Sydney: Igitero ku bantu bari ku mucanga ku mazi cyaguyemo abantu 16

Byibuze abantu 16, barimo umwe mu bantu babiri bivugwa ko bari bitwaje imbunda, bapfuye abandi benshi barakomereka ku Cyumweru nyuma y’irasa ryabereye i Sydney ku mazi ahazwi nka Bondi Beach, ryibasiye umuryango w’Abayahudi bari bateraniye hamwe bizihiza intangiriro z’umunsi mukuru wa Hanukkah mu byo abayobozi ba Australia batangaje ko ari igitero cy’iterabwoba. Kuri uyu wa […]
Masisi: Ibirindiro bya AFC/M23 byaraye bigabweho ibitero n’indege

Ibirindiro by’inyeshyamba za AFC / M23 i Burora, umujyi munini wo muri Guruoma ya Banyungu muri Teritwari ya Masisi iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, byibasiwe n’igitero cy’indege cya FARDC mu ijoro ryo ku Cyumweru, rishyira kuri uyu wa Mbere, itariki ya 14 Ukuboza. Nk’uko amakuru aturuka muri kariya gace abitangaza ngo drone y’ingabo za Congo, yagaragaye […]
Abanyarwanda baguye mu mpanuka ya Bisi ya Trinity yavaga i Kampala ijya i Kigali

Abantu batatu byemejwe ko bapfuye abandi benshi barakomereka, nyuma y’uko Bisi ya Sosiyete itwara abagenzi ya Trinity yarimo iva i Kampala iza mu Rwanda ikoze impanuka. Iyi Bisi ifite Plaque RAT 597K, yakoreye impanuka ku muhanda munini uhuza imijyi ya Mbarara na Kabare, mu karere ka Rukiga. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda mu gice cya […]
Ni iki cyagenzaga Tshisekedi kwa João Lourenço?

Perezida Félix Tshisekedi Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku Cyumweru tariki ya 14 Ukuboza yagiriye uruzinduko rw’akazi i Luanda muri Angola. Amakuru avuga ko Tshisekedi i Luanda yahagenzwaga no kuzahura ibiganiro bya Luanda, gahunda ya dipolomasi igamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo. Ikinyamakuru Le Potentiel kivuga ko uruzinduko rwa Tshisekedi rwari rugamije […]
Uwateguye urugendo rwa Lionel Messi mu Buhinde yafunzwe

Umugabo witwa Satadri Dutta, wateguye urugendo rwa Lionel Messi mu Buhinde, yatawe muri yombi maze akatirwa gufungwa iminsi 14, nyuma y’imvururu zabaye mu gikorwa cyiswe GOAT Tour. Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2025, Lionel Messi yageze mu Buhinde aho yari yitabiriye ibikorwa bitandukanye byo kwamamaza izina rye. Muri urwo ruzinduko, yasuye stade yo […]
Nasanze FARDC ari igisirikare cya ntaho nikora: Tshisekedi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akomeje kunengwa na benshi mu baturage be, nyuma yo gutangaza ko ubwo yafataga ubutegetsi yasanze igihugu cye gifite ‘igisirikare cya ntaho nikora’. Yabitangaje ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yari kumwe n’urubyiruko rurenga 3,000 bari bahuriye muri ‘Gmnase’ ya Stade Tata Raphaël i Kinshasa. Umukuru […]
Huye: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kumenyekanisha igihugu

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, kuri Iki cyumweru tariki ya 14 Ukuboza ryakomereje ibikorwa byaryo birimo inama n’amahugurwa mu karere ka Huye. Ni igikorwa cyabanjirije ibi bikorwa bigomba gusorezwa mu karere ka Nyamagabe, nyuma y’amezi agera ku icumi ririya shyaka rizenguruka uturere 30 tugize igihugu, aho ryahuye rikanahugura abarwanashyaka baryo ku […]
Uvira: Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo igeze mu marembo ya Fizi

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru habaye imirwano hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’imitwe ya Wazalendo muri Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko amakuru menshi ava muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD. Nk’uko aya makuru abitangaza, iyi mirwano yatangiriye i Lwanga, umujyi uherereye ku muhanda uhuza Uvira na Fizi, igice kinini […]
Tshisekedi aravuga ko Abanyekongo ari bo ba mbere basenya igihugu

Perezida Félix Tshisekedi, yamaganye yivuye inyuma ruswa ndetse no kudakunda igihugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yemeza ko abaturage ba Congo ubwabo ari bo “ba mbere basenye” igihugu cyabo. Mu nama yagiranye n’urubyiruko i Kinshasa ku wa Gatandatu, Umukuru w’Igihugu cya RDC agaruka ku kuntu umurwa mukuru usa nabi yagize ati: “Ni twebwe ubwacu […]
Umudepite wa RDC yateguje ko mu minsi 18 iri imbere Wazalendo zizaba zinjiye mu Rwanda

Depite Willy Mishiki uri mu bahawe kuyobora abarwanyi b’inyeshyamba za Wazalendo, yatangaje ko mu minsi 18 iri imbere izo nyeshyamba zigomba kuba zisubije Umujyi wa Uvira, hanyuma intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikerekezwa mu Rwanda. Uyu mudepite uhagarariye Teritwari ya Walikale akabarizwa mu ihuriro Union Sacreé Pour la Nation riyoboye RDC, yatangaje […]
Senegal yavuye mu masezerano yo guhererekanya abanyabyaha n’u Bufaransa

Guverinoma ya Senegal yatangaje ko ihagaritse, ako kanya, amasezerano yo kohererezanya abanyabyaha yari ifitanye n’u Bufaransa, kubera ko nta ubutabera bw’u Bufaransa budakora ibyo busabwa. Iki cyemezo cyashyizwe ahagaragara ku wa Kane na Minisitiri w’Ubutabera, Yassine Fall imbere y’Inteko ishinga amategeko. Iki cyemezo kirerekana umwuka mubi mu mikoranire y’ubucamanza hagati ya Dakar na Paris, abafatanyabikorwa […]
Perezida Kagame yakiriye Jack Ma washinze Alibaba na Jerry Yang washinze Yahoo

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, i Kigali, Perezida Kagame yabonanye na Jack Ma, washinze Alibaba Group, na Jerry Yang, washinze Yahoo, baganira ku bufatanye mu kwihangira imirimo no guhanga udushya. Jack Ma na Jerry Yang bari i Kigali aho bitabiriye igikorwa cya Africa’s Business Heroes (ABH), gahunda ya Alibaba y’ibikorwa byunganira ba rwiyemezamirimo […]
Sudani: Abasirikare 6 ba Loni biciwe mu gitero cya drones

Ku wa Gatandatu, itariki 13 Ukuboza 2025, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yatangaje ko abasirikare batandatu bawo baturutse muri Bangladesh bishwe abandi umunani barakomereka mu gitero cy’indege zitagira abadereva. Igitero cy’indege zitagira abaderevu cyibasiye ikigo cy’ibikoresho by’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe umutekano by’agateganyo (UNISFA) cya Abyei i Kadugli, umurwa mukuru wa Leta ya Kordofan y’Amajyepfo. […]
Mwenga: Inyeshyamba za AFC/M23 zinjiye mu Mudugudu wa Kipupu

Amakuru aturuka muri ACTUALITE.CD aravuga ko abarwanyi ba Twirwaneho, bifatanije na AFC / M23, ku wa Gatandatu, itariki ya 13 Ukuboza, binjiye muri Kipupu, umujyi munini w’Umurenge wa Itombwe (Gurupoma ya Bashimukindje 1), mu misozi ya Mwenga yo muri Kivu y’Amajyepfo, nta mirwano ibaye. Amakuru menshi yemeje ko hagaragaye imirongo y’inyeshyamba zinjira i Kipupu zituruka […]
Green Party yijeje kuvuganira abaturage bataragerwaho n’amashanyarazi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), ryijeje gukomeza gukora ubuvugizi kugira ngo abaturage bataragerwaho n’umuriro w’amashanyarazi bawuhabwe, kandi ubagereho ufite imbaraga. Iri shyaka ryijeje ubwo bivugizi kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza, ubwo ryakoreraga inama ikomatanyije n’amahugurwa mu karere ka Kicukiro. Umwe mu barwanashyaka bitabiriye icyo gikorwa yasabye ubuyobozi bwa […]
Abafana basenya stade bagiye kureba Messi

Urugendo rwa Lionel Messi, kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Argentine akaba n’umukinnyi wa Inter Miami, mu gihugu cy’u Buhinde, rwatangiye mu mvururu nyinshi nyuma y’uko abafana basenye stade bari bitezemo kumubona. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Messi yageze mu Buhinde mu gikorwa cyiswe “GOAT Tour”, kigamije ibikorwa bitandukanye byo guhura n’abafana no kwamamaza. Aho […]
AFC/M23 yamaganye ibihugu bikomeje kuyikoreza u Rwanda

Umutwe wa AFC/M23 wateye utwatsi ibirego by’ibihugu bikomeje kugaragaza ko ukoreshwa n’u Rwanda, ugaragaza ko imvugo nk’iyo igamije guhindura ukuri mu buryo buteye inkeke, bigaha ishingiro ya Leta ya Kinshasa igamije kurimbura no guheza igice cy’abaturage bayo. AFC/Yatangaje ibi nyuma y’uko ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza ibihugu binyamuryango by’akanama ka Loni gashinzwe amahoro […]
Canal Olympia igiye guhagarika imirimo yayo

Inzu ya sinema ya Canal Olympia Rebero, imaze imyaka itanu ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko igiye gusoza ibikorwa byayo mu mpera z’uyu mwaka wa 2025. Iyi sinema izafunga ku mugaragaro ku wa 28 Ukuboza 2025. Ubuyobozi bwa Canal Olympia Rebero bwatangaje ko iki cyemezo gifashwe nyuma y’igihe kinini cy’akazi n’ubufatanye n’abakunzi ba sinema, […]
Amerika yashinje u Rwanda ‘kuganisha akarere mu ntambara’

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza, zashinje u Rwanda kuba ruri kuganisha akarere k’Ibiyaga Bigari mu ntambara. Ni ibirego byazamuwe na Ambasaderi wa Amerika mu muryango w’Abibumbye, mu ijambo yagejeje ku kanama kawo gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi. Ambasaderi Mike Waltz yabwiye ako kanama ati: “U Rwanda ruri kuganisha […]
U Rwanda rwasubije u Burundi bwarukangishije intambara

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye ibirego by’u Burundi bushinja u Rwanda kurasa ku butaka bwabwo. Amb. Ngoga yasubizaga mugenzi we, Zéphyrin Maniratanga uheruka kubwira akanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ko u Rwanda rwarashe ku butaka bw’u Burundi, ndetse agatanga umuburo w’uko mu gihe ibyo byakomeza ibihugu byombi […]
U Burundi bwabwiye Loni ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda

Igihugu cy’u Burundi biciye mu ntumwa yacyo i New York mu muryango w’Abibumbye, cyateguje ko gishobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda mu gihe rwaba rukomeje ibitero kivuga ko kigabwaho na rwo. Imbere y’akanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi, Ambasaderi Zéphyrin Maniratanga yashinje u Rwanda kutubahiriza umwanzuro 2773 wa kariya kanama usaba u Rwanda […]
Hari icyizere cy’uko mu matora ataha tuzabona amajwi ahagije: Hon. Mugisha wa Green Party

Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), rivuga ko inama zikomatanyije n’amahugurwa bumaze igihe bukorera hirya no hino mu gihugu zabuhaye icyizere cy’uko ririya shyaka rizabona amajwi ahagije ndetse rigatsindira imyanya myinshi mu matora yo muri 2029. Byatangajwe na Komiseri Mukuru muri iri shyaka, Hon. Mugisha Alexis, ubwo […]
FARDC na Wazalendo barwaniye mu wundi mujyi wo muri Kivu y’Amajyepfo

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo bafatanya urugamba, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 bongeye gusubiranamo. Impande zombi zarwaniye mu mujyi wa Baraka wo muri Teritwari ya Fizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Uyu mujyi ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya RDC zawuhungiyemo, nyuma yo gutsindirwa mu mirwano […]
Agahinda ku muryango wabyaye umwana upfuye umurambo we ukaburirwa irengero

Ku wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza 2025 ku bitaro bya Roi Khaled biherereye muri Komine ya Bujumbura, umuryango wari umaze kubura umwana wavutse yapfuye wagiye kuwutora ngo uwushyingure, batungurwa no gusanga waburiwe irengero. Umwe mu bagize uwo muryango avuga ko ibi byatangiye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ubwo nyina w’uwo mwana yafatwaga n’ibise ari […]
Afurika y’Epfo igiye kugabanya ingabo zayo zisigaye muri Congo

Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) cyemeje ko zimwe mu ngabo zacyo zoherejwe mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), zirimo ishami rikoresha Kajugujugu (CHU) n’ingabo zo mu Mutwe udasanzwe ushinzwe Gutabara Byihuse (QRF), bagiye gutaha. Ku itariki ya 5 Ukuboza, umuyobozi wa SANDF ushinzwe ibikorwa bihuriweho, Lt. Gen. Siphiwe Sangweni, […]
Trump yatamaje Tshisekedi

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamutakambiye imusaba kujya gutwara amabuye y’agaciro yayo, kugira ngo arangize intambara avuga ko yarwanagamo n’u Rwanda. Trump yabitangaje ku wa 9 Ukuboza, mu ijambo rigaragaza uko ubukungu bwa Amerika buhagaze muri iki gihe yavugiye i Pennsylvania. Muri iryo jambo, […]
Kevin Kade yasuzuguye itangazamakuru

Umuhanzi Kevin Kade yasuzuguye itangazamakuru ubwo yataramiraga mu gitaramo cya Minuza Festival cyabereye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye. Itangazamakuru ry’imyidagaduro ryo mu Ntara y’Amajyepfo ryamushinje “agasuzuguro” kubera uburyo yitwaye ku rubyiniro no mu gihe nyuma y’igitaramo. Iki gitaramo cyari cyateguwe na Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), kigamije gusobanurira abanyeshuri […]
Imodoka y’umutekano yakoze impanuka

Imodoka y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge yakoze impanuka mu ijoro ryo ku wa 11 Ukuboza 2025, ikomeretse bikomeye abari bayirimo ariko ntihagira uwitaba Imana. Impanuka yabereye mu Murenge wa Kimisagara, ku muhanda ujya ku mazu mashya yo hafi aho. Iyi modoka yari iy’ishami ry’Umutekano w’Umurenge. Iyi modoka yari imaze iminsi mu igaraje rya […]
Gen. (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ubutwererane bw’akarere, yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi wamusimbuye kuri izo nshingano. Ni umuhango wabaye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 11 Ukuboza, witabirwa n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe. Gen (Rtd) James Kabarebe wasimbuwe ku mwanya […]
Banque de France irashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu Bufaransa, Ihuriro le Collectif des parties civiles pour le Rwanda (CPCR) ryatanze ikirego rirega Banki y’u Bufaransa, ubufatanyacyaha muri jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Aya makuru yatangajwe na Libération na Radio y’u Bufaransa, ashingiye ku ruhererekane rw’isohorwa ry’amafaranga riteye amakenga bivugwa ko ryoroherereje kubona intwaro abajenosideri. Hagati […]
Umunyakenyakazi yaciye agahigo ko kumara amasaha 72 ahobereye igiti

Uharanira kurengera ikirere muri Kenya, Truphena Muthoni, yaciye agahigo yari asanganwe, ahobera igiti amasaha 72 nta kuruhuka. “Iyi myigaragambyo y’amahoro ni ngombwa kuko irenze itandukaniro ryose. Mu gihe cy’indi myigaragambyo, twumva inkuru z’abagizi ba nabi, ariko iyi irenze inkuru zose kandi igakangura ubumuntu,” uyu ni Muthoni avugana n’itangazamakuru ryo muri Kenya. Muthoni yabanje kwandika amateka […]
Intumwa za Polisi ya Zambia zaje mu rugendoshuri mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 11 Ukuboza, yakiriye ku cyicaro gikuru ku Kacyiru, itsinda ry’intumwa 13 zaturutse muri Repubulika ya Zambia ziri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Iri tsinda riyobowe na Francis Mundanya, umuhuzabikorwa w’umushinga wo guteza imbere ubwikorezi bugamije kuzahura ubukungu bw’igihugu, zakiriwe mu izina ry’ubuyobozi […]
Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare ba RDF barenga 21,000

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 676 bo ku rwego rwa ba Ofisiye mu ngabo z’u Rwanda, anemeza izamurwa mu ntera ry’abandi bato 20,389. Abazamuwe mu ntera barimo Colonel Innocent Munyengango uyobora Brigade ishinzwe ibikoresho mu ngabo z’u Rwanda na Colonel François Régis Gatarayiha usanzwe ayobora ishami rishinzwe […]
Burundi: Usanganwa amashusho y’urukozasoni (pornography) uhita ufungwa imyaka 5

Polisi y’u Burundi irihanangiriza abaturage ku gukurikiranywa n’amategeko nibasangwa bafite amashusho cyangwa amafoto y’urukozasoni muri telefone zabo, nk’uko biteganywa n’itegeko ryo mu 2022 rikumira ihohoterwa ryo kuri murandasi. Ibi byatangajwe na Dr Lt Col Nkurikiye, impuguke mu byaha bikorerwa kuri internet, mu kiganiro yatanze ku banyamakuru i Bujumbura. Yasobanuye ko kubika pornography mu gikoresho cy’ikoranabuhanga, […]
Abasirikare b’u Burundi bacyihishe mu misozi miremire basubukuye ibitero ku Banyamulenge

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko hari abasirikare b’Abarundi bacyihishe mu misozi miremire yo muri Kivu y’Amajyepfo, ndetse bakaba bubuye ibitero ku banye-Congo bo mu bwoko bw’Abatutsi batuye mu gace ka Minembwe. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane yavuze ko “mu gihe abasirikare benshi b’Abarundi bamaze gusubira mu gihugu cyabo, […]
Yolande Makolo yikomye uwari uhagarariye E.U muri RDC

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, kuri uyu wa Kane, itariki 11 Ukuboza 2025, yamaganye imvugo y’uwari uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, agaragaza ko niba atumvaga ibibazo biri mu karere akwiye kugenda. Umuyobozi w’Intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi muri DRC, Nicolas Berlanga Martinez, yarangije ubutumwa bwe bw’imyaka […]
U Burundi bwatakambiye M23 ngo ibuhe abasirikare babwo yafashe mpiri, ibuha amabwiriza

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko iki gihugu giherutse kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo intumwa zo kuganira n’umutwe wa AFC/M23, kugira urekure abasirikare ba kiriya gihugu wafatiye ku rugamba ndetse unemerere gutaha mu mahoro abaheze mu misozi miremire ya Uvira. Abayobozi bakuru bane bo mu gisirikare cy’u Burundi ni bo baherutse […]
Ingabo z’u Burundi ziri muri Congo zirenga 20,000: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ingabo z’u Burundi ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zamaze kurenga 20,000. Umukuru w’igihugu yabitangaje ku wa Kane tariki 11 Ukuboza, ubwo yari amaze kwakira indahiro y’abayobozi baheruka kwinjira muri Guverinoma, iya Dr. Charles Murigande uheruka kugirwa umusenateri ndetse n’iy’abacamanza bo mu rukiko rw’ubujurire. Perezida Kagame yakomeje ku masezerano […]
Musanze: Wa musaza umaze imyaka 2 asembera kubera igiti yaguze ahanze amaso umucamanza

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze ku wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza, rwaburanishije urubanza ruregwamo abantu umunani bashinjwa kugira uruhare mu gutuma umusaza witwa Ngirumpatse Ildephonse wo mu murenge wa Muko atakaza ahari iwe, kuri ubu akaba amaze imyaka ibarirwa muri itatu asembera. Abaregwa uko ari umunani barimo abakurikiranweho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe […]
Gen. Sejusa avuga ko atangazwa no kuba u Rwanda iteka ruhambirwa kuri M23

Gen. (Rtd) David Sejusa aravuga ko atangazwa no kumva iteka M23 ishyirwa mu kwaha k’u Rwanda nk’aho abo Banyekongo bavuga ikinyarwanda cyangwa abandi bafatanyije nta mpamvu bafite barwanira. Ibi Gen. Sejusa yabitangaje kuri uyu wa Kane, itariki 11 Ukuboza 2025 abinyujije kuri X, aho yanagaragaje ko Leta ya Kinshasa ntidahindura imyifatire uburasirazuba bwa Congo buzahinduka […]
Ifatwa rya Uvira ryateje umwiryane muri politiki ya RD Congo

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Ukuboza, kwinjira kw’inyeshyamba za M23 mu Mujyi wa Uvira (Kivu y’Amajyepfo), bikomeje gutera kutavugwaho rumwe muri politiki ya Congo. Mu gihe bamwe bashyigikiye ko imishyikirano yatangira vuba kugira ngo hirindwe gukomeza ikibazo cy’umutekano, abandi barasaba ko abayobozi babibazwa. Juvénal Munubo, umukada w’Ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrée, akaba […]
Gen. Byamungu wa M23 yahumurije abasirikare b’u Burundi bihishe muri Uvira

Umugaba Mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa n’ubutasi mu mutwe wa AFC/M23, Général de Brigade Bernard Maheshe Byamungu, yasabye abasirikare b’u Burundi bihishe mu mujyi wa Uvira kuhava bagasanga imiryango yabo. Ni ubutumwa uyu musirikare yatanze, nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi wa kabiri muri Kivu y’Amajyepfo, […]
Masisi: Habaye imirwano ikaze nyuma y’igitero cya wazalendo kuri AFC/M23 i Bitongi

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 10 Ukuboza, havuzwe imirwano ikaze, i Bitongi, ku birometero 3 uvuye i Kalembe muri Gurupoma ya Bashali Mokoto muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru atandukanye ava muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko inyeshyamba za Wazalendo zagabye igitero ku birindiro by’inyeshyamba za AFC / […]
Element yishyuye umuhanzi yari yaraririye utwe

Hashize imyaka itatu umuhanzi Silvizo yishyuye Producer Element amafaranga 300,000 Frw kugira ngo amukorere indirimbo ye ya mbere muri Country Records. Icyo gihe Element yakoraga muri iyo studio, kandi Silvizo yari afite icyizere ko ari intangiriro nziza mu rugendo rwe rwa muzika. Nyamara uko imyaka yagiye ishira, ntihigeze habaho gutunganya iyo ndirimbo. Silvizo yakomeje kugerageza […]
Uwahoze ari Perezida wa Bolivia yatawe muri yombi nyuma y’amezi 2 avuye ku butegetsi

Kuri uyu wa Gatatu, Luis Arce wahoze ari Perezida wa Bolivia yatawe muri yombi mu rwego rwo gukora iperereza kuri ruswa yaba yarafashe igihe yari minisitiri w’ubukungu. Ifungwa rya Arce rije nyuma y’ukwezi kumwe gusa avuye ku butegetsi kandi hashize amezi atarenze abiri umukandida bari bahanganye, Rodrigo Paz, atsinze amatora yo mu Kwakira. Igikorwa cy’amatora […]
AFC/M23 yemeje iyicwa ry’umukada wayo warasiwe i Goma

Kuri uyu wa Kane, ihuriro rya AFC/M23 ryemeje iyicwa ry’umukada waryo, Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru muri Congo yarasiwe mu muhanda i Goma kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Ukuboza 2025. Magloire Paluku Kavunga wari ufite imyaka 58, wavutse ku itariki ya 12 Ukuboza 1966, avukira i Butembo, yari umuntu uzwi cyane mu muco mu […]
Nyanza: Ubujurire bwa Murekezi bwagombaga gutangira bwimuriwe mu 2026

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo urubanza rwa Murekezi rwagombaga gutangira kumvwa mu mizi, ariko umwunganira yasabye igihe cyo gutegura urubanza. Urugereko rw’Urukiko Rukuru rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda rukaba rwasubitse urubanza Vincent Murekezi yajuririyemo igihano cy’igifungo cya burundu yakatiwe n’urukiko Gacaca rwa Huye nyuma yo kumuhamya ibyaha bya jenoside. Vincent Murekezi yari […]
Bamporiki yaherekeje Niyo Bosco gusezerana imbere y’amategeko (Amafoto)

Ku wa 10 Ukuboza 2025, mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, umuhanzi Niyo Bosco yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Mukamisha Irene, urugendo rugana ku bukwe buteganyijwe mu minsi iri imbere. Niyo Bosco, uzwiho ubuhanga mu kuririmba no kwandika indirimbo, ndetse n’uburyo acuranga gitari, yemeye ku mugaragaro ko agiye kubana na Irene akaramata. Ibi […]
AFC/M23 yemeje ko yabohoye Uvira bidasubirwaho

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Ukuboza, wemeje ko wamaze kubohora Umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 yemeje ko yamaze kubohora uyu mujyi biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. Uyu muvugizi abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yahuje ifatwa rya Uvira n’icengezamatwara ry’imvugo z’urwango, ibitero […]
Alyn Sano yari yivuganye Miss Muyango wamubajije niba akiri isugi

Mu kiganiro “Who is my date” gisanzwe gikorwa na Miss Muyango aho yakira ibyamamare bakavugana ku buzima bwabo n’akazi bakora, habayemo akanya katunguranye ubwo yabazaga umuhanzi Alyn Sano ikibazo kijyanye n’ubusugi. Miss Muyango yabajije Alyn Sano ati: “Uracyari isugi?” Alyn Sano ntiyabyakiriye neza na gato, maze amusubiza agira ati: “Njye? Ku myaka mfite? Oya rwose. […]
Tunisia: Amagorofa abiri yahirimye ahitana abatari bacye

Nibura abantu 19 bapfuye abandi 16 barakomereka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nyuma y’uko inyubako ebyiri zihirimye muri Fez, umwe mu mijyi ya kera muri Maroc, nk’uko ibitangazamakuru bya leta byatangaje bivuga ko ibice bimwe byagaragazaga ibimenyetso byo kutitabwaho mu gihe runaka. Ibiro ntaramakuru by’igihugu byavuze ko abayobozi b’inzego z’ibanze muri Perefegitura ya […]
Rutsiro: Umupolisi yarashe umu-DASSO na we arirasa

Polisi y’u Rwanda hamwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) batangiye gukora iperereza ku mupolisi warashe abantu babiri barakomereka hanyuma na we akirasa agapfa. Ibi byabereye mu ijoro rishyira tariki ya 10 Ukuboza 2025, mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Boneza, Akagari ka Bushaka, mu Mudugudu wa Bikono. Amakuru avuga ko uwo mupolisi wari mu kazi yarashe umukozi […]
Oslo: Maria Machado uri mu bwihisho ntiyitabira umuhango wo kwakira Igihembo cya Nobel yegukanye

Kuri uyu wa Gatatu, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Venezuela, Maria Corina Machado, ntaza kwitabira umuhango wo gushyikirizwa Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel i Oslo aherutse kwegukana, nk’uko ikigo cya Nobel cyabitangarije AFP. Umuvugizi wa Nobel Institute, Erik Aasheim, agaruka ku muhango uza kuba saa saba (1200 GMT) yagize ati: “Ntabwo aza muri ibyo birori.” Machado, […]
Se wa Niyibizi Ramadhan ukinira APR FC yapfuye

Umukinnyi wa APR FC, Niyibizi Ramadhan, hamwe na murumuna we Sultan Bobo ukinira Marines FC, bari mu bihe bikomeye byo gushenguka ku mutima nyuma y’urupfu rwa se ubabyara. Nyakwigendera yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025, ahagana saa kumi za mugitondo, mu rugo rwe ruherereye i Rubavu, Gisenyi. Amakuru […]
Guverinoma y’u Rwanda yasubije Tshisekedi n’u Burundi

Uruhare rwo kurenga ku ihagarikwa ry’imirwano, ibitero bikomeje ndetse n’imirwano ibera muri Kivu y’Amajyepfo, muri DRC ntirushobora gushyirwa ku Rwanda nk’uko byatangajwe na guverinoma yamaganye Igisirikare cya Congo (FARDC) n’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), hamwe n’ihuriro ry’imitwe yitwara gisirikare ishyigikiwe na DRC, ya FDLR, Wazalendo n’abacanshuro b’abanyamahanga, kandi bakaba barateye ibisasu mu midugudu y’abasivili hafi y’umupaka […]
Miss Alliance arakuriwe (Amafoto)

Miss Irasubiza Alliance, wigaragaje mu irushanwa rya Miss Rwanda 2020 akegukana ikamba rya Miss Popularity, yatangaje ko we n’umugabo we Matthew Ferris bari mu byishimo byo gutegura kwakira umwana wabo wa mbere. Uyu mukobwa wakoze ubukwe mu Ukuboza 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yemeje ko atwite ndetse ko azibaruka mu kwezi kwa Werurwe 2026. […]
Element yongeye kwereka Afurika ko impano ye iri ku rwego rwo hejuru

Umuziki nyarwanda ukomeje kuzamura ibendera mu ruhando mpuzamahanga, cyane cyane binyuze mu bahanzi n’aba-producer barimo gutanga umusanzu ukomeye. Muri bo, Element yongeye kwandika izina rye, aho yahawe igihembo cy’ishimwe “African Super Star” mu birori bya ODA Awards byabereye muri Ethiopia. Ni intsinzi ikomeye imushyira mu rwego rw’abahanzi bateza imbere umuco n’ubuhanzi bwa Afurika, haba mu […]
Uwahoze ari komanda w’Abajanjaweed muri Darfur yabaye uwa mbere ukatiwe na ICC

Ku wa Kabiri, itariki ya 9 Ukuboza 2025, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwakatiye Ali Kushayb wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba z’Abanyasudani, igifungo cy’imyaka 20, kubera ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Ibyo byaha byakozwe mu ntambara y’abaturage mu myaka makumyabiri ishize mu karere ka Darfur gaherereye mu burengerazuba bwa Sudani. Niwe muyobozi wa mbere w’inyeshyamba muri Sudani […]
ADEPR yasengeye abagore kuba abashumba

Itorero ADEPR rimaze imyaka 85 ryumvwa mu Rwanda, ryafashe icyemezo cy’amateka cyemerera abagore kuba Abapasiteri, ibintu bitari byigeze biba kuva ryashingwa. Ku wa Kabiri, tariki 9 Ukuboza 2025, ni bwo abagore 15 ba mbere batorewe ku mugaragaro inshingano z’Ubushumba. Na mbere y’iki cyemezo, abagore bari bemererwa imirimo nka Mwalimu, kuyobora amakorali, cyangwa gukorera mu nzego […]
Me Nyarugabo yahumurije abatuye Uvira yafashwe na AFC/M23

Me Moïse Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahumurije abatuye mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, abasaba kudahunga ingabo z’umutwe wa AFC/M23. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 9 Ukuboza ni bwo Ingabo za mbere za AFC/M23 zinjiye muri Uvira, nyuma y’imirwano yari imaze […]