1-14.jpg

Boko Haram yahaye abaturage impano zirimo amafaranga n’ibiribwa (Amafoto)

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa Boko Haram wahoze witwa Jam?’at Ahl as-Sunnah lid-Da’wah wa’l-Jih?d watanze ibiribwa n’amafaranga ku baturage baYobe na Borno kugira ngo babashe gukora neza Ramadhan mu byishimo.

Ibinyamakuru byo muri Nigeria birimo Sahara Reporters bivuga ko Boko Haram yatanze ibiribwa birimo: Umuceri, ibishyimbo, uburo, ibigori, amakaroni ndetse n’amafaranga.

1-14.jpg

Umwe mu bo mu nzego z’umutekano yavuze ko ibi bigamije kwinjiza aba baturage muri Boko Haram nk’abarwanyi. Ati ” Kariya kantu bakoze ni ukureshya abaturage ngo babe abarwanyi babo. Ibaze kuvuga ngo barafasha abaturage mu gihe aribo babiciye inshuti n’imiryango.”

13521329_screenshot202105111252293_jpeg1324a13ad11cebd3eaef853dd0f4c92d.jpg

Raporo ya International Crisis Group, ivuga ko ubu buryo bwa Boko Haram bwo kureshya abarwanyi bashya ” bwageze ku ntego zabwo.”

Ibi kandi Institute for Security Studies (ISS) nayo yarabyemeje mu busesenguzi yakoze.

13521330_screenshot202105111252392_jpegc8763e93dd6e97f3849b437cc4e03b20.jpg

Boko Haram yakomeje kuyogoza Nigeria, benshi barashimuswe mu gihe abandi bavuye mu byabo, abandi bagwa mu ntambara zayo.

Benshi mu barwanyi n’abo mu Bwoko bwa Kanuri gusa yaje no kwiyegereza abandi bo muri Buduma, basanzwe bazwiho kuba abarobyi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *