Umupolisi wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu ijoro ryo kuwa gatandatu yarashe mugenzi we aramwica bapfuye amafaranga muri Komini Bagira, mu Mujyi wa Bukavu.
Burugumesitiri wa Komini Bagira, Patience Bengheya, niwe wemeje ko aba bapolisi bapfaga amafaranga.
Yagize ati “ Abapolisi babiri barwaniraga amafaranga. Mu kanya gato, umupolisi yarashe isasu mu mutwe wa mugenzi we ahita apfa,”
Uyu muyobozi yatangaje ko uyu mupolisi warashe mugenzi we yahise acika inzego z’umutekano zikaba zoherejwe kumushakisha nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga.
Ku rundi ruhande, amakuru atruka muri sosiyete sivile aaravuga ko aba bapolisi bombi barwaniraga amafaranga y’amande bari bamaze guca umuturage bari bafashe atambaye agapfukamunwa.
Neema Cirimwami Monique uyobora Sosiyete Sivile ya Bagira ati “ Byabaye mu ijoro ryo kuwa gatandatu rishyira ku Cyumweru, itariki 08 Kanama. Umupolisi yarashe mugenzi we kubera ko yanze ko bagabana amafaranga bari baciye umuturage nk’amande yo kuba atari yambaye agapfukamunwa. Turamagana icyo gikorwa kandi turasaba ko umupolisi wabikoze afatwa agahanwa,”
Iyi myitwarire itari myiza y’abapolisi ngo ikunze kugaragara mu Mujyi wa Bukavu no mu nkengero za yo. Sosiyete sivile inamagana ikoreshwa ry’ingufu z’umurengera ku basivili.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


