German Galushchenko, Minister of Energy of Ukraine speaks at the Recovery Forum of the Ukraine Recovery Conference 2024 in Berlin, Germany, June 11, 2024.  REUTERS/Annegret Hilse

Ukraine: Uwahoze ari minisitiri w’ingufu yafashwe agerageza gutoroka

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari minisitiri w’ingufu mu gihugu cya Ukraine, yatawe muri yombi nyuma yo gucakirwa agerageza kuva mu gihugu nk’uko byatangajwe n’abayobozi.

German Galushchenko wirukanwe ku mirimo ye muri guverinoma umwaka ushize nyuma yo kuba mu bayobozi bavuzwe mu kibazo cya ruswa, bivugwa ko yafashwe ubwo yari muri gari ya moshi yavaga muri Ukraine. Ntiharamenyekana neza aho yashakaga kujya.

 

Inkuru dukesha BBC ivuga ko yari umwe mu bantu benshi bagize uruhare muri gahunda yo kunyereza umutungo ubarirwa muri miliyoni 100 $.

 

Aya mahano yashyize mu kigeragezo ubuyobozi bwa Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, wageze ku butegetsi mbere y’uko u Burusiya bugaba igitero ku gihugu cye,  asezeranya guca burundu ruswa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *