20260207_095849_copy_1000x666

Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka yapfuye 

Sangiza iyi nkuru

Maj. Gen. Francis Takirwa wari Umugaba wungirije w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, yapfuye nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye.

Takirwa yari umusirikare muri UPDF kuva mu 1989, akaba yaragiye ahabwa imyanya itandukanye mu buyobozi bw’ingabo.

Ni imyanya irimo kuba Umugaba wungirije w’ingabo zirwanira ku butaka, kuyobora Diviziyo ya kabiri y’Ingabo za Uganda ikorera i Mbarara, ndetse no kuba umuyobozi ushinzwe uburezi, siporo n’umuco mu ngabo za Uganda.

Takirwa kandi ari mu ngabo za Uganda hagati ya 2011 na 2012 zoherejwe muri Somalia, mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bwo kuhagarura amahoro (AMISOM).

Mu 1965 ni bwo uriya musirikare yavukiye i Mbarara, mbere yo kwinjira mu gisirikare mu 1989.

Nk’umusirikare, yitabiriye amahugurwa ya gisirikare mu bihugu nka Uganda, Tanzania, u Bushinwa, Misiri na Afurika y’Epfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *