Burundi: Abahoze muri EX-FAB baba batangiye gutabwa muri yombi kubera urupfu rwa Ndadaye

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi kuri ubu aravuga itabwa muri yombi ry’abasirikare bakuru bahoze mu Gisirikare cy’iki gihugu barimo ufite ipeti rya General n’abandi batatu bafite ipeti rya Colonel. Birakekwa ko ifatwa ryabo rifitanye isano na dosiye y’urupfu rwa Ndadaye wahoze ari perezida w’u Burundi.

Biravugwa ko General (Rtd) Celestin Ndayisaba bakunda kwita “Kibadashi” yafatiwe iwe mu rugo muri Komini Muha, mu majyepfo y’umurwa mukuru w’u Burundi, Bujumbura.

Abandi batatu bavuye mu gisirikare bafite ipeti rya Colonel nabo batawe muri yombi. Harimo Col. (Rtd) Gunungu, Col. (Rtd) Nahigombeye bo muri Ngagara mu majyaruguru ya Bujumbura, na Col (Rtd) Niyonkuru wo muri Komini Mukaza, hagati muri Bujumbura.

Amakuru yatanzwe n’ababibonye nk’uko tubikesh SosMediasBurundi, ngo abasirikare n’abakozi b’urwego rw’ubutasi (SNR) boherejwe saa kumi za mu gitondo mu ngo z’aba bahoze mu gisirikare, barabasaka kuko ngo bakekwagaho gutunga intwaro binyuranyije n’amategeko.

Abo mu miryango yabo ariko bemeza ko nta gikoresho kitemewe bigeze basanganwa, bakavuga ko batazi aho bajyanywe nyuma yo kubata muri yombi. Aba bo mu miryango y’aba bantu bane bafashwe ngo bakaba bavuga ko hari n’urutonde babonye rw’abahoze mu gisirikare cy’u Burundi kizwi nka EX-FAB bagomba gutabwa muri yombi.

Ni urutonde iyi nkuru ivuga ko rwaba rufite aho ruhuriye na dosiye y’iyicwa ry’uwahoze ari perezida w’u Burundi, Melchior Ndadaye wishwe n’abasirikare nyuma yo kumuhirika ku butegetsi mu 1993.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *