Burkina Faso: Abatuye umurwa mukuru babyukijwe n’urusaku rwinshi rw’imbunda

Sangiza iyi nkuru

Abatuye Ouagadougou mu murwa mukuru wa Burkina Faso mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu babyukijwe n’urusaku rwinshi rw’imbunda zoroheje n’iziremereye rwumvikanye ruturuka mu kigo cya gisirikare cy’ingenzi muri iki gihugu no mu bice bituwe .

Abasirikare benshi bagaragaye bafata ibirindiro ku muhanda munini werekeza kuri perezidansi, kandi bagaragara bafunga imihanda yerekea ku nyubako z’ubuyobozi na televiziyo y’igihugu yabaye ihagaritse akazi nk’uko amakuru agera kuri Reuters avuga.

Umuvugizi w’igisirikare ntabwo yabonetse ngo agire icyo avuga, mu gihe hataramenyekana niba ari igikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi buriho bwa gisirikare.

Abasirikare bari ku butegetsi muri iki gihe babufashe nyuma yo guhirika Perezida Roch Kabore kuwa 24 Mutarama, bahita basesa guverinoma yari iriho.

Mu ijambo rye rya mbere icyo gihe, uwari uyoboye ingabo zahiritse ubutegetsi, Col. Paul-Henri Sandaogo Damiba, yijeje kugarura umutekano nyuma y’imyaka myinshi y’ubugizi bwa nabi bw’imitwe ya kisilamu ikorana na Al Qaida na Islamic State.

Ariko, ibitero bya hato na hato byarakomeje kandi igisirikare kiri mu gihirahiro. Muri iki cyumwru, abantu batazwi bitwaje intwaro bishe abasirikare 11 mu gitero ku ruhererekane rw’imodoka 150 zari zijyanye ibicuruzwa mu majyaruguru ya Burkina Faso. Abaturage 50 baburiwe irengero.

Bivugwa ko igice kinini mu majyaruguru n’uburasirazuba bw’igihugu bisa nk’aho bitazi ubuyobozi kuva mu 2018. Miliyoni z’abaturage bataye ingo zabo kubera gutinya ibitero by’abitwaje intwaro bakunze gutera ibyaro bari kuri za moto. Abaturage ibihumbi bamaze guhitanwa n’ibyo bitero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *