Bujumbura: Umupasiteri wayoboraga EUSEBU yishwe arashwe mugenzi we arakomereka

Sangiza iyi nkuru

Umupasiteri wo mu gihugu cy’u Burundi yiciwe hafi y’iwe mu majyepfo ya Bujumbura arashwe n’abantu bitwaje intwaro bahise baburirwa irengero kuri ubu bakaba bari gushakishwa n’igipolisi.

Uyu ni Pasteur Jean Gordien Niyungeko, Umuyobozi Mukuru wa église pour l’unité du Saint-Esprit (EUSEBU), wishwe n’amasasu mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru gishize, ubwo yari ageze hafi y’iwe mu gace ka Ruziba muri Komini Muha.

Umuvugizi w’Igipolisi, Pierre Nkurikiye, avuga ko uyu mupasiteri “yari arimo arataha ubwo abantu batazwi bamutegaga bakamurasa bamwegereye agahita apfa”.

Nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru Iwacu-Burundi ikomeza ivuga, Pasteur Salvator Nzambimana, mugenzi wa nyakwigendera uyobora ishami ry’iri torero muri Amerika ariko akaba yari mu Burundi, nawe yakomerekeye muri iki gitero ajyanwa ku Bitaro bya Bujumbura.

Umuvugizi wa polisi avuga ko batangiye iperereza ngo bamenye abakoze ubu bwicanyi n’impamvu ibwihishe inyuma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *