Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko inzego z’umutekano n’iz’iperereza ziheruka gusaka kasho ifungiyemo Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, zisangamo telefoni ebyiri.
Ku wa Mbere tariki ya 29 Mutarama ni bwo abapolisi benshi n’abakozi b’iperereza bari bayobowe na Colonel à ‰variste Habogorimana ukuriye Polisi mu mujyi wa Gitega basatse aho Bunyoni afungiye.
Ikinyamakuru SOS MĂ©dias Burundi kigendeye ku makuru cyakuye muri gereza ya Gitega, cyavuze ko inzego z’umutekano mbere yo kujya gusaka aho Bunyoni afungiye zabitegetswe mu buryo butunguranye.
Uwahaye amakuru iki gitangazamakuru yavuze ko “Polisi n’urwego rw’iperereza nta bari bizeye abandi, barimo bacunganira hafi.”
SOS MĂ©dias Burundi ivuga ko hari andi makuru ifite y’uko intandaro yo kugira ngo inzego z’umutekano zijye gusaka aho Bunyoni afungiye, ari ubutumwa uyu wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yandikiye Perezida Evariste Ndayishimiye “amwifuriza umwaka mushya muhire”.
Mu kwezi gushize k’Ukuboza ni bwo Bunyoni yakatiwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi igifungo cya burundu, nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo icyo gushaka guhirika ku butegetsi Ndayishimiye.
Amakuru avuga ko kuva uyu mugabo yafungwa ari incuro ya gatatu inzego z’umutekano ziza gusaka kasho afungiyemo.
Bivugwa ko incuro ebyiri zari zabanje abahasatse nta kintu na kimwe bigeze bahabona.


