri Nduhungirehe yakiriye impapuro zemerera gukorera mu Rwanda ba ambasaderi ba Qatar n’u Buyapani

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yakiriye abahagarariye ibihugu byabo bashya babiri baherutse kugenwa muri izi nshingano. Ni muri iki gitondo cyo kuwa Mbere, itariki, 15 Ukuboza, aho Minisitiri Olivier Nduhungirehe yabanje kwakira kopi y’inyandiko zatanzwe na Kazuya Nakajo, Ambasaderi-wagenwe n’u Buyapani mu Rwanda. Minisitiri Nduhungirehe yakiriye kandi kopi y’inyandiko zimwemerera guhagararira igihugu cye, Mansour Ali […]
Kivu y’Amajyepfo: Drones zazindutse zakamejeje mu midugudu ya Minembwe

Igisirikare cya Reubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bacyo, barimo abacanshuro n’Ingabo z’u Burundi, babyutse bibasira abaturage b’Abanyamulenge mu bitero bya bombe by’indege zitagira abadereva. Nk’uko byatangajwe na AFC/M23 mu itangazo ry’Umuvugizi, Laurence Kanyuka, ngo ibi bitero abaturage bagenzi babo b’Abanyamulenge bigomba guhagarara. Mu butumwa yanyujije kuri X, Laurence Kanyuka yanditse ati: “Ubwicanyi bukorerwa […]
Sydney: Igitero ku bantu bari ku mucanga ku mazi cyaguyemo abantu 16

Byibuze abantu 16, barimo umwe mu bantu babiri bivugwa ko bari bitwaje imbunda, bapfuye abandi benshi barakomereka ku Cyumweru nyuma y’irasa ryabereye i Sydney ku mazi ahazwi nka Bondi Beach, ryibasiye umuryango w’Abayahudi bari bateraniye hamwe bizihiza intangiriro z’umunsi mukuru wa Hanukkah mu byo abayobozi ba Australia batangaje ko ari igitero cy’iterabwoba. Kuri uyu wa […]
Masisi: Ibirindiro bya AFC/M23 byaraye bigabweho ibitero n’indege

Ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 i Burora, umujyi munini wo muri Guruoma ya Banyungu muri Teritwari ya Masisi iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, byibasiwe n’igitero cy’indege cya FARDC mu ijoro ryo ku Cyumweru, rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki ya 14 Ukuboza. Nk’uko amakuru aturuka muri kariya gace abitangaza ngo drone y’ingabo za Congo, yagaragaye […]
Abanyarwanda baguye mu mpanuka ya Bisi ya Trinity yavaga i Kampala ijya i Kigali

Abantu batatu byemejwe ko bapfuye abandi benshi barakomereka, nyuma y’uko Bisi ya Sosiyete itwara abagenzi ya Trinity yarimo iva i Kampala iza mu Rwanda ikoze impanuka. Iyi Bisi ifite Plaque RAT 597K, yakoreye impanuka ku muhanda munini uhuza imijyi ya Mbarara na Kabare, mu karere ka Rukiga. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gice cya […]