Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya Burkina Faso buvuga ko kuva tariki ya 8 Mutarama 2022 bufunze abasirikare umunani barimo Lieutenant Colonel Emmanuel Zougrana uyobora Regima ya 12 w’ingabo zidasanzwe zizwi nk’abakomando.
Col. Zougrana ni umwe mu bayoboye ibikorwa by’ingabo za Burkina Faso byo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu burengerazuba bw’igihugu.
Ubu bushinjacyaha mu itangazo bwashyize hanze kuri uyu wa 11 Mutarama 2022 buvuga ko abafunzwe bakekwaho kugambirira guhungabanya urwego rwa Leta, icyaha bashinjwa gifitanye isano n’umugambi wo guhirika ubutegetsi buriho.
Bivugwa ko umwe muri aba basirikare yabaciye inyuma, ahishura ko bari gutegura umugambi wo gukuraho Umukuru w’Igihugu.


