Bujumbura : Uwayoboraga Radio na Televiziyo by’ igihugu yagejejwe muri gereza nkuru ya Mpimba

Sangiza iyi nkuru

Jérôme Nzokirantevye , wari usanzwe ayobora Radio na Televiziyo by’ u Burundi (RTNB) yajyanywe gufungirwa muri Gereza Nkuru ya Mpimba iherereye mu gace ka Musaga mu Mujyi wa Bujumbura.
Nzokirantevye yagejejwe mu Mpimba nyuma y’ iminsi 21 yari amaze mu bugenzacyaha ndetse akaba yanavuye mu bushinjacyaha bukuru bwa Repubulika bukorera i Bujumbura nk’ uko bitangazwa na Burundidaily.
Jérôme Nzokirantevye yatawe muri yombi mu ntangiriro z’uku kwezi ku byaha akurikiranyweho byo kugurisha amasambu y’ abaturage.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umunsi atabwa muri yombi n’igiporisi, Umuvugizi wa polisi y’ u Burundi, Petero Nkurikiye yamenyesheje ko Jérôme Nzokirantevye afunzwe ashinjwa kugurisha amasambu atari aye (Vente illicite des parcelles).
Iki icyaha gifatwa nko gukoresha impapuro mpimbano mu kwambura, kiramutse gihamye Jérôme Nzokirantevye azahanishwa igihano cy’ igifungo cy’ imyaka iri hagati y’ ibiri n’ itanu ndetse n’ ihazabu y’ amafaranga agomba gukubwa inshuro 2 angana n’ ikintu cyagurishijwe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Suleiman Hakiza/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *