Bamwe mu bakozi ba Kompanyi y’Abashinwa yitwa Hunani iri gukora umuhanda Bugesera-Rwabusoro-Nyanza baravuga ko bafite impungenge ko bakwandura indwara ya Coronaviurus bagendeye ku kuba nta ngamba zo gukumira iki cyorezo babona zafashwe n’ababakoresha.
Umwe mu bakoresha muri iyi kompanyi utashatse ko amazina ye atangazwa ngo atirukanwa, yabwiye Bwiza.com ko mu gihe ahandi akazi kahagaze, bo bagikora, nta mazi n’isabune byo gukaraba ndetse ngo hiyongeraho n’uburyo batwarwa ari mu modoka iyo bajya ku kazi. Uyu wabwiye Bwiza.com ko bageze ku ishyamba rya Gako bakora umuhanda, ati ” Dufite impungenge ko twakwandura. Mu gitondo tugenda mu makamyo arimo nk’abantu 100. Turahangayitse, ubu turi gukora amanywa n’ijoro. Twabwiye abasirikare bari mu isantere, bahagarika imodoka, bageze aho barayirekura,” Uyu avuga ko ibikoresho byakifashishijwe mu kurwanya Coronavirus ari nkene. Ati ” Iyo tuvuye mu modoka, ntidukaraba intoki n’amazi meza n’isabune kuko nta bihari, ejo ni bwo bazanye udupfukamunwa gusa ndetse no gupima temperature. Ibya metero hagati yacu byo urumva ko bitashoboka.” Yabajijwe niba iki kibazo yarakigeje ku bamukuriye ngo bagikemure, ati “Buri gihe baducaho, baba babibona. Barabizi ko ibisabwa ntabyo.” Abona harimo ukwikunda ku Bashinwa Yakomeje abwira Bwiza.com ko abo Bashinwa babakoresha bategerana mu modoka ariko bagafata abo bakoresha bakabashyira mu modoka inyuma ari benshi. Ati ” Noneho ikibazo bo [Abashinwa] bicara imbere mu modoka, abandi bakadushyira mu modoka. Tuba tuvuye ahantu hatandukanye,nta wamenya niba haba hari uwanduye. Ntitwifuza guhagarika akazi kuko twaje guhaha ariko nanone ubuzima ni bwo bwa mbere.” Uyu muturage asaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze gusaba iyo kompanyi kuba ihagaritse akazi nk’uko amabwiriza ya Minisitiri w’Intebe aherutse gusohoka abisaba ndetse no kubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima ku bijyanye no kwirinda Coronavirus. Yabwiye Bwiza.com ko ibitekerezo abisangiye n’abandi benshi gusa bo ngo batinya kuvugana n’itangazamakuru ngo ejo bitabaviramo kwirukanwa kuko bavuze uko babona ibintu. Yemeje ko akurikije uko ubuyobozi bwa kompanyi buba bubona uko babaho ntibugire icyo bukora, ati “Haramutse hari umuntu waba yaranduye mu minsi, yaba yaranduje n’abandi benshi.” Bwiza.com yavuganye n’Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarugenge ahari site ya Kompanyi ya Hunani, Gasirabo Gasipard avuga ko bagiye kureba abataha mu murenge ayobora uburyo batwarwa bavuye mu Murenge wa Kamabuye aho bari gukorera muri iki gihe. Yavuze ko kugeza ubu ingamba zo gukumira Coronavirus zikomeje gukazwa. Bwiza.com kandi yavuganye n’Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamabuye, Murenzi Jean Marie Vianney avuga ko iki kibazo akizi kandi ko kuva ku wa 22 Werurwe yatangiye kugikurikirana. Gitifu Murenzi yagize ati ” Icyo kibazo twarakimenye tugira impungenge. Abantu ni benshi n’ubwo bafite udupfukamunwa two kwirinda ariko uburyo babatwaramo tubona atari bwo ndetse na distance [intera]. Kompanyi yandikiye RTDA ubu bategereje amabwiriza ngo uyu munsi bitange umurongo. Nibakomeza uyu munsi turabahagarika kuko bagomba gihabwa umurongo na RTDA kuri iki kibazo.” Uyu muyobozi asaba abaturage gukomeza kwitwararika ku bijyanye n’isuku n’andi mabwiriza ya ngombwa. Itangazo rikubiyemo amabwiriza ya Minisitiri w’Intebe ryo kuwa 21 Werurwe uyu mwaka rivuga ko ibikorwa byose bihuriza abantu ahamwe bihagaritswe mu byumweru bibiri. Ku ngingo y’akazi, abashobora gukomeza gukora ni abashobora gukorera kuri interineti (online). Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) ivuga ko kugeza kuwa 22 Werurwe abantu 19 bamaze kwandura Coronavirus. Isaba abaturage gukomeza gukaza ingamba z’isuku.


