Bujumbura: Abantu batazwi bagabye ibitero

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Mata 2016, Amasasu menshi yumvikanye mu gisagara cya Bujumbura, muri karitiye ya Kinama, Kamenge, Jabe hamwe no mu Ngagara muri karitiye ya 5, icyo gitero cyahitanye umuntu umwe abandi 5 barakomereka.
Abantu batazwi bagabye igitero ku kabari k’ahazwi nko kwa Ndizeye kari hafi y’inkambi ya polisi, iyo mirwano yaturutse muri ako kabari ikaba yasize umuntu umwe ahiciwe.
Belinda Munyana wabaga mu Ngagara, karitiye ya 7 niwe yahasize ubuzima, abandi batanu barakomereka.

fille
Belinda Munyana wishwe

Belinda Munyana yishwe yarasoje amashuri ye muri Kaminuza “Université Espoir d’Afrika”, akaba yakoraga mu ishyirahamwe LUMITEL, akaba yarigeze no gukora nk’umunyamakuru ubwo yimenyerezaga kuri radio Isanganiro/Burundi.
Ku wa Gatandatu, igitero cyahitanye 5 harimo n’abanyamuryango b’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi, ku cyumweru nabwo abantu 6 bakomeretswa na gerenade harimo n’abapolisi 3 kuri uyu munsi kandi hatowe umurambo w’umuntu wishwe muri Gitega,…ubu bikaba bigaragara ko ibitero byongeye gukara ari nako abantu bicwa amanywa n’ijoro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *