Bruno Fernandes yanditse amateka akomeye muri Shampiyona y’Abongereza

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Portugal Bruno Fernandes ukinira Manchester United yo mu Bwongereza, yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi k’Ukuboza, yandika amateka muri iriya shampiyona.

Bruno Fernandes yegukanaga kiriya gihembo ku ncuro ya kane, aba umukinnyi wa mbere mu mateka ya Premier league ugitwaye ziriya ncuro mu mwaka umwe w’imikino.

Uyu musore yabereye Manchester United inkingi ya mwamba kuva yayigeramo mu mezi 12 ashize, ndetse yanagize uruhare rukomeye mu kuba iriya kipe iyoboye urutonde rwa shampiyona y’Abongereza.

Bruno Fernandes yegukanye igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi k’Ukuboza, nyuma yo gutsinda muri uko kwezi ibitego bitatu ndetse akanatanga imipira ine yavuyemo ibitego.

Mu kiganiro n’urubuga rwa Manchester United, Fernandes yavuze ko “Gutsinda no gutanga imipira kuri bagenzi bawe birahebuje. Ndashaka gutwara ibindi bihembo n’ibikombe ariko nishimiye cyane kwandika amateka.”

Yunzemo ati: “Haracyari inzira ndende mbere y’uko dutangira kuvuga ibyo kuba twatwara igikombe. Tugomba gukomeza gukora. Tuzakina n’imwe mu makipe akomeye mu Bwongereza [Liverpool bazahura ku cyunweru] kandi tuzi icyo bivuze ku bafana, ariko ingingo nyamukuru ni imwe: amanota atatu.”

Fernandes yegukanye kiriya gihembo ahigitse abarimo Marcus Rashford bakinana muri Manchester United.

Abandi ni Mohamed Salah wa Liverpool, John Stones wa Manchester City, Anwar El Ghazi na Emi Martinez ba Aston Villa, Ben Mee wa Burnley na Tomas Soucek wa West Ham.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *